Hi, How Can We Help You?

Author Archives: admin

March 20, 2024
March 20, 2024

Kuva tariki 11 kugeza kuri 12 Werurwe 2024, Inteko Rusange ya Caritas Rwanda yateraniye kuri Hotel Cenetra i Kabuga, ikaba yarigaga ku ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro y’Inteko Rusange ya 2023, kugaragaza raporo y’ibikorwa byo mu 2023, iteganyabikorwa ryo muri 2024 no gushyiraho imyanzuro izashyirwa mu bikorwa muri 2024.

Inteko Rusange ya Caritas Rwanda igizwe n’Abepiskopi bose ari nabo Bayobozi bayo, yitabiriwe kandi n’Intumwa ya Papa mu Rwanda, Myr Arnaldo Sanchez Catalan, Abayobozi ba Caritas za Diyosezi, abafatanyabikorwa ba Caritas Rwanda banyuranye, n’abakozi ba Caritas.

Ubwo yafunguraga iyi Nteko Rusange ku mugaragaro, Perezida wa Caritas Rwanda Mgr Anaclet Mwumvaneza yashimiye Caritas zose kuba zarizihije umunsi mpuzamahanga w’abakene (wabaye tariki 19 Ugushyingo 2023) mu busabane no gusangira n’abakene mu bitaro, mu mavuriro ya Kiliziya Gatolika (FOSA), muri za paruwasi, kimwe no mu miryango remezo.  Mgr Anaclet Mwumvaneza yanagarutse ku butumwa bwa Papa Fransisiko bujyanye n’uyu munsi bwibutsa ko abakene atari imibare, ahubwo ko ari abantu bifuza cyane cyane ko abandi bababa hafi ngo babagaragarize ubumuntu.

Musenyeri Mwumvaneza Anaclet, ubwo yafunguraga ku mugaragaro Inteko Rusange ya Caritas Rwanda ya 2024.

Perezida wa Caritas Rwanda yanasobanuye ko Caritas iri mu mwaka wa nyuma w’iteganyabikorwa rya 2020-2024, isuzuma ry’igihe ryo hagati rikaba ryarerekanye ko ishyirwa mu bikorwa riri mu nzira nziza. Ati: Uruhare rwanyu ruracyacyenewe kugira ngo iri teganyabikorwa risozwe neza. Umusanzu wanyu kandi uzakenerwa ubwo tuzaba tugiye gukora irindi teganyabikorwa ry’imyaka itanu rya 2025-2029”.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye Inteko Rusange ya Caritas Rwanda, intumwa ya Papa mu Rwanda Mgr Arnaldo Catalan yavuze ko Caritas idakora imishinga no gushakisha ibisubizo birebana no kwita ku batishoboye, ko ahubwo inagira uruhare mu nzira yo gukomeza ubusabane, y’urukundo, muri buri gihugu. Yagize ati : “ Caritas, irihariye, ifite itandukaniro n’indi miryango cyangwa ibigo byo ku isi. Ndabashimira ubwitange bwanyu kandi Imana ihe umugisha ibyo muzakora muri 2024. Ni ngombwa ko muhora musubira ku isoko y’umurimo mwahawe, ari rwo rukundo Imana idukunda n’umuhamagaro wo gukunda abandi. Inkomoko ya Caritas ishingiye ku butumwa yahawe muri uru rukundo rw’Imana n’urukundo rwa Kiliziya ku bantu bose”.

intumwa ya Papa mu Rwanda Mgr Arnaldo Catalan

Raporo y’ibikorwa byo muri 2023 yatanzwe binyuze mu mashami 4 ya Caritas Rwanda ari yo : irishinzwe Imiyoborere n’Imari, irishinzwe ibikorwa byo kwita ku batishoboye, irishinzwe ubuzima, n’ishinzwe iterambere. Muri rusange, ibikorwa byari biteganijwe gukorwa muri 2023 byagezweho ku kigereranyo kiri hejuru ya 90%.

Mu bindi byaganiriweho n’Inteko Rusange ya 2024, harimo kurushaho gukangurira abakristu n’abandi bantu b’umutima mwiza kwitabira gutanga inkunga yo gufasha abatishoboye mu kwezi k’urukundo n’impuhwe (ukwezi kwa 8 kwa buri mwaka) ndetse no kuyishyikiriza ku bo igenewe. Mu mwaka wa 2023, Caritas ya Diyosezi ya Ruhengeri yaje ku isonga mu gutanga raporo ku gihe kandi no kwegeranya inkunga itubutse ni yo yabashije gukusanya inkunga nyinshi mu kwezi k’urukundo n’impuhwe (25.198.908 Frw), ikurikirwa na Caritas ya Diyosezi ya Kigali (21.265.925 Frw).

Gahunda yo guteganya imbyaro hakoreshejwe uburyo bwa kamere (PFN) nayo iri mu byaganiriweho muri iyi Nteko Rusange ya Caritas Rwanda. Nk’uko byagaragajwe muri raporo y’ibikorwa birebana n’ubuzima bya 2023, imiryango 37.237 imaze guhabwa serivisi ya PFN, hakaba harimo imiryango 6.544 mishya yayihawe uyu mwaka. Inteko Rusange yavuze ko abakoresha ubu buryo batarahabwa amakarita yerekana ko ari bwo bakoresha bayahabwa, ku buryo n’iyo bajya ahandi kwa muganga bakabazwa uburyo bakoresha bayerekana.

Muri iyi Nteko Rusange ya Caritas Rwanda hafatiwemo imyanzuro inyuranye, harimo irebana n’imikoranire hagati ya Caritas n’inzego zinyuranye za Kiliziya, kongera imbaraga mu bikorwa bisanzweho, gushakisha ingamba zo kongera umutungo bwite wa Caritas kugirango ishobore kwigira idategereje inkunga z’amahanga, kwizihiza umunsi wa Caritas / Umunsi w’umukene ku nzego zose, gushyira imbaraga mu gukangurira abantu kwitabira ibikorwa by’iterambere hibandwa cyane cyane ku rubyiruko, n’ibindi.

March 18, 2024

Kuva tariki 27/02 kugeza kuri 15/03/2024, Caritas Rwanda ifatanije na Caritas za Diyosezi uko ari 10, yateguye inama zo kungurana ibitekerezo ku byagezweho muri gahunda yo guteganya imbyaro hakoreshejwe uburyo bwa Kamere (PFN) muri 2022/2023 n’imbogamizi ku ishyirwa mu bikorwa ryayo.

Izi nama zabereye muri buri Diyosezi ku minsi itandukanye, zateguwe mu rwego rwo kungurana ibitekerezo ku byagezweho muri gahunda yo guteganya imbyaro hakoreshejwe uburyo bwa kamere (PFN) mu mwaka wa 2022/2023, imbagamizi ku ishyirwa mu bikorwa ry’iyi gahunda no kuganira ku ngamba z’igihe kirambye, zikaba zarabaye n’umwanya mwiza wo kuganira ku bikorwa biteganyijwe gukorwa mu mwaka wa 2023/2024.

Izi nama zateguwe ku nkunga ya Ministeri y’ubuzima n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima RBC, binyuze mu kigo cy’Ababiligi gishinzwe iterambere Enabel.

Inama yiga ku ishyirwa mu bikorwa rya gahunda yo guteganya imbyaro mu buryo bwa kamere, yabereye muri Caritas ya Nyundo/Kibuye tariki 15/03/2024.

Izi nama ni ngaruka mwaka, iya buri kuri buri Diyosezi ikaba ihuza Padiri  Umuyobozi wa Caritas ya Diyosezi, Padiri  Umuyobozi wa Komisiyo y’umuryango ku rwego rwa Diyosezi, Padiri  mukuru wa paruwasi (bose), abayobozi b’ibitaro n’ibigo nderabuzima bya Kiliziya Gatolika, ndetse n’abakozi bakora muri serivisi yo guteganya imbyaro ku buryo bwa kamere mu bitaro n’ibigo nderabuzima bya Kiliziya Gatolika.

March 4, 2024

Ku nshuro ya kabiri, amatsinda yo kuzigama no kugurizanya yo mu nkambi ya Nyabiheke afashwa n’umushinga wa PRM/PAC yagabanye ubwizigame n’inyungu z’inguzanyo bingama na Frw 97.193.695 ku itariki 29/0 2/2024. Ni ibirori byabereye kuri stade ya Nyabiheke.

 

Amatsinda 27 (19 yo mu nkambi na 8 yo hanze y’inkambi), yarashe ku ntego agizwe n’abanyamuryango 583 akaba aterwa inkunga n’Umushinga PRM/PAC ushyirwa mu bikorwa na Caritas Rwanda.

 

Mu gihe cy’umwaka, amatsinda yose yizigamye Frw 67.198.000, guhera muri Werurwe 2023 kugeza kuri 29/02/2024. Kuko ari amatsinda yo kuzigama no kugurizanya barashe ku ntego bamaze kugeza ku Frw 97.193.695.

 

Itsinda ryo mu Nkambi ryagabanye amafaranga menshi ryagabanye Frw 10.800.000  (Dukundane Q7A) naho itsinda ryo hanze y’inkambi ryagabanye menshi ryabonye Frw 4.338.330 Rwf (Hindukawigire Mugera).

 

Umunyamuryango w’itsinda wagabanye menshi mu nkambi ni uwitwa Nyirangirimana Aline wo mu itsinda Korawigire Q3 yagabanye Frw 793.600 naho uwo hanze y’inkambi ni Ugirikirezi Claire wo mu itsinda Tuzamurane Agakomeye, wagabanye Frw 368.160.

February 26, 2024

Nyuma yo kubona ibyiza abana babo bungutse haba mu bwenge no mu myitwarire, ababyeyi bafite abana barererwa mu ngo mbonezamikurire zifashwa na gahunda ya Gikuriro Kuri Bose (GKB) bavuga ko n’ubwo inkunga iha izi ngo yahagarara, izi ngo zakomeza gukora. Ibi babivuze ubwo basurwaga n’abashyitsi baturutse muri CRS na Caritas Rwanda kuva tariki 20 kugeza kuri 22 Gashyantare 2024, mu turere GKB ikoreramo ari two Burera, Nyabihu na Rulindo.

Gahunda ya Gikuriro Kuri Bose igamije ukuzamura ubuzima, imikorere, imirire, n’imibereho myiza y’abagore bari mu myaka yo kubyara ndetse n’abana bari munsi y’imyaka itanu, hibandwa ku iminsi 1.000 ya mbere, kongera imbaraga mu kudaheza abana n’abakuze babana n’ubumuga, no guteza imbere ibyiza byo kurera neza ndetse n’imikurire y’abana.

Mu bijyanye no kurera, GKB ifasha ingo mbonezamikurire 55 zo mu turere twa Burera (22), Nyabihu (10) na Rulindo (23). Mu gutangira GKB ibubakira inyubako, ikabaha ibikinisho by’abana, ibikoresho byo mu ishuri no mu gikoni, igahugura abarezi ndetse igatanga ifu y’igikoma yunganira iy’ababyeyi n’imirama yo gukora uturima tw’ibikoni. Hari kandi kubumbira ababyeyi mu matsinda yo kuzigama no kugurizanya, ndetse no kubahugurira gukora ubukorikori, bagahabwa inkunga ya Frw 30.000 yo kugura ibikoresho ngo batangire gukora bagurisha. GKB bose kandi ikomeza gusura no gutanga ubujyanama kuri izi ngo mbonezamikurire.

Abashyitsi basuye ingo mbonezamikurire zifashwa na Gikuriro Kuri Bose ni abashinzwe gukusanya amakuru no kuyatangaza muri Catholic Relief Service – CRS (ku rwego rw’igihugu no ku rwego rw’Akarere) n’uwa Caritas Rwanda. Babasuye mu rwego rwo kureba ibyagezweho na Gikuriro kuri Bose kugira ngo ibyiza yagezeho bisangizwe abandi babe babyigiraho. Ingo mbonezamikurire zasuwe ni urwo mu mudugudu wa Gatovu (Burera), urwo mu wa Pfundo (Nyabihu) na Gaseke (muri Rulindo).

Nk’uko aba babyeyi babisobanura, mbere y’uko GKB itangiza izi ngo mbonezamikurire, abana batarageza imyaka 7 basigaraga mu ngo bagiye guhinga cyangwa gushaka ibitunga umuryango, bagasigara bazerera, ababyeyi bataha bagasanga rimwe na rimwe abana bakomeretse kubera kwitura hasi. Bongeraho ko abana bashoboraga kwandura indwara mu buryo bworoshye kuko nta muntu mukuru wabaga uri hafi ngo abiteho.

Ababyeyi bagira umunsi wo gufasha abarezi mu ngo mbonezamikurire.

Uwitonze Betty ni umwe mu babyeyi barerera ku rugo mbonezamikurire rwo mu mudugudu wa Gatovu, Akagali ka Bugari, umurenge wa Rwerere ho mu Karere ka Burera. Avuga ko nyuma yo gutangira kurererwa muri uru rugo, umwana we w’imyaka 3 n’igice yajijutse ku buryo butangaje.  Yagize ati: “Inyajwi n’ingombajwi zose arazizi, arabara ati one, two, three, four (rimwe, kabiri, gatatu, kane mu Cyongereza) kugeza ku icumi ukabona birashimishije. Bityo mbona ejo he ari heza, kuko najya mu mashuri abanza atazatakara”.

Nyuma yo kubona ibi byiza byinshi, aba babyeyi bavuga ko n’ubwo inkunga bahabwa na Gikuriro Kuri Bose yahagarara izi ngo zakomeza gukora neza kuko bamaze kubaka imikorere itajegajega. Bashyizeho uburyo basimburana mu gufasha abarezi gutegura ibyo abana bafungura, bamenyereye gukusanya ifu itekwamo igikoma cy’abana ntawe ubibabwirije, kandi bahamya ko amatsinda abafasha kubona amafaranga yo kwifashisha mu gihe akenewe ku rugo mbonezamikurire cyangwa kugurira imiryango yabo ibikenewe mu gutegura indyo yuzuye. Muri aya matsinda bahakorera ibikorwa by’ubukorikori binyuranye bakabigurisha, bakabona amafaranga yo kugura ibikomoka ku matungo bagaburira abana babo.

Ababyeyi bahuriye mu itsinda ryo kubitsa no kugurizanya

Gikuriro Kuri Bose ni gahunda y’imyaka 5 iterwa inkunga na USAID (2021-2026) ikaba ishyirwa mu bikorwa na Caritas Rwanda ku bufatanye na CRS Rwanda (nk’umuhuzabikorwa w’ishyirwa mu bikorwa ryayo). Iri mu turere 10 ari two Nyarugenge, Kicukiro, Rwamagana, Kayonza, Ngoma, Nyamasheke, Nyanza, Nyabihu, Burera na Rulindo. Caritas Rwanda ishyira mu bikorwa iyi gahunda mu turere 3: Rulindo, Burera na Nyabihu. Abandi bashyira mu bikorwa uyu mushinga mu turere dusigaye ni: AEE (Rwamagana, Kicukiro na Nyarugenge); YWCA (Ngoma na Kayonza) na DUHAMIC ADRI (Nyamasheke na Nyanza).

February 26, 2024
February 26, 2024

Kuva ku ya 12 kugeza kuri 23 Gashyantare 2024, muri Centre Saint Paul de Kigali, Caritas Rwanda ibinyujije muri Gahunda yayo ya Igire-Gimbuka, ku bufatanye n’abandi bafatanyabikorwa 3 ba Igire iterwa inkunga na PEPFAR binyuze muri USAID Rwanda, yahuguye abakangurambaga 24 ba Gahunda Umuryango ni ingenzi! (FMP). Abakandida 9 kuri 24 ni bo babonye impamyabumenyi za burundu.

Nyuma y’iminsi 6 batangiye amahugurwa kuri FMP, abakandida 16 gusa ni bo batsinze ibizamini bagiye bahabwa buri munsi, bakaba ari bo bakomeje mu cyiciro cy’iminsi 5 cyakurikiyeho cyo gukora imyitozo ku kwigisha gahunda Umuryango ni ingenzi! 9 gusa muri bo nibo babashije gutsinda muri iki cyiciro babona impamyabumenyi za burundu. Abandi batatu bahawe impamyabumenyi z’agateganyo bikaba biteganijwe ko bazakira iza burundu nibamara kuzuza ibyo basabwe gukora.

Aya mahugurwa yakozwe hagamijwe kongera umubare w’abakangurambaga ba FMP mu turere twose dukorerwamo gahunda za OVC – DREAMS (Abana b’imfubyi n’abandi bugarijwe n’ibibazo – abangavu n’abakobwa/abagore bato). Abandi bafatanyabikorwa bafatanije na Caritas Rwanda gutegura aya mahugurwa ni FXB, YWCA na DUHAMIC ADRI.

Amahugurwa y’Umuryango ni Ingenzi.

Nyuma y’amahugurwa, abakangurambaga ba FMP bazatanga amasomo ya FMP yongerera ubushobozi ababyeyi / abarezi ba b’imfubyi n’abana bugarijwe n’ibibazo/Abangavu, abakobwa n’abagore bato ku buryo bwiza bwo kurera, ibiganiro ku buzima bw’imyororokere hagati ababyeyi baganiriza abana,  ibi bikaba bigira uruhare mu gukumira ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA no gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina (GBV) mu rubyiruko (abakobwa n’abahungu) n’abagore bakiri bato bo bakurikiranwa b’abafatanyabikorwa batandukanye bashyira mu bikorwa gahunda ya IGIRE.

Nk’abakangurambaga bazatoza abandi, abahuguwe kuri gahunda ya FMP bahawe ubumenyi bwimbitse burebana n’ukuntu gahunda y’Umuryango ni ingenzi ikora, hagamijwe kubategura gutanga amahugurwa y’abandi batoza ba FMP. Aya mahugurwa agizwe n’uruhererekane rw’amasomo arenana n’inyigisho zikoreshwa muri FMP, imfashanyigisho za FMP, inshingano z’abatoza n’ibyo bazakora, umwitozo wo gukora muri abatoza babiri, uburyo bwo kwigisha abakuze, n’ubumenyi ku gukusanya no gusangiza abandi amakuru.

Uretse ibi bivuzwe hejuru, abahuguwe bize ibirebana n’ubuzima bw’imyororokere nk’uko bikoreshwa mu burere bwiza hagati y’ababyeyi n’umwana, ibiganiro byimbitse no gusobanukirwa ibijyanye no gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

February 14, 2024

Kugira ngo imibereho y’abagenerwabikorwa b’imishinga na gahunda zayo izamuke mu birebana n’ubukungu, Caritas Rwanda yibanda ku kubateza imbere binyuze mu matsinda yo kuzigama no kugurizanya. Abagize aya matsinda bahabwa ubumenyi bukenewe mu guhitamo, gutegura, no gucunga imishinga ibyara inyungu. Muri ibi bikorwa ndetse n’ibindi ikora, Caritas ikorana n’abagenerwabikorwa runaka, imyirondoro n’umubare byabo bikabikwa neza. Uretse ibi, hari ababona inyungu ku musaruro w’ibi bikorwa n’ubwo baba batabazwe mu bagenerwabikorwa. Bamwe muri bo, baturuka muri gahunda z’urubyiruko za Youth for Youth (Y4Y) na Gera Ku Ntego (GKN), babitangamo ubuhamya.

Ibyiza byo kwitabira amatsinda yo kuzigama no kugurizanya birivugira, nk’uko byemezwa na Nyiramahoro Josephine. Uyu ni umunyamuryango w’itsinda ryo kuzigama no kugurizanya ryitwa Twitezimbere Rubyiruko ryo mu karere ka Rusizi, umurenge wa Muganza, akagari ka Gakoni, mu mudugudu wa Muhuta. Mu 2022, yatangiye ubucuruzi bw’ifu y’imyumbati atangije igishoro cya Frw 50.000 yari yagujije muri iri tsinda. Binyuze muri ubu bucuruzi, yafashaje umugabo we ukora akazi ko guhinga, mu kwita ku byo abana babo batanu bakenera. Yishimira ibyo yagezeho, cyane cyane kuba abana babo babiri bararangije amashuri yisumbuye.  Kuri ubu yamaze kwishyura umwenda wose wa yarafashe ajya gutangira ubucuruzi bwe, kandi afite igishoro cya Frw 80.000. Yagize ati: “Ukurikije ko dukoresha amafaranga menshi mu byo dukenera mu buzima bwa buri munsi, ibyo nagezeho ni byinshi”.

Abagize rimwe mu matsinda yo kuzigama no kugurizanya bari kumwe n’abakozi ba Caritas Rwanda bo mu Isahimi rishinzwe Amajyambere.

Abajijwe ibyiza byo kugira umubyeyi uri mu itsinda ryo kuzigama no kugurizanya, Tuyizere Lydie, ufite imyaka 22, yavuze ko umuryango we wateye imbere mu buryo bugaragara. Kuva umubyeyi we Nyirangiramahoro Joséphine yakwinjira mu itsinda ryo kuzigama no kugurizanya, ntibakicwa ntibakiburara nk’uko byari bimeze mbere. Byongeye kandi, kuba muri iri tsinda byinjije mu muryango wabo umuco wo gukora cyane no kuzigama, bidaturutse ku kugira ibisaga, ahubwo biturutse ku kwigombwa. Nyuma yo gusoza amashuri yisumbuye, Lydie yatangiye gukorana na nyina mu bucuruzi bwe bw’ifu yimyumbati, ibi bikaba bimufasha kwinjiza amafaranga make no kuzigama Frw 6.000 mu kwezi mu itsinda rye ryo kuzigama no kugurizanya Dukorerehamwe. Ati: “Ibi nabyigiye kuri mama”.

Uwizeyimana Olivier ni umunyamuryango w’itsinda Duterimbererubyiruko ryo mu karere ka Rusizi, umurenge wa Kamembe, akagari ka Cyangugu, umudugudu wa Karangiro. Ku myaka 25, Olivier ukomoka mu muryango w’abana 11, yafashe icyemezo cyo korohereza umutwaro umuryango we. Uretse kurihira amafaranga y’ishuri barumuna be (batanu muri bo barakiga), yishyurira n’abo mu muryango we amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza, kuko umuryango we utunzwe no guca inshuro.

Mbere yo kwinjira mu itsinda ryo kuzigama no kugurizanya, Olivier yari yarazigamye Frw 500.000 mu kazi yakoreraga umuntu ucuruza. Muri Nzeri 2021, yinjiye mu itsinda rya Duterimbererubyiruko, aho yagujije Frw 300.000 ayongera ku yo yari yarazigamye kugira ngo ashinge iduka rifite agaciro ka Frw 800.000. Yagujije kandi Frw 119.000 kugira ngo yongere ibicuruzwa biboneka mu iduka rye. Yishyuye neza inguzanyo, none ubu iduka rye rifite agaciro ka Frw 3.000.000. Mu gihe kiri imbere, Olivier arateganya kuzubaka inzu ifite agaciro ka Frw 10.000.000.

Olivier mu iduka rye.

Izi nkuru z’ibyiza Oliver, Joséphine na Lydie bagezeho zerekana uburyo amatsinda yo kuzigama no kugurizanya yagura icyerekezo cy’abanyamuryango bayo kandi akabafasha kwiteza imbere. Kimwe mu biranga iterambere ni amahitamo anyuranye ku bantu. Nta gushidikanya ko amatsinda yo kuzigama no kugurizanya afite ubushobozi bwo gutanga aya mahitamo ku banyamuryango babo, inzira y’iterambere ryabo n’imiryango yabo. Nk’uko intego ya Caritas Rwanda ari ugufasha abantu bababaye no kubateza imbere iterambere, ntakindi cyaba cyiza nko gufasha abagenerwabikorwa b’imishinga na gahunda zayo kwigira binyuze mu matsinda yo kuzigama no kugurizanya.

Uwiragiye Emmanuel

Umuyobozi w’Ishami Rishinzwe Amajyambere / Caritas Rwanda

February 6, 2024

Kuva ku tariki 29 kugeza kuri 30 Mutarama 2024, abafatanyabikorwa batandukanye bashyira mu bikorwa Gahunda ya Igire, abaturutse mu nzego za Leta bireba, hamwe n’itsinda ryaturutse muri USAID Rwanda bitabiriye igikorwa cyo gusura ibikorwa bya Gahunda ya Igire-Gimbuka cyateguwe na Caritas Rwanda, hagamijwe kwigira ku bikorwa ikora byo kwita ku bana b’imfubyi n’abandi bugarijwe n’ibibazo (Orphans and Vulnable Children bazwi ku izina rya OVC) mu karere ka Nyamasheke.

Muri iyi gahunda abitabiriye bagombaga kwigira mikoranire n’inzego zisanzweho nk’abakorerabushake basanzwe muri sosiyete, inzego z’ubuzima n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, mu gutanga serivisi zuzuye kuri OVC.

Ku gicamunsi cyo ku wa 29 Mutarama, iki gikorwa cyatangijwe no kumurika ibyagezweho na Gahunda ya Igire-Gimbuka mu mwaka ushize mu Karere ka Nyamasheke. Abari bitabiriye iki gikorwa bashimiye Caritas Rwanda kuba yarakanguriye abagenerwabikorwa 99% gufata imiti igabanya ubukana ubuzima bwabo bukaba bumeze neza (bose ni 2003 muri Nyamasheke). Aha ariko babajije icyaba gitera abasiagaye 1% kudafata imiti neza.

Abakozi ba Caritas Rwanda bashinzwe Gahunda ya Igire-Gimbuka basubije ko hari impamvu nyinshi zibitera, ariko ko muri rusange biterwa n’urubyiruko ruba rutarakira ikibazo, rukiheba, ntirufate imiti neza. Itsinda rya USAID ryasabye Igire-Gimbuka gukora ubushakashatsi bwimbitse kugira ngo hamenyekane impamvu zihariye zitera iki kibazo, kugira ngo abagenerwabikorwa bigaragaraho bitabweho mu buryo bw’umwihariko, ubuzima bwabo burusheho kuba bwiza.

Abari muri iki kiganiro kandi bashimye gahunda yitwa Umuryango ni ingenzi (Families Matter! Program) yo gukumira ubwandu bushya mu babyeyi n’abarezi b’ibanze b’abana b’imfubyi n’abandi bugarijwe n’ibibazo, bavuga ko yaba nziza no kuri sosiyete yose muri rusange. Aha babajije niba yubatse ku buryo yaguma gukorwa na nyuma y’isozwa rya Gahunda ya Igire-Gimbuka. Basubijwe ko mu kuyishyira mu bikorwa Igire-Gimbuka ikorana n’inzego zisanzweho nk’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, Inshuti z’Umuryango, n’Umugoroba w’Umuryango. Ibi bikaba bigaragaza ko gahunda y’Umuryango izakomeza n’igihe Gahunda ya Igire-Gimbuka izaba yasojwe.

Ikindi kibazo cyabajijwe kijyanye n’uburyo bukoreshwa mu kumenya niba imyumvire y’abana bakurikirana “Gahunda ya Mugabo Ukwiye” (Change Boys Into Men, CBIM mu mpine) yo gutoza abana b’abahungu kuzavamo abagabo bazira ihohotera ihinduka.  Mu gusubiza, abakozi ba Igire-Gimbuka bavuze ko hari ibibazo abana babanza gusubiza mbere yo kwigishwa kugira ngo bamenye imyumvire yabo ku bijyanye n’ihohoterwa, na nyuma yo gukurikirana inyigisho bakabazwa ibindi bibazo kugira ngo harebwe koko niba barahindutse. Hari kandi kuba abana bitabira gutanga ubutumwa bwo kurwanya ihohoterwa muri bagenzi babo, ndetse no guhinduka ntibahohotere bagenzi babo nk’uko babagaho mbere.

Ku ya 30 Mutarama, abantu batandukanye bitabiriye iki gikorwa basuye amatsinda ya Gahunda ya Mugabo Ukwiye yo mu bigo by’amashuri bya GS Nyanza (mu murenge wa Bushekeri) na GS Saint Nicholas (mu murenge wa Kagano), banagirana ibiganiro n’Imboni z’umuryango ndetse n’abakozi b’inzego zishinzwe ubuzima ku Bitaro bya Kibogora n’Ikigo Nderabuzima cya Gisakura. Bahuye kandi n’abana bafashijwe kwiga imyuga na Gahunda ya Igire-Gimbuka babona akazi harimo ukora mu ruganda rw’icyayi rwa Gisakura, ukora muri Atelier Hope yo mu gakiriro ka Nyamasheke ndetse n’abandi badoda ku giti cyabo.

Lambert Dushimimana, Guverineri w’intara y’Iburengerazuba aganira n’abana bari mu itsinda rya Mugabo Ukwiye kuri GS Saint Nicholas (mu murenge wa Kagano).

Nyuma yo kuganira n’Imboni z’umuryango, abahuza n’abakozi b’inzego zishinzwe ubuzima ku Bitaro bya Kibogora, Bwana Lambert Dushimimana, Guverineri w’intara y’Iburengerazuba, yasabye ko abagenerwabikorwa ba Igire-Gimbuka ndetse n’abashinzwe kubakurikirana babyaza umusaruro amahirwe bafite, kuko uwatanze inkunga aba yifuza kubona bateye intambwe. Naho abana bari mu matsinda ya Mugabo Ukwiye, abashishikariza gukwirakwiza ubutumwa bukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Gahunda ya Igire iterwa inkunga na gahunda ya Perezida wa Amerika PEPFAR binyujijwe muri USAID, ikaba ishyirwa mu bikorwa n’abafatanyabikorwa 5 mu gihugu ari bo: Caritas Rwanda, AEE, YWCA, Duhamic ADRI na FXB. Ku wa 31 Mutarama, abafatanyabikorwa bane babanza bitabiriye igikorwa nk’iki, cyateguwe na FXB mu Karere ka Nyanza, ku bijyanye n’ibikorwa ikora muri gahunda yayo ya Igire-Turengere Abana byo kongerera ubushobozi abangavu n’urubyiruko rw’abakobwa ndetse no kugabanya ibyago byo kwandura virusi itera Sida muri aba bagenerwabikorwa (DREAMS).

January 27, 2024

Mu ruzinduko barimo mu Rwanda rugamije gusobanukirwa neza ibikorwa bya CRS mu Rwanda no guhura n’abafatanyabikorwa bayo b’ingenzi, abagize inama y’ubutegetsi ya CRS n’abaterankunga bahuye n’ubuyobozi bwa Caritas Rwanda kuri uyu wa gatanu tariki ya 26 Mutarama 2024. Ibiganiro byabo byibanze ku bufatanye buri hagati y’ibigo byombi, ingamba zo gukusanya inkunga, ndetse no gusangira ubumenyi mu gihe kiri imbere.

Ku munsi wa mbere w’uru ruzinduko (rwatangiye ku wa 22 Mutarama 2024), aba bashyitsi, abakozi ba CRS Rwanda n’aba Caritas Rwanda bitabiriye igitambo cyabereye kuri Katedrali ya Saint Michel. Abashyitsi kandi banabonanye na Nyiricyubahiro Antoine Cardinal Kambanda, baganira ku bufatanye buri hagati ya CRS na Kiliziya Gatolika mu Rwanda.

Abayobozi ba CRS, abakozi ba CRS Rwanda n’aba Caritas Rwanda basangiye igitambo cya misa kuri Cathedral Saint Michel ku wa 22 Mutarama 2024.

Izi ntumwa kandi zasuye abagenerwabikorwa b’umushinga Youth For Youth (Ushyirwa mu bikorwa na Caritas za Diyosezi 3 ndetse na Vision Jeunesse Nouvelle, ku bufatanye bwa Caritas Rwanda, ku nkunga ya USAID binyuze muri CRS Rwanda) bo mu Karere ka Rubavu ku ya 23 Mutarama 2024. Abagenerwabikorwa basuye ni Tubanambazi Jean D’Amour, uhinga ibihumyo akaba arwanya imirire mibi mu gace atuyemo, na Irakoze Obed ufite farumasi y’ubuvuzi bw’amatungo.

Nyuma yo guhura n’aba ba rwiyemezamirimo b’urubyiruko, abashyitsi basuye Diyosezi ya Nyundo bagirana ibiganiro na Musenyeri Mwumvaneza Anaclet, ibiganiro byibanze ku bufatanye buri hagati ya CRS na Diyosezi ya Nyundo. Musenyeri Anaclet yashimye inkunga yatanzwe na CRS nk’igisubizo cyihuse mu kugoboka abagizweho ingaruka n’imyuzure yo muri Gicurasi 2023.

Ku wa 25 Mutarama 2024, abakozi ba Gikuriro Kuri Bose bakiriye aba bayobozi bakuru ba CRS muri rimwe mu marerero yaryo riri ahitwa Nyirabashenyi mu Karere ka Nyabihu. Ni muri gahunda yo kwigira ku gutanga indyo yuzuye, kwihaza mu biribwa, guteza imbere mu bukungu ndetse na gahunda ECD. ingamba zo kunoza uburyo bwiza bwo kurera mumiryango ifite abana bari munsi yimyaka itanu. Caritas Rwanda yari ihagarariwe na Padiri Jean Paul, umuyobozi wa Caritas Nyundo / Gisenyi.

Abayobozi n’abaterankunga ba CRS, ubwo basuraga irerero rya Nyirabashenyi rifashwa na Gikuriro kuri Bose.

Abayobozi b’akarere ka Nyabihu bashimye ibyagezweho muri gahunda ya Gikuriro Kuri Bose (2015-2020), uruhare runini mu kugabanya kuva kuri 59% muri 2015 kugera kuri 46% muri 2020. Bashimye kandi CRS na Caritas Rwanda ku bufatanye bwiza muri Nyabihu.

January 4, 2024

Bakristu namwe bavandimwe,

Ku itariki ya 04 Gicurasi 2023, twabagejejeho ubutumwa bubashishikariza kwegeranya inkunga yo gutabara abavandimwe bacu bahuye n’ibiza mu bice bitandukanye by’igihugu cyacu, cyane cyane abo mu Ntara y’amajyaruguru n’iy’uburengerazuba.

Tubashimiye tubikuye ku mutima  inkunga yabonetse iturutse mu bwitange no kwitabira iyo mpuruza, mushyira mu bikorwa icyo Ijambo ry’Imana ridusaba aho rigira riti: « nari nshonje muramfungurira, nambaye ubusa muranyambika, ntafite aho mba murancumbikira» (Mt 25,35-36).

Inkunga mwatanze yari itubutse igizwe no gucumbikira no kuba hafi abahuye n’akaga k’ibiza, Kubasura, no kubaganiriza. Mwatanze kandi  ibiribwa, amafaranga, imyambaro, ibikoresho by’isuku n’ibyo mu rugo, no gukora imiganda.

Turashimira Abasaseridoti n’abo bafatanya mu Miryangoremezo, muri Paruwasi no mu ngo z’Abihayimana, abakorerabushake n’abakozi ba Caritas mu nzego zose, bashishikarije icyo gikorwa kandi bakagikurikirana kugeza igihe cyo gushyikiriza inkunga  abo yari igenewe.

Turabifuriza gukomeza kurangwa n’uwo mutima ugira n’impuhwe kandi utabara.  Ineza n’Amahoro bikomoka ku Mwami wacu Yezu Kristu bihorane namwe iteka ryose. Tubasabiye umugisha ku Mana, kandi tubaragije Umubyeyi Bikira Mariya, Umubyeyi utabara abakiristu.

Kureba ubutumwa bwo gushimira inkunga yatanzwe mu kugoboka abahuye n’ibiza byo muri Gicurasi 2023, kanda hano: https://www.youtube.com/watch?v=fQsWnEHI-Lg

December 8, 2023

On the 3rd of June, the steering committee meeting of the Slovenia Government and Karitas Slovenija-funded Tube Aheza, Amazi Hafi Project was held at Home Saint-Jean. The meeting was graced by the Karongi district Vice Mayor in charge of Finance and Economic Development Mr NIRAGIRE Théophile, Mr NIYONSABA Cyriack, the Executive Secretary of the Rugabano sector and priests from the Gisovu, Nyange and Mukungu parishes located in the sectors

1 2 3 7