June 19, 2026

Caritas Rwanda, ku bufatanye na Plan International Rwanda, yateguye inama zo kwemeza ibyavuye mu bushakashatsi bwakozwe hagamijwe gupima uruhare rw’Umushinga wa ECD mu Turere twa Gatsibo (16 Kamena), Bugesera (17 Kamena) na Nyaruguru (18 Kamena). Ubu bushakashatsi bwasesenguye ibikorwa by’umushinga byakozwe hagati ya 2022 na 2025.

Izi nama zahuje abayobozi b’uturere, abahagarariye Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Umwana (NCDA), abafatanyabikorwa mu iterambere, abakora ibikorwa bijyanye n’imbonezamikurire y’abana bato, abakozi b’umushinga, abarezi b’abana bato ndetse n’abahagarariye abafatanyabikorwa shingiro.

Mu ijambo yagiye ageza ku bitabiriye buri nama, Christine Kayitesi, umuyobozi w’Umushinga wa ECD yasobanuye ko ubu bushakashatsi bwakozwe kugira ngo niba nyuma y’imyaka itatu, ibikorwa by’umushinga wa ECD byarateje imbere imbere umwana, niba abarezi babifitiye ubushobozi, niba ibyo umushinga ukora bijyanye na gahunda y’igihugu ya 2 yo kwihutisha iterambere (NST2). Ikindi, ni ukugira ngo ibyagezweho bisigasirwe, ibitagenda neza bishyirwemo imbaraga.

Intambwe ishimishije yatewe mu nkingi zose z’iterambere ry’umwana

Ibyavuye muri ubu bushakashatsi byagaragaje ko ibikorwa by’ingo mbonezamikurire byagize uruhare rugaragara mu guteza imbere umwana mu buryo bwuzuye muri utu turere uko ari dutatu.

Uturere twa Gatsibo na Bugesera twagaragaje umusaruro ushimishije cyane mu bijyanye n’integanyanyigisho no gutegura umwana kujya mu ishuri, imirire ndetse n’ubushobozi bw’abarezi, aho ibipimo bimwe na bimwe byageze ku manota 100%.

Akarere ka Nyaruguru na ko kagaragaje umusaruro mwiza cyane cyane mu bijyanye n’ubushobozi bw’abarezi n’uburezi bw’ababyeyi (100%), imirire (93,3%) ndetse n’ubuzima (83,3%).

Muri utu turere twose, ubushakashatsi bwemeje ko habayeho impinduka nziza mu buryo ababyeyi barera abana babo, mu mirire y’abana, mu kwitabira serivisi z’ubuzima, no mu bwiza bwa serivisi zihabwa abana bato. Kimwe mu byagezweho byagaragaye cyane ni ukwiyongera kw’uruhare rw’ababyeyi, cyane cyane abagabo, mu kurera no kwita ku bana babo.

Ubushakashatsi bwanagaragaje ko ingo mbonezamikurire zifashwa n’umushinga wa  ECD zarengje impuzandengo y’ibipimo ku rwego rw’igihugu mu nkingi nyinshi z’iterambere ry’umwana, bikerekana ko uburyo bushingiye ku ruhare rw’abaturage bugira uruhare runini mu guteza imbere imibereho myiza n’iterambere ry’abana.

Ibisobanuro birambuye ku byavuye muri ubu bushakashatsi biboneka mu mbonerahamwe ikurikira:

Ibyashyirwamo imbaraga kugira ngo ibyagezweho birambe

N’ubwo bishimiye intambwe imaze guterwa, abitabiriye inama bagaragaje ko hakiri ibice bimwe na bimwe bisaba gukomeza gushyirwamo imbaraga kugira ngo ibyagezweho birusheho kuramba.

Mu byifuzo byatanzwe harimo gushyiraho uburyo bwo gukurikirana iterambere ry’umwana n’ibyo ageraho, kunoza uburyo bwo gushyigikira no kugumana abarezi, kongerera ubushobozi amatsinda yo kwizigamira no kugurizanya (VSLA) kugira ngo afashe mu gutera inkunga ibikorwa bya ECD, kuzamura ubumenyi n’impamyabushobozi by’abarezi hakurikijwe amabwiriza ya NCDA, ndetse no kunoza ibikorwa remezo by’amazi, isuku n’isukura (WASH) n’ibijyanye no kurengera umwana.

Abitabiriye inama banashimangiye akamaro ko gushyiraho no gukomeza amatsinda y’ababyeyi b’abagabo no guteza imbere uburyo bwatuma abagabo barushaho kugira uruhare mu kurera no guteza imbere abana babo.

Mu biganiro byabaye, abayobozi b’inzego z’ibanze basabye ko bazagezwaho raporo ya nyuma y’ubu bushakashatsi nimara gutunganywa, kugira ngo ibyavuye muri bwo n’inama zatanzwe bibafashe mu bikorwa byabo byo guteza imbere umwana.

Uhereye ibumoso ugana iburyo: RURANGIRWA Fred, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kamabuye; KADAFI Aimable, umunyamabanga nshingwabikorwa wumurenge wa Kamabuye; na Ruth Kemirembe, umuyobozi w’ubuzima mu karere ka Bugesera, mu nama yo kwemeza ibyavuye mu bushakashatsi yabereye mu Karere ka Bugesera.

Umushinga wa ECD ushyirwa mu bikorwa na Caritas Rwanda ku nkunga ya Plan International Rwanda, ukaba ugamije guteza imbere imibereho myiza n’iterambere ryuzuye ry’abana bato binyuze mu ngo mbonezamikurire. Uyu mushinga ushingiye ku nkingi esheshatu z’iterambere ry’umwana, ari zo: (1) kwigisha umwana no kumutegura kujya mu ishuri, (2) ubuzima, (3) imirire, (4) kurengera umwana no kutagira uwo usiga inyuma, (5) amazi, isuku n’isukura (WASH), ndetse (6) n’uburezi bw’ababyeyi.

June 8, 2026

Ku itariki ya 4 n’iya 5 Kamena 2026, abakozi ba Caritas Rwanda hamwe n’abafatanyabikorwa 9 batanga serivisi bahuriye muri Hoteli Savana mu Karere ka Bugesera basuzumira hamwe ibikorwa byagezweho mu mezi atanu ya mbere by’umushinga PATHs.

Isuzuma ryagaragaje ko ibikorwa byose byari biteganyijwe byashyizwe mu bikorwa neza. Abaryitabiriye banateguye gahunda y’ibikorwa by’amezi atatu ari imbere, hashingiwe ku bikenewe byagaragajwe n’abimukira ndetse n’abaturiye inkambi ya ETM Gashora.

Guhera muri uku kwezi kwa Kamena, Caritas Rwanda izakomeza gahunda zisanzwe zo guhugura abantu mu myuga itandukanye, ndetse inatangize andi mahugurwa y’ubumenyingiro muri ETM Gashora mu bijyanye no gusudira (Welding), ibijyanye no gukora amazi (Plumbing), gutegura amafunguro (Culinary Arts) ndetse no kuboha imyenda hifashishijwe imashini (Machine Knitting).

Abakozi ba Caritas Rwanda n’abatanga serivisi 9 ubwo bari mu nama muri Savana Centre.

Mu rwego rwo guteza imbere udushya no gushyigikira abasoje amahugurwa y’ubumenyingiro, abantu 12 bitwaye neza bo mu cyiciro cyahuguwe mbere (Cohort I), barimo abimukira n’abaturiye inkambi barangije amasomo yo kogosha no gutunganya imisatsi ndetse no kudoda, batoranyijwe kugira ngo bahabwe inkunga ibafasha gutangiza imishinga ibyara inyungu (Income-Generating Activities- IGAs).

Iyi nkunga izabafasha gushyira mu bikorwa ubumenyingiro bahawe, kwigira no kwiteza imbere, ndetse no kuzamura imibereho yabo mu gihe bagitegereje kwimurirwa ahandi.

Uretse gufasha aba batoranyijwe, ibi bikorwa bizababera n’urugero rwiza kandi bishishikarize abandi gukoresha ubumenyi bafite mu kwihangira imirimo, bityo babashe kwigira no bagire n’ubushobozi bwo guhangana n’ibibazo by’ubuzima.

June 1, 2026

Uyu munsi kuwa 30/5/2026, Caritas Rwanda ifatanije n’uturere twa Nyamasheke, Karongi na Rutsiro bakoze ibikorwa byo kurwanya Malaria mu mirenge yibasiwe na Malaria (Nyabitekeri, Mubuga na Musasa).

Mu murenge wa Nyabitekeri, akagali ka Muyange, mu Karere ka Nyamasheke hakozwe ubukangurambaga bwanyujijwe mu butumwa, umukino n’imivugo by’abajyanama b’ubuzima, abaturage bibutswa ingamba zo kwirinda Malaria banashishikarizwa kwivuza kare kandi neza. Abaturage 11 bari bafite umurio bapimwe umwe bamusangana Malaria ahita avuriwa aho.  Iki gikorwa Caritas Rwanda yagifatanije n’inzego zibanze kuva ku Karere kugera ku isibo ndetse n’inzego z’umutekano.

Abajyanama b’ubuzima bakinnye ikinamico bagaragaza n’imivugo irimo ubutumwa bwo kurwanya malaria.

Hakozwe kandi umuganda wihariye wo kurwanya Malaria mu murenge wa Mubuga, akagali ka Murangara, umudugudu wa Rubyiro mu Karere ka Karongi, ahasibwe ibyobo binini 9 byari biretsemo amazi byabumbirwagamo amatafari.

Umuganda kandi wakozwe mu mudugudu wa Kabuga, Akagali ka Nyarubuye, umurenge wa Musasa mu Karere ka Rutsiro, ahasibwe ibyobo binini 12 byarimo amazi, aho bacukuraga amabuye y’agaciro.

Nyuma y’umuganda, abaturage baganirijwe ku ngamba zo kwirinda Malaria birinda kwirara ngo nuko baterewe mu mazu umuti wica imibu ikwirakwiza udukoko dutera Malaria. Ni igikorwa kitabiriwe n’inzego z’umutekano, umurenge, utugali n’imidugudu, umushyitsi mukuru yari Umuyobozi w’ishami ry’ubuzima mu Karere ka Rutsiro.

May 15, 2026

Kuva tariki ya 12 kugeza ku ya 14 Gicurasi 2026, Caritas Rwanda ibinyujije mu mushinga ECD uterwa inkunga na Plan International Rwanda, yatanze ifu y’igikoma cya SOSOMA n’isukari ku ngo mbonezamikurire uyu mushinga usanzwe ufasha n’amarerero yo mu mashuri byo mu turere twa Bugesera, Gatsibo na Nyaruguru.

Iyi nkunga igamije guteza imbere imirire myiza y’abana no kunoza uburyo bwo kwiga mu ngo mbonezamikurire y’abana bato, yunganira uruhare rw’ababyeyi n’abarezi mu byo basanzwe batanga kugira ngo abana bitabweho.

Mu Karere ka Nyaruguru, Caritas Rwanda yatanze iyi nkunga mu ngo mbonezamikurire n’amarerero yo ku mashuri tariki ya 12 Gicurasi 2026. Inkunga kuri aya marerero yo ku mashuri (adasanzwe afashwa n’umushinga wa ECD) yatanzwe nyuma y’uko amashuri amwe n’amwe agaragaje ko abana bo mu mashuri y’inshuke bakenera guhabwa igikoma gifite intungamubiri, cyane cyane mu masaha yo kwiga aho bamwe mu bana bagira inzara mbere y’igihe cy’amafunguro. Muri aka karere hatanzwe kg 3.225 by’ifu ya SOSOMA ndetse na kg 1.505 by’isukari.

Mu Karere ka Bugesera, iki gikorwa cyabaye tariki ya 13 Gicurasi 2026 mu mirenge ya Ngeruka na Kamabuye, aho ingo mbonezamikurire 49 zahawe kg 3.675 by’ifu y’igikoma na kg 1.715 by’isukari. Iki gikorwa cyitabiriwe n’abahagarariye ubuyobozi bw’akarere n’imirenge, Plan International Rwanda, Caritas Rwanda ndetse n’abandi bafatanyabikorwa. Abarezi basabwe gukoresha neza iyi nkunga, kubungabunga isuku mu ngo mbonezamikurire no gukomeza gukorana bya hafi n’ababyeyi kugira ngo imibereho myiza y’abana irusheho gutezwa imbere.

Mu Karere ka Gatsibo, iki gikorwa cyabereye mu mirenge ya Kabarore, Kiziguro, Murambi na Rwimbogo tariki ya 14 Gicurasi 2026, aho ingo mbonezamikurire 61 zahawe kg 4.575 by’ifu y’igikoma na kg 2,135 by’isukari. Abarezi b’amarerero bibukijwe gukurikirana imikoreshereze myiza y’iyi nkunga no gukomeza gukorana n’ababyeyi kugira ngo abana bakomeze kubona imirire n’uburere bikwiye.

Binyuze muri iki gikorwa, Caritas Rwanda na Plan International Rwanda bakomeje guteza imbere imirire, imyigire n’imibereho myiza by’abana bato bari mu ngo mbonezamikurire muri utu turere umushinga wa ECD ukoreramo.

May 12, 2026

Abayobozi b’Ishami ryita ku Batishoboye n’Ubutabazi (Oeuvres Socio Caritatives) muri Caritas Rwanda ndetse no muri Caritas 10 za Diyosezi bahuriye muri Centre Saint Paul i Kigali tariki ya 8 Gicurasi 2026, mu nama yari igamije gushimangira ubufatanye no kurushaho gushyira imbaraga mu gufasha abatishoboye.

Mu ijambo rifungura iyo nama, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda, Padiri Oscar Kagimbura, yibukije ko ubutumwa bwa Caritas ari ugushyira Ivanjili mu bikorwa: “Tugerageza gushyira mu bikorwa Ivanjili kugira ngo itaguma mu magambo gusa, ahubwo igaragarire mu bikorwa bifatika cyane cyane bigera ku banyantege nke, abaciye bugufi n’abafite ibibazo bitandukanye. Duharanira ko bafashwa kugira ngo basubirane agaciro Imana yabaremanye.”

Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda.

Padiri Oscar Kagimbura yanagaragaje akamaro k’Ishami ryita ku Batishoboye n’Ubutabazi mu butumwa bwa Caritas, asaba abitabiriye inama guhora bazirikana ko iri shami ari umutima wa Caritas. Yabashishikarije kurushaho gukora ubukangurambaga kugira ngo abitangira abatishoboye barusheho kuba benshi: “Ubutumwa bwo kwita ku batishoboye, si twe twenyine tubikora. Hari imiryango y’abihayimana, amashyirahamwe, imiryango itegamiye kuri Leta, amatsinda y’abakristu n’abandi babikora. Ndabashishikariza gukomeza gukangurira abantu benshi kurushaho kwita ku batishoboye no kugira umutima wo kwitangira abandi.”

Yongeyeho ko gushimangira uwo muco wo gufashanya ari imwe mu nzira zifatika zo gusohoza neza ubutumwa bwa Caritas.

Abitabiriye inama barebeye hamwe ibikorwa byagezweho mu mwaka wa 2025 ndetse baganira ku mbogamizi zagaragaye n’ingamba zakongerera imbaraga ibikorwa bizakorwa mu gihe kiri imbere.

Binyuze mu kungurana ibitekerezo no gusangizanya ubunararibonye kandi, banaganiriye ku ngamba zo gutegura no gukangurira abantu kugira uruhare mu kwezi kw’Urukundo n’Impuhwe kwa 2026. Batanze ibitekerezo bitandukanye byafasha kongera umusanzu/inkunga itangwa muri uko kwezi no gushishikariza abantu benshi kurushaho kubigira ibyabo no kubigiramo uruhare mu bikorwa by’urukundo.

Umwanya wo kungurana ibitekerezo no gusangizanya ubunararibonye – Antoine Murara, umuyobozi w’Ishami ryita ku Batishoboye muri Caritas Gikongoro.

Indi ngingo yaganiriweho ni ukuvugurura no kongera imbaraga mu micungire y’ububiko bw’amakuru bw’umuryango mugari wa Caritas. Abitabiriye inama bagaragaje ko kunoza imicungire y’amakuru ari ingenzi mu kongera imikorere myiza no gutuma ibikorwa byo gufasha abatishoboye birushaho kugera ku ntego zabyo.

Habayeho umwanya wo kwihugura ku gukoresha sisitemu y’ububiko bw’amakuru ya Caritas.

Gukangurira abantu kugira umutima wa Caritas nabyo byaganiriweho, cyane cyane hakoreshejwe ibitangazamakuru (bisanzwe cyangwa imbuga nkoranyambaga) ndetse no gusura abantu aho bateraniye cyangwa batuye mu bice bitandukanye mu rwego rwo kubakangurira ibikorwa by’urukundo.

Mu gusoza, abari mu nama baganiriye ku yindi minsi ihimbazwa,  nk’umunsi mpuzamahanga w’Abakene (Ugushyingo) ndetse n’Umunsi wahariwe Abantu bafite Ubumuga (Ukuboza). Aba bayobozi bashimangiye ko ari ngombwa gukomeza gushyira imbaraga mu bikorwa bifasha abatishoboye: mu buryo bufatika ndetse n’ubundi nko gutega amatwi, muri byose bamurikiwe n’Ivanjiri ndetse n’Inyandiko z’Abayobozi ba Kiriziya zifasha mu kwimakaza iterambere ryuzuye rya muntu.

May 5, 2026

Mu rwego rwo gushimira Imana, gutekereza ku gaciro k’umurimo no guha agaciro abakozi, Caritas Rwanda yizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo wabereye muri Centre Missionnaire Lavigerie Kigali ku wa 1 Gicurasi 2026.

Uyu munsi wabimburiwe n’Igitambo cya Misa. Mu nyigisho yatanze, Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda, yavuze ko Mutagatifu Yozefu yizihizwa ku munsi w’umurimo kubera ko ari urugero rwiza rw’abakozi. Yagaragaje ko Mutagatifu Yozefu yubashye umurimo we n’ubwo wafatwaga nk’uworoheje, akabifatanya no kurera Umwana w’Imana, Yezu Kristu.

Uyu munsi wabimburiwe n’Igitambo cya Misa.

Padiri Oscar yasabye abakozi bose kurangiza inshingano zabo babikunze kandi bashyizeho umwete, ndetse no gukora neza imirimo yose ya buri munsi harimo n’iyo bakora mu rugo. Muri iki gitambo cya Misa kandi, abakozi ba Caritas Rwanda bashimiye Imana ku mpano y’akazi bafite, banasengera abantu bose: Abayobozi ba Kiriziya n’ab’ibihugu, Abakene b’ingeri zinyuranye, imiryango, ndetse n’abadafite akazi.

Nyuma ya Misa, abakozi bashya bagejejweho Komite ihagarariye abakozi, hakurikiraho ibiganiro ku nshingano za Komite y’Ubuzima n’Umutekano ku kazi. Izo nshingano zirimo guteza imbere ubuzima bwiza bw’umubiri n’ubwo mu mutwe, gushyiraho uburyo n’ibikenewe kugira ngo abakozi bakorere ahantu hatekanye kandi heza, kwitegura ibihe by’amage no kurinda amakuru y’ibanga.

Caritas Rwanda yizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo wabereye muri Centre Missionnaire Lavigerie Kigali ku wa 1 Gicurasi 2026.

Abakozi kandi bahawe ibiganiro ku ngingo zitandukanye zirimo: (i) gukomeza guharanira no guteza imbere umutima wa Caritas ariwo gukunda no kwita ku bakene (esprit Caritas) mu muryango mugari wa Caritas no hanze yawo; (ii) gusobanurirwa Politiki ya Caritas Rwanda yo kurengera abana n’abandi banyantege nke (Safeguarding Policy); ndetse na (iii) na Politiki y’Abakozi (HR Policy).

Umunsi wasojwe no gushyikiriza impamyabushobozi abakozi bamaze imyaka 5, 10 na 15 bakorera Caritas Rwanda, ndetse Bwana Constantin Shyaka ashyikirizwa ishimwe nk’umukozi wabaye indashyikirwa mu mwaka wa 2025.

Constantin Shyaka, umukozi wabaye indashyikirwa mu 2025, ubwo yakiraga igihembo.
May 4, 2026

Ku wa kane tariki 30 Mata 2026, Caritas Rwanda n’ibigo biyishamikiyeho ari byo Librairie Caritas Ltd na Centenary House Ltd bunamiye abazize jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 barimo n’abahoze ari abakozi bayo. Ni igikorwa cyabereye ku Rwibutso rwa jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro.

Abitabiriye iki gikorwa baganirijwe ku mateka ya jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, by’umwihariko mu gace Urwibutso rya jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro ruherereyemo, bahabwa ubuhamya ndetse bashyira indabyo ku mva zibitse imibiri y’abazize jenoside bahashyinguye. Ikindi, basuye ibice bitandukanye bigize urwibutso, bagenda bahabwa ibisobanuro byaho.

Mu isengesho ritangiza iki gikorwa, Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda, yasabiye abazize jenoside yakorewe abatutsi, avuga ko kubibuka ari igikorwa cy’ubupfura kandi ko ari ngombwa n’ubwo biremerera umutima. Padiri Oscar yasabiye by’umwihariko abari abakozi ba Caritas Rwanda bazize jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga wa Caritas Rwanda, yasengeye inzirakarengane zazize jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Madame Huss Monique, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro wungirije, yashimiye Caritas Rwanda kuba yarateguye iki gikorwa kigisha amateka abato agira ati: “Turashimira Caritas yateguye iki gikorwa, kugira ngo urubyiruko ruri mu bakozi mukoresha rumenye amateka kandi abakuru barimo bagire uruhare rwo kurwigisha no kongera imbaraga zo gukomeza gushimangira ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda, jenoside ntizongere ukundi”.

Uwari uhagarariye Ibuka, Ahishakiye Naphtal aho ntiaya ari Nephatal?, nawe yashimiye Caritas Rwanda ko yateguye iki gikorwa cyo kwibuka inzirakarengane zirenga miliyoni zazize jenoside yakirewe abatutsi mu 1994, by’umwihariko izirenga ibihumbi 105 aha harabura ikintu 105 ni abashyinguye I Nyanza ariko kandi ikazirikana kunamira abari abakozi bayo. Yongeyeho ko ari ibyo gushimira Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda yatanze amahirwe yo kwibuka.

Padiri Kayisabe Vedaste, Umunyamabanga Mukuru w’Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda wari umushyitsi mukuru muri iki gikorwa, yavuze ko Caritas Rwanda yatangiye mu 1959 yitwa Secours Catholique Rwandais aka uwagakuramo kugira ngo itabare abari mu kaga. Padiri Vedaste yongeyeho ko iki gihe cyo kwibuka buri wese agomba guharanira ibintu bitatu bikurikira: “(i) Twibuke ibyabaye, (ii) duharanire kuba umwe, gushyira hamwe, kubakira igihugu hamwe, kubakira Kiliziya hamwe, kubakira ubumuntu hamwe no (iii) kwiyubaka ari byo gufatana urunana mu kwiyubaka”.

Padiri Kayisabe Védaste, Umunyamabanga Mukuru w’Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda.

Abari abakozi ba Caritas Rwanda bazize jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ni aba bakurikira: Rugangura Alphonse, Niyibizi Léopold, Beneyezu Eugène, Karangwa Claver, Bunangwa Eugène, Seromba Raphaël Na Nyirababili Joséphine.

May 2, 2026

Ku bufatanye na Caritas Kabgayi, ku itariki 29/04/2026 Caritas Rwanda yakoze ubukangurambaga buhamagarira kugira umutima wa Caritas mu Iseminari Nkuru ya Kabgayi yitiriwe Mutagatifu Tomasi w’Akwini.

Iki kiganiro cyibanze ku nyigisho mbonezamubano za Kiliziya Gatolika, amateka n’ubutumwa bya Caritas, ndetse no gushishikariza kwimakaza umuco wo kugira impuhwe no gufasha abatishoboye cyatanzwe na Soeur Gaudiose Nyiraneza, ushinzwe ubukangurambaga n’ubutabazi mu Ishami ryita ku Batishoboye rya Caritas Rwanda.

Soeur Gaudiose Nyiraneza, ubwo yatangaga ikiganiro mu Iseminari Nkuru ya Kabgayi.

Nyuma y’iki kiganiro, Jean Népomuscène Hakizimana, ukuriye ishami ryita ku Batishoboye muri Caritas Kabgayi, yasobanuye uko igikorwa cy’ukwezi kw’Urukundo n’Impuhwe gikorwa n’uko Diyosezi zagiye zikusanya inkunga kuva mu 2019.

Jean Népomuscène yagarutse ku butumwa bwa Papa Fransisko bushimangira uruhare rwa Caritas mu butumwa bwa Kiliziya ubwo yakiraga abayobozi ba Caritas Internationalis ku itariki 16/05/2023, aho yavuze ko Caritas ari ingenzi mu buzima bwa Kiliziya, ko iramutse itariho na Kiliziya yaba itariho. Ibi bishatse kuvuga ko Caritas na Kiliziya bidatana.

Jean Népomuscène Hakizimana, ukuriye ishami ryita ku Batishoboye muri Caritas Kabgayi.

Ubutumwa abaseminari bazabubyaza umusaruro

Nyuma yo gushimira intumwa zaturutse muri Caritas Rwanda na Caritas Kabgayi, Padiri Claudien Mutuyimana umuyobozi wa Seminari Nkuru ya Kabgayi yavuze ko ubutumwa zatanze bazabubyaza umusaruro. Ati: “Abakene ni ab’Imana, natwe ibatwoherezaho ngo tubitagatifurizemo, tubereke urukundo rw’Imana binyuze mu bikorwa by’urukundo Nyagasani yadutoje. Niba dushaka kuba abe, dushyire umukene ku isonga kandi nk’uko Papa Benedigito wa 16 yabivuze, gufasha umukene ni ukumusubiza ibye tumugomba, ni ukumusubiza agaciro Imana yamuremanye”.

Padiri Claudien Mutuyimana, umuyobozi wa Seminari Nkuru ya Kabgayi.

Mu kiganiro bamwe mu baseminari bagiranye na Caritas Rwanda. Batangaje ko basanzwe bakora ibikorwa by’urukundo hagati yabo, ariko mu gihe cy’Igisibo na Adiventi bakegeranya inkunga ndetse bakagira ibyo bigomwa bagafasha abatishoboye bo hanze ya Seminari Nkuru ya Kabgayi, cyane cyane abarwariye mu bitaro bya Kabgayi, mu Igororero rya Muhanga no mu nkengero za Seminari. Hari kandi igikorwa cyo gutanga amaraso bajya bakora.

Ubukangurambaga nk’ubu bufasha gutegura abayobozi ba Caritas b’ejo hazaza (abari muri za Seminari) bafite indangagaciro z’ubumuntu, ubutabera n’umurava wo kwita ku batishoboye.

Twabibutsa ko ubu bukangurambaga buheruka kubera muri Seminari Nkuru ya Rutongo yitiriwe Mutagatifu Yozefu, ku itariki 22/04/2026.

April 24, 2026

Mu rwego rwo kumenyekanisha ubutumwa bwa Caritas no guhamagarira buri wese kugira umutima wa Caritas: gukunda Imana n’abantu cyane cyane abaciye bugufi, ku wa 22 Mata 2026, Caritas Rwanda yakoreye ubukangurambaga mu Iseminari Nkuru ya Rutongo yitiriwe Mutagatifu Yozefu.

Mu kiganiro yatanze, Soeur Gaudiose Nyiraneza, ushinzwe ubukangurambaga n’ubutabazi mu Ishami ryita ku Batishoboye rya Caritas Rwanda, yasobanuye uko Imana yagiye yita ku mukene kuva imurema kugeza aho Yezu Kristu aje akagira neza aho anyuze hose (Ibyak 10, 38), akiza imize y’amoko yose. Nk’uko yabisobanuye, Caritas bivuga urukundo rwitangira abandi.Ubu butumwa bwo kwita ku bakene Yezu Kristu yabusigiye Kiliziya mu ruhererekane rwayo, nk’uko tubisanga mu nyigisho mbonezamubano za Kiliziya Gatolika (Doctrine Sociale de l’Eglise) no mu nyandiko z’Abashumba ba Kiliziya (Encycliques Sociales). Aha ni ho haje kuvuka Caritas ku rwego rw’isi no mu Rwanda.

Soeur Gaudiose kandi yasobanuye ibijyanye n’ukwezi kw’Urukundo n’Impuhwe (ukwezi kwa 8), kwashyizweho n’Abepiskopi Gatolika mu 1997, aho abakristu n’abandi bantu b’umutima mwiza batanga inkunga binyuze mu nzego za Caritas. Iki gikorwa kigamije kubaka Caritas Nyarwanda ari byo kwishakamo ibisubizo no kwegeranya inkunga yo kugoboka abatishoboye ndetse no gutabara abahura n’ibiza, haba mu Rwanda cyangwa mu mahanga.

Soeur Gaudiose Nyiraneza, ushinzwe ubukangurambaga n’amahugurwa mu Ishami ryita ku Batishoboye rya Caritas Rwanda, ubwo yatangaga ikiganiro.

Nyuma y’iki kiganiro, abaseminari babajije ibibazo byinshi bagamije gusobanukirwa neza ubutumwa bwa Caritas. Bimwe muri byo, harimo ikijyanye no kumenya ahandi Caritas Rwanda ikura ubushobozi bwo kugoboka abatishoboye usibye mu nkunga zatanzwe n’abantu.

Aha basubijwe ko abakristu n’abandi bantu b’umutima mwiza ari bo bafatanyabikorwa ba mbere ba Caritas, ariko Caritas Rwanda ikaba ifite n’ibindi bikorwa byinjiza amafaranga bikayifasha kugoboka abatishoboye mu gihe bibaye ngombwa. Ikindi, Caritas Rwanda ifatanya n’abandi bafatanyabikorwa barimo Leta y’u Rwanda mu kwita no gukurikirana iterambere ryuzuye rya muntu.

Abaseminari kandi babajije icyo bisaba kugira ngo Caritas ifashe kwiga abana baturuka mu miryango itishoboye kuko hari igihe bigaragara ko bamwe muri bo tabasha kwiga. Aha Soeur Gaudiose yasubije ko bisaba kubakorera ubuvugizi bihereye muri Caritas z’imiryango remezo, bigasuzumwa, ikibazo cyabo kikazamurwa mu nzego zayo, abakeneye ubufasha bakabuhabwa.

Padiri Mariko Nizeyimana, umuyobozi wa Seminari Nkuru ya Rutongo yitiriwe Mutagatifu Yozefu, yashimiye Caritas ku bw’ubu bumenyi iba yunguye abayigamo, avuga ko inyigisho za Kiliziya ku mibereho n’imibanire y’abantu mu muryango (Doctrine Sociale de l’Eglise) ari ngombwa kuko bazakomeza kuzikenera no mu yandi masomo baziga, cyane cyane nk’ibijyanye n’ibikorwa byo gufasha abatishoboye (dimension caritative) nk’uko Papa Fransisko yabisobanuye ko ibi bikorwa ari umutima wa Kiliziya.

Padiri Mariko Nizeyimana, umuyobozi wa Seminari Nkuru ya Rutongo yitiriwe Saint Joseph.

Abiga mu Iseminari Nkuru ya Rutongo kandi banasangije Caritas Rwanda ko basanzwe bakora ibikorwa by’urukundo hagati yabo cyane cyane ko batanganya ubushobozi, ibi bikaba ari intambwe nziza yo gukomeza kwimakaza umuco w’ubufatanye n’urukundo, kandi izi nyigisho ni ingirakamaro ku baseminari kuko ari bo bazaba abayobozi ba Caritas mu nzego zayo.

March 30, 2026

Abafashamyumvire 24 b’umushinga Gera Ku Ntego Rubyiruko bakorera mu turere twa Rwamagana na Kayonza bahawe impamyabumenyi zibemerera kuba ba rwiyemezamirimo, nyuma y’umwaka bahabwa ubumenyi bunyuranye burimo gukurikirana amatsinda yo kuzigama no kugurizanya, bagahabwa isuzumabumenyi ndetse bakaritsinda.

Iki gikorwa cyabaye kuri 25 na 26 Werurwe 2026, kikaba ari kimwe mu bikorwa by’umushinga w’urubyiruko Gera ku Ntego (GKN), uterwa inkunga na CRS, ugashyirwa mu bikorwa na Caritas Kibungo mu turere twa Rwamagana, Kayonza na Ngoma, ku bufatanye na Caritas Rwanda.

Nzabandora Ildephonse, umwe muri ba rwiyemezamirimo wo mu karere ka Rwamagana, yatanze ubuhamya bw’ukuntu yiteje imbere, avuga ko mbere yo guhura n’uyu mushinga yabaga mu matsinda yo kuzigama no kugurizanya, ariko ntagire icyo ageraho kuko nta gikorwa yabaga yarateganije. Nyuma yo guhura nawo, yinjiye mu itsinda afite intego zo korora ingurube, arashe ku ntego abasha kubaka ikiraro, aguza n’andi Frw 1.000.000 atangira kuzorora none ubu ageze kure nk’uko abivuga.

Mugenzi we Dusabemariya Florentine wo mu karere ka Kayonza, avuga ko yatangiye korora inkoko 20 abikesha inguzanyo y’itsinda, none ubu ageze kuri 45.

Dusabemariya Florentine umwe muri ba rwiyemezamirimo ba Kayonza, worora inkoko.

 

Mu muhango wo gutanga inyemezabumenyi mu Karere ka Rwamagana, uwari uhagarariye CRS muri iki gikorwa, Madamu Anathalie Mukankusi, yashimiye uru rubyiruko rwabaye ba rwiyemezamirimo, Caritas Kibungo, Caritas Rwanda n’inzego z’ibanze, kuko nk’uko yabisobanuye, n’ubwo CRS yatanze amafaranga, itari kwishoboza gushyira mu bikorwa uyu mushinga iri i Kigali.

Yongeyeho ko ababaye ba rwiyemezamirimo babikwiriye koko, kuko bakorewe isuzuma ririmo kubazwa, raporo batanze mu gihe bamaze bakurikirana amatsinda zirasuzumwa, ndetse amatsinda bakurikirana arasurwa kugira ngo barebe uko akora. Uko ari 24, bose basanze bashoboye.

Madame Anathalie yasabye aba ba rwiyemezamirimo gukora cyane kugira ngo bagere kure, ariko anasaba inzego z’ubuyobozi kubahuza n’amatsinda bafasha kugira ngo babagezeho ubumenyi, ariko bagakangurira abaturage ko bazajya babagenera itike.

Madame Anathalie Mukankusi, ni we wari uhagarariye CRS bu birori byo gutanga impamyabumenyi.

Uwari uhagarariye Akarere ka Rwamagana, Bwana Pierre Rutinduka yashimiye Caritas Kibungo n’abafatanyabikorwa bayo, kuko uru rubyiruko ari imbaraga akarere kungutse. Ku bijyanye n’ubusabe bwa CRS ko ba rwiyemezamirimo bafashwa kubona amatsinda mashya bakurikirana, Bwana Pierre yavuze ko ari inshingano z’ubuyobozi kandi ko iki kifuzo agishyikiriza ubuyobozi bw’Akarere.

Mu gikorwa cyo gutanga inyemezabumenyi mu Karere ka Kayonza, Padiri Emmanuel Bamporineza, Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa Caritas Rwanda wari umushyitsi mukuru, yashimiye CRS yatanze inkunga yo gufasha uru rubyiruko, ashimira n’inzego z’ibanze mu gufasha Caritas gushyira mu bikorwa neza umushinga uhereye ku gutoranya abagenerwabikorwa.

Padiri Emmanuel yashimiye n’uru rubyiruko ko rwakurikiranye amasomo rukayageza ku musozo, arubasaba kubyaza inyungu ubumenyi rwahawe muri aya magambo: “Isi iri mu muvuduko w’iterambere ryihuta, inkunga mwaha Caritas na Leta, ni uko ubumenyi mwahawe mwabubyaza umusaruro ntimubwicarane, bukabagirira akamaro mwe ubwanyu, ndetse bukanagirira akamaro abo muzafasha”.

Padiri Emmanuel Bamporineza, Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa Caritas Rwanda.

Biteganijwe ko ku wa 31 Werurwe 2026, abandi bafashamyumvire 12 bazahabwa inyemezabumenyi zibemerera kuba ba rwiyemezamirimo bakurikirana amatsinda yo kuzigama no kugurizanya. Kuva mu Ukwakira 2024, umushinga Gera Ku Ntego Rubyiruko ufasha amatsinda yo kuzigama no kugurizanya 242 yo mu turere 3 twavuzwe hejuru, ahuriyemo urubyiruko 6.049, rwizigamye asaga Frw miliyoni 101.7, ndetse rukaba rwarakoresheje inguzanyo ivuye muri aya matsinda isaga Frw miliyoni 82.3 (01/10/2024- 31/12/2025).

Uretse igikorwa kibyara inyungu abanyamuryango b’itsinda bahuriyeho (Group economic activity), abanyamuryango ba buri tsinda mu yafashwa n’umushinga Gera Ku Ntego Rubyiruko bagira ibikorwa bahuriraho bigamije gufasha abatishoboye (Group service activity).