Hi, How Can We Help You?

Blog

April 24, 2026

Caritas Rwanda yakoze ubukangurambaga mu Iseminari Nkuru ya Rutongo

Mu rwego rwo kumenyekanisha Caritas no guhamagarira buri wese kugira umutima wa Caritas, ku wa 22 Mata 2026, Caritas Rwanda yakoreye ubukangurambaga mu Iseminari Nkuru ya Rutongo yitiriwe Mutagatifu Yozefu.

Mu kiganiro yatanze, Soeur Gaudiose Nyiraneza, ushinzwe ubukangurambaga n’amahugurwa mu Ishami ryita ku Batishoboye rya Caritas Rwanda, yasobanuye amavu n’amavuko ya Caritas ku rwego rw’isi no mu Rwanda, anatanga ubutumwa bushishikariza buri wese kugira umutima witangira abatishoboye, ari wo mutima wa Caritas. Nk’uko yabisobanuye, Caritas bivuga urukundo rwitangira abandi.

Soeur Gaudiose kandi yasobanuye ibijyanye n’ukwezi k’Urukundo n’Impuhwe (ukwezi kwa 8), kwashyizweho n’Abipiskopi Gatolika mu 1997, aho abakristu n’abandi bantu b’umutima mwiza batanga inkunga binyuze muri Caritas z’imiryango remezo n’ahandi. Iki gikorwa kigamije kwegeranya inkunga yo kugoboka abahuye n’ibiza, haba mu Rwanda cyangwa mu mahanga (Kubaka Caritas Nyarwanda).

Soeur Gaudiose Nyiraneza, ushinzwe ubukangurambaga n’amahugurwa mu Ishami ryita ku Batishoboye rya Caritas Rwanda, ubwo yatangaga ikiganiro.

Nyuma y’iki kiganiro, abaseminari babajije ibibazo byinshi bagamije gusobanukirwa neza ubutumwa bwa Caritas. Bimwe muri byo, harimo ikinyanye no kumenya ahandi Caritas Rwanda ikura ubushobozi bwo kugoboka abatishoboye usibye mu nkunga zatanzwe n’abantu.

Aha basubijwe ko abakristu n’abandi bantu b’umutima mwiza ari bo bafatanyabikorwa ba mbere ba Caritas, ariko Caritas Rwanda ikaba ifite n’ibindi bikorwa byinjiza amafaranga bishobora kugoboka mu gihe bibaye ngombwa.

Abaseminari kandi babajije icyo bisaba kugira ngo Caritas ifashe kwiga abana baturuka mu miryango itishoboye kuko hari igihe bigaragara ko bamwe muri bo tabasha kwiga. Aha Soeur Gaudiose yasubije ko bisaba kubakorera ubuvugizi bihereye muri Caritas z’imiryango remezo, bigasuzumwa, ikibazo cyabo kikazamurwa hejuru (Caritas za paruwasi na Caritas za diyosezi), abakeneye ubufasha bakaba babuhabwa.

Padiri Mariko Nizeyimana, umuyobozi wa Seminari Nkuru ya Rutongo yitiriwe Saint Joseph, yashimiye Caritas ku bw’ubu bumenyi iba yunguye abayigamo, avuga ko inyigisho za Kiliziya ku mibereho n’imibanire y’abantu mu muryango (doctrine sociale de l’Eglise) ari ngombwa kuko bazakomeza kuzikenera no mu yandi masomo baziga, cyane cyane nk’ibijyanye n’ibikorwa byo gufasha abatishoboye (dimension caritative) nk’uko Papa Fransisko yabisobanuye ko ibi bikorwa ari umutima wa Kiliziya.

Padiri Mariko Nizeyimana, umuyobozi wa Seminari Nkuru ya Rutongo yitiriwe Saint Joseph.

Abiga mu Iseminari Nkuru ya Rutongo kandi banasangije Caritas Rwanda ko basanzwe bakora ibikorwa by’urukundo hagati yabo cyane cyane ko batanganya ubushobozi, ibi bikaba ari intambwe nziza yo gukomeza kwimakaza umuco w’ubufatanye n’urukundo.

Caritas Rwanda ikora ubukangurambaga nk’ubu mu Iseminari Nkuru na za kaminuza, ibi bikaba byarasabwe n’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda. Caritas za Diyosezi zo zikora ubu bukangurambaga mu mashuri yisumbuye n’abanza.

Leave a Reply

Your email address will not be published.

This field is required.

You may use these <abbr title="HyperText Markup Language">html</abbr> tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

*This field is required.