Ku wa kane tariki 30 Mata 2026, Caritas Rwanda n’ibigo biyishamikiyeho ari byo Librairie Caritas Ltd na Centenary House Ltd bunamiye abazize jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 barimo n’abahoze ari abakozi bayo. Ni igikorwa cyabereye ku Rwibutso rwa jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro.
Abitabiriye iki gikorwa baganirijwe ku mateka ya jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, by’umwihariko mu gace Urwibutso rya jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro ruherereyemo, bahabwa ubuhamya ndetse bashyira indabyo ku mva zibitse imibiri y’abazize jenoside bahashyinguye. Ikindi, basuye ibice bitandukanye bigize urwibutso, bagenda bahabwa ibisobanuro byaho.

Mu isengesho ritangiza iki gikorwa, Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda, yasabiye abazize jenoside yakorewe abatutsi, avuga ko kubibuka ari igikorwa cy’ubupfura kandi ko ari ngombwa n’ubwo biremerera umutima. Padiri Oscar yasabiye by’umwihariko abari abakozi ba Caritas Rwanda bazize jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Madame Huss Monique, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro wungirije, yashimiye Caritas Rwanda kuba yarateguye iki gikorwa kigisha amateka abato agira ati: “Turashimira Caritas yateguye iki gikorwa, kugira ngo urubyiruko ruri mu bakozi mukoresha rumenye amateka kandi abakuru barimo bagire uruhare rwo kurwigisha no kongera imbaraga zo gukomeza gushimangira ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda, jenoside ntizongere ukundi”.

Uwari uhagarariye Ibuka, Ahishakiye Naphtal aho ntiaya ari Nephatal?, nawe yashimiye Caritas Rwanda ko yateguye iki gikorwa cyo kwibuka inzirakarengane zirenga miliyoni zazize jenoside yakirewe abatutsi mu 1994, by’umwihariko izirenga ibihumbi 105 aha harabura ikintu 105 ni abashyinguye I Nyanza ariko kandi ikazirikana kunamira abari abakozi bayo. Yongeyeho ko ari ibyo gushimira Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda yatanze amahirwe yo kwibuka.
Padiri Kayisabe Vedaste, Umunyamabanga Mukuru w’Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda wari umushyitsi mukuru muri iki gikorwa, yavuze ko Caritas Rwanda yatangiye mu 1959 yitwa Secours Catholique Rwandais aka uwagakuramo kugira ngo itabare abari mu kaga. Padiri Vedaste yongeyeho ko iki gihe cyo kwibuka buri wese agomba guharanira ibintu bitatu bikurikira: “(i) Twibuke ibyabaye, (ii) duharanire kuba umwe, gushyira hamwe, kubakira igihugu hamwe, kubakira Kiliziya hamwe, kubakira ubumuntu hamwe no (iii) kwiyubaka ari byo gufatana urunana mu kwiyubaka”.

Abari abakozi ba Caritas Rwanda bazize jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ni aba bakurikira: Rugangura Alphonse, Niyibizi Léopold, Beneyezu Eugène, Karangwa Claver, Bunangwa Eugène, Seromba Raphaël Na Nyirababili Joséphine.


