Hi, How Can We Help You?

Blog

May 5, 2026

Caritas Rwanda yizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo mu buryo bwihariye

Mu rwego rwo gushimira Imana, gutekereza ku gaciro k’umurimo no guha agaciro abakozi, Caritas Rwanda yizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo wabereye muri Centre Missionnaire Lavigerie Kigali ku wa 1 Gicurasi 2026.

Uyu munsi wabimburiwe n’Igitambo cya Misa. Mu nyigisho yatanze, Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda, yavuze ko Mutagatifu Yozefu yizihizwa ku munsi w’umurimo kubera ko ari urugero rwiza rw’abakozi. Yagaragaje ko Mutagatifu Yozefu yubashye umurimo we n’ubwo wafatwaga nk’uworoheje, akabifatanya no kurera Umwana w’Imana, Yezu Kristu.

Uyu munsi wabimburiwe n’Igitambo cya Misa.

Padiri Oscar yasabye abakozi bose kurangiza inshingano zabo babikunze kandi bashyizeho umwete, ndetse no gukora neza imirimo yose ya buri munsi harimo n’iyo bakora mu rugo. Muri iki gitambo cya Misa kandi, abakozi ba Caritas Rwanda bashimiye Imana ku mpano y’akazi bafite, banasengera abantu bose: Abayobozi ba Kiriziya n’ab’ibihugu, Abakene b’ingeri zinyuranye, imiryango, ndetse n’abadafite akazi.

Nyuma ya Misa, abakozi bashya bagejejweho Komite ihagarariye abakozi, hakurikiraho ibiganiro ku nshingano za Komite y’Ubuzima n’Umutekano ku kazi. Izo nshingano zirimo guteza imbere ubuzima bwiza bw’umubiri n’ubwo mu mutwe, gushyiraho uburyo n’ibikenewe kugira ngo abakozi bakorere ahantu hatekanye kandi heza, kwitegura ibihe by’amage no kurinda amakuru y’ibanga.

Caritas Rwanda yizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo wabereye muri Centre Missionnaire Lavigerie Kigali ku wa 1 Gicurasi 2026.

Abakozi kandi bahawe ibiganiro ku ngingo zitandukanye zirimo: (i) gukomeza guharanira no guteza imbere umutima wa Caritas ariwo gukunda no kwita ku bakene (esprit Caritas) mu muryango mugari wa Caritas no hanze yawo; (ii) gusobanurirwa Politiki ya Caritas Rwanda yo kurengera abana n’abandi banyantege nke (Safeguarding Policy); ndetse na (iii) na Politiki y’Abakozi (HR Policy).

Umunsi wasojwe no gushyikiriza impamyabushobozi abakozi bamaze imyaka 5, 10 na 15 bakorera Caritas Rwanda, ndetse Bwana Constantin Shyaka ashyikirizwa ishimwe nk’umukozi wabaye indashyikirwa mu mwaka wa 2025.

Constantin Shyaka, umukozi wabaye indashyikirwa mu 2025, ubwo yakiraga igihembo.

Leave a Reply

Your email address will not be published.

This field is required.

You may use these <abbr title="HyperText Markup Language">html</abbr> tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

*This field is required.