February 14, 2024

Kugira ngo imibereho y’abagenerwabikorwa b’imishinga na gahunda zayo izamuke mu birebana n’ubukungu, Caritas Rwanda yibanda ku kubateza imbere binyuze mu matsinda yo kuzigama no kugurizanya. Abagize aya matsinda bahabwa ubumenyi bukenewe mu guhitamo, gutegura, no gucunga imishinga ibyara inyungu. Muri ibi bikorwa ndetse n’ibindi ikora, Caritas ikorana n’abagenerwabikorwa runaka, imyirondoro n’umubare byabo bikabikwa neza. Uretse ibi, hari ababona inyungu ku musaruro w’ibi bikorwa n’ubwo baba batabazwe mu bagenerwabikorwa. Bamwe muri bo, baturuka muri gahunda z’urubyiruko za Youth for Youth (Y4Y) na Gera Ku Ntego (GKN), babitangamo ubuhamya.

Ibyiza byo kwitabira amatsinda yo kuzigama no kugurizanya birivugira, nk’uko byemezwa na Nyiramahoro Josephine. Uyu ni umunyamuryango w’itsinda ryo kuzigama no kugurizanya ryitwa Twitezimbere Rubyiruko ryo mu karere ka Rusizi, umurenge wa Muganza, akagari ka Gakoni, mu mudugudu wa Muhuta. Mu 2022, yatangiye ubucuruzi bw’ifu y’imyumbati atangije igishoro cya Frw 50.000 yari yagujije muri iri tsinda. Binyuze muri ubu bucuruzi, yafashaje umugabo we ukora akazi ko guhinga, mu kwita ku byo abana babo batanu bakenera. Yishimira ibyo yagezeho, cyane cyane kuba abana babo babiri bararangije amashuri yisumbuye.  Kuri ubu yamaze kwishyura umwenda wose wa yarafashe ajya gutangira ubucuruzi bwe, kandi afite igishoro cya Frw 80.000. Yagize ati: “Ukurikije ko dukoresha amafaranga menshi mu byo dukenera mu buzima bwa buri munsi, ibyo nagezeho ni byinshi”.

Abagize rimwe mu matsinda yo kuzigama no kugurizanya bari kumwe n’abakozi ba Caritas Rwanda bo mu Isahimi rishinzwe Amajyambere.

Abajijwe ibyiza byo kugira umubyeyi uri mu itsinda ryo kuzigama no kugurizanya, Tuyizere Lydie, ufite imyaka 22, yavuze ko umuryango we wateye imbere mu buryo bugaragara. Kuva umubyeyi we Nyirangiramahoro Joséphine yakwinjira mu itsinda ryo kuzigama no kugurizanya, ntibakicwa ntibakiburara nk’uko byari bimeze mbere. Byongeye kandi, kuba muri iri tsinda byinjije mu muryango wabo umuco wo gukora cyane no kuzigama, bidaturutse ku kugira ibisaga, ahubwo biturutse ku kwigombwa. Nyuma yo gusoza amashuri yisumbuye, Lydie yatangiye gukorana na nyina mu bucuruzi bwe bw’ifu yimyumbati, ibi bikaba bimufasha kwinjiza amafaranga make no kuzigama Frw 6.000 mu kwezi mu itsinda rye ryo kuzigama no kugurizanya Dukorerehamwe. Ati: “Ibi nabyigiye kuri mama”.

Uwizeyimana Olivier ni umunyamuryango w’itsinda Duterimbererubyiruko ryo mu karere ka Rusizi, umurenge wa Kamembe, akagari ka Cyangugu, umudugudu wa Karangiro. Ku myaka 25, Olivier ukomoka mu muryango w’abana 11, yafashe icyemezo cyo korohereza umutwaro umuryango we. Uretse kurihira amafaranga y’ishuri barumuna be (batanu muri bo barakiga), yishyurira n’abo mu muryango we amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza, kuko umuryango we utunzwe no guca inshuro.

Mbere yo kwinjira mu itsinda ryo kuzigama no kugurizanya, Olivier yari yarazigamye Frw 500.000 mu kazi yakoreraga umuntu ucuruza. Muri Nzeri 2021, yinjiye mu itsinda rya Duterimbererubyiruko, aho yagujije Frw 300.000 ayongera ku yo yari yarazigamye kugira ngo ashinge iduka rifite agaciro ka Frw 800.000. Yagujije kandi Frw 119.000 kugira ngo yongere ibicuruzwa biboneka mu iduka rye. Yishyuye neza inguzanyo, none ubu iduka rye rifite agaciro ka Frw 3.000.000. Mu gihe kiri imbere, Olivier arateganya kuzubaka inzu ifite agaciro ka Frw 10.000.000.

Olivier mu iduka rye.

Izi nkuru z’ibyiza Oliver, Joséphine na Lydie bagezeho zerekana uburyo amatsinda yo kuzigama no kugurizanya yagura icyerekezo cy’abanyamuryango bayo kandi akabafasha kwiteza imbere. Kimwe mu biranga iterambere ni amahitamo anyuranye ku bantu. Nta gushidikanya ko amatsinda yo kuzigama no kugurizanya afite ubushobozi bwo gutanga aya mahitamo ku banyamuryango babo, inzira y’iterambere ryabo n’imiryango yabo. Nk’uko intego ya Caritas Rwanda ari ugufasha abantu bababaye no kubateza imbere iterambere, ntakindi cyaba cyiza nko gufasha abagenerwabikorwa b’imishinga na gahunda zayo kwigira binyuze mu matsinda yo kuzigama no kugurizanya.

Uwiragiye Emmanuel

Umuyobozi w’Ishami Rishinzwe Amajyambere / Caritas Rwanda

February 6, 2024

Kuva ku tariki 29 kugeza kuri 30 Mutarama 2024, abafatanyabikorwa batandukanye bashyira mu bikorwa Gahunda ya Igire, abaturutse mu nzego za Leta bireba, hamwe n’itsinda ryaturutse muri USAID Rwanda bitabiriye igikorwa cyo gusura ibikorwa bya Gahunda ya Igire-Gimbuka cyateguwe na Caritas Rwanda, hagamijwe kwigira ku bikorwa ikora byo kwita ku bana b’imfubyi n’abandi bugarijwe n’ibibazo (Orphans and Vulnable Children bazwi ku izina rya OVC) mu karere ka Nyamasheke.

Muri iyi gahunda abitabiriye bagombaga kwigira mikoranire n’inzego zisanzweho nk’abakorerabushake basanzwe muri sosiyete, inzego z’ubuzima n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, mu gutanga serivisi zuzuye kuri OVC.

Ku gicamunsi cyo ku wa 29 Mutarama, iki gikorwa cyatangijwe no kumurika ibyagezweho na Gahunda ya Igire-Gimbuka mu mwaka ushize mu Karere ka Nyamasheke. Abari bitabiriye iki gikorwa bashimiye Caritas Rwanda kuba yarakanguriye abagenerwabikorwa 99% gufata imiti igabanya ubukana ubuzima bwabo bukaba bumeze neza (bose ni 2003 muri Nyamasheke). Aha ariko babajije icyaba gitera abasiagaye 1% kudafata imiti neza.

Abakozi ba Caritas Rwanda bashinzwe Gahunda ya Igire-Gimbuka basubije ko hari impamvu nyinshi zibitera, ariko ko muri rusange biterwa n’urubyiruko ruba rutarakira ikibazo, rukiheba, ntirufate imiti neza. Itsinda rya USAID ryasabye Igire-Gimbuka gukora ubushakashatsi bwimbitse kugira ngo hamenyekane impamvu zihariye zitera iki kibazo, kugira ngo abagenerwabikorwa bigaragaraho bitabweho mu buryo bw’umwihariko, ubuzima bwabo burusheho kuba bwiza.

Abari muri iki kiganiro kandi bashimye gahunda yitwa Umuryango ni ingenzi (Families Matter! Program) yo gukumira ubwandu bushya mu babyeyi n’abarezi b’ibanze b’abana b’imfubyi n’abandi bugarijwe n’ibibazo, bavuga ko yaba nziza no kuri sosiyete yose muri rusange. Aha babajije niba yubatse ku buryo yaguma gukorwa na nyuma y’isozwa rya Gahunda ya Igire-Gimbuka. Basubijwe ko mu kuyishyira mu bikorwa Igire-Gimbuka ikorana n’inzego zisanzweho nk’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, Inshuti z’Umuryango, n’Umugoroba w’Umuryango. Ibi bikaba bigaragaza ko gahunda y’Umuryango izakomeza n’igihe Gahunda ya Igire-Gimbuka izaba yasojwe.

Ikindi kibazo cyabajijwe kijyanye n’uburyo bukoreshwa mu kumenya niba imyumvire y’abana bakurikirana “Gahunda ya Mugabo Ukwiye” (Change Boys Into Men, CBIM mu mpine) yo gutoza abana b’abahungu kuzavamo abagabo bazira ihohotera ihinduka.  Mu gusubiza, abakozi ba Igire-Gimbuka bavuze ko hari ibibazo abana babanza gusubiza mbere yo kwigishwa kugira ngo bamenye imyumvire yabo ku bijyanye n’ihohoterwa, na nyuma yo gukurikirana inyigisho bakabazwa ibindi bibazo kugira ngo harebwe koko niba barahindutse. Hari kandi kuba abana bitabira gutanga ubutumwa bwo kurwanya ihohoterwa muri bagenzi babo, ndetse no guhinduka ntibahohotere bagenzi babo nk’uko babagaho mbere.

Ku ya 30 Mutarama, abantu batandukanye bitabiriye iki gikorwa basuye amatsinda ya Gahunda ya Mugabo Ukwiye yo mu bigo by’amashuri bya GS Nyanza (mu murenge wa Bushekeri) na GS Saint Nicholas (mu murenge wa Kagano), banagirana ibiganiro n’Imboni z’umuryango ndetse n’abakozi b’inzego zishinzwe ubuzima ku Bitaro bya Kibogora n’Ikigo Nderabuzima cya Gisakura. Bahuye kandi n’abana bafashijwe kwiga imyuga na Gahunda ya Igire-Gimbuka babona akazi harimo ukora mu ruganda rw’icyayi rwa Gisakura, ukora muri Atelier Hope yo mu gakiriro ka Nyamasheke ndetse n’abandi badoda ku giti cyabo.

Lambert Dushimimana, Guverineri w’intara y’Iburengerazuba aganira n’abana bari mu itsinda rya Mugabo Ukwiye kuri GS Saint Nicholas (mu murenge wa Kagano).

Nyuma yo kuganira n’Imboni z’umuryango, abahuza n’abakozi b’inzego zishinzwe ubuzima ku Bitaro bya Kibogora, Bwana Lambert Dushimimana, Guverineri w’intara y’Iburengerazuba, yasabye ko abagenerwabikorwa ba Igire-Gimbuka ndetse n’abashinzwe kubakurikirana babyaza umusaruro amahirwe bafite, kuko uwatanze inkunga aba yifuza kubona bateye intambwe. Naho abana bari mu matsinda ya Mugabo Ukwiye, abashishikariza gukwirakwiza ubutumwa bukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Gahunda ya Igire iterwa inkunga na gahunda ya Perezida wa Amerika PEPFAR binyujijwe muri USAID, ikaba ishyirwa mu bikorwa n’abafatanyabikorwa 5 mu gihugu ari bo: Caritas Rwanda, AEE, YWCA, Duhamic ADRI na FXB. Ku wa 31 Mutarama, abafatanyabikorwa bane babanza bitabiriye igikorwa nk’iki, cyateguwe na FXB mu Karere ka Nyanza, ku bijyanye n’ibikorwa ikora muri gahunda yayo ya Igire-Turengere Abana byo kongerera ubushobozi abangavu n’urubyiruko rw’abakobwa ndetse no kugabanya ibyago byo kwandura virusi itera Sida muri aba bagenerwabikorwa (DREAMS).

January 27, 2024

Mu ruzinduko barimo mu Rwanda rugamije gusobanukirwa neza ibikorwa bya CRS mu Rwanda no guhura n’abafatanyabikorwa bayo b’ingenzi, abagize inama y’ubutegetsi ya CRS n’abaterankunga bahuye n’ubuyobozi bwa Caritas Rwanda kuri uyu wa gatanu tariki ya 26 Mutarama 2024. Ibiganiro byabo byibanze ku bufatanye buri hagati y’ibigo byombi, ingamba zo gukusanya inkunga, ndetse no gusangira ubumenyi mu gihe kiri imbere.

Ku munsi wa mbere w’uru ruzinduko (rwatangiye ku wa 22 Mutarama 2024), aba bashyitsi, abakozi ba CRS Rwanda n’aba Caritas Rwanda bitabiriye igitambo cyabereye kuri Katedrali ya Saint Michel. Abashyitsi kandi banabonanye na Nyiricyubahiro Antoine Cardinal Kambanda, baganira ku bufatanye buri hagati ya CRS na Kiliziya Gatolika mu Rwanda.

Abayobozi ba CRS, abakozi ba CRS Rwanda n’aba Caritas Rwanda basangiye igitambo cya misa kuri Cathedral Saint Michel ku wa 22 Mutarama 2024.

Izi ntumwa kandi zasuye abagenerwabikorwa b’umushinga Youth For Youth (Ushyirwa mu bikorwa na Caritas za Diyosezi 3 ndetse na Vision Jeunesse Nouvelle, ku bufatanye bwa Caritas Rwanda, ku nkunga ya USAID binyuze muri CRS Rwanda) bo mu Karere ka Rubavu ku ya 23 Mutarama 2024. Abagenerwabikorwa basuye ni Tubanambazi Jean D’Amour, uhinga ibihumyo akaba arwanya imirire mibi mu gace atuyemo, na Irakoze Obed ufite farumasi y’ubuvuzi bw’amatungo.

Nyuma yo guhura n’aba ba rwiyemezamirimo b’urubyiruko, abashyitsi basuye Diyosezi ya Nyundo bagirana ibiganiro na Musenyeri Mwumvaneza Anaclet, ibiganiro byibanze ku bufatanye buri hagati ya CRS na Diyosezi ya Nyundo. Musenyeri Anaclet yashimye inkunga yatanzwe na CRS nk’igisubizo cyihuse mu kugoboka abagizweho ingaruka n’imyuzure yo muri Gicurasi 2023.

Ku wa 25 Mutarama 2024, abakozi ba Gikuriro Kuri Bose bakiriye aba bayobozi bakuru ba CRS muri rimwe mu marerero yaryo riri ahitwa Nyirabashenyi mu Karere ka Nyabihu. Ni muri gahunda yo kwigira ku gutanga indyo yuzuye, kwihaza mu biribwa, guteza imbere mu bukungu ndetse na gahunda ECD. ingamba zo kunoza uburyo bwiza bwo kurera mumiryango ifite abana bari munsi yimyaka itanu. Caritas Rwanda yari ihagarariwe na Padiri Jean Paul, umuyobozi wa Caritas Nyundo / Gisenyi.

Abayobozi n’abaterankunga ba CRS, ubwo basuraga irerero rya Nyirabashenyi rifashwa na Gikuriro kuri Bose.

Abayobozi b’akarere ka Nyabihu bashimye ibyagezweho muri gahunda ya Gikuriro Kuri Bose (2015-2020), uruhare runini mu kugabanya kuva kuri 59% muri 2015 kugera kuri 46% muri 2020. Bashimye kandi CRS na Caritas Rwanda ku bufatanye bwiza muri Nyabihu.

January 4, 2024

Bakristu namwe bavandimwe,

Ku itariki ya 04 Gicurasi 2023, twabagejejeho ubutumwa bubashishikariza kwegeranya inkunga yo gutabara abavandimwe bacu bahuye n’ibiza mu bice bitandukanye by’igihugu cyacu, cyane cyane abo mu Ntara y’amajyaruguru n’iy’uburengerazuba.

Tubashimiye tubikuye ku mutima  inkunga yabonetse iturutse mu bwitange no kwitabira iyo mpuruza, mushyira mu bikorwa icyo Ijambo ry’Imana ridusaba aho rigira riti: « nari nshonje muramfungurira, nambaye ubusa muranyambika, ntafite aho mba murancumbikira» (Mt 25,35-36).

Inkunga mwatanze yari itubutse igizwe no gucumbikira no kuba hafi abahuye n’akaga k’ibiza, Kubasura, no kubaganiriza. Mwatanze kandi  ibiribwa, amafaranga, imyambaro, ibikoresho by’isuku n’ibyo mu rugo, no gukora imiganda.

Turashimira Abasaseridoti n’abo bafatanya mu Miryangoremezo, muri Paruwasi no mu ngo z’Abihayimana, abakorerabushake n’abakozi ba Caritas mu nzego zose, bashishikarije icyo gikorwa kandi bakagikurikirana kugeza igihe cyo gushyikiriza inkunga  abo yari igenewe.

Turabifuriza gukomeza kurangwa n’uwo mutima ugira n’impuhwe kandi utabara.  Ineza n’Amahoro bikomoka ku Mwami wacu Yezu Kristu bihorane namwe iteka ryose. Tubasabiye umugisha ku Mana, kandi tubaragije Umubyeyi Bikira Mariya, Umubyeyi utabara abakiristu.

Kureba ubutumwa bwo gushimira inkunga yatanzwe mu kugoboka abahuye n’ibiza byo muri Gicurasi 2023, kanda hano: https://www.youtube.com/watch?v=fQsWnEHI-Lg

December 8, 2023

On the 3rd of June, the steering committee meeting of the Slovenia Government and Karitas Slovenija-funded Tube Aheza, Amazi Hafi Project was held at Home Saint-Jean. The meeting was graced by the Karongi district Vice Mayor in charge of Finance and Economic Development Mr NIRAGIRE Théophile, Mr NIYONSABA Cyriack, the Executive Secretary of the Rugabano sector and priests from the Gisovu, Nyange and Mukungu parishes located in the sectors

November 22, 2023

On the 3rd of June, the steering committee meeting of the Slovenia Government and Karitas Slovenija-funded Tube Aheza, Amazi Hafi Project was held at Home Saint-Jean. The meeting was graced by the Karongi district Vice Mayor in charge of Finance and Economic Development Mr NIRAGIRE Théophile, Mr NIYONSABA Cyriack, the Executive Secretary of the Rugabano sector and priests from the Gisovu, Nyange and Mukungu parishes located in the sectors

November 18, 2023

On the 3rd of June, the steering committee meeting of the Slovenia Government and Karitas Slovenija-funded Tube Aheza, Amazi Hafi Project was held at Home Saint-Jean. The meeting was graced by the Karongi district Vice Mayor in charge of Finance and Economic Development Mr NIRAGIRE Théophile, Mr NIYONSABA Cyriack, the Executive Secretary of the Rugabano sector and priests from the Gisovu, Nyange and Mukungu parishes located in the sectors

November 10, 2023

On the 3rd of June, the steering committee meeting of the Slovenia Government and Karitas Slovenija-funded Tube Aheza, Amazi Hafi Project was held at Home Saint-Jean. The meeting was graced by the Karongi district Vice Mayor in charge of Finance and Economic Development Mr NIRAGIRE Théophile, Mr NIYONSABA Cyriack, the Executive Secretary of the Rugabano sector and priests from the Gisovu, Nyange and Mukungu parishes located in the sectors

November 3, 2023

On the 3rd of June, the steering committee meeting of the Slovenia Government and Karitas Slovenija-funded Tube Aheza, Amazi Hafi Project was held at Home Saint-Jean. The meeting was graced by the Karongi district Vice Mayor in charge of Finance and Economic Development Mr NIRAGIRE Théophile, Mr NIYONSABA Cyriack, the Executive Secretary of the Rugabano sector and priests from the Gisovu, Nyange and Mukungu parishes located in the sectors

October 12, 2023

On the 3rd of June, the steering committee meeting of the Slovenia Government and Karitas Slovenija-funded Tube Aheza, Amazi Hafi Project was held at Home Saint-Jean. The meeting was graced by the Karongi district Vice Mayor in charge of Finance and Economic Development Mr NIRAGIRE Théophile, Mr NIYONSABA Cyriack, the Executive Secretary of the Rugabano sector and priests from the Gisovu, Nyange and Mukungu parishes located in the sectors