Hi, How Can We Help You?

Blog

February 26, 2024

Inteko Rusange ya Caritas Rwanda ya 2024

Kuva ku ya 12 kugeza kuri 23 Gashyantare 2024, muri Centre Saint Paul de Kigali, Caritas Rwanda ibinyujije muri Gahunda yayo ya Igire-Gimbuka, ku bufatanye n’abandi bafatanyabikorwa 3 ba Igire iterwa inkunga na PEPFAR binyuze muri USAID Rwanda, yahuguye abakangurambaga 24 ba Gahunda Umuryango ni ingenzi! (FMP). Abakandida 9 kuri 24 ni bo babonye impamyabumenyi za burundu.

Nyuma y’iminsi 6 batangiye amahugurwa kuri FMP, abakandida 16 gusa ni bo batsinze ibizamini bagiye bahabwa buri munsi, bakaba ari bo bakomeje mu cyiciro cy’iminsi 5 cyakurikiyeho cyo gukora imyitozo ku kwigisha gahunda Umuryango ni ingenzi! 9 gusa muri bo nibo babashije gutsinda muri iki cyiciro babona impamyabumenyi za burundu. Abandi batatu bahawe impamyabumenyi z’agateganyo bikaba biteganijwe ko bazakira iza burundu nibamara kuzuza ibyo basabwe gukora.

Aya mahugurwa yakozwe hagamijwe kongera umubare w’abakangurambaga ba FMP mu turere twose dukorerwamo gahunda za OVC – DREAMS (Abana b’imfubyi n’abandi bugarijwe n’ibibazo – abangavu n’abakobwa/abagore bato). Abandi bafatanyabikorwa bafatanije na Caritas Rwanda gutegura aya mahugurwa ni FXB, YWCA na DUHAMIC ADRI.

Amahugurwa y’Umuryango ni Ingenzi.

Nyuma y’amahugurwa, abakangurambaga ba FMP bazatanga amasomo ya FMP yongerera ubushobozi ababyeyi / abarezi ba b’imfubyi n’abana bugarijwe n’ibibazo/Abangavu, abakobwa n’abagore bato ku buryo bwiza bwo kurera, ibiganiro ku buzima bw’imyororokere hagati ababyeyi baganiriza abana,  ibi bikaba bigira uruhare mu gukumira ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA no gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina (GBV) mu rubyiruko (abakobwa n’abahungu) n’abagore bakiri bato bo bakurikiranwa b’abafatanyabikorwa batandukanye bashyira mu bikorwa gahunda ya IGIRE.

Nk’abakangurambaga bazatoza abandi, abahuguwe kuri gahunda ya FMP bahawe ubumenyi bwimbitse burebana n’ukuntu gahunda y’Umuryango ni ingenzi ikora, hagamijwe kubategura gutanga amahugurwa y’abandi batoza ba FMP. Aya mahugurwa agizwe n’uruhererekane rw’amasomo arenana n’inyigisho zikoreshwa muri FMP, imfashanyigisho za FMP, inshingano z’abatoza n’ibyo bazakora, umwitozo wo gukora muri abatoza babiri, uburyo bwo kwigisha abakuze, n’ubumenyi ku gukusanya no gusangiza abandi amakuru.

Uretse ibi bivuzwe hejuru, abahuguwe bize ibirebana n’ubuzima bw’imyororokere nk’uko bikoreshwa mu burere bwiza hagati y’ababyeyi n’umwana, ibiganiro byimbitse no gusobanukirwa ibijyanye no gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Leave a Reply

Your email address will not be published.

This field is required.

You may use these <abbr title="HyperText Markup Language">html</abbr> tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

*This field is required.