May 15, 2026

Kuva tariki ya 12 kugeza ku ya 14 Gicurasi 2026, Caritas Rwanda ibinyujije mu mushinga ECD uterwa inkunga na Plan International Rwanda, yatanze ifu y’igikoma cya SOSOMA n’isukari ku ngo mbonezamikurire uyu mushinga usanzwe ufasha n’amarerero yo mu mashuri byo mu turere twa Bugesera, Gatsibo na Nyaruguru.

Iyi nkunga igamije guteza imbere imirire myiza y’abana no kunoza uburyo bwo kwiga mu ngo mbonezamikurire y’abana bato, yunganira uruhare rw’ababyeyi n’abarezi mu byo basanzwe batanga kugira ngo abana bitabweho.

Mu Karere ka Nyaruguru, Caritas Rwanda yatanze iyi nkunga mu ngo mbonezamikurire n’amarerero yo ku mashuri tariki ya 12 Gicurasi 2026. Inkunga kuri aya marerero yo ku mashuri (adasanzwe afashwa n’umushinga wa ECD) yatanzwe nyuma y’uko amashuri amwe n’amwe agaragaje ko abana bo mu mashuri y’inshuke bakenera guhabwa igikoma gifite intungamubiri, cyane cyane mu masaha yo kwiga aho bamwe mu bana bagira inzara mbere y’igihe cy’amafunguro. Muri aka karere hatanzwe kg 3.225 by’ifu ya SOSOMA ndetse na kg 1.505 by’isukari.

Mu Karere ka Bugesera, iki gikorwa cyabaye tariki ya 13 Gicurasi 2026 mu mirenge ya Ngeruka na Kamabuye, aho ingo mbonezamikurire 49 zahawe kg 3.675 by’ifu y’igikoma na kg 1.715 by’isukari. Iki gikorwa cyitabiriwe n’abahagarariye ubuyobozi bw’akarere n’imirenge, Plan International Rwanda, Caritas Rwanda ndetse n’abandi bafatanyabikorwa. Abarezi basabwe gukoresha neza iyi nkunga, kubungabunga isuku mu ngo mbonezamikurire no gukomeza gukorana bya hafi n’ababyeyi kugira ngo imibereho myiza y’abana irusheho gutezwa imbere.

Mu Karere ka Gatsibo, iki gikorwa cyabereye mu mirenge ya Kabarore, Kiziguro, Murambi na Rwimbogo tariki ya 14 Gicurasi 2026, aho ingo mbonezamikurire 61 zahawe kg 4.575 by’ifu y’igikoma na kg 2,135 by’isukari. Abarezi b’amarerero bibukijwe gukurikirana imikoreshereze myiza y’iyi nkunga no gukomeza gukorana n’ababyeyi kugira ngo abana bakomeze kubona imirire n’uburere bikwiye.

Binyuze muri iki gikorwa, Caritas Rwanda na Plan International Rwanda bakomeje guteza imbere imirire, imyigire n’imibereho myiza by’abana bato bari mu ngo mbonezamikurire muri utu turere umushinga wa ECD ukoreramo.

May 12, 2026

Abayobozi b’Ishami ryita ku Batishoboye n’Ubutabazi (Oeuvres Socio Caritatives) muri Caritas Rwanda ndetse no muri Caritas 10 za Diyosezi bahuriye muri Centre Saint Paul i Kigali tariki ya 8 Gicurasi 2026, mu nama yari igamije gushimangira ubufatanye no kurushaho gushyira imbaraga mu gufasha abatishoboye.

Mu ijambo rifungura iyo nama, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda, Padiri Oscar Kagimbura, yibukije ko ubutumwa bwa Caritas ari ugushyira Ivanjili mu bikorwa: “Tugerageza gushyira mu bikorwa Ivanjili kugira ngo itaguma mu magambo gusa, ahubwo igaragarire mu bikorwa bifatika cyane cyane bigera ku banyantege nke, abaciye bugufi n’abafite ibibazo bitandukanye. Duharanira ko bafashwa kugira ngo basubirane agaciro Imana yabaremanye.”

Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda.

Padiri Oscar Kagimbura yanagaragaje akamaro k’Ishami ryita ku Batishoboye n’Ubutabazi mu butumwa bwa Caritas, asaba abitabiriye inama guhora bazirikana ko iri shami ari umutima wa Caritas. Yabashishikarije kurushaho gukora ubukangurambaga kugira ngo abitangira abatishoboye barusheho kuba benshi: “Ubutumwa bwo kwita ku batishoboye, si twe twenyine tubikora. Hari imiryango y’abihayimana, amashyirahamwe, imiryango itegamiye kuri Leta, amatsinda y’abakristu n’abandi babikora. Ndabashishikariza gukomeza gukangurira abantu benshi kurushaho kwita ku batishoboye no kugira umutima wo kwitangira abandi.”

Yongeyeho ko gushimangira uwo muco wo gufashanya ari imwe mu nzira zifatika zo gusohoza neza ubutumwa bwa Caritas.

Abitabiriye inama barebeye hamwe ibikorwa byagezweho mu mwaka wa 2025 ndetse baganira ku mbogamizi zagaragaye n’ingamba zakongerera imbaraga ibikorwa bizakorwa mu gihe kiri imbere.

Binyuze mu kungurana ibitekerezo no gusangizanya ubunararibonye kandi, banaganiriye ku ngamba zo gutegura no gukangurira abantu kugira uruhare mu kwezi kw’Urukundo n’Impuhwe kwa 2026. Batanze ibitekerezo bitandukanye byafasha kongera umusanzu/inkunga itangwa muri uko kwezi no gushishikariza abantu benshi kurushaho kubigira ibyabo no kubigiramo uruhare mu bikorwa by’urukundo.

Umwanya wo kungurana ibitekerezo no gusangizanya ubunararibonye – Antoine Murara, umuyobozi w’Ishami ryita ku Batishoboye muri Caritas Gikongoro.

Indi ngingo yaganiriweho ni ukuvugurura no kongera imbaraga mu micungire y’ububiko bw’amakuru bw’umuryango mugari wa Caritas. Abitabiriye inama bagaragaje ko kunoza imicungire y’amakuru ari ingenzi mu kongera imikorere myiza no gutuma ibikorwa byo gufasha abatishoboye birushaho kugera ku ntego zabyo.

Habayeho umwanya wo kwihugura ku gukoresha sisitemu y’ububiko bw’amakuru ya Caritas.

Gukangurira abantu kugira umutima wa Caritas nabyo byaganiriweho, cyane cyane hakoreshejwe ibitangazamakuru (bisanzwe cyangwa imbuga nkoranyambaga) ndetse no gusura abantu aho bateraniye cyangwa batuye mu bice bitandukanye mu rwego rwo kubakangurira ibikorwa by’urukundo.

Mu gusoza, abari mu nama baganiriye ku yindi minsi ihimbazwa,  nk’umunsi mpuzamahanga w’Abakene (Ugushyingo) ndetse n’Umunsi wahariwe Abantu bafite Ubumuga (Ukuboza). Aba bayobozi bashimangiye ko ari ngombwa gukomeza gushyira imbaraga mu bikorwa bifasha abatishoboye: mu buryo bufatika ndetse n’ubundi nko gutega amatwi, muri byose bamurikiwe n’Ivanjiri ndetse n’Inyandiko z’Abayobozi ba Kiriziya zifasha mu kwimakaza iterambere ryuzuye rya muntu.

May 5, 2026

Mu rwego rwo gushimira Imana, gutekereza ku gaciro k’umurimo no guha agaciro abakozi, Caritas Rwanda yizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo wabereye muri Centre Missionnaire Lavigerie Kigali ku wa 1 Gicurasi 2026.

Uyu munsi wabimburiwe n’Igitambo cya Misa. Mu nyigisho yatanze, Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda, yavuze ko Mutagatifu Yozefu yizihizwa ku munsi w’umurimo kubera ko ari urugero rwiza rw’abakozi. Yagaragaje ko Mutagatifu Yozefu yubashye umurimo we n’ubwo wafatwaga nk’uworoheje, akabifatanya no kurera Umwana w’Imana, Yezu Kristu.

Uyu munsi wabimburiwe n’Igitambo cya Misa.

Padiri Oscar yasabye abakozi bose kurangiza inshingano zabo babikunze kandi bashyizeho umwete, ndetse no gukora neza imirimo yose ya buri munsi harimo n’iyo bakora mu rugo. Muri iki gitambo cya Misa kandi, abakozi ba Caritas Rwanda bashimiye Imana ku mpano y’akazi bafite, banasengera abantu bose: Abayobozi ba Kiriziya n’ab’ibihugu, Abakene b’ingeri zinyuranye, imiryango, ndetse n’abadafite akazi.

Nyuma ya Misa, abakozi bashya bagejejweho Komite ihagarariye abakozi, hakurikiraho ibiganiro ku nshingano za Komite y’Ubuzima n’Umutekano ku kazi. Izo nshingano zirimo guteza imbere ubuzima bwiza bw’umubiri n’ubwo mu mutwe, gushyiraho uburyo n’ibikenewe kugira ngo abakozi bakorere ahantu hatekanye kandi heza, kwitegura ibihe by’amage no kurinda amakuru y’ibanga.

Caritas Rwanda yizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo wabereye muri Centre Missionnaire Lavigerie Kigali ku wa 1 Gicurasi 2026.

Abakozi kandi bahawe ibiganiro ku ngingo zitandukanye zirimo: (i) gukomeza guharanira no guteza imbere umutima wa Caritas ariwo gukunda no kwita ku bakene (esprit Caritas) mu muryango mugari wa Caritas no hanze yawo; (ii) gusobanurirwa Politiki ya Caritas Rwanda yo kurengera abana n’abandi banyantege nke (Safeguarding Policy); ndetse na (iii) na Politiki y’Abakozi (HR Policy).

Umunsi wasojwe no gushyikiriza impamyabushobozi abakozi bamaze imyaka 5, 10 na 15 bakorera Caritas Rwanda, ndetse Bwana Constantin Shyaka ashyikirizwa ishimwe nk’umukozi wabaye indashyikirwa mu mwaka wa 2025.

Constantin Shyaka, umukozi wabaye indashyikirwa mu 2025, ubwo yakiraga igihembo.
May 4, 2026

Ku wa kane tariki 30 Mata 2026, Caritas Rwanda n’ibigo biyishamikiyeho ari byo Librairie Caritas Ltd na Centenary House Ltd bunamiye abazize jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 barimo n’abahoze ari abakozi bayo. Ni igikorwa cyabereye ku Rwibutso rwa jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro.

Abitabiriye iki gikorwa baganirijwe ku mateka ya jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, by’umwihariko mu gace Urwibutso rya jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro ruherereyemo, bahabwa ubuhamya ndetse bashyira indabyo ku mva zibitse imibiri y’abazize jenoside bahashyinguye. Ikindi, basuye ibice bitandukanye bigize urwibutso, bagenda bahabwa ibisobanuro byaho.

Mu isengesho ritangiza iki gikorwa, Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda, yasabiye abazize jenoside yakorewe abatutsi, avuga ko kubibuka ari igikorwa cy’ubupfura kandi ko ari ngombwa n’ubwo biremerera umutima. Padiri Oscar yasabiye by’umwihariko abari abakozi ba Caritas Rwanda bazize jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga wa Caritas Rwanda, yasengeye inzirakarengane zazize jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Madame Huss Monique, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro wungirije, yashimiye Caritas Rwanda kuba yarateguye iki gikorwa kigisha amateka abato agira ati: “Turashimira Caritas yateguye iki gikorwa, kugira ngo urubyiruko ruri mu bakozi mukoresha rumenye amateka kandi abakuru barimo bagire uruhare rwo kurwigisha no kongera imbaraga zo gukomeza gushimangira ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda, jenoside ntizongere ukundi”.

Uwari uhagarariye Ibuka, Ahishakiye Naphtal aho ntiaya ari Nephatal?, nawe yashimiye Caritas Rwanda ko yateguye iki gikorwa cyo kwibuka inzirakarengane zirenga miliyoni zazize jenoside yakirewe abatutsi mu 1994, by’umwihariko izirenga ibihumbi 105 aha harabura ikintu 105 ni abashyinguye I Nyanza ariko kandi ikazirikana kunamira abari abakozi bayo. Yongeyeho ko ari ibyo gushimira Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda yatanze amahirwe yo kwibuka.

Padiri Kayisabe Vedaste, Umunyamabanga Mukuru w’Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda wari umushyitsi mukuru muri iki gikorwa, yavuze ko Caritas Rwanda yatangiye mu 1959 yitwa Secours Catholique Rwandais aka uwagakuramo kugira ngo itabare abari mu kaga. Padiri Vedaste yongeyeho ko iki gihe cyo kwibuka buri wese agomba guharanira ibintu bitatu bikurikira: “(i) Twibuke ibyabaye, (ii) duharanire kuba umwe, gushyira hamwe, kubakira igihugu hamwe, kubakira Kiliziya hamwe, kubakira ubumuntu hamwe no (iii) kwiyubaka ari byo gufatana urunana mu kwiyubaka”.

Padiri Kayisabe Védaste, Umunyamabanga Mukuru w’Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda.

Abari abakozi ba Caritas Rwanda bazize jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ni aba bakurikira: Rugangura Alphonse, Niyibizi Léopold, Beneyezu Eugène, Karangwa Claver, Bunangwa Eugène, Seromba Raphaël Na Nyirababili Joséphine.

May 2, 2026

Ku bufatanye na Caritas Kabgayi, ku itariki 29/04/2026 Caritas Rwanda yakoze ubukangurambaga buhamagarira kugira umutima wa Caritas mu Iseminari Nkuru ya Kabgayi yitiriwe Mutagatifu Tomasi w’Akwini.

Iki kiganiro cyibanze ku nyigisho mbonezamubano za Kiliziya Gatolika, amateka n’ubutumwa bya Caritas, ndetse no gushishikariza kwimakaza umuco wo kugira impuhwe no gufasha abatishoboye cyatanzwe na Soeur Gaudiose Nyiraneza, ushinzwe ubukangurambaga n’ubutabazi mu Ishami ryita ku Batishoboye rya Caritas Rwanda.

Soeur Gaudiose Nyiraneza, ubwo yatangaga ikiganiro mu Iseminari Nkuru ya Kabgayi.

Nyuma y’iki kiganiro, Jean Népomuscène Hakizimana, ukuriye ishami ryita ku Batishoboye muri Caritas Kabgayi, yasobanuye uko igikorwa cy’ukwezi kw’Urukundo n’Impuhwe gikorwa n’uko Diyosezi zagiye zikusanya inkunga kuva mu 2019.

Jean Népomuscène yagarutse ku butumwa bwa Papa Fransisko bushimangira uruhare rwa Caritas mu butumwa bwa Kiliziya ubwo yakiraga abayobozi ba Caritas Internationalis ku itariki 16/05/2023, aho yavuze ko Caritas ari ingenzi mu buzima bwa Kiliziya, ko iramutse itariho na Kiliziya yaba itariho. Ibi bishatse kuvuga ko Caritas na Kiliziya bidatana.

Jean Népomuscène Hakizimana, ukuriye ishami ryita ku Batishoboye muri Caritas Kabgayi.

Ubutumwa abaseminari bazabubyaza umusaruro

Nyuma yo gushimira intumwa zaturutse muri Caritas Rwanda na Caritas Kabgayi, Padiri Claudien Mutuyimana umuyobozi wa Seminari Nkuru ya Kabgayi yavuze ko ubutumwa zatanze bazabubyaza umusaruro. Ati: “Abakene ni ab’Imana, natwe ibatwoherezaho ngo tubitagatifurizemo, tubereke urukundo rw’Imana binyuze mu bikorwa by’urukundo Nyagasani yadutoje. Niba dushaka kuba abe, dushyire umukene ku isonga kandi nk’uko Papa Benedigito wa 16 yabivuze, gufasha umukene ni ukumusubiza ibye tumugomba, ni ukumusubiza agaciro Imana yamuremanye”.

Padiri Claudien Mutuyimana, umuyobozi wa Seminari Nkuru ya Kabgayi.

Mu kiganiro bamwe mu baseminari bagiranye na Caritas Rwanda. Batangaje ko basanzwe bakora ibikorwa by’urukundo hagati yabo, ariko mu gihe cy’Igisibo na Adiventi bakegeranya inkunga ndetse bakagira ibyo bigomwa bagafasha abatishoboye bo hanze ya Seminari Nkuru ya Kabgayi, cyane cyane abarwariye mu bitaro bya Kabgayi, mu Igororero rya Muhanga no mu nkengero za Seminari. Hari kandi igikorwa cyo gutanga amaraso bajya bakora.

Ubukangurambaga nk’ubu bufasha gutegura abayobozi ba Caritas b’ejo hazaza (abari muri za Seminari) bafite indangagaciro z’ubumuntu, ubutabera n’umurava wo kwita ku batishoboye.

Twabibutsa ko ubu bukangurambaga buheruka kubera muri Seminari Nkuru ya Rutongo yitiriwe Mutagatifu Yozefu, ku itariki 22/04/2026.

April 24, 2026

Mu rwego rwo kumenyekanisha ubutumwa bwa Caritas no guhamagarira buri wese kugira umutima wa Caritas: gukunda Imana n’abantu cyane cyane abaciye bugufi, ku wa 22 Mata 2026, Caritas Rwanda yakoreye ubukangurambaga mu Iseminari Nkuru ya Rutongo yitiriwe Mutagatifu Yozefu.

Mu kiganiro yatanze, Soeur Gaudiose Nyiraneza, ushinzwe ubukangurambaga n’ubutabazi mu Ishami ryita ku Batishoboye rya Caritas Rwanda, yasobanuye uko Imana yagiye yita ku mukene kuva imurema kugeza aho Yezu Kristu aje akagira neza aho anyuze hose (Ibyak 10, 38), akiza imize y’amoko yose. Nk’uko yabisobanuye, Caritas bivuga urukundo rwitangira abandi.Ubu butumwa bwo kwita ku bakene Yezu Kristu yabusigiye Kiliziya mu ruhererekane rwayo, nk’uko tubisanga mu nyigisho mbonezamubano za Kiliziya Gatolika (Doctrine Sociale de l’Eglise) no mu nyandiko z’Abashumba ba Kiliziya (Encycliques Sociales). Aha ni ho haje kuvuka Caritas ku rwego rw’isi no mu Rwanda.

Soeur Gaudiose kandi yasobanuye ibijyanye n’ukwezi kw’Urukundo n’Impuhwe (ukwezi kwa 8), kwashyizweho n’Abepiskopi Gatolika mu 1997, aho abakristu n’abandi bantu b’umutima mwiza batanga inkunga binyuze mu nzego za Caritas. Iki gikorwa kigamije kubaka Caritas Nyarwanda ari byo kwishakamo ibisubizo no kwegeranya inkunga yo kugoboka abatishoboye ndetse no gutabara abahura n’ibiza, haba mu Rwanda cyangwa mu mahanga.

Soeur Gaudiose Nyiraneza, ushinzwe ubukangurambaga n’amahugurwa mu Ishami ryita ku Batishoboye rya Caritas Rwanda, ubwo yatangaga ikiganiro.

Nyuma y’iki kiganiro, abaseminari babajije ibibazo byinshi bagamije gusobanukirwa neza ubutumwa bwa Caritas. Bimwe muri byo, harimo ikijyanye no kumenya ahandi Caritas Rwanda ikura ubushobozi bwo kugoboka abatishoboye usibye mu nkunga zatanzwe n’abantu.

Aha basubijwe ko abakristu n’abandi bantu b’umutima mwiza ari bo bafatanyabikorwa ba mbere ba Caritas, ariko Caritas Rwanda ikaba ifite n’ibindi bikorwa byinjiza amafaranga bikayifasha kugoboka abatishoboye mu gihe bibaye ngombwa. Ikindi, Caritas Rwanda ifatanya n’abandi bafatanyabikorwa barimo Leta y’u Rwanda mu kwita no gukurikirana iterambere ryuzuye rya muntu.

Abaseminari kandi babajije icyo bisaba kugira ngo Caritas ifashe kwiga abana baturuka mu miryango itishoboye kuko hari igihe bigaragara ko bamwe muri bo tabasha kwiga. Aha Soeur Gaudiose yasubije ko bisaba kubakorera ubuvugizi bihereye muri Caritas z’imiryango remezo, bigasuzumwa, ikibazo cyabo kikazamurwa mu nzego zayo, abakeneye ubufasha bakabuhabwa.

Padiri Mariko Nizeyimana, umuyobozi wa Seminari Nkuru ya Rutongo yitiriwe Mutagatifu Yozefu, yashimiye Caritas ku bw’ubu bumenyi iba yunguye abayigamo, avuga ko inyigisho za Kiliziya ku mibereho n’imibanire y’abantu mu muryango (Doctrine Sociale de l’Eglise) ari ngombwa kuko bazakomeza kuzikenera no mu yandi masomo baziga, cyane cyane nk’ibijyanye n’ibikorwa byo gufasha abatishoboye (dimension caritative) nk’uko Papa Fransisko yabisobanuye ko ibi bikorwa ari umutima wa Kiliziya.

Padiri Mariko Nizeyimana, umuyobozi wa Seminari Nkuru ya Rutongo yitiriwe Saint Joseph.

Abiga mu Iseminari Nkuru ya Rutongo kandi banasangije Caritas Rwanda ko basanzwe bakora ibikorwa by’urukundo hagati yabo cyane cyane ko batanganya ubushobozi, ibi bikaba ari intambwe nziza yo gukomeza kwimakaza umuco w’ubufatanye n’urukundo, kandi izi nyigisho ni ingirakamaro ku baseminari kuko ari bo bazaba abayobozi ba Caritas mu nzego zayo.

March 30, 2026

Abafashamyumvire 24 b’umushinga Gera Ku Ntego Rubyiruko bakorera mu turere twa Rwamagana na Kayonza bahawe impamyabumenyi zibemerera kuba ba rwiyemezamirimo, nyuma y’umwaka bahabwa ubumenyi bunyuranye burimo gukurikirana amatsinda yo kuzigama no kugurizanya, bagahabwa isuzumabumenyi ndetse bakaritsinda.

Iki gikorwa cyabaye kuri 25 na 26 Werurwe 2026, kikaba ari kimwe mu bikorwa by’umushinga w’urubyiruko Gera ku Ntego (GKN), uterwa inkunga na CRS, ugashyirwa mu bikorwa na Caritas Kibungo mu turere twa Rwamagana, Kayonza na Ngoma, ku bufatanye na Caritas Rwanda.

Nzabandora Ildephonse, umwe muri ba rwiyemezamirimo wo mu karere ka Rwamagana, yatanze ubuhamya bw’ukuntu yiteje imbere, avuga ko mbere yo guhura n’uyu mushinga yabaga mu matsinda yo kuzigama no kugurizanya, ariko ntagire icyo ageraho kuko nta gikorwa yabaga yarateganije. Nyuma yo guhura nawo, yinjiye mu itsinda afite intego zo korora ingurube, arashe ku ntego abasha kubaka ikiraro, aguza n’andi Frw 1.000.000 atangira kuzorora none ubu ageze kure nk’uko abivuga.

Mugenzi we Dusabemariya Florentine wo mu karere ka Kayonza, avuga ko yatangiye korora inkoko 20 abikesha inguzanyo y’itsinda, none ubu ageze kuri 45.

Dusabemariya Florentine umwe muri ba rwiyemezamirimo ba Kayonza, worora inkoko.

 

Mu muhango wo gutanga inyemezabumenyi mu Karere ka Rwamagana, uwari uhagarariye CRS muri iki gikorwa, Madamu Anathalie Mukankusi, yashimiye uru rubyiruko rwabaye ba rwiyemezamirimo, Caritas Kibungo, Caritas Rwanda n’inzego z’ibanze, kuko nk’uko yabisobanuye, n’ubwo CRS yatanze amafaranga, itari kwishoboza gushyira mu bikorwa uyu mushinga iri i Kigali.

Yongeyeho ko ababaye ba rwiyemezamirimo babikwiriye koko, kuko bakorewe isuzuma ririmo kubazwa, raporo batanze mu gihe bamaze bakurikirana amatsinda zirasuzumwa, ndetse amatsinda bakurikirana arasurwa kugira ngo barebe uko akora. Uko ari 24, bose basanze bashoboye.

Madame Anathalie yasabye aba ba rwiyemezamirimo gukora cyane kugira ngo bagere kure, ariko anasaba inzego z’ubuyobozi kubahuza n’amatsinda bafasha kugira ngo babagezeho ubumenyi, ariko bagakangurira abaturage ko bazajya babagenera itike.

Madame Anathalie Mukankusi, ni we wari uhagarariye CRS bu birori byo gutanga impamyabumenyi.

Uwari uhagarariye Akarere ka Rwamagana, Bwana Pierre Rutinduka yashimiye Caritas Kibungo n’abafatanyabikorwa bayo, kuko uru rubyiruko ari imbaraga akarere kungutse. Ku bijyanye n’ubusabe bwa CRS ko ba rwiyemezamirimo bafashwa kubona amatsinda mashya bakurikirana, Bwana Pierre yavuze ko ari inshingano z’ubuyobozi kandi ko iki kifuzo agishyikiriza ubuyobozi bw’Akarere.

Mu gikorwa cyo gutanga inyemezabumenyi mu Karere ka Kayonza, Padiri Emmanuel Bamporineza, Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa Caritas Rwanda wari umushyitsi mukuru, yashimiye CRS yatanze inkunga yo gufasha uru rubyiruko, ashimira n’inzego z’ibanze mu gufasha Caritas gushyira mu bikorwa neza umushinga uhereye ku gutoranya abagenerwabikorwa.

Padiri Emmanuel yashimiye n’uru rubyiruko ko rwakurikiranye amasomo rukayageza ku musozo, arubasaba kubyaza inyungu ubumenyi rwahawe muri aya magambo: “Isi iri mu muvuduko w’iterambere ryihuta, inkunga mwaha Caritas na Leta, ni uko ubumenyi mwahawe mwabubyaza umusaruro ntimubwicarane, bukabagirira akamaro mwe ubwanyu, ndetse bukanagirira akamaro abo muzafasha”.

Padiri Emmanuel Bamporineza, Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa Caritas Rwanda.

Biteganijwe ko ku wa 31 Werurwe 2026, abandi bafashamyumvire 12 bazahabwa inyemezabumenyi zibemerera kuba ba rwiyemezamirimo bakurikirana amatsinda yo kuzigama no kugurizanya. Kuva mu Ukwakira 2024, umushinga Gera Ku Ntego Rubyiruko ufasha amatsinda yo kuzigama no kugurizanya 242 yo mu turere 3 twavuzwe hejuru, ahuriyemo urubyiruko 6.049, rwizigamye asaga Frw miliyoni 101.7, ndetse rukaba rwarakoresheje inguzanyo ivuye muri aya matsinda isaga Frw miliyoni 82.3 (01/10/2024- 31/12/2025).

Uretse igikorwa kibyara inyungu abanyamuryango b’itsinda bahuriyeho (Group economic activity), abanyamuryango ba buri tsinda mu yafashwa n’umushinga Gera Ku Ntego Rubyiruko bagira ibikorwa bahuriraho bigamije gufasha abatishoboye (Group service activity).

March 30, 2026
March 30, 2026

Inteko Rusange ya 29 ya Caritas Rwanda yateranye kuva ku wa 23 kugeza ku wa 24 Werurwe 2026, kuri Centre Saint Vincent Pallotti i Gikondo. Iyi nNteko yarebeye hamwe ibyagezweho mu mwaka wa 2025, inategura ibikorwa bizakorwa mu 2026 hagamijwe gukomeza gushimangira ubwitange bw’umuryango mugari wa Caritas mu gufasha abatishoboye.

Mu ijambo rifungura Inteko Rusange ku mugaragaro, Nyiricyubahiro Myr Anaclet Mwumvaneza, Umushumba wa Diyosezi ya Nyundo akaba na Perezida wa Caritas Rwanda   yavuze ko ibyagezweho mu 2025 ari umusaruro w’ubufatanye bukomeye n’abafatanyabikorwa barimo Guverinoma y’u Rwanda, abafatanyabikorwa kamara ba gahunda za Caritas Rwanda, ndetse n’abafatanyabikorwa mu bya tekiniki n’imari. Musenyeri Anaclet yanagaragaje ko ari ngombwa kongera ubushobozi bwo kwigira mu by’imari no gushimangira uruhare rwa kominote nyarwanda kugira ngo ibikorwa byo gufasha abatishoboye birusheho kuramba kandi bigerweho uko bikwiriye.

Myr Anaclet Mwumvaneza, ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye Inteko Rusange ya Caritas Rwanda ya 29.

Nyiricyubahiro Myr Arnaldo CATALAN, Intumwa ya Papa mu Rwanda, mu ijambo rye, yasabye Caritas Rwanda gushingira ibikorwa byayo ku nkingi eshatu z’ingenzi zagarutsweho na Papa Lewo wa XIV ubwo yahuraga abahagarariye ibihugu byabo i Vatikani ari zo: amahoro, ubutabera n’ukuri[1]. Nk’uko yabivuze, amahoro ntasobanuye kubura kw’intambara gusa, ahubwo ati amahoro ni impano y’Imana mbere na mbere, ni ubuzima bugomba kuranga imibanire y’abantu n’imiryango, bugahindura imibereho yabo. Yongeyeho ko ubutabera bufitanye isano n’amahoro kandi bugasaba imbaraga mu kurwanya ubusumbane no kurengera agaciro k’abantu, cyane cyane abatishoboye. Kiriziya ifite umuhamagaro wo kugaragaza Ukuri ku byereye muntu n’isi kandi kudufasha guhangana n’ibibazo by’isi ya none no kubaka umubano mwiza mu bantu.

Nyiricyubahiro Myr Arnaldo Catalan, Intumwa ya Papa mu Rwanda, mu gihe yagezaga ijambo ku bitabiriye Inteko Rusange ya Caritas Rwanda ya 2026.

Kimwe mu byaranze iyi Nteko Rusange ni ukugaragaza raporo y’ibikorwa bya 2025 binyuze mu mashami ane ya Caritas: (i) Ubutegetsi n’Imari, (ii) Kwita ku Batishoboye n’Ubutabazi, (iii) Ubuzima, (iv) n’Iterambere. Ibi byafashije gusuzuma ibyagezweho no kurebera hamwe imbogamizi zagaragaye. Ibitekerezo byatanzwe n’abari muri iyi Nteko Rusange ya Caritas Rwanda byagaragaje ubushake bwo gukorera mu mucyo, no gukomeza kunoza imikorere.

N’ubwo umwaka wa 2025 waranzwe n’igabanuka ry’inkunga zituruka hanze (ingengo y’imari yagabanutseho 16% ndetse n’abakozi bagabanukaho 25%), Caritas Rwanda yishimiye ko yongeye gufata umurongo mwiza, aho ingengo y’imari iteganyijwe yazamutse kubera imishinga mishya yabonetse nyuma y’ibibazo yari yahuye nabyo muri 2025.

Ku bijyanye n’Ukwezi kw’Urukundo n’Impuhwe kwa 2025, habonetse umusaruro ungana Frw 239.508.573 yatanzwe na kominote agenewe gutabara abatishoboye. Diyosezi ya Ruhengeri yabaye iya mbere ikusanya Frw 48.853.604, ikurikirwa na Diyosezi ya Nyundo yakusanyije Frw 40.373.726.

Muri iyi Nteko Rusange hanagaragajwe gahunda y’ibikorwa bya 2026. Buri shami ryerekanye iby’ingenzi rizibandaho n’ingamba zizakoreshwa, bituma habaho ibiganiro byubaka bigamije kongera ireme n’imikoranire mu bikorwa biteganyijwe mu 2026 kugirango Caritas ikomeze kugera ku ntego yayo.

Umunsi wa kabiri wibanze ku kungurana ibitekerezo hagamijwe kurushaho gushimangira ubutumwa bwa Caritas mu gufasha abatishoboye. Nyuma y’inama zihariye zahuje (i) Abepiskopi, (ii) Abayobozi ba Caritas za Diyosezi, (iii) n’Abalayiki, abari mu nteko bakoze imyanzuro izagenderwaho muri 2026.

Inama yihariye y’abalayiki, imwe mu zabaye mbere y’uko Inteko Rusange ya 29 ya Caritas Rwanda isoza.

Incamake y’imyanzuro y’Inteko Rusange ya Caritas Rwanda ya 2026

Imyanzuro yafatiwe mu Nteko Rusange ya 29 ya Caritas Rwanda ishimangira cyane kongera imikoranire n’ubufatanye hagati y’inzego zitandukanye za Kiliziya. Inama y’Abepiskopi mu Rwanda (CEPR) na Caritas Rwanda basabwe kurushaho kunoza imikoranire hagati ya za komisiyo na serivisi za Kiliziya na Caritas za Diyosezi, mu rwego rwo kunoza imikoreshereze y’umutungo no kongera ireme ry’ibikorwa bigamije iterambere ryuzuye rya muntu.

Hanagaragajwe akamaro ko kongera ubushobozi bw’inzego mu kwigira hifashishijwe uburyo bwo gushaka no gucunga umutungo. Caritas Rwanda na Caritas za Diyosezi basabwe gushaka ingamba nshya zo kongera umutungo, guteza imbere ibikorwa bibyara inyungu no kwimakaza umuco wo kwigira. Guteza imbere umuco wo gukora igenzura no kwagura uburyo bwo gukusanya inkunga, cyane cyane mu kwezi kw’Urukundo n’Impuhwe, byagaragajwe nk’iby’ingenzi mu gukomeza gukorera mu mucyo no kuramba kw’ibikorwa bya Caritas.

Imyanzuro kandi yibanze ku gushimangira ubutumwa bwa Caritas mu kwita kuri roho n’imibereho myiza y’abantu. Ibi birimo gushyira mu bikorwa gutanga serivisi za roho mu magororero no mu bigo nderabuzima, no guteza imbere kugira umutima wa Caritas mu nzego zose.

[1] https://www.vaticannews.va/fr/pape/news/2025-05/discours-leon-xiv-corps-diplomatique-saint-siege.html

March 9, 2026

Kuva ku wa 3 kugeza ku wa 5 Werurwe 2026, abayobozi baturutse mu bice bitandukanye by’Umuryango wa Caritas Internationalis bateraniye i Kigali mu Nama Mpuzamahanga y’Ibikorwa by’Ubutabazi ya 2026, yari ifite insanganyamatsiko igira iti: 𝗠𝘂 𝗿𝘂𝗸𝘂𝗻𝗱𝗼 𝘁𝘂𝗯𝗮𝘀𝗵𝗮 𝗴𝘂𝗵𝗮𝗻𝗴𝗮𝗻𝗮 𝗻𝗶𝗺𝗯𝗼𝗴𝗮𝗺𝗶𝘇𝗶: 𝗨𝗯𝘂𝘁𝗮𝗯𝗮𝘇𝗶 𝗯𝘄𝗮 𝗖𝗮𝗿𝗶𝘁𝗮𝘀 𝗺𝘂 𝗜𝘀𝗶 𝗶𝗵𝗶𝗻𝗱𝗮𝗴𝘂𝗿𝗶𝗸𝗮.”

Iyi nama yamaze iminsi itatu yahuje abahagarariye Caritas z’ibihugu hirya no hino ku isi kugira ngo baganire ku mpinduka ziri kuba mu rwego rw’ibikorwa by’ubutabazi no kurushaho gukomeza ubufatanye hagati y’abagize iri huriro. Mu gihe ibibazo byugarije isi bigenda birushaho gukomera no kuba byinshi, iyi nama yabaye umwanya wo gusangira ubunararibonye, kuganira ku mbogamizi ziri kuvuka, no gushaka ingamba zatuma Caritas ikomeza gukora neza kandi ikagendera ku mahame yayo mu butumwa bwayo bwo gufasha abari mu kaga.

Musenyeri Anaclet Mwumvaneza ni we wafunguye iyi nama ku mugaragaro.

Abitabiriye iyi nama bagaragaje ko urwego rw’ibikorwa by’ubutabazi ku isi ruri kunyura mu mpinduka zikomeye. Kwiyongera kw’amakimbirane ya politiki mpuzamahanga, ibiza biterwa n’imihindagurikire y’ikirere, gukura abantu mu byabo, ndetse n’intambara zimara igihe kirekire, byose bituma ibikenewe mu butabazi birushaho kwiyongera. Muri iki gihe kandi, imiryango ikora ibikorwa by’ubutabazi ihura n’imbogamizi zirimo kugabanuka kw’umwanya w’imiryango itegamiye kuri Leta mu mikorere yayo, iterambere ry’ikoranabuhanga ryihuta, ndetse n’impinduka mu buryo abaterankunga bashyiramo imbaraga.

Muri uru rwego, imiryango ya Caritas irasabwa guhindura uburyo ikoramo, ariko igakomeza gushingira ku ntego yayo yo kwita ku batishoboye kurusha abandi. Bitewe n’uko Caritas ikorera mu baturage kandi ikiyemeza guteza imbere iterambere ryuzuye ry’umuntu, ihuriro rya Caritas rifite amahirwe yihariye yo guhangana n’izi mbogamizi riyobowe n’impuhwe, rihanga udushya no gukorera mu bufatanye.

Umunsi wa mbere w’iyi nama wibanze ku gusuzuma impinduka mu rwego rwa politiki mpuzamahanga n’urw’ibikorwa by’ubutabazi, ndetse n’ingaruka zabyo ku bikorwa bya Caritas.

Abitabiriye ibiganiro basesenguye uburyo imihindagurikire y’isi ihindura imikorere y’ibikorwa by’ubutabazi, banaganira ku buryo ihuriro rya Caritas rishobora guhuza ingamba zaryo n’izo mpinduka kugira ngo rikomeze gukora rishingiye ku mahame arigenga, rikore neza kandi mu buryo buhamye. Ibiganiro byagaragaje kandi akamaro ko gukomeza gushimangira ubufatanye hagati y’abagize Caritas kugira ngo bashobore gutanga ubutabazi bwihuse kandi bufite umusaruro ufatika ku bahura n’ibiza n’ibibazo hirya no hino ku isi.

Ifoto y’urwibutse / Inama y’ibikorwa by’ubutabazi bya Caritas Internationalis 2026.

Umunsi wa kabiri wibanze ku gushyira imbere imiryango yo mugihugu imbere n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze (localisation and local leadership) mu bikorwa by’ubutabazi, hagaragazwa uruhare rukomeye rw’imiryango ya Caritas ikorera mu bihugu ndetse no hagati mu baturage mu gutabara abahuye n’ibibazo.

Abitabiriye iyi nama bashimangiye ko ari ingenzi gushyira ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ku isonga ry’ibikorwa by’ubutabazi, kuko akenshi ari bo babanza kugera ku baturage mu gihe cy’ibiza. Kongerera ubushobozi izi nzego, kumvikanisha ijwi ryazo mu biganiro byo ku rwego mpuzamahanga, no guteza imbere ubufatanye bungana hagati y’abafatanyabikorwa, byagaragajwe nk’ibintu by’ingenzi bizibandwaho mu gihe kiri imbere.

Kwizihiza no gusangizanya imikorere myiza

Umunsi wa nyuma w’iyi nama wahariwe kwishimira no gusangizanya imikorere myiza mu bikorwa by’ubutabazi ikorwa n’imiryango ya Caritas mu bice bitandukanye by’isi.

Abitabiriye iyi nama bagaragaje ingero z’ibikorwa bishya n’imishinga yatanze umusaruro mwiza mu nzego zitandukanye z’ikorwa ry’ubutabazi, bituma habaho kwigiranaho no kungurana ibitekerezo hagati y’abagize ihuriro. Ibi byagaragaje ubudashyikirwa, ukwihangana n’umuhate w’imiryango ya Caritas ikorera mu bice bitandukanye by’isi.

Iyi nama mpuzamahanga yasojwe abayitabiriye biyemeje gushimangira ubufatanye hagati y’imiryango ya Caritas no kongera ubushobozi bw’iri huriro mu gutabara no gufasha abakeneye ubufasha bwihuse.

Ishingiye ku mpuhwe kandi iyobowe n’indangagaciro zubahiriza agaciro ka muntu n’ubutabera mu mibereho, Caritas ikomeje guhagarara ku ruhande rw’abanyantege nke hirya no hino ku isi. Ibyaganiriweho n’imyanzuro yafatiwe muri iyi nama bizafasha gutanga icyerekezo cy’ibikorwa by’ubutabazi bya Caritas mu myaka iri imbere, kugira ngo ikomeze kuba umufatanyabikorwa wizewe kandi ukomeye mu guhangana n’ibibazo byiyongera mu rwego rw’ubutabazi ku isi.

February 17, 2026

Ku bufatanye n’Akarere ka Kirehe, Caritas Rwanda na Caritas Kibungo batangije umushinga Tunga w’imyaka 3 watewe inkunga na Ministeri y’Ububanyi n’Amahanga ya Slovenia na Caritas Slovenia, ukaba uzateza imbere imibereho y’imiryango itishoboye 3.500. Ni igikorwa cyabereye mu cyumba cy’inama cy’Akarere ka Kirehe ku wa 13 Gashyantare 2026.

Umushinga Tunga ugamije kongerera ubushobozi abagore n’abakobwa, ndetse n’urubyiruko, no kubungabunga ubuzima bw’imiryango itishoboye yo mu mirenge ya Mahama, Mushikiri na Kigarama (yo mu Karere ka Kirehe), binyuze mu kurwanya imirire mibi, kongerera abahinzi ubushobozi bwo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere, kubaka ubushobozi bw’imiryango mu bijyanye n’ubukungu, kuyegereza amazi meza no kwimakaza isuku, ndetse no gukumira no kurwanya ihohotera mu miryango.

Uyu mushinga watangiye muri Mutarama 2026 ukaba uzasozwa muri Nzeli 2028. Uzagera ku miryango 3.500 itishoboye, irimo 500 y’impunzi zo mu Nkambi ya Mahama, na 3.000 yo mu mirenge ya Mahama, Kigarama, Mushikiri mu Karere ka Kirehe.

Mu bikorwa biteganijwe nk’uko byagaragajwe n’umuhuzabikorwa w’uyu mushinga, Emmanuel Uwiragiye, harimo gutanga amahugurwa ku buhinzi bwa kijyambere (abafatanyabikorwa kamara bakigira mu mirima shuri), gutanga amatungo n’imbuto zo guhinga, gushinga amatsinda yo kuzigama no kugurizanya, gutanga igishoro cyo gukora imishinga ibyara inyungu ndetse no kubegereza amazi meza.

Muri ubu buhinzi bwa kijyambere, hazifashishwa drones mu gufata ibipimo, ku buryo abahinzi bazajya babasha kubonera amakuru ku gihe, abafasha guhinga bakurikije uko ikirere kimeze.

Emmanuel Uwiragiye, umuhuzabikorwa w’uyu mushinga, ubwo yagaragazaga ibikorwa biteganijwe.

Ibiganiro byagaragaje ko abitabiriye bishimiye umushinga Tunga

Nyuma yo kugaragaza ibizakorwa n’uyu mushinga, abari muri uyu muhango babajije ibibazo byinshi birimo kumenya uburyo abazafashwa n’uyu mushinga bazatoranywa, niba mu kwegereza abantu amazi umushinga Tunga uzakorana n’ikigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza amazi (WASAC), no kumenya niba mu gutoranya abagenerwabikorwa hazarebwa abafite ubutaka buhagije ku buryo bwahuzwa.

Mu gusubiza, abakozi b’umushinga Tunga n’ikipe yaturutse muri Caritas Rwanda basubije ko gutoranya abafatanyabikorwa kamara bizakorwa ku bufatanye n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, bakareba abatishoboye kurusha abandi. Mu kwegereza abaturage amazi, umushinga Tunga uzakorana na WASAC kandi ibiganiro byaratangiye. Ku birebana no kuba abazafashwa bazaba bafite ubutaka bunini ku buryo bwahuzwa, basubijwe ko atari cyo kigenderewe, kuko abafashwa nyine ari abatishoboye, ubuhinzi bwa kijyambere bize bakazajya babukorera no mu mirima mito bafite.

Abitabiriye uyu muhango babajije ibibazo byinshi, bagaragaza ko bishimiye uyu mushinga.

Abari mu nama kandi babajije uburyo ibikorwa bimwe bizagera ku batishoboye gusa kandi ari rusange (urugero nk’imiyoboro y’amazi) aha basubizwa ko n’ubwo ari bo bagenderewe ariko hari n’ibikorwa n’abandi baturage bazungukiramo nk’iyo miyoboro y’amazi.

Ku bijyanye n’uburyo impunzi zizahinga kandi zitagira umurima, abakozi b’umushinga Tunga basubije ko hazabaho imirima shuri abafatanyabikorwa kamara bazajya bigiramo ariko bakajya gushyira mu bikorwa ibyo bize. Aha rero impunzi zishobora gukodesha imirima hanze y’inkambi zigahinga.

Ubufatanye: urufunguzo kugira ngo umushinga ugere ku ntego

Mu ijambo yavuze, Sebagenzi Prosper, ushinzwe porogaramu muri Caritas Rwanda, yashimye ubufatanye Caritas Rwanda isanzwe ifitanye n’ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe n’inzego z’ibanze, yibutsa ko ubu bufatanye ari ngombwa mu gushyira mu bikorwa uyu mushinga, kandi yizeza ko inyunganizi zatanzwe zizafasha mu kuwubyaza umusaruro.

Prosper Sebagenzi, ushinzwe porogaramu muri Caritas Rwanda.

Bwana Prosper yagarutse ku nyandiko ya Papa Fransisiko “Laudato Si” ihamagarira abantu kutangiza isi bumva ko uburyo abandi bazaza nyuma bazabaho bitabareba. Ibi bisobanuye ko buri wese asabwa kubungabunga ibidukikije, umushinga Tunga rero ukaba waratekerejwe muri uru rwego.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’agateganyo w’Akarere ka Kirehe, Bwana Ndayambaje Joel, yavuze ko igikorwa gikozwe na Kiliziya Gatolika kiba kizewe 90%, ibyo bikaba bisobanuye ko nta gushidikanya ko umusaruro muri uyu mushinga uzaba mwiza. Yijeje kandi ubufatanye agira ati: “Nk’inzego z’ubuyobozi turabizeza ubufatanye kandi turi kumwe twese hamwe n’inzego z’umutekano nta cyatunanira. Muduhe ibikorwa biteganijwe tujye dukurikirana”.

Bwana Ndayambaje Joel, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’Akarere ka Kirehe.

Bwana Ndayambaje yongeyeho ko uyu mushinga nugira umusaruro witezwe uzafasha Akarere ka Kirehe kwesa imihigo irebana na gahunda ya kabiri y’igihugu yo kwihutisha iterambere NST2 (2024-2029).