Hi, How Can We Help You?

Author Archives: admin

July 25, 2024

Mu rwego rwo gusangira ibitekerezo ku ngamba zo gukusanya inkunga y’ukwezi k’urukundo n’impuhwe (Kamena 2024), gusuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro y’Inteko Rusange ya Caritas Rwanda 2023 (irebana n’Ishami ryita ku batishoboye n’ubutabazi), gusuzuma Gahunda y’ibikorwa bya Caritas ya 2020-2024 no gutangira gutekereza ku bizashyirwa muri Gahunda ya 2025-2030, abakozi ba Caritas Rwanda n’aba Caritas ya Byumba bakoranye inama kuri 17 Nyakanga 2024.

Indi ngingo yari igenderewe, ni ukureba uburyo ibikorwa bya Caritas byarushaho gutangazwa. Abitabiriye iyi nama bumvikanye ko Caritas ya Diyosezi ya Byumba izajya yandika inkuru ku bikorwa byakozwe bikanyuzwa mu kanyamakuru ka Caritas kitwa Caritas Contact gasohoka buri mwaka, no muri Kinyamateka icapye cyangwa inyuze kuri murandasi. Gucisha ibiganiro kuri Radio Maria, Caritas Byumba isanzwe ibikorwa kimwe n’izindi Caritas za Diyoseze.

Mu bijyanye no kumenyekanisha Caritas kandi, inama yagarutse ku mwanzuro w’Inteko Rusange ya Carita Rwanda uvuga ku kwizihiza umunsi wa Caritas n’umunsi w’umukene aho yasanze ko henshi iyi minsi yizihirizwa rimwe kubera ikibazo cy’amikoro. Abari mu nama bavuze ko umunsi wa Caritas ugamije gushimira abakorerabushake no gukangurira urubyiruko kwitabira Caritas n’ubukorerabushake.

Ku munsi w’umukene hakorwa ibikorwa 3 by’ingenzi ari byo: Igitambo cya Misa hamwe n’abakene batoranijwe, gusangira nabo (amafunguro) no kubaremera, byose bigamije kubasubiza agaciro.

Iyi nama yasabye ko abantu bagomba kwibutswa iyi minsi muri za paruwasi igategurwa kandi ikizihizwa neza.

Mu rwego rwo gushimira no gushyikigira abakorerabushake bayo, Caritas ya Byumba ifite gahunda yo kubakorera umwambaro (utujire 1500). Urubyiruko rwavuye muri gereza rwigishijwe kudoda rwemeye gutanga umusanzu wo kuzayidoda.

Ku birebana n’umwanzuro wo gushyira imbaraga mu bukangurambaga burebana n’iterambere ryuzuye rya muntu, hibandwa cyane cyane ku bana n’urubyiruko mu mashuri makuru na Kaminuza, abakozi ba Caritas ya Byumba bavuze ko mu mashuri Caritas zikorwa, ariko ko atari zose zifite komite. Caritas ya Diyosezi ya Byumba ikaba iri mu gikorwa cyo guhuza abakorerabushake n’abayobozi b’amashuri kugira ngo babashe kujya bahakora ubukangurambaga.

Abari mu nama banaganiriye ku ngamba zo kongera umusaruro w’ukwezi k’urukundo n’impuhwe, bahavuga ko zizafasha mu kongera umusaruro, bwaba ubukangurambaga, no guhanahana amakuru y’ibyakozwe.

Indi ngamba yo kuzamura umusaruro w’ukwezi k’urukundo n’impuhwe ni ugukora ibiganiro kuri Radio Maria Rwanda, kuri Pacis TV n’ahandi hashoboka.

Iyi nama kandi yanaganiriye ku bikorwa byateganijwe gukorwa muri 2024 mu Ishami ryo gufasha abatishoboye n’ubutabazi, abakozi ba Caritas ya Byumba bakaba bavuze ko batarabasha kwegeranya raporo zose ku buryo hakorwa isuzuma aho ibyari biteganijwe bigeze. Ku itariki ya 12 n’iya 13 Kanama hazakorwa inama yo gusuzuma ibyakozwe.

Ku birebana na gahunda itaha y’ibikorwa bya Caritas 2025-2030, hatanzwe ibitekerezo ko ibikorwa bigomba kuzahuzwa na gahunda ya Leta, kuko umukirisitu ari n’umuturage wa Leta, iyi gahunda ikagirwa ngufi ku buryo kuyisoma byoroha (canevas de rapportage).

Mu tuntu n’utundi, abakozi ba Caritas ya Byumba bifuje ko mu bikorwa bimwe na bimwe Caritas Rwanda yajya ibatera inkunga.

Abakozi ba Caritas Rwanda na Caritas ya Byumba ikigo cya Home Sainte Thérèse de l’Enfant Jésus, cyita ku bakuze batishoboye ndetse n’abafite ubumuga.

Nyuma y’iyi nama, itsinda rya Caritas Rwanda na Caritas ya Byumba ryasuye ikigo cya Home Sainte Thérèse de l’Enfant Jésus, cyita ku bakuze batishoboye ndetse n’abafite ubumuga. Abitabwaho n’iki kigo batanze ubutumwa bukora ku mutima, babwira abakozi ba Caritas bari babazaniye ubutumwa bw’urukundo n’ihumure ko muri iki kigo bahaboneye urukundo n’impuhwe, binyuze mu babikira b’Abizeramariya babitaho.

July 18, 2024

Kuva tariki 9 Nyakanga 2024, Caritas Rwanda yateguye inama y’iminsi 2 yahuje abahuzabikorwa b’iterambere muri Caritas 10 za Diyosezi  n’umuyobozi w’Ishami ry’Amajyambere muri Caritas Rwanda. Iyi nama yari igamije gusuzuma ibyagezweho kuva muri Mutarama kugeza muri Kamena 2024, no kureba aho gahunda y’ibikorwa bya Caritas Rwanda ya 2020-2024 mu rwego rw’amajyambere igeze ishyirwa mu bikorwa.

Mu ijambo ritangiza iyi nama, Sebagenzi Prosper, Umuyobozi wa Gahunda muri Caritas Rwanda yasabye abahuzabikorwa b’iterambere kongera imbaraga mu gufasha abantu bakennye mu bice bakoreramo kwikura mu bukene.

Sebagenzi Prosper yashimangiye ko gahunda nshya y’ibikorwa bya Caritas Rwanda izamara igihe cy’imyaka itandatu (ubusanzwe yabaga 5), kuva 2025 kugeza 2030, kugira ngo ihuzwe na gahunda y’ibikorwa ya Caritas Internationalis. Ati: “Uku guhuza kuzadushoboza gukora mu murongo umwe na Caritas ku isi hose kugira ngo tugere ku ntego dusangiye”.

Sebagenzi Prosper, ushinzwe gahunda y’ibikorwa bya Caritas Rwanda, ni we wafunguye iyi nama ku mugaragaro.

Iyi nama yashojwe na Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda. Yagarutse ku nsanganyamatsiko ya Sinodi ari yo “Kugendera hamwe”, asaba abitabiriye inama gushimangira ubufatanye buriho kugira ngo abakene n’abatishoboye basubizwe agaciro.

Umunyamabanga Mukuru yashimangiye kandi akamaro ko kudaheza, asaba abitabiriye inama kureba ko nta muntu n’umwe usigazwa inyuma cyangwa ngo yirengagize. Ibi biramutse bihari, byaba binyuranije n’ubutumwa bwa Caritas bwo kugarura agaciro abantu bakambuwe n’ubukene n’ibindi bibazo. Byongeye kandi, Padiri Oscar yahamagariye abahuzabikorwa b’ishami ry’amajyambere muri za Caritas kwibanda ku kubakira ubushobozi abakene n’abandi batishoboye, hagamijwe kugira ngo bigire aho gukomeza kubeshwaho n’imfashanyo. Kugarura agaciro harimo no gufata inshingano z’ubuzima bwe.

Kubijyanye n’aho gahunda y’ibikorwa bya Caritas Rwanda 2020–2024 igeze ishyirwa mu bikorwa, n’ibyari biteganijwe kuva muri Mutarama kugeza muri Kamena 2024, byose byashyizwe mu bikorwa uko bikwiriye n’ubwo bitari ku rwego rumwe kuko ibikorwa byinshi bikenerwa inkunga ituruka hanze. Abitabiriye inama basabye ko hakorwa ibi bikorwa bishya:

  1. Kongerera ubumenyi urubyiruko mu bijyanye no kwihangira imirimo;
  2. Guteza imbere uruhare rw’urubyiruko mu buhinzi bwinjiza amafaranga;
  3. Guteza imbere amahugurwa y’imyuga, kwimenyereza umwuga, no kwitoza mu rubyiruko;
  4. Kugira uruhare mu gukwirakwiza amashanyarazi mu cyaro binyuze mu gukoresha umuriro utari uw’amashanyarazi, no kubaka cyangwa gusana imiyoboro y’amazi.

Muri iyi nama, abayitabiriye bahuguwe ku gusigasira amakuru, biga uburyo bwo gukoresha neza no kurinda amakuru y’abagenerwabikorwa, banahugururwa ku ihame ry’uburinganire no guteza imbere ubuzima budaheza.

Aheza.

July 12, 2024

Ku itariki 5 Nyakanga 2024, umushinga Tubeho Neza Aheza ugamije guteza imbere ubuzima bwiza n’uburinganire hatangizwa ibidukikije mu Rwanda, watangijwe ku mugaragaro na Umuhoza Pascasie, umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage. Uyu mushinga uterwa inkunga na Caritas Siloveniya na Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Siloveniya, uzashyirwa mu bikorwa na Caritas Nyundo/Kibuye ku bufatanye na Caritas Rwanda.

Umushinga wa Tubeho Neza Aheza ugamije gukemura ibibazo bijyanye no kubona umutungo kamere n’imari no kugabanya ubusumbane bushingiye ku gitsina n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina (GBV), hibandwa ku bagore n’abakobwa mu ngo 1.595 zikennye zo mu mirenge ya Rugabano, Gashari, Rwankuba na Mutuntu.

Iyi gahunda yatangijwe n’isengesho rigufi riyobowe na Padiri Elie Hatangimbabazi, Umuyobozi wa Caritas Nyundo/Kibuye, wanavuze ijambo ry’ikaze. Nyuma y’isengesho, hatanzwe ikiganiro kivuga ku bikorwa by’ingenzi bitandatu bizakorwa muri uyu mushinga:

  1. Gutezimbere ibikorwa by’ubuhinzi birambye kandi bitangiza ikirere hagamijwe kongera umusaruro w’ibiribwa bikungahaye ku ntungamubiri ku bantu bugarijwe n’ibibazo;
  2. Gukangurira abantu kurengera ibidukikije no gushyiraho uburyo bunoze bwo kubona ibikoresho n’ibikoresho biteza imbere imikoreshereze y’umutungo kamere mu buryo burambye, bityo ibyuka bihumanya ikirere bikaganuka;
  3. Gukoresha neza no kugenzura imikoreshereze y’umutungo w’amazi uhari, guteza imbere itangwa ry’amazi meza yo kunywa, isuku, isukura no kuhira imyaka;
  4. Kongera ubushobozi n’ubumenyi bw’abantu bugarijwe n’ibibazo, n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze mu kugenzura no gukoresha umutungo kamere neza mu bikorwa bibabyarira inyungu;
  5. Gufasha urubyiruko n’abantu bakuze batishoboye, cyane cyane abagore n’abakobwa, kugera ku bikorwa bibabyarira umutungo bw’imari kugira ngo batange umusanzu ku bikenerwa n’imiryango yabo;
  6. Kongera ubumenyi n’ibisubizo ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ubundi buryo bw’ihohoterwa, ndetse no gukemura amakimbirane binyuze mu biganiro.

Muri ibi birori, Visi Meya Madamu Umuhoza Pascasie yagaragaje ko yishimiye uruhare rw’umushinga mu kuzamura imibereho y’abagenerwabikorwa binyuze mu bikorwa byateganijwe. Yashimiye Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Siloveniya, Caritas Siloveniya, Caritas Rwanda, na Caritas Nyundo/Kibuye kubera uruhare rwabo mu guteza imbere ubuzima bw’abaturage bo mu Karere ka Karongi. Madamu Pascasie yijeje kandi ubufatanye bw’Akarere mu ishyirwa mu bikorwa ry’uyu mushinga.

Umuyobozi w’Akarere ka Karongi Wungirije ushinzwe imibereho myiza Pascasie Umuhoza, ubwo yafunguraga ku mugaragaro umushinga Tubeho Neza Aheza.

Ibi birori byitabiriwe n’abantu batandukanye bakomeye barimo ushinzwe ubuhinzi n’ubworozi mu Karere ka Karongi, abahagarariye imirenge ine (Rugabano, Gashari, Mutuntu, na Rwankuba), abapadiri ba Paruwasi baturutse Birambo, Mubuga, Nyange, Mukungu na Gisovu, ndetse n’abahagarariye ababikira bo mu muryango wa Soeurs Fille de la Charité, harimo n’uwaturutse muri Siloveniya.

Mu bandi bitabiriye harimo Padiri Hatangimbabazi Elie, umuyobozi wa Caritas Nyundo/Kibuye, umuhuzabikorwa w’ishami rishinzwe iterambere rya Caritas Nyundo/Kibuye, umukozi ushinzwe guteza imbere uburinganire n’ubuzima budaheza muri Caritas Nyundo-Kibuye hamwe n’abakozi b’umushinga Tubeho Neza Aheza.

July 3, 2024

Mu rwego rwo gukangurira urubyiruko kwipimisha kare virusi itera Sida, gufata imiti igabanya ubukana bw’iyi virusi ku basanze baranduye no kurwanya akato n’ihezwa bikorerwa abanduye virusi itera Sida, Caritas Rwanda yakoze ubukangurambaga buvuga ku byiza byo kwipimisha virusi itera Sida hakiri kare mu banyeshuri biga mu mashuri yisumbuye mu Karere ka Karongi ku itariki 27 na 28 Kamena 2024.

Ubu bukangurambaga bwanyujijwe mu mikino y’umupira w’amaguru, ikinamico, ibiganiro mpaka n’imivugo by’abanyeshuri baturuka mu bigo bikurikira: Urwunge rw’amashuri rwa Saint Michel rwo mu murenge wa Mubuga, Urwunge rw’amashuri rwa Saint Nicholas rwo mu Murenge wa Bwishyura, Urwunge rw’amashuri rwa Saint Joseph Birambo rwo mu murenge wa Gashari n’Ishuri ryisumbuye rya TSS Ngoma ryo mu murenge wa Rugabano.

Abakozi ba Caritas Rwanda bari muri iki gikorwa, bakanguriye uru rubyiruko kwipimisha vurusi itera Sida ruherekejwe n’ababyeyi babo ku bataruzuza imyaka 18, kugira ngo bamenye uko bahagaze, nibasanga hari uwanduye afate imiti igabanya ubukana bwa virusi itera Sida hakiri kare. Aba bakozi banatanze ubutumwa bushishikariza urubyiruko kwifata nk’uburyo bwiza bwo kwirinda kwandura virus itera sida n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsinda n’inda zitateganyijwe, ndetse no kurwanya akato n’ihezwa rikorerwa abafite virusi itera Sida.

Umwe mu bakozi ba Caritas Rwanda, Manirareba Jeanne, ubwo yatangaga ubutumwa bujyanye n’umunsi ku kibuga cy’umupira cya Karora.

Mu mukino w’umupira w’amaguru wabereye ku kibuga cya Karora kuri 27/06/2024, Urwunge rw’amashuri rwa Saint Michel rwatsinze urwa Saint Nicholas ibitego 4 kuri 0. N’aho ku itariki 28/06/2024, Urwunge rw’amashuri rwa Saint Joseph Birambo rutsinda ishuri ryisumbuye rya TSS Ngoma ku ntsinzi y’ibitego 7 kuri 0 mu mukino wabereye ku kibuga cy’umupira w’amaguru cya Birambo. Amakipe yatsinze yahawe igikombe cy’ishimwe n’umupira wo gukina.

Muri ubu bukangurambaga, mu kiganiro-mpaka cyerekanywe na club anti-Sida y’Urwunge rw’amashuri rwa Saint Joseph ku kibuga cy’umupira w’amaguru cya Birambo, uruhande rwari rushyigikiye ko “Kwifata, ari bwo buryo bwizewe bwo kwirinda virusi itera Sida mu rubyiruko”, rwatsinze uruhande ruhakana. Ni ubukangurambaga buhamagarira abanyeshuri kwipimisha ku bushake kare iyi virusi

Ubu bukangurambaga bukorwa binyuze mu mushinga Faith Initiative uterwa inkunga ya Caritas Internationalis binyujijwe muri Gahunda ya Perezida wa Amerika yo kurwanya Sida PEPFAR. Ukorera mu bihugu bine ari byo: Côte d’Ivoire, Nigeria, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda.

July 2, 2024

Kuva ku itariki 19 kugeza kuri 21 Kamena 2024, i Karongi habereye inama y’ihuzabikorwa rya serivisi z’ubuzima za Kiliziya Gatolika mu Rwanda ikaba yari ifite intego nyamukuru yo gusuzuma ishyirwa mu bikorwa rya gahunda y’ibikorwa bya Caritas Rwanda 2020-2024 mu rwego rw’ubuzima, no gukusanya ibitekerezo bizaherwaho mu gushyiraho gahunda y’ibikorwa nshya ya 2025-2030.

Iyi nama kandi yari igamije gusangira ibyagezweho biciye mu mishinga y’ubuzima ishingiye ku baturage, gusuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’ibyifuzo bijyanye n’ubuzima byaturutse mu Nteko Rusange ya Caritas Rwanda 2023, no kungurana ibitekerezo ku mikorere n’imikoranire hagati ya komisiyo y’ikenurabushyo ry’ubuzima n’amavuriro ya Kiliziya Gatolika.

Ubwo yafunguraga iyi nama ku mugaragaro, Nyiricyubahiro Myr Mwumvaneza Anaclet, Umushumba wa Diyosezi ya Nyundo akaba na Perezida wa Caritas Rwanda, yavuze ko ku bufatanye na Leta y’u Rwanda, Kiliziya Gatolika igira uruhare mu kunoza uburyo bwo kwivuza no kubona ubuvuzi bwiza ku baturage binyuze mu mavuriro yayo arimo ibigo nderabuzima 110 n’ibitaro 10. Akaba ari muri uru rwego Kiliziya ifitanye amasezerano y’ubufatanye na Minisiteri y’Ubuzima. Musenyeri Anaclet yanavuze ko Kiliziya ikomeje kwishimira ubufatanye bwiza buriho hagati yayo n’iyi Minisiteri mu ishyirwa mu bikorwa rya politiki y’igihugu igenga ubuzima, anibutsa ko: “Ubutumwa bwa Kiliziya mu mavuriro bushingiye ku guteza imbere ubuzima bwa muntu nta kuvangura”.

Nyiricyubahiro Myr Mwumvaneza Anaclet, Umushumba wa Diyosezi ya Nyundo akaba na Perezida wa Caritas Rwanda, ni we wafunguye iyi nama ku mugaragaro.

Bwana Bajyanama Donatien, wari uhagarariye Minisiteri y’ubuzima muri iyi nama, mu ijambo rye yavuze ko iyi nama yateguwe mu gihe cyiza kuko muri uku kwezi kwa Kamena 2024 Guverinoma irimo gusoza igenamigambi ry’ubuzima rya kane HSSP 4 na gahunda y’igihugu yo kwihutisha iterambere mu cyiciro cyayo cya mbere (NST1), Leta ikazahita itangira ibindi bishya. Bwana Donatien yavuze ko nyuma yo kureba ibyagezweho na Kiliziya Gatolika mu rwego rw’ubuzima, kureba imbogamizi n’ibitaragezweho, bizafasha Leta mu igenambigambi ry’ubuzima rishya na gahunda ya NST2 hakazitabwa gushyiramo ibitaragezweho no gushakira umuti imbogamizi zatumye bitagerwaho.

Iyi ntumwa ya Minisiteri y’ubuzima muri iyi nama kandi yavuze ko hari agahimbazamusyi kagiye kujya gahabwa abakozi b’amavuriro bakorera mu bice bigoye kugeramo kugira ngo bajye batanga serivisi bishimye. Yagize ati: “Mu gihe cya vuba ibizahabwa abo bakozi bizagaragarizwa ibigo nderabuzima biri kure. Ibijyanye n’inyubako zishaje, tuzakomeza ubufatanye kugira ngo zigende zivugururwa kuko tutishimiye gutangira serivisi ahantu hatameze neza”. Uyu muyobozi yongeyeho ko Kiliziya isabwa kugira ibishushanyo mbonera by’inyubako z’ibitaro n’ibigo nderabuzima byayo yifuza ko bivugururwa kugira ngo nibiba ngombwa ko bivugururwa biherweho.

Mu kiganiro kirebana n’imikoranire hagati ya komisiyo y’ikenurabushyo ry’ubuzima n’amavuriro ya Kiliziya Gatolika cyayobowe na Padiri Senani Callixte Umunyamabanga w’iyi komisiyo, cyaranzwe n’ibibazo n’ibisubizo, hibukijwe ko mu mavuriro abarwayi, abarwaza n’abakozi bakeneye ubufasha mu bya roho n’isanamitima (appui spirituel et moral). Muri iki kiganiro kandi hafashwe umwanzuro ko amavuriro yose ya Kiliziya akwiriye kugira shapele; adafite ubushobozi akaba ashatse icyumba gisimbura iyo shapele abantu bari kwa muganga bajya basengeramo.

Bwana Bajyanama Donatien, wari uhagarariye Minisiteri y’ubuzima muri iyi nama.

Ku birebana na komite z’ubuzima, abari mu nama basabye ko abaturutse muri Kiliziya baba 50% abo hanze nabo bakaba 50%. N’ubwo mu kiganiro yatanze uwari uhagarariye Minisiteri y’ubuzima yari yavuze ko muri komite ncungamutungo y’ibitaro hatakirimo uhagarariye nyir’ikigo kubera impungenge ko yagaruka no muri komite z’ubuzima, kandi inzego zombi zifatirwamo ibyemezo, abari mu nama basabye ko yasubizwamo, ahubwo akaba ushinzwe gukurikirana ubuzima bwa roho mu mavuriro (chaplain).

Ku bijyanye n’abafasha b’ingo, iyi nama yanzuye ko ku rwego rwa Paruwasi abafasha b’ingo bazajya batoranywa hagendewe ku bushake bagaragaje, hanyuma bubakirwe ubushobozi.

Iyi nama yanarebeye hamwe imyanzuro y’inama y’Inteko Rusange ya Caritas Rwanda ya 2023, aho basanze irimo gushyirwa mu bikorwa neza.

Abari bitabiriye inama ubwo yafungurwaga ku mugaragaro.

Uwari uhagarariye ikigo PMSS Ltd (ikigo gicuruza imiti Kiliziya Gatolika ifitemo imigabane) yatanze ikiganiro kirebana n’uko ishoboramari rya Kiliziya Gatolika ryifashe n’ibiteganijwe mu gihe kizaza. Abari bahagarariye RSSB batanze ikiganiro ku mavugurura ku kwakira no kwishyura inyemezabwishyu z’ubwisungane mu kwivuza z’amavuriro. Abari bitabiriye inama bagaragaje ko aya makuru bari bayakeneye babaza ibibazo byinshi, bituma basobanukirwa impamvu hari igihe bishyuza bigatinda.  Basanze kenshi biterwa n’uko baba batakurikije ibisabwa.

Muri iyi nama kandi habayeho kugaragaza ibyagezweho mu mishinga y’ubuzima itandukanye, ndetse abayitabiriye bahabwa amahugurwa magufi ku kurinda amakuru (Data Protection), kugira ngo babashe gusigasira amakuru y’abantu bakira umunsi kuw’undi.

Nyuma yo gusuzuma ishyirwa mu bikorwa rya gahunda y’ibikorwa bya Caritas Rwanda 2020-2024 mu rwego rw’ubuzima, aho basanze yarashyizwe mu bikorwa neza ku rwego rushimishije, habayeho gukusanya ibitekerezo bizaherwaho mu gushyiraho gahunda y’ibikorwa nshya ya 2025-2030 mu rwego rw’ubuzima.

June 14, 2024

Nyuma y’umwaka atangiye kwizigama, ku itariki 5 Kamena 2024, amatsinda yo kuzigama no kugurizanya 48 agizwe n’abagenerwabikorwa 944 b’umushinga wa Graduation uterwa inkunga na HCR yagabanye Frw 285.519.800. Aya mafaranga arimo ubwizigame bwa Frw 225.149.230 n’inyungu z’inguzanyo bahanahanye hagati muri bo ya Frw 60.370.570. Aya matsinda yanatangiye urugendo rwo guhinduka akaba koperative, mu rwego rwo kwigira.

Umwe mu bagenerwabikorwa batanze ubuhamya, Azabe Sosthène, yavuze ko mbere yo gutoranywa n’umushinga wa Graduation we n’umuryango we bari babayeho ubuzima bubi cyane, ku buryo hari n’igihe yavuye mu nkambi akajya gushaka akazi k’ubuyede mu Bugesera, agakora amezi abiri, ahava yaratakaje ibiro 10. Ariko amaze guhabwa inkunga y’amafaranga, ubuzima bwarahindutse. Sosthène yagize ati: “Ya Frw 800.000 nayashoye mu gucuruza ubuki, sezame, amavuta ya Olive n’ibindi, nkajya kubirangura i Kigali. Mu minsi ishize twarashe ku ntego, nsanga nizigamye Frw 600.000, yabyaye inyungu ya Frw 185.000”.

Azabe Sosthène, umwe mu bagenerwabikorwa b’umushinga wa Graduation Project, yashoye amafaranga yahawe n’uyu mushinga mu bucuruzi bw’ubuki, sesame n’amavuta ya Olive.

Naho Umukiza Solange umwe mu bagenerwabikorwa b’umushinga wa Graduation baturiye inkambi ya Mahama, yavuze ko n’ubwo yize ubuvuzi bw’amatungo ariko yabanje kubura akazi, n’igihe akaboneye kamuhemba intica ntikize. Nyuma yo guhabwa inkunga, muri uyu mwaka, Solange yizigamiye Frw 655.500, kandi ubucuruzi bw’imiti y’amatungo yatangije burimo kunguka. Nk’uko yabitanzemo ubuhamya, we n’abandi banyamuryango b’itsinda 19 bishyize hamwe bashinga koperative y’ubuhinzi bw’ibigori, none ubu kuri konti ya banki yabo bamaze kugezaho Frw 510.000.

Muri ibi birori, abanyamuryango b’aya batsinda bibukijwe ko uburyo bwo Gucutsa bukoreshwa n’umushinga wa Graduation bumara imyaka itatu, umushinga ugahugura umugenerwabikorwa, ukamuha inkunga y’amafaranga, ugatanga ubujyanama ku matsinda no mu mishinga mito ibyara inyungu buri mugenerwabikorwa aba yaratangije. Mu mpanuro yahaye abagize aya matsinda, Bigirimana Samuel, umukozi wa HCR ushinzwe kurengera impunzi mu nkambi ya Mahama, yagize ati: “Nyuma y’imyaka itatu ntabwo uba ugisabiriza. Ntabwo uba uvuga ngo ndabaho nte? Ntabwo uba uvuga ngo baramfasha iki? Ahubwo mu myaka itatu tureba umuntu utanga akazi, wibeshaho, akabeshaho n’abandi”.

Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Mukandayisenga Janvière, yavuze ko hari imiryango myinshi itegamiye kuri Leta (NGO) cyangwa imishinga myinshi iha abagenerwabikorwa amafaranga cyangwa ubundi bufasha bugamije kubakura mu bukene, ariko bikarangirira aho. Ati: “Turashimira mwe Caritas Rwanda binyuze muri iyi Graduation, kuko mwazanye ubufasha bw’amafaranga, ariko mugashyiraho umurongo wo kwibumbira mu matsinda. Ni nayo mpamvu uyu munsi mubona birimo kubyara umusaruro mwiza. Iyo abantu bataza kwibumbira mu matsinda, ntabwo twari bubone uyu musaruro”.

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe Imibereho Myiza, Mukandayisenga Janvière, yashimiye Caritas Rwanda kuko uretse gutanga inkunga y’amafaranga, inafasha aabagenerwabikorwa kwibumbira mu matsinda yo kubitsa no kugurizanya bikabafasha gutera imbere.

Padiri Nteziryayo Emmanuel, Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Kiyanzi, yasabye abari bitabiriye iki gikorwa, gukora cyane kugira ngo batere imbere ariko muri byose bakibuka gusenga Imana. Ati: “Byombi bigomba kujyana. Mutagatifu Benedigito umukuru w’abamonaki ni we wabwiraga abamonaki ati: senga kandi ukore, kuko hejuru ya byose, hari Imana”.

Itsinda ryagabanye ubwizigame bwinshi ni Abadahigwa Saruhembe ryagabanye Frw 11.464.800 rikaba rigizwe n’abaturiye inkambi ya Mahama. Iryo mu nkambi ryagabanye menshi ryitwa Ejoheza Mahama V15, rigabana ubwizigame bwa Frw 8.443.000 Umunyamuryango w’itsinda wahize abandi kwizigama amafaranga menshi, ni Etane Jean Bosco, wizigamye Frw 1.242.250, kandi ubucuruzi bwe bw’imbuto nabwo buragenda neza. Uwagabanye macye yabonye Frw 180.000.

Uyu ubaye umwaka wa kabiri amatsinda yo mu kambi ya Mahama no mu nkengero zayo arasa ku ntego, hakabamo arashe ku ntego ku nshuro ya mbere, andi akaba arashe ku nshuro ya kabiri. Ubwizigame bwabonetse muri iyi myaka yose ibiri ni Frw 395.000.000.

Abanyamuryango 944 b’aya matsinda 48 barimo 669 b’impunzi z’Abarundi n’Abakongomani (bari mu matsinda 36) na 287 b’Abanyarwanda baturiye inkambi (bari mu matsinda 12).

June 13, 2024

Caritas Rwanda ibinyujije mu mushinga wa ECD uterwa inkunga na Plan International Rwanda, n’abandi bafatanyabikorwa, bifatanije n’Akarere ka Bugesera mu kwizihiza umunsi w’imbonezamikurire y’abana bato mu Karere ka Bugesera, ku itariki 28/05/2024. Ni ibirori byabereye mu murenge wa Kamabuye, bisoza icyumweru cy’imbonezamikurire y’abana bato, yari ifite insanganyamatsiko igira iti: Isibo, igicumbi cy’imikurire myiza y’umwana muto.

Icyumweru cy’imbonezamikurire y’abana bato mu Karere ka Bugesera cyatangiye kuri 20/05/2024, cyaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo gupima ibiro n’uburebure by’abana, gukusanya ibyo kubagaburira, gukora ubukangurambaga ku isuku n’isukura, ku buzima – ababyeyi bakangurirwa gukoresha amazi meza, no kwigisha ababyeyi gutegura indyo yuzuye, gusura ababyeyi mu ngo, kubakangurira kwita ku burere buboneye n’ibindi.

Mu bana 1756 bapimwe muri iki cyumweru, 99 bagaragaweho imirire mibi nk’uko Imanishimwe Yvette, umuyobozi w’Akarere ka Bugesera ushinzwe imibereho myiza yabigarutseho. Uyu muyobozi w’Akarere wungirije yasobanuye ko abana 79 muri abo badafite imirire mibi ikabije (bari mu muhondo), bakaba baratangiye kugaburirwa indyo yuzuye binyuze muri site z’ibikoni by’imidugudu. Abandi 20 basigaye bagaragaweho imirire mibi ikabije (bari mu mutuku) bashyizwe ahantu hatanzwe n’umuryango utabogamiye kuri Leta Gasore Serge Foundation, aho bitabwaho n’abaganga b’abana babasura buri munsi, bakanagaburirwa indyo yuzuye kuzageza bakize.

Madame Yvette Imanishimwe, Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera ushinzwe Imibereho Myiza, ubwo yagezaga ku bitabiriye uyu munsi mukuru ibikorwa byagezweho mu cyumweru cy’imbonezamikurire y’abana bato.

Umwe mu bafite urugo mbonezamikurire watanze ubuhamya, Mukantwari Alphonsine, yasobanuye ko bafatanya n’ababyeyi kwita ku bana bagendeye ku nkingi 6 z’imbonezamikurire y’abana bato ari zo imirire myiza, ubuzima, isuku n’isukura, uburere buboneye, gutegura umwana kare kwiga no kurinda umwana ihohoterwa iryo ari ryo ryose. Alphonsine yashimiye ubuyobozi n’abandi bafatanyabikorwa uburyo bashyigikira ababyeyi bo mu ngo mbonezamikurire anahamagarira na buri muntu ku giti cye kuyitaho kuko ari ingenzi ku bana.

Muri iki gikorwa hahembwe ababyeyi b’abagabo 3 bagaragaje ubudasa mu gutanga umusanzu mu ngo mbonezamikurire mu rwego rw’Akarere, n’abandi 15 babyeyi b’abagore n’abagabo ku rwego rw’umurenge bagize uruhare mu kwita ku ngo mbonezamikurire.

Abagabo babaye indashyikirwa mu kwita ku ngo mbonezamikurire bahawe ibikapu n’ibitabo byo kwandikamo.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye ibi birori, Sengarama Robert, umuyobozi ushinzwe imbonezamikurire y’abana bato n’uburezi muri Plan International Rwanda, yavuze ko uretse kugaragaza ibyagezweho, ibikorwa nk’ibi bigamije gukangurira na ba bandi batarashyira abana mu ngo mbonezamikurire kubazana nabo bakabona ku byiza byazo. Yongeyeho ko ingo mbonezamikurire zikeneye aho abana bidagadurira. Yagize ati: “Dufatanije na Caritas Rwanda twasuye ingo mbonezamikurire dusanga hari aho abana badafite uburyo bwo kwidagadura, kandi umwana burya yiga neza iyo akina, iyo akoresha ibikinisho, ubwonko burakanguka.” Muri uru rwego, Caritas Rwanda ibitewemo inkunga na Plan International Rwanda mu mushinga wa ECD, yatanze ibinisho bikangura ubwonko bw’abana mu ngo mbonezamikurire isanzwe ifasha.

Umuyobozi Mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe imbonezamikurire y’abana bato (NCDA) Madame Ingabire Assumpta wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango, yasobanuye ko gahunda y’ingo mbonezamikurire yatangijwe na Nyakubahwa Prezida wa Repubulika y’u Rwanda, nyuma yo kubona ko abana b’Abanyarwanda bagwingira, ntibabone n’uburere buboneye ndetse n’ibindi bibi byari bibugarije, asaba ko ingo mbonezamikurire zikwirakwizwa hirya no hino mu gihugu.  Madame Assumpta yahamagariye abarezi n’ababyeyi kunoza serivisi z’ingo mbonezamikurire ndetse n’abandi bafite abana bari munsi y’imyaka 6 bakazitabira. Yagize ati: “Iyo umwana yitaweho avamo umuturage mwiza ushobora kwigirira akamaro, akanakorera igihugu mu buryo buhamye”.

Madame Ingabire Assumpta, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe imbonezamikurire y’abana bato, yasabye ababyeyi n’abarenzi kurushaho kunoza serivisi batanga mu ngo mbonezamikurire.

Nk’uko byatangajwe muri ibi birori, mu karere ka Bugesera habarizwa ingo mbonezamikurire 1625 zirimo abana 57.303. Muri zo, izikorera mu ngo ni 1.160, zibarizwamo abana 23.161. Umushinga wa ECD wa Caritas Rwanda ku nkunga ya Plan International Rwanda ufasha 20 zikorera mu ngo.

June 5, 2024

Mu rwego rwo kurushaho gukangurira kwipimisha, gushyira ku miti, gukurikirana, no kugabanya ingano ya virusi itera Sida mu bana, ababyaza n’abakozi bashinzwe ubujyanama no gupima ku bushake virusi itera SIDA mu bigo nderabuzima bya Kiliziya Gatolika bikorera mu karere ka Karongi, bahawe amahugurwa y’iminsi ibiri kuri Virusi itera SIDA y’abana yabaye kuva tariki 30 kugeza ku ya 31 Gicurasi 2024. Akarere ka Karongi katoranijwe kuko kaza ku isonga mu kugira umubare w’abanduye virusi itera SIDA, uri hagati ya 2.84% na 3.66 (HIMS – Nyakanga 2022-Kamena 2023[1]).

Aya mahugurwa yateguwe mu rwego rw’umushinga wa Faith Initiative uterwa inkunga na Caritas Internationalis binyuze muri PEPFAR, yabereye kuri Hotel Home Saint Jean, mu Karere ka Karongi akaba yaribanze ku ngingo eshatu zikurikira:

1.Gukora ubukangurambaga bwo kurwanya akato n’ihezwa bikorerwa abafite virusi itera SIDA;

2.Kurinda umubyeyi kwanduza umwana virusi itera SIDA;

3.Kongera umubare w’abagana serivisi itanga ubujyanama ikanapima ku bushake virusi itera SIDA, ndetse abafata imiti igabanya ubukana bwa virus itera SIDA neza.

Nyuma y’amahugurwa, abakozi b’ubuzima bagiriwe inama gupima hakiri kare, gushyira ku miti abana byagaragaye ko bafite agakoko gatera Sida, gutanga inama, gushimangira gahunda z’ubuzima, guteza imbere uruhare rw’abaturage mu bikorwa byo kurwanya Sida, gukorana n’inzego z’ubuyobozi, cyane cyane mu bigo nderabuzima ndetse no mu nteko z’abaturage, umugoroba w’ababyeyi, n’ibindi. Bazakora kandi ubukangurambaga bugamije guhamagarira abantu kwipimisha virusi itera SIDA ku bushake, basure abantu mu ngo, bashishikariza cyane cyane abagabo guherekeza abo bashakanye mu gihe bagiye kwipimisha batwite (inshuro umunani).

Abakozi b’ibigo nderabuzima bya Kiliziya Gatolika, bari mu matsinda bakora gahunda yo gukora ubukangurambaga mu baturage.

Mbere y’aya mahugurwa, abapadiri bakuriye abandi mu Karere ka Karongi bahawe amahugurwa kuri virusi itera Sida y’abana ndetse no kuri apurikasiyo ya CaritasCare kuva tariki 23 kugeza ku ya 25 Mata 2024. Aya mahugurwa yari agamije kubaha ubumenyi ku gukora ubukangurambaga bwo kurwanya akato n’ihezwa rikorerwa abafite virusi itera SIDA, gutanga amakuru kuri ibi bikorwa binyuze muri apurikasiyo ya CaritasCare (CaritasCare App), gukangurira ababyeyi batazi uko bahagaze kwipimisha virusi itera SIDA ku bushake n’abana babo kugira ngo abana n’abandi bafite virusi itera SIDA bagaragaye bahuzwe n’ibigo nderabuzima bahabwe ubujyanama n’ubuvuzi hakiri kare.

Uretse abapadiri bakuriye abandi, abakozi ba Caritas Rwanda mu mushinga wa Faith Initiative bakoranye inama n’abayobozi b’inzego z’ibanze mu Karere ka Karongi kuri 23/05/2024, kugira ngo nabo bagire uruhare mu kuzamura umubare w’abana bapimwa virusi itera SIDA hakiri kare no kubahuza n’ibigo nderabuzima kugira ngo bavurwe. Ibi kandi byari mu rwego rwo rwo guhuza imbaraga hagati y’abayobozi b’inzego z’ibanze, abapadiri bakuriye abanda mu Karere ka Karongi n’abakozi mu bigo nderabuzima muri iki gikorwa.

Umushinga wa Faith Initiative ukorera mu bihugu bine ari byo Nigeria, Côte d’Ivoire, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda.

 

[1] https://www.rbc.gov.rw/fileadmin/user_upload/report23/HIV%20Annual%20report%202022%20-2023.pdf – paji ya 13

May 30, 2024

Mu rwego rwo gusuzuma uko Gahunda ya Igire-Gimbuka irimo gushyirwa mu bikorwa, ku ya 21 na 22 Gicurasi 2024, itsinda riturutse muri USAID Rwanda iri kumwe n’abayobozi bashinzwe uburezi bo mu Karere ka Rubavu basuye ibikorwa bya Igire-Gimbuka mu karere ka Rubavu, harimo abana bafashwa kwiga imyuga mu kigo cya Vision Jeunesse Nouvelle hamwe n’abana bari muri club ya Mugabo Ukwiye mu Rwunge rw’amashuri rwa Shwemu II.

Ubwo yaganirizaga abana biga imyuga muri Vision Jeunesse Nouvelle babifashijwemo na Igire-Gimbuka, Mupenzi Pacifique, umuyobozi ushinzwe uburezi mu karere ka Rubavu, yavuze ko kwiga imyuga ari ingenzi cyane  nyuma yo gusoza uba udakeneye gushakisha akazi, ko ahubwo ushobora ushobora kwihangira umurimo ukaba waha abanda akazi. Yanabashishikarije gukomeza amasomo yabo kuko byongera amahirwe ku isoko ry’umurimo.

Umunsi ubanza wo kuri 20 Gicurasi 2024, itsinda rya USAID Rwanda ryakoze igenzura rigamije gutera imbaraga ibikorwa bya gahunda (Site Improvement through Monitoring System – SIMS), rinasuzuma ubuziranenge bw’amakuru atangwa (Data Quality Assessment – DQA) mu bikorwa bya Igire-Gimbuka biri mu Karere ka Rubavu. Muri SIMS, Igire-Gimbuka yatsinze ku 100% mu murenge wa Rubavu aho SIMS yakorewe.

Ikipe ya USAID Rwanda n’abashinzwe uburezi mu Karere ka Rubavu basuye abana biga imyuga muri Vision Jeunesse Nouvelle babifashijwemo na Igire-Gimbuka.

Hagamijwe kuzamura imibereho y’abagenerwabikorwa kugira ngo bigire, Igire-Gimbuka yashyizeho inashyigikira amatsinda yo kuzigama no kugurizanya. Rimwe muri aya matsinda ryitwa Duharaniramahoro ryorora rikanagurisha imishwi y’ukwezi kumwe, kuri 22 Gicurasi 2024 ryasuwe n’abashyitsi bavuzwe haruguru. Abagize Duharaniramahoro bashimiwe kuba barashyizeho iki gikorwa cyibinjiriza amafaranga, kandi bashishikarizwa gushinga koperative.

Abashyitsi kandi bahuye n’abakorerabushake ba Igire-Gimbuka, kugira ngo basobanukirwe byimbitse neza uko bita ku bagenererwabikorwa b’iyi gahunda, uko babasura mu ngo no gukurikirana abari ku miti  kugira no imibiri yabo isubirane ubudahangarwa. Aba bashyitsi banahuye n’abana b’imfubyi n’abatishoboye (OVC) baterwa inkunga na na Gahunda ya Igire-Gimbuka kimwe n’abayobozi b’ikigo nderabuzima cya Kigufi kugira ngo bamenye ibijyanye n’ubufatanye hagati ya Igire-Gimbuka n’iki kigo nderabuzima, kubohereza kwa muganda no guhuza abakeneye ubufasha n’aho babukura.

Umwe mu bana batanze ubuhamya ubwo abashyitsi bahuraga nabo bari kumwe n’aba CMV naba linkage facilitators, yavuze ko yatangiye gufata imiti virusi ari nyinshi mu mubiri we. Yafataga imiti y’ukwezi, agahabwa itike ya Frw 1000 na Gahunda ya Igire-Gimbuka. Yongeyeho ko yaje kubona hari abandi bagenzi be bahabwa itike ya Frw 3000, abajije impamvu bamubwira ko bo virusi zagabanutse mu mubiri, bakaba baza gufata imiti nyuma y’amezi atatu. Ati: “Kuva ubwo naguze isaha, saa mbiri zagera nkanywa umuti, ntibyatinda nanjye njya muri ba bandi bafata imiti mu mezi atatu, kandi ndacyakomeje kuyinywa neza”.

Ikipe ya USAID Rwanda n’abashinzwe uburezi mu Karere ka Rubavu baganira n’abana bari muri Club Mugabo Ukwiye mu Rwunge rw’amashuri rwa Shwemu II.

Uyu mwana kandi yashimye cyane Gahunda ya Igire-Gimbuka kuko uretse kumufasha kugarura ubuzima bwiza, yanamufashije kwiga umwuga wo kudoda, inamuha imashini idoda none ubu arikorera.

Mu biganiro byagiranye, abashyitsi bagiriye inama abakorerabushake gukomeza kwita ku bagenerwabikorwa ba gahunda babishyize ku mutima, ndetse na nyuma y’ubwo gahunda ya Igire-Gimbuka izaba yarasojwe bakazabikomeza.

Ikipe iturutse muri USAID Rwanda iri kumwe n’abayobozi bashinzwe mu karere ka Rubavu ubwo bahuraga n’abakorerabushake ba gahunda ya Igire-Gimbuka mu Karere ka Rubavu.

Basabwe kandi gutanga imibare nyayo muri raporo zabo, kuko itanga amakuru ku buzima bw’abagenerwabikorwa ba gahunda, bityo bakabaha guhabwa ubufasha bakeneye.

May 20, 2024

Ku itariki 17 Gicurasi 2024, Caritas Rwanda yibutse abari abakozi bayo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Iki gikorwa cyabimburiwe n’Igitambo cya Misa yo kubasabira, habaho gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, ibiganiro n’ubuhamya.

Abari abakozi ba Caritas Rwanda bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ni Rugangura Alphonse, Niyibizi Léopold, Beneyezu Eugène, Karangwa Claver, Bunangwa Eugène, Seromba Raphaël na Nyirababiri Joséphine. Uretse abakozi ba Caritas Rwanda, igikorwa cyo kubibuka cyitabiriwe n’imiryango yabo n’abahagarariye inzego zinyuranye bari batumiwe.

Nyuma y’igitambo cya Misa yabereye kuri Centre Missionnaire Lavigerie ikayoborwa na Padiri Kayisabe Védaste, Umunyamabanga Mukuru w’Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda, abitabiriye iki gikorwa basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali. Aha basobanuriwe amateka yaranze u Rwanda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu gihe yabaga ndetse na nyuma yayo.

Kwibuka abahoze ari abakozi ba Caritas Rwanda bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 byabimburiwe n’igitambo cya misa yo kubasabira.

Abitabiriye iki gikorwa kandi bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bashyinguye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, banashyira indabyo ku mva ibitse imibiri yabo.

Mu butumwa yatanze ubwo abitabiriye iki gikorwa bari ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda, Padiri Oscar Kagimbura yavuze ko kigamije kwibutsa buri wese ko afite inshingano yo guha agaciro ubuzima bwa muntu. Ati: “Ubuzima ni Imana ibutanga, ntawe ufite uburenganzira bwo kwambura mugenzi we ubuzima”.

Mu mwanya w’ibiganiro n’ubuhamya, Mwanangu Juvénal wakoraga ndetse ugikora muri Caritas Rwanda yatanze ubuhamya avuga ukuntu yahunze ava mu Ruhengeri, yagera i Kigali Caritas Rwanda ikamuha akazi ikanamubera umuryango. Yongeyeho ko ibihe byabanjirije Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 bitari byoroshye, ndetse avuga ku mibanire myiza na bagenzi be bakoranaga muri Caritas Rwanda bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Uwavuze mu izina ry’imiryango y’abari abakozi ba Caritas Rwanda bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, Bwana Niyibizi Albert, yashimiye Caritas Rwanda kuba yarabazirikanye mu gikorwa cyo kwibuka ababo, yongeraho ko n’ubwo imiryango n’Igihugu byatakaje inkingi n’amaboko kubera Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri ubu ubuzima bwongeye gushibuka.

Naho Bwana Hamudu Safari uhagarariye umuryango Ibuka mu Karere ka Nyarugenge nawe yashimye Caritas Rwanda ku rukundo igaragaza ruzira ivangura, avuga ko ari umuhamya warwo kuko na se umubyara yayikozemo kandi ari umuyisilamu. Bwana Hamudu kandi yagarutse ku musanzu wa Caritas Rwanda mu kubaka u Rwanda rwa nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 agira ati: “Caritas yabaye iya mbere mu gufasha abarokotse jenoside. N’ubwo ntafite imibare ifatika, ariko Caritas yafashije imfubyi, yafashije abapfakazi, yarihiye abana amashuri n’ibindi. Nanjye ndi mu bo yafashije kuko yahaye umubyeyi wanjye akazi mu bihe byari bidukomereye abasha kutwishyurira amashuri, tuvamo abagabo tubikesha Caritas”.

Ifoto y’urwibutso irimo abayobozi n’abakozi ba Caritas Rwanda, abo mu miryango y’abahoze ari abakozi ba Caritas Rwanda bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, n’abandi bashyitsi.

Mu butumwa yatanze kuri uyu munsi, Padiri Kayisabe Védaste Umunyamabanga Mukuru w’Inama y’Abepisikopi Gatolika mu Rwanda, yibukije ko icyoroshye ari ugukora icyiza kurusha gukora ikibi. Ati: “Icyoroshye ni ukwica cyangwa ni ukutica? Twafashe uyu mwanya kugira ngo twige. Tugomba kwigira ku mateka.” Padiri Kayisabe yashimiye Caritas Rwanda kuba yarateguye iki gikorwa, ashimira abacyitabiriye bose by’umwihariko imiryango y’abari abakozi ba Caritas Rwanda bazize jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ababwira ko Caritas ihora ibazirikana.

1 2 3 8