Hi, How Can We Help You?

Category Archives: News

June 14, 2024

Nyuma y’umwaka atangiye kwizigama, ku itariki 5 Kamena 2024, amatsinda yo kuzigama no kugurizanya 48 agizwe n’abagenerwabikorwa 944 b’umushinga wa Graduation uterwa inkunga na HCR yagabanye Frw 285.519.800. Aya mafaranga arimo ubwizigame bwa Frw 225.149.230 n’inyungu z’inguzanyo bahanahanye hagati muri bo ya Frw 60.370.570. Aya matsinda yanatangiye urugendo rwo guhinduka akaba koperative, mu rwego rwo kwigira.

Umwe mu bagenerwabikorwa batanze ubuhamya, Azabe Sosthène, yavuze ko mbere yo gutoranywa n’umushinga wa Graduation we n’umuryango we bari babayeho ubuzima bubi cyane, ku buryo hari n’igihe yavuye mu nkambi akajya gushaka akazi k’ubuyede mu Bugesera, agakora amezi abiri, ahava yaratakaje ibiro 10. Ariko amaze guhabwa inkunga y’amafaranga, ubuzima bwarahindutse. Sosthène yagize ati: “Ya Frw 800.000 nayashoye mu gucuruza ubuki, sezame, amavuta ya Olive n’ibindi, nkajya kubirangura i Kigali. Mu minsi ishize twarashe ku ntego, nsanga nizigamye Frw 600.000, yabyaye inyungu ya Frw 185.000”.

Azabe Sosthène, umwe mu bagenerwabikorwa b’umushinga wa Graduation Project, yashoye amafaranga yahawe n’uyu mushinga mu bucuruzi bw’ubuki, sesame n’amavuta ya Olive.

Naho Umukiza Solange umwe mu bagenerwabikorwa b’umushinga wa Graduation baturiye inkambi ya Mahama, yavuze ko n’ubwo yize ubuvuzi bw’amatungo ariko yabanje kubura akazi, n’igihe akaboneye kamuhemba intica ntikize. Nyuma yo guhabwa inkunga, muri uyu mwaka, Solange yizigamiye Frw 655.500, kandi ubucuruzi bw’imiti y’amatungo yatangije burimo kunguka. Nk’uko yabitanzemo ubuhamya, we n’abandi banyamuryango b’itsinda 19 bishyize hamwe bashinga koperative y’ubuhinzi bw’ibigori, none ubu kuri konti ya banki yabo bamaze kugezaho Frw 510.000.

Muri ibi birori, abanyamuryango b’aya batsinda bibukijwe ko uburyo bwo Gucutsa bukoreshwa n’umushinga wa Graduation bumara imyaka itatu, umushinga ugahugura umugenerwabikorwa, ukamuha inkunga y’amafaranga, ugatanga ubujyanama ku matsinda no mu mishinga mito ibyara inyungu buri mugenerwabikorwa aba yaratangije. Mu mpanuro yahaye abagize aya matsinda, Bigirimana Samuel, umukozi wa HCR ushinzwe kurengera impunzi mu nkambi ya Mahama, yagize ati: “Nyuma y’imyaka itatu ntabwo uba ugisabiriza. Ntabwo uba uvuga ngo ndabaho nte? Ntabwo uba uvuga ngo baramfasha iki? Ahubwo mu myaka itatu tureba umuntu utanga akazi, wibeshaho, akabeshaho n’abandi”.

Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Mukandayisenga Janvière, yavuze ko hari imiryango myinshi itegamiye kuri Leta (NGO) cyangwa imishinga myinshi iha abagenerwabikorwa amafaranga cyangwa ubundi bufasha bugamije kubakura mu bukene, ariko bikarangirira aho. Ati: “Turashimira mwe Caritas Rwanda binyuze muri iyi Graduation, kuko mwazanye ubufasha bw’amafaranga, ariko mugashyiraho umurongo wo kwibumbira mu matsinda. Ni nayo mpamvu uyu munsi mubona birimo kubyara umusaruro mwiza. Iyo abantu bataza kwibumbira mu matsinda, ntabwo twari bubone uyu musaruro”.

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe Imibereho Myiza, Mukandayisenga Janvière, yashimiye Caritas Rwanda kuko uretse gutanga inkunga y’amafaranga, inafasha aabagenerwabikorwa kwibumbira mu matsinda yo kubitsa no kugurizanya bikabafasha gutera imbere.

Padiri Nteziryayo Emmanuel, Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Kiyanzi, yasabye abari bitabiriye iki gikorwa, gukora cyane kugira ngo batere imbere ariko muri byose bakibuka gusenga Imana. Ati: “Byombi bigomba kujyana. Mutagatifu Benedigito umukuru w’abamonaki ni we wabwiraga abamonaki ati: senga kandi ukore, kuko hejuru ya byose, hari Imana”.

Itsinda ryagabanye ubwizigame bwinshi ni Abadahigwa Saruhembe ryagabanye Frw 11.464.800 rikaba rigizwe n’abaturiye inkambi ya Mahama. Iryo mu nkambi ryagabanye menshi ryitwa Ejoheza Mahama V15, rigabana ubwizigame bwa Frw 8.443.000 Umunyamuryango w’itsinda wahize abandi kwizigama amafaranga menshi, ni Etane Jean Bosco, wizigamye Frw 1.242.250, kandi ubucuruzi bwe bw’imbuto nabwo buragenda neza. Uwagabanye macye yabonye Frw 180.000.

Uyu ubaye umwaka wa kabiri amatsinda yo mu kambi ya Mahama no mu nkengero zayo arasa ku ntego, hakabamo arashe ku ntego ku nshuro ya mbere, andi akaba arashe ku nshuro ya kabiri. Ubwizigame bwabonetse muri iyi myaka yose ibiri ni Frw 395.000.000.

Abanyamuryango 944 b’aya matsinda 48 barimo 669 b’impunzi z’Abarundi n’Abakongomani (bari mu matsinda 36) na 287 b’Abanyarwanda baturiye inkambi (bari mu matsinda 12).

June 13, 2024

Caritas Rwanda ibinyujije mu mushinga wa ECD uterwa inkunga na Plan International Rwanda, n’abandi bafatanyabikorwa, bifatanije n’Akarere ka Bugesera mu kwizihiza umunsi w’imbonezamikurire y’abana bato mu Karere ka Bugesera, ku itariki 28/05/2024. Ni ibirori byabereye mu murenge wa Kamabuye, bisoza icyumweru cy’imbonezamikurire y’abana bato, yari ifite insanganyamatsiko igira iti: Isibo, igicumbi cy’imikurire myiza y’umwana muto.

Icyumweru cy’imbonezamikurire y’abana bato mu Karere ka Bugesera cyatangiye kuri 20/05/2024, cyaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo gupima ibiro n’uburebure by’abana, gukusanya ibyo kubagaburira, gukora ubukangurambaga ku isuku n’isukura, ku buzima – ababyeyi bakangurirwa gukoresha amazi meza, no kwigisha ababyeyi gutegura indyo yuzuye, gusura ababyeyi mu ngo, kubakangurira kwita ku burere buboneye n’ibindi.

Mu bana 1756 bapimwe muri iki cyumweru, 99 bagaragaweho imirire mibi nk’uko Imanishimwe Yvette, umuyobozi w’Akarere ka Bugesera ushinzwe imibereho myiza yabigarutseho. Uyu muyobozi w’Akarere wungirije yasobanuye ko abana 79 muri abo badafite imirire mibi ikabije (bari mu muhondo), bakaba baratangiye kugaburirwa indyo yuzuye binyuze muri site z’ibikoni by’imidugudu. Abandi 20 basigaye bagaragaweho imirire mibi ikabije (bari mu mutuku) bashyizwe ahantu hatanzwe n’umuryango utabogamiye kuri Leta Gasore Serge Foundation, aho bitabwaho n’abaganga b’abana babasura buri munsi, bakanagaburirwa indyo yuzuye kuzageza bakize.

Madame Yvette Imanishimwe, Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera ushinzwe Imibereho Myiza, ubwo yagezaga ku bitabiriye uyu munsi mukuru ibikorwa byagezweho mu cyumweru cy’imbonezamikurire y’abana bato.

Umwe mu bafite urugo mbonezamikurire watanze ubuhamya, Mukantwari Alphonsine, yasobanuye ko bafatanya n’ababyeyi kwita ku bana bagendeye ku nkingi 6 z’imbonezamikurire y’abana bato ari zo imirire myiza, ubuzima, isuku n’isukura, uburere buboneye, gutegura umwana kare kwiga no kurinda umwana ihohoterwa iryo ari ryo ryose. Alphonsine yashimiye ubuyobozi n’abandi bafatanyabikorwa uburyo bashyigikira ababyeyi bo mu ngo mbonezamikurire anahamagarira na buri muntu ku giti cye kuyitaho kuko ari ingenzi ku bana.

Muri iki gikorwa hahembwe ababyeyi b’abagabo 3 bagaragaje ubudasa mu gutanga umusanzu mu ngo mbonezamikurire mu rwego rw’Akarere, n’abandi 15 babyeyi b’abagore n’abagabo ku rwego rw’umurenge bagize uruhare mu kwita ku ngo mbonezamikurire.

Abagabo babaye indashyikirwa mu kwita ku ngo mbonezamikurire bahawe ibikapu n’ibitabo byo kwandikamo.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye ibi birori, Sengarama Robert, umuyobozi ushinzwe imbonezamikurire y’abana bato n’uburezi muri Plan International Rwanda, yavuze ko uretse kugaragaza ibyagezweho, ibikorwa nk’ibi bigamije gukangurira na ba bandi batarashyira abana mu ngo mbonezamikurire kubazana nabo bakabona ku byiza byazo. Yongeyeho ko ingo mbonezamikurire zikeneye aho abana bidagadurira. Yagize ati: “Dufatanije na Caritas Rwanda twasuye ingo mbonezamikurire dusanga hari aho abana badafite uburyo bwo kwidagadura, kandi umwana burya yiga neza iyo akina, iyo akoresha ibikinisho, ubwonko burakanguka.” Muri uru rwego, Caritas Rwanda ibitewemo inkunga na Plan International Rwanda mu mushinga wa ECD, yatanze ibinisho bikangura ubwonko bw’abana mu ngo mbonezamikurire isanzwe ifasha.

Umuyobozi Mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe imbonezamikurire y’abana bato (NCDA) Madame Ingabire Assumpta wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango, yasobanuye ko gahunda y’ingo mbonezamikurire yatangijwe na Nyakubahwa Prezida wa Repubulika y’u Rwanda, nyuma yo kubona ko abana b’Abanyarwanda bagwingira, ntibabone n’uburere buboneye ndetse n’ibindi bibi byari bibugarije, asaba ko ingo mbonezamikurire zikwirakwizwa hirya no hino mu gihugu.  Madame Assumpta yahamagariye abarezi n’ababyeyi kunoza serivisi z’ingo mbonezamikurire ndetse n’abandi bafite abana bari munsi y’imyaka 6 bakazitabira. Yagize ati: “Iyo umwana yitaweho avamo umuturage mwiza ushobora kwigirira akamaro, akanakorera igihugu mu buryo buhamye”.

Madame Ingabire Assumpta, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe imbonezamikurire y’abana bato, yasabye ababyeyi n’abarenzi kurushaho kunoza serivisi batanga mu ngo mbonezamikurire.

Nk’uko byatangajwe muri ibi birori, mu karere ka Bugesera habarizwa ingo mbonezamikurire 1625 zirimo abana 57.303. Muri zo, izikorera mu ngo ni 1.160, zibarizwamo abana 23.161. Umushinga wa ECD wa Caritas Rwanda ku nkunga ya Plan International Rwanda ufasha 20 zikorera mu ngo.

June 5, 2024

Mu rwego rwo kurushaho gukangurira kwipimisha, gushyira ku miti, gukurikirana, no kugabanya ingano ya virusi itera Sida mu bana, ababyaza n’abakozi bashinzwe ubujyanama no gupima ku bushake virusi itera SIDA mu bigo nderabuzima bya Kiliziya Gatolika bikorera mu karere ka Karongi, bahawe amahugurwa y’iminsi ibiri kuri Virusi itera SIDA y’abana yabaye kuva tariki 30 kugeza ku ya 31 Gicurasi 2024. Akarere ka Karongi katoranijwe kuko kaza ku isonga mu kugira umubare w’abanduye virusi itera SIDA, uri hagati ya 2.84% na 3.66 (HIMS – Nyakanga 2022-Kamena 2023[1]).

Aya mahugurwa yateguwe mu rwego rw’umushinga wa Faith Initiative uterwa inkunga na Caritas Internationalis binyuze muri PEPFAR, yabereye kuri Hotel Home Saint Jean, mu Karere ka Karongi akaba yaribanze ku ngingo eshatu zikurikira:

1.Gukora ubukangurambaga bwo kurwanya akato n’ihezwa bikorerwa abafite virusi itera SIDA;

2.Kurinda umubyeyi kwanduza umwana virusi itera SIDA;

3.Kongera umubare w’abagana serivisi itanga ubujyanama ikanapima ku bushake virusi itera SIDA, ndetse abafata imiti igabanya ubukana bwa virus itera SIDA neza.

Nyuma y’amahugurwa, abakozi b’ubuzima bagiriwe inama gupima hakiri kare, gushyira ku miti abana byagaragaye ko bafite agakoko gatera Sida, gutanga inama, gushimangira gahunda z’ubuzima, guteza imbere uruhare rw’abaturage mu bikorwa byo kurwanya Sida, gukorana n’inzego z’ubuyobozi, cyane cyane mu bigo nderabuzima ndetse no mu nteko z’abaturage, umugoroba w’ababyeyi, n’ibindi. Bazakora kandi ubukangurambaga bugamije guhamagarira abantu kwipimisha virusi itera SIDA ku bushake, basure abantu mu ngo, bashishikariza cyane cyane abagabo guherekeza abo bashakanye mu gihe bagiye kwipimisha batwite (inshuro umunani).

Abakozi b’ibigo nderabuzima bya Kiliziya Gatolika, bari mu matsinda bakora gahunda yo gukora ubukangurambaga mu baturage.

Mbere y’aya mahugurwa, abapadiri bakuriye abandi mu Karere ka Karongi bahawe amahugurwa kuri virusi itera Sida y’abana ndetse no kuri apurikasiyo ya CaritasCare kuva tariki 23 kugeza ku ya 25 Mata 2024. Aya mahugurwa yari agamije kubaha ubumenyi ku gukora ubukangurambaga bwo kurwanya akato n’ihezwa rikorerwa abafite virusi itera SIDA, gutanga amakuru kuri ibi bikorwa binyuze muri apurikasiyo ya CaritasCare (CaritasCare App), gukangurira ababyeyi batazi uko bahagaze kwipimisha virusi itera SIDA ku bushake n’abana babo kugira ngo abana n’abandi bafite virusi itera SIDA bagaragaye bahuzwe n’ibigo nderabuzima bahabwe ubujyanama n’ubuvuzi hakiri kare.

Uretse abapadiri bakuriye abandi, abakozi ba Caritas Rwanda mu mushinga wa Faith Initiative bakoranye inama n’abayobozi b’inzego z’ibanze mu Karere ka Karongi kuri 23/05/2024, kugira ngo nabo bagire uruhare mu kuzamura umubare w’abana bapimwa virusi itera SIDA hakiri kare no kubahuza n’ibigo nderabuzima kugira ngo bavurwe. Ibi kandi byari mu rwego rwo rwo guhuza imbaraga hagati y’abayobozi b’inzego z’ibanze, abapadiri bakuriye abanda mu Karere ka Karongi n’abakozi mu bigo nderabuzima muri iki gikorwa.

Umushinga wa Faith Initiative ukorera mu bihugu bine ari byo Nigeria, Côte d’Ivoire, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda.

 

[1] https://www.rbc.gov.rw/fileadmin/user_upload/report23/HIV%20Annual%20report%202022%20-2023.pdf – paji ya 13

May 30, 2024

Mu rwego rwo gusuzuma uko Gahunda ya Igire-Gimbuka irimo gushyirwa mu bikorwa, ku ya 21 na 22 Gicurasi 2024, itsinda riturutse muri USAID Rwanda iri kumwe n’abayobozi bashinzwe uburezi bo mu Karere ka Rubavu basuye ibikorwa bya Igire-Gimbuka mu karere ka Rubavu, harimo abana bafashwa kwiga imyuga mu kigo cya Vision Jeunesse Nouvelle hamwe n’abana bari muri club ya Mugabo Ukwiye mu Rwunge rw’amashuri rwa Shwemu II.

Ubwo yaganirizaga abana biga imyuga muri Vision Jeunesse Nouvelle babifashijwemo na Igire-Gimbuka, Mupenzi Pacifique, umuyobozi ushinzwe uburezi mu karere ka Rubavu, yavuze ko kwiga imyuga ari ingenzi cyane  nyuma yo gusoza uba udakeneye gushakisha akazi, ko ahubwo ushobora ushobora kwihangira umurimo ukaba waha abanda akazi. Yanabashishikarije gukomeza amasomo yabo kuko byongera amahirwe ku isoko ry’umurimo.

Umunsi ubanza wo kuri 20 Gicurasi 2024, itsinda rya USAID Rwanda ryakoze igenzura rigamije gutera imbaraga ibikorwa bya gahunda (Site Improvement through Monitoring System – SIMS), rinasuzuma ubuziranenge bw’amakuru atangwa (Data Quality Assessment – DQA) mu bikorwa bya Igire-Gimbuka biri mu Karere ka Rubavu. Muri SIMS, Igire-Gimbuka yatsinze ku 100% mu murenge wa Rubavu aho SIMS yakorewe.

Ikipe ya USAID Rwanda n’abashinzwe uburezi mu Karere ka Rubavu basuye abana biga imyuga muri Vision Jeunesse Nouvelle babifashijwemo na Igire-Gimbuka.

Hagamijwe kuzamura imibereho y’abagenerwabikorwa kugira ngo bigire, Igire-Gimbuka yashyizeho inashyigikira amatsinda yo kuzigama no kugurizanya. Rimwe muri aya matsinda ryitwa Duharaniramahoro ryorora rikanagurisha imishwi y’ukwezi kumwe, kuri 22 Gicurasi 2024 ryasuwe n’abashyitsi bavuzwe haruguru. Abagize Duharaniramahoro bashimiwe kuba barashyizeho iki gikorwa cyibinjiriza amafaranga, kandi bashishikarizwa gushinga koperative.

Abashyitsi kandi bahuye n’abakorerabushake ba Igire-Gimbuka, kugira ngo basobanukirwe byimbitse neza uko bita ku bagenererwabikorwa b’iyi gahunda, uko babasura mu ngo no gukurikirana abari ku miti  kugira no imibiri yabo isubirane ubudahangarwa. Aba bashyitsi banahuye n’abana b’imfubyi n’abatishoboye (OVC) baterwa inkunga na na Gahunda ya Igire-Gimbuka kimwe n’abayobozi b’ikigo nderabuzima cya Kigufi kugira ngo bamenye ibijyanye n’ubufatanye hagati ya Igire-Gimbuka n’iki kigo nderabuzima, kubohereza kwa muganda no guhuza abakeneye ubufasha n’aho babukura.

Umwe mu bana batanze ubuhamya ubwo abashyitsi bahuraga nabo bari kumwe n’aba CMV naba linkage facilitators, yavuze ko yatangiye gufata imiti virusi ari nyinshi mu mubiri we. Yafataga imiti y’ukwezi, agahabwa itike ya Frw 1000 na Gahunda ya Igire-Gimbuka. Yongeyeho ko yaje kubona hari abandi bagenzi be bahabwa itike ya Frw 3000, abajije impamvu bamubwira ko bo virusi zagabanutse mu mubiri, bakaba baza gufata imiti nyuma y’amezi atatu. Ati: “Kuva ubwo naguze isaha, saa mbiri zagera nkanywa umuti, ntibyatinda nanjye njya muri ba bandi bafata imiti mu mezi atatu, kandi ndacyakomeje kuyinywa neza”.

Ikipe ya USAID Rwanda n’abashinzwe uburezi mu Karere ka Rubavu baganira n’abana bari muri Club Mugabo Ukwiye mu Rwunge rw’amashuri rwa Shwemu II.

Uyu mwana kandi yashimye cyane Gahunda ya Igire-Gimbuka kuko uretse kumufasha kugarura ubuzima bwiza, yanamufashije kwiga umwuga wo kudoda, inamuha imashini idoda none ubu arikorera.

Mu biganiro byagiranye, abashyitsi bagiriye inama abakorerabushake gukomeza kwita ku bagenerwabikorwa ba gahunda babishyize ku mutima, ndetse na nyuma y’ubwo gahunda ya Igire-Gimbuka izaba yarasojwe bakazabikomeza.

Ikipe iturutse muri USAID Rwanda iri kumwe n’abayobozi bashinzwe mu karere ka Rubavu ubwo bahuraga n’abakorerabushake ba gahunda ya Igire-Gimbuka mu Karere ka Rubavu.

Basabwe kandi gutanga imibare nyayo muri raporo zabo, kuko itanga amakuru ku buzima bw’abagenerwabikorwa ba gahunda, bityo bakabaha guhabwa ubufasha bakeneye.

May 20, 2024

Ku itariki 17 Gicurasi 2024, Caritas Rwanda yibutse abari abakozi bayo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Iki gikorwa cyabimburiwe n’Igitambo cya Misa yo kubasabira, habaho gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, ibiganiro n’ubuhamya.

Abari abakozi ba Caritas Rwanda bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ni Rugangura Alphonse, Niyibizi Léopold, Beneyezu Eugène, Karangwa Claver, Bunangwa Eugène, Seromba Raphaël na Nyirababiri Joséphine. Uretse abakozi ba Caritas Rwanda, igikorwa cyo kubibuka cyitabiriwe n’imiryango yabo n’abahagarariye inzego zinyuranye bari batumiwe.

Nyuma y’igitambo cya Misa yabereye kuri Centre Missionnaire Lavigerie ikayoborwa na Padiri Kayisabe Védaste, Umunyamabanga Mukuru w’Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda, abitabiriye iki gikorwa basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali. Aha basobanuriwe amateka yaranze u Rwanda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu gihe yabaga ndetse na nyuma yayo.

Kwibuka abahoze ari abakozi ba Caritas Rwanda bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 byabimburiwe n’igitambo cya misa yo kubasabira.

Abitabiriye iki gikorwa kandi bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bashyinguye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, banashyira indabyo ku mva ibitse imibiri yabo.

Mu butumwa yatanze ubwo abitabiriye iki gikorwa bari ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda, Padiri Oscar Kagimbura yavuze ko kigamije kwibutsa buri wese ko afite inshingano yo guha agaciro ubuzima bwa muntu. Ati: “Ubuzima ni Imana ibutanga, ntawe ufite uburenganzira bwo kwambura mugenzi we ubuzima”.

Mu mwanya w’ibiganiro n’ubuhamya, Mwanangu Juvénal wakoraga ndetse ugikora muri Caritas Rwanda yatanze ubuhamya avuga ukuntu yahunze ava mu Ruhengeri, yagera i Kigali Caritas Rwanda ikamuha akazi ikanamubera umuryango. Yongeyeho ko ibihe byabanjirije Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 bitari byoroshye, ndetse avuga ku mibanire myiza na bagenzi be bakoranaga muri Caritas Rwanda bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Uwavuze mu izina ry’imiryango y’abari abakozi ba Caritas Rwanda bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, Bwana Niyibizi Albert, yashimiye Caritas Rwanda kuba yarabazirikanye mu gikorwa cyo kwibuka ababo, yongeraho ko n’ubwo imiryango n’Igihugu byatakaje inkingi n’amaboko kubera Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri ubu ubuzima bwongeye gushibuka.

Naho Bwana Hamudu Safari uhagarariye umuryango Ibuka mu Karere ka Nyarugenge nawe yashimye Caritas Rwanda ku rukundo igaragaza ruzira ivangura, avuga ko ari umuhamya warwo kuko na se umubyara yayikozemo kandi ari umuyisilamu. Bwana Hamudu kandi yagarutse ku musanzu wa Caritas Rwanda mu kubaka u Rwanda rwa nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 agira ati: “Caritas yabaye iya mbere mu gufasha abarokotse jenoside. N’ubwo ntafite imibare ifatika, ariko Caritas yafashije imfubyi, yafashije abapfakazi, yarihiye abana amashuri n’ibindi. Nanjye ndi mu bo yafashije kuko yahaye umubyeyi wanjye akazi mu bihe byari bidukomereye abasha kutwishyurira amashuri, tuvamo abagabo tubikesha Caritas”.

Ifoto y’urwibutso irimo abayobozi n’abakozi ba Caritas Rwanda, abo mu miryango y’abahoze ari abakozi ba Caritas Rwanda bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, n’abandi bashyitsi.

Mu butumwa yatanze kuri uyu munsi, Padiri Kayisabe Védaste Umunyamabanga Mukuru w’Inama y’Abepisikopi Gatolika mu Rwanda, yibukije ko icyoroshye ari ugukora icyiza kurusha gukora ikibi. Ati: “Icyoroshye ni ukwica cyangwa ni ukutica? Twafashe uyu mwanya kugira ngo twige. Tugomba kwigira ku mateka.” Padiri Kayisabe yashimiye Caritas Rwanda kuba yarateguye iki gikorwa, ashimira abacyitabiriye bose by’umwihariko imiryango y’abari abakozi ba Caritas Rwanda bazize jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ababwira ko Caritas ihora ibazirikana.

May 20, 2024

Kuri uyu wa 16 Gicurasi 2024, abakozi ba Caritas Rwanda bahuriye mu nama y’umunsi umwe, baboneraho kwizihiza umunsi w’umurimo usanzwe wizihizwa ku itariki ya 1 Gicurasi 2024.

Uyu munsi watangijwe n’amahugurwa magufi/y’umunsi umwe ajyanye no gusigasira/kurinda no gukoresha neza amakuru y’ikigo, akaba yatanzwe n’urwego rw’abanyamategeko rwa Landmark advocates.

Nyuma y’amahugurwa habayeho imikino y’umupira w’amaguru n’uw’amaboko (volleyball) yakinwe hagati y’abakozi ba Gahunda ya Igire-Gimbuka n’abandi bakozi basigaye ba Caritas Rwanda. Mu mupira w’amaguru, Igire-Gimbuka yatsinze ibitego 2 kuri 1 cy’abandi bakozi basigaye ba Caritas Rwanda.Muri Volleyball Caritas Rwanda yatsinze amaseti 2 kuri imwe ya Igire-Gimbuka.

Habayeho imikino y’umupira w’amaguru n’uw’amaboko (volleyball) yakinwe hagati y’abakozi ba Gahunda ya Igire-Gimbuka n’abandi bakozi basigaye ba Caritas Rwanda.

Mu ijambo yagejeje ku bakozi basaga 100 bitabiriye uyu munsi mukuru, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda Padiri Oscar Kagimbura yabashimiye kuwitabira, abasaba gukomeza kwitangira umurimo bakora kuko ari ingenzi mu gufasha Caritas gutabara abakene ishinzwe.

Padiri Oscar Kagimbura yaboneyeho gushyikiriza ishimwe Caritas Rwanda yageneye Madame Nduwamungu Thérèse umaze imyaka isaga 18 ayikorera, akaba agiye mu kiruhuko cy’izabukuru. Ishimwe yahawe ryari ryanditseho amagambo amushimira akazi k’indashyikirwa yakoze, mu myaka isaga 18 yari amaze ayikorera. Ni ubutumwa bwashyizweho umukono na Musenyeri Anaclet Mwumvaneza, Perezida wa Caritas Rwanda.

Caritas Rwanda yahaye Madame Nduwamungu Thérèse igihembo cy’ishimwe kubera akazi keza yayikoreye mu myaka 18 ishize.

Padiri Kayisabe Vedaste, Umunyamabanga Mukuru w’Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda wari witabiriye iki gikorwa cyabereye kuri Cercle Sportif de Kigali, yashimiye ubuyobozi bwa Caritas Rwanda bwateguye iki gikorwa, abusaba gukomeza kurangiza neza inshingano bahawe na Kiliziya.

April 24, 2024

Mu rwero rwo kwitegura umunsi mpuzamahanga wo kurwanya Malariya uzizihizwa kuri 25/04/2024, Caritas Rwanda ifatanyije na RBC / Minisiteri y’Ubuzima, Umujyi wa Kigali, USAID Rwanda na Global Fund, bakoze ubukangurambaga bwo kurwanya Malariya biciye muri siporo rusange (Car free Day), tariki 21/04/2024, i Nyamirambo kuri Tapis Rouge.

Muri ubu bukangurambaga bwari bufite insanganyamatsiko igira iti: Kurandura Malariya ihera kuri Njye, habayeho kwisuzumisha ku bushake indwara zitandura aho iki gikorwa cyakozwe ku buntu. Ubutumwa bwatanzwe binyuze mu myitozo ngororamubiri, ibiganiro byatanzwe n’abantu banyuranye, indirimbo n’ibibazo byabajijwe abitabiriye ubu bukangurambaga, abatsinze bagahabwa ibihembo.

Muri iki gikorwa habayeho umwanya wo kwipimisha indwara zitandura ku buntu.

Nk’uko abagiye banyuzaho ubutumwa banyuranye bagiye babigarukaho, u Rwanda rumaze kurandura Malariya ku kigero cya 90%, uruhare rwa buri wese rukaba rukenewe kugira ngo irandurwe burundu.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iki gikorwa, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda Padiri Oscar Kagimbura yibukije ko roho nzima itura mu mubiri muzima, buri wese akaba ahamagarirwa gushyira mu bikorwa ingamba zose zo kurwanya Malariya bigishijwe zirimo: (a) kurara mu nzitiramibu neza, (b) gukuraho ibireka by’amazi akikije urugo, n’ibikoresho byose bishaje byo mu rugo bishaje hirindwa ko harekamo amazi,  , (c) gutema ibihuru bikikije urugo,  (d) kwivuza hakirikare ku Mujyanama w’Ubuzima cg ku Kigo nderabuzima umuntu akibona kimwe mu bimenyetso bya Malariya harimo nk’umuriro n’ibindi.

Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda, ubwo yagezaga ubutumwa ku bitabiriye iki gikorwa.

Umuhanzi Nemeye Platini, uzwi ku izina ry’Ubuhanzi rya Platini P, ni we wasusurukije abitabiriye ubu bukangurambaga.

Umuhanzi Platini P ni we wasusurukije abitabiriye igikorwa.

Mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo kurwanya Malariya uzaba tariki 25/04/2024, kuva tariki 21/04 kugeza kuri 27/04/2024, i Kigali kuri Hotel Radisson Blue hateraniye inama ya 8 ihuza ibihugu by’Afrika yiga ku ngamba zo guhashya indwara ya Malariya.

March 20, 2024
March 20, 2024

Kuva tariki 11 kugeza kuri 12 Werurwe 2024, Inteko Rusange ya Caritas Rwanda yateraniye kuri Hotel Cenetra i Kabuga, ikaba yarigaga ku ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro y’Inteko Rusange ya 2023, kugaragaza raporo y’ibikorwa byo mu 2023, iteganyabikorwa ryo muri 2024 no gushyiraho imyanzuro izashyirwa mu bikorwa muri 2024.

Inteko Rusange ya Caritas Rwanda igizwe n’Abepiskopi bose ari nabo Bayobozi bayo, yitabiriwe kandi n’Intumwa ya Papa mu Rwanda, Myr Arnaldo Sanchez Catalan, Abayobozi ba Caritas za Diyosezi, abafatanyabikorwa ba Caritas Rwanda banyuranye, n’abakozi ba Caritas.

Ubwo yafunguraga iyi Nteko Rusange ku mugaragaro, Perezida wa Caritas Rwanda Mgr Anaclet Mwumvaneza yashimiye Caritas zose kuba zarizihije umunsi mpuzamahanga w’abakene (wabaye tariki 19 Ugushyingo 2023) mu busabane no gusangira n’abakene mu bitaro, mu mavuriro ya Kiliziya Gatolika (FOSA), muri za paruwasi, kimwe no mu miryango remezo.  Mgr Anaclet Mwumvaneza yanagarutse ku butumwa bwa Papa Fransisiko bujyanye n’uyu munsi bwibutsa ko abakene atari imibare, ahubwo ko ari abantu bifuza cyane cyane ko abandi bababa hafi ngo babagaragarize ubumuntu.

Musenyeri Mwumvaneza Anaclet, ubwo yafunguraga ku mugaragaro Inteko Rusange ya Caritas Rwanda ya 2024.

Perezida wa Caritas Rwanda yanasobanuye ko Caritas iri mu mwaka wa nyuma w’iteganyabikorwa rya 2020-2024, isuzuma ry’igihe ryo hagati rikaba ryarerekanye ko ishyirwa mu bikorwa riri mu nzira nziza. Ati: Uruhare rwanyu ruracyacyenewe kugira ngo iri teganyabikorwa risozwe neza. Umusanzu wanyu kandi uzakenerwa ubwo tuzaba tugiye gukora irindi teganyabikorwa ry’imyaka itanu rya 2025-2029”.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye Inteko Rusange ya Caritas Rwanda, intumwa ya Papa mu Rwanda Mgr Arnaldo Catalan yavuze ko Caritas idakora imishinga no gushakisha ibisubizo birebana no kwita ku batishoboye, ko ahubwo inagira uruhare mu nzira yo gukomeza ubusabane, y’urukundo, muri buri gihugu. Yagize ati : “ Caritas, irihariye, ifite itandukaniro n’indi miryango cyangwa ibigo byo ku isi. Ndabashimira ubwitange bwanyu kandi Imana ihe umugisha ibyo muzakora muri 2024. Ni ngombwa ko muhora musubira ku isoko y’umurimo mwahawe, ari rwo rukundo Imana idukunda n’umuhamagaro wo gukunda abandi. Inkomoko ya Caritas ishingiye ku butumwa yahawe muri uru rukundo rw’Imana n’urukundo rwa Kiliziya ku bantu bose”.

intumwa ya Papa mu Rwanda Mgr Arnaldo Catalan

Raporo y’ibikorwa byo muri 2023 yatanzwe binyuze mu mashami 4 ya Caritas Rwanda ari yo : irishinzwe Imiyoborere n’Imari, irishinzwe ibikorwa byo kwita ku batishoboye, irishinzwe ubuzima, n’ishinzwe iterambere. Muri rusange, ibikorwa byari biteganijwe gukorwa muri 2023 byagezweho ku kigereranyo kiri hejuru ya 90%.

Mu bindi byaganiriweho n’Inteko Rusange ya 2024, harimo kurushaho gukangurira abakristu n’abandi bantu b’umutima mwiza kwitabira gutanga inkunga yo gufasha abatishoboye mu kwezi k’urukundo n’impuhwe (ukwezi kwa 8 kwa buri mwaka) ndetse no kuyishyikiriza ku bo igenewe. Mu mwaka wa 2023, Caritas ya Diyosezi ya Ruhengeri yaje ku isonga mu gutanga raporo ku gihe kandi no kwegeranya inkunga itubutse ni yo yabashije gukusanya inkunga nyinshi mu kwezi k’urukundo n’impuhwe (25.198.908 Frw), ikurikirwa na Caritas ya Diyosezi ya Kigali (21.265.925 Frw).

Gahunda yo guteganya imbyaro hakoreshejwe uburyo bwa kamere (PFN) nayo iri mu byaganiriweho muri iyi Nteko Rusange ya Caritas Rwanda. Nk’uko byagaragajwe muri raporo y’ibikorwa birebana n’ubuzima bya 2023, imiryango 37.237 imaze guhabwa serivisi ya PFN, hakaba harimo imiryango 6.544 mishya yayihawe uyu mwaka. Inteko Rusange yavuze ko abakoresha ubu buryo batarahabwa amakarita yerekana ko ari bwo bakoresha bayahabwa, ku buryo n’iyo bajya ahandi kwa muganga bakabazwa uburyo bakoresha bayerekana.

Muri iyi Nteko Rusange ya Caritas Rwanda hafatiwemo imyanzuro inyuranye, harimo irebana n’imikoranire hagati ya Caritas n’inzego zinyuranye za Kiliziya, kongera imbaraga mu bikorwa bisanzweho, gushakisha ingamba zo kongera umutungo bwite wa Caritas kugirango ishobore kwigira idategereje inkunga z’amahanga, kwizihiza umunsi wa Caritas / Umunsi w’umukene ku nzego zose, gushyira imbaraga mu gukangurira abantu kwitabira ibikorwa by’iterambere hibandwa cyane cyane ku rubyiruko, n’ibindi.

March 18, 2024

Kuva tariki 27/02 kugeza kuri 15/03/2024, Caritas Rwanda ifatanije na Caritas za Diyosezi uko ari 10, yateguye inama zo kungurana ibitekerezo ku byagezweho muri gahunda yo guteganya imbyaro hakoreshejwe uburyo bwa Kamere (PFN) muri 2022/2023 n’imbogamizi ku ishyirwa mu bikorwa ryayo.

Izi nama zabereye muri buri Diyosezi ku minsi itandukanye, zateguwe mu rwego rwo kungurana ibitekerezo ku byagezweho muri gahunda yo guteganya imbyaro hakoreshejwe uburyo bwa kamere (PFN) mu mwaka wa 2022/2023, imbagamizi ku ishyirwa mu bikorwa ry’iyi gahunda no kuganira ku ngamba z’igihe kirambye, zikaba zarabaye n’umwanya mwiza wo kuganira ku bikorwa biteganyijwe gukorwa mu mwaka wa 2023/2024.

Izi nama zateguwe ku nkunga ya Ministeri y’ubuzima n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima RBC, binyuze mu kigo cy’Ababiligi gishinzwe iterambere Enabel.

Inama yiga ku ishyirwa mu bikorwa rya gahunda yo guteganya imbyaro mu buryo bwa kamere, yabereye muri Caritas ya Nyundo/Kibuye tariki 15/03/2024.

Izi nama ni ngaruka mwaka, iya buri kuri buri Diyosezi ikaba ihuza Padiri  Umuyobozi wa Caritas ya Diyosezi, Padiri  Umuyobozi wa Komisiyo y’umuryango ku rwego rwa Diyosezi, Padiri  mukuru wa paruwasi (bose), abayobozi b’ibitaro n’ibigo nderabuzima bya Kiliziya Gatolika, ndetse n’abakozi bakora muri serivisi yo guteganya imbyaro ku buryo bwa kamere mu bitaro n’ibigo nderabuzima bya Kiliziya Gatolika.

March 4, 2024

Ku nshuro ya kabiri, amatsinda yo kuzigama no kugurizanya yo mu nkambi ya Nyabiheke afashwa n’umushinga wa PRM/PAC yagabanye ubwizigame n’inyungu z’inguzanyo bingama na Frw 97.193.695 ku itariki 29/0 2/2024. Ni ibirori byabereye kuri stade ya Nyabiheke.

 

Amatsinda 27 (19 yo mu nkambi na 8 yo hanze y’inkambi), yarashe ku ntego agizwe n’abanyamuryango 583 akaba aterwa inkunga n’Umushinga PRM/PAC ushyirwa mu bikorwa na Caritas Rwanda.

 

Mu gihe cy’umwaka, amatsinda yose yizigamye Frw 67.198.000, guhera muri Werurwe 2023 kugeza kuri 29/02/2024. Kuko ari amatsinda yo kuzigama no kugurizanya barashe ku ntego bamaze kugeza ku Frw 97.193.695.

 

Itsinda ryo mu Nkambi ryagabanye amafaranga menshi ryagabanye Frw 10.800.000  (Dukundane Q7A) naho itsinda ryo hanze y’inkambi ryagabanye menshi ryabonye Frw 4.338.330 Rwf (Hindukawigire Mugera).

 

Umunyamuryango w’itsinda wagabanye menshi mu nkambi ni uwitwa Nyirangirimana Aline wo mu itsinda Korawigire Q3 yagabanye Frw 793.600 naho uwo hanze y’inkambi ni Ugirikirezi Claire wo mu itsinda Tuzamurane Agakomeye, wagabanye Frw 368.160.

1 2 3 7