May 30, 2024

Mu rwego rwo gusuzuma uko Gahunda ya Igire-Gimbuka irimo gushyirwa mu bikorwa, ku ya 21 na 22 Gicurasi 2024, itsinda riturutse muri USAID Rwanda iri kumwe n’abayobozi bashinzwe uburezi bo mu Karere ka Rubavu basuye ibikorwa bya Igire-Gimbuka mu karere ka Rubavu, harimo abana bafashwa kwiga imyuga mu kigo cya Vision Jeunesse Nouvelle hamwe n’abana bari muri club ya Mugabo Ukwiye mu Rwunge rw’amashuri rwa Shwemu II.

Ubwo yaganirizaga abana biga imyuga muri Vision Jeunesse Nouvelle babifashijwemo na Igire-Gimbuka, Mupenzi Pacifique, umuyobozi ushinzwe uburezi mu karere ka Rubavu, yavuze ko kwiga imyuga ari ingenzi cyane  nyuma yo gusoza uba udakeneye gushakisha akazi, ko ahubwo ushobora ushobora kwihangira umurimo ukaba waha abanda akazi. Yanabashishikarije gukomeza amasomo yabo kuko byongera amahirwe ku isoko ry’umurimo.

Umunsi ubanza wo kuri 20 Gicurasi 2024, itsinda rya USAID Rwanda ryakoze igenzura rigamije gutera imbaraga ibikorwa bya gahunda (Site Improvement through Monitoring System – SIMS), rinasuzuma ubuziranenge bw’amakuru atangwa (Data Quality Assessment – DQA) mu bikorwa bya Igire-Gimbuka biri mu Karere ka Rubavu. Muri SIMS, Igire-Gimbuka yatsinze ku 100% mu murenge wa Rubavu aho SIMS yakorewe.

Ikipe ya USAID Rwanda n’abashinzwe uburezi mu Karere ka Rubavu basuye abana biga imyuga muri Vision Jeunesse Nouvelle babifashijwemo na Igire-Gimbuka.

Hagamijwe kuzamura imibereho y’abagenerwabikorwa kugira ngo bigire, Igire-Gimbuka yashyizeho inashyigikira amatsinda yo kuzigama no kugurizanya. Rimwe muri aya matsinda ryitwa Duharaniramahoro ryorora rikanagurisha imishwi y’ukwezi kumwe, kuri 22 Gicurasi 2024 ryasuwe n’abashyitsi bavuzwe haruguru. Abagize Duharaniramahoro bashimiwe kuba barashyizeho iki gikorwa cyibinjiriza amafaranga, kandi bashishikarizwa gushinga koperative.

Abashyitsi kandi bahuye n’abakorerabushake ba Igire-Gimbuka, kugira ngo basobanukirwe byimbitse neza uko bita ku bagenererwabikorwa b’iyi gahunda, uko babasura mu ngo no gukurikirana abari ku miti  kugira no imibiri yabo isubirane ubudahangarwa. Aba bashyitsi banahuye n’abana b’imfubyi n’abatishoboye (OVC) baterwa inkunga na na Gahunda ya Igire-Gimbuka kimwe n’abayobozi b’ikigo nderabuzima cya Kigufi kugira ngo bamenye ibijyanye n’ubufatanye hagati ya Igire-Gimbuka n’iki kigo nderabuzima, kubohereza kwa muganda no guhuza abakeneye ubufasha n’aho babukura.

Umwe mu bana batanze ubuhamya ubwo abashyitsi bahuraga nabo bari kumwe n’aba CMV naba linkage facilitators, yavuze ko yatangiye gufata imiti virusi ari nyinshi mu mubiri we. Yafataga imiti y’ukwezi, agahabwa itike ya Frw 1000 na Gahunda ya Igire-Gimbuka. Yongeyeho ko yaje kubona hari abandi bagenzi be bahabwa itike ya Frw 3000, abajije impamvu bamubwira ko bo virusi zagabanutse mu mubiri, bakaba baza gufata imiti nyuma y’amezi atatu. Ati: “Kuva ubwo naguze isaha, saa mbiri zagera nkanywa umuti, ntibyatinda nanjye njya muri ba bandi bafata imiti mu mezi atatu, kandi ndacyakomeje kuyinywa neza”.

Ikipe ya USAID Rwanda n’abashinzwe uburezi mu Karere ka Rubavu baganira n’abana bari muri Club Mugabo Ukwiye mu Rwunge rw’amashuri rwa Shwemu II.

Uyu mwana kandi yashimye cyane Gahunda ya Igire-Gimbuka kuko uretse kumufasha kugarura ubuzima bwiza, yanamufashije kwiga umwuga wo kudoda, inamuha imashini idoda none ubu arikorera.

Mu biganiro byagiranye, abashyitsi bagiriye inama abakorerabushake gukomeza kwita ku bagenerwabikorwa ba gahunda babishyize ku mutima, ndetse na nyuma y’ubwo gahunda ya Igire-Gimbuka izaba yarasojwe bakazabikomeza.

Ikipe iturutse muri USAID Rwanda iri kumwe n’abayobozi bashinzwe mu karere ka Rubavu ubwo bahuraga n’abakorerabushake ba gahunda ya Igire-Gimbuka mu Karere ka Rubavu.

Basabwe kandi gutanga imibare nyayo muri raporo zabo, kuko itanga amakuru ku buzima bw’abagenerwabikorwa ba gahunda, bityo bakabaha guhabwa ubufasha bakeneye.

May 20, 2024

Ku itariki 17 Gicurasi 2024, Caritas Rwanda yibutse abari abakozi bayo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Iki gikorwa cyabimburiwe n’Igitambo cya Misa yo kubasabira, habaho gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, ibiganiro n’ubuhamya.

Abari abakozi ba Caritas Rwanda bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ni Rugangura Alphonse, Niyibizi Léopold, Beneyezu Eugène, Karangwa Claver, Bunangwa Eugène, Seromba Raphaël na Nyirababiri Joséphine. Uretse abakozi ba Caritas Rwanda, igikorwa cyo kubibuka cyitabiriwe n’imiryango yabo n’abahagarariye inzego zinyuranye bari batumiwe.

Nyuma y’igitambo cya Misa yabereye kuri Centre Missionnaire Lavigerie ikayoborwa na Padiri Kayisabe Védaste, Umunyamabanga Mukuru w’Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda, abitabiriye iki gikorwa basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali. Aha basobanuriwe amateka yaranze u Rwanda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu gihe yabaga ndetse na nyuma yayo.

Kwibuka abahoze ari abakozi ba Caritas Rwanda bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 byabimburiwe n’igitambo cya misa yo kubasabira.

Abitabiriye iki gikorwa kandi bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bashyinguye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, banashyira indabyo ku mva ibitse imibiri yabo.

Mu butumwa yatanze ubwo abitabiriye iki gikorwa bari ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda, Padiri Oscar Kagimbura yavuze ko kigamije kwibutsa buri wese ko afite inshingano yo guha agaciro ubuzima bwa muntu. Ati: “Ubuzima ni Imana ibutanga, ntawe ufite uburenganzira bwo kwambura mugenzi we ubuzima”.

Mu mwanya w’ibiganiro n’ubuhamya, Mwanangu Juvénal wakoraga ndetse ugikora muri Caritas Rwanda yatanze ubuhamya avuga ukuntu yahunze ava mu Ruhengeri, yagera i Kigali Caritas Rwanda ikamuha akazi ikanamubera umuryango. Yongeyeho ko ibihe byabanjirije Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 bitari byoroshye, ndetse avuga ku mibanire myiza na bagenzi be bakoranaga muri Caritas Rwanda bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Uwavuze mu izina ry’imiryango y’abari abakozi ba Caritas Rwanda bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, Bwana Niyibizi Albert, yashimiye Caritas Rwanda kuba yarabazirikanye mu gikorwa cyo kwibuka ababo, yongeraho ko n’ubwo imiryango n’Igihugu byatakaje inkingi n’amaboko kubera Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri ubu ubuzima bwongeye gushibuka.

Naho Bwana Hamudu Safari uhagarariye umuryango Ibuka mu Karere ka Nyarugenge nawe yashimye Caritas Rwanda ku rukundo igaragaza ruzira ivangura, avuga ko ari umuhamya warwo kuko na se umubyara yayikozemo kandi ari umuyisilamu. Bwana Hamudu kandi yagarutse ku musanzu wa Caritas Rwanda mu kubaka u Rwanda rwa nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 agira ati: “Caritas yabaye iya mbere mu gufasha abarokotse jenoside. N’ubwo ntafite imibare ifatika, ariko Caritas yafashije imfubyi, yafashije abapfakazi, yarihiye abana amashuri n’ibindi. Nanjye ndi mu bo yafashije kuko yahaye umubyeyi wanjye akazi mu bihe byari bidukomereye abasha kutwishyurira amashuri, tuvamo abagabo tubikesha Caritas”.

Ifoto y’urwibutso irimo abayobozi n’abakozi ba Caritas Rwanda, abo mu miryango y’abahoze ari abakozi ba Caritas Rwanda bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, n’abandi bashyitsi.

Mu butumwa yatanze kuri uyu munsi, Padiri Kayisabe Védaste Umunyamabanga Mukuru w’Inama y’Abepisikopi Gatolika mu Rwanda, yibukije ko icyoroshye ari ugukora icyiza kurusha gukora ikibi. Ati: “Icyoroshye ni ukwica cyangwa ni ukutica? Twafashe uyu mwanya kugira ngo twige. Tugomba kwigira ku mateka.” Padiri Kayisabe yashimiye Caritas Rwanda kuba yarateguye iki gikorwa, ashimira abacyitabiriye bose by’umwihariko imiryango y’abari abakozi ba Caritas Rwanda bazize jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ababwira ko Caritas ihora ibazirikana.

May 20, 2024

Kuri uyu wa 16 Gicurasi 2024, abakozi ba Caritas Rwanda bahuriye mu nama y’umunsi umwe, baboneraho kwizihiza umunsi w’umurimo usanzwe wizihizwa ku itariki ya 1 Gicurasi 2024.

Uyu munsi watangijwe n’amahugurwa magufi/y’umunsi umwe ajyanye no gusigasira/kurinda no gukoresha neza amakuru y’ikigo, akaba yatanzwe n’urwego rw’abanyamategeko rwa Landmark advocates.

Nyuma y’amahugurwa habayeho imikino y’umupira w’amaguru n’uw’amaboko (volleyball) yakinwe hagati y’abakozi ba Gahunda ya Igire-Gimbuka n’abandi bakozi basigaye ba Caritas Rwanda. Mu mupira w’amaguru, Igire-Gimbuka yatsinze ibitego 2 kuri 1 cy’abandi bakozi basigaye ba Caritas Rwanda.Muri Volleyball Caritas Rwanda yatsinze amaseti 2 kuri imwe ya Igire-Gimbuka.

Habayeho imikino y’umupira w’amaguru n’uw’amaboko (volleyball) yakinwe hagati y’abakozi ba Gahunda ya Igire-Gimbuka n’abandi bakozi basigaye ba Caritas Rwanda.

Mu ijambo yagejeje ku bakozi basaga 100 bitabiriye uyu munsi mukuru, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda Padiri Oscar Kagimbura yabashimiye kuwitabira, abasaba gukomeza kwitangira umurimo bakora kuko ari ingenzi mu gufasha Caritas gutabara abakene ishinzwe.

Padiri Oscar Kagimbura yaboneyeho gushyikiriza ishimwe Caritas Rwanda yageneye Madame Nduwamungu Thérèse umaze imyaka isaga 18 ayikorera, akaba agiye mu kiruhuko cy’izabukuru. Ishimwe yahawe ryari ryanditseho amagambo amushimira akazi k’indashyikirwa yakoze, mu myaka isaga 18 yari amaze ayikorera. Ni ubutumwa bwashyizweho umukono na Musenyeri Anaclet Mwumvaneza, Perezida wa Caritas Rwanda.

Caritas Rwanda yahaye Madame Nduwamungu Thérèse igihembo cy’ishimwe kubera akazi keza yayikoreye mu myaka 18 ishize.

Padiri Kayisabe Vedaste, Umunyamabanga Mukuru w’Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda wari witabiriye iki gikorwa cyabereye kuri Cercle Sportif de Kigali, yashimiye ubuyobozi bwa Caritas Rwanda bwateguye iki gikorwa, abusaba gukomeza kurangiza neza inshingano bahawe na Kiliziya.

April 24, 2024

Mu rwero rwo kwitegura umunsi mpuzamahanga wo kurwanya Malariya uzizihizwa kuri 25/04/2024, Caritas Rwanda ifatanyije na RBC / Minisiteri y’Ubuzima, Umujyi wa Kigali, USAID Rwanda na Global Fund, bakoze ubukangurambaga bwo kurwanya Malariya biciye muri siporo rusange (Car free Day), tariki 21/04/2024, i Nyamirambo kuri Tapis Rouge.

Muri ubu bukangurambaga bwari bufite insanganyamatsiko igira iti: Kurandura Malariya ihera kuri Njye, habayeho kwisuzumisha ku bushake indwara zitandura aho iki gikorwa cyakozwe ku buntu. Ubutumwa bwatanzwe binyuze mu myitozo ngororamubiri, ibiganiro byatanzwe n’abantu banyuranye, indirimbo n’ibibazo byabajijwe abitabiriye ubu bukangurambaga, abatsinze bagahabwa ibihembo.

Muri iki gikorwa habayeho umwanya wo kwipimisha indwara zitandura ku buntu.

Nk’uko abagiye banyuzaho ubutumwa banyuranye bagiye babigarukaho, u Rwanda rumaze kurandura Malariya ku kigero cya 90%, uruhare rwa buri wese rukaba rukenewe kugira ngo irandurwe burundu.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iki gikorwa, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda Padiri Oscar Kagimbura yibukije ko roho nzima itura mu mubiri muzima, buri wese akaba ahamagarirwa gushyira mu bikorwa ingamba zose zo kurwanya Malariya bigishijwe zirimo: (a) kurara mu nzitiramibu neza, (b) gukuraho ibireka by’amazi akikije urugo, n’ibikoresho byose bishaje byo mu rugo bishaje hirindwa ko harekamo amazi,  , (c) gutema ibihuru bikikije urugo,  (d) kwivuza hakirikare ku Mujyanama w’Ubuzima cg ku Kigo nderabuzima umuntu akibona kimwe mu bimenyetso bya Malariya harimo nk’umuriro n’ibindi.

Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda, ubwo yagezaga ubutumwa ku bitabiriye iki gikorwa.

Umuhanzi Nemeye Platini, uzwi ku izina ry’Ubuhanzi rya Platini P, ni we wasusurukije abitabiriye ubu bukangurambaga.

Umuhanzi Platini P ni we wasusurukije abitabiriye igikorwa.

Mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo kurwanya Malariya uzaba tariki 25/04/2024, kuva tariki 21/04 kugeza kuri 27/04/2024, i Kigali kuri Hotel Radisson Blue hateraniye inama ya 8 ihuza ibihugu by’Afrika yiga ku ngamba zo guhashya indwara ya Malariya.

March 20, 2024
March 20, 2024

Kuva tariki 11 kugeza kuri 12 Werurwe 2024, Inteko Rusange ya Caritas Rwanda yateraniye kuri Hotel Cenetra i Kabuga, ikaba yarigaga ku ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro y’Inteko Rusange ya 2023, kugaragaza raporo y’ibikorwa byo mu 2023, iteganyabikorwa ryo muri 2024 no gushyiraho imyanzuro izashyirwa mu bikorwa muri 2024.

Inteko Rusange ya Caritas Rwanda igizwe n’Abepiskopi bose ari nabo Bayobozi bayo, yitabiriwe kandi n’Intumwa ya Papa mu Rwanda, Myr Arnaldo Sanchez Catalan, Abayobozi ba Caritas za Diyosezi, abafatanyabikorwa ba Caritas Rwanda banyuranye, n’abakozi ba Caritas.

Ubwo yafunguraga iyi Nteko Rusange ku mugaragaro, Perezida wa Caritas Rwanda Mgr Anaclet Mwumvaneza yashimiye Caritas zose kuba zarizihije umunsi mpuzamahanga w’abakene (wabaye tariki 19 Ugushyingo 2023) mu busabane no gusangira n’abakene mu bitaro, mu mavuriro ya Kiliziya Gatolika (FOSA), muri za paruwasi, kimwe no mu miryango remezo.  Mgr Anaclet Mwumvaneza yanagarutse ku butumwa bwa Papa Fransisiko bujyanye n’uyu munsi bwibutsa ko abakene atari imibare, ahubwo ko ari abantu bifuza cyane cyane ko abandi bababa hafi ngo babagaragarize ubumuntu.

Musenyeri Mwumvaneza Anaclet, ubwo yafunguraga ku mugaragaro Inteko Rusange ya Caritas Rwanda ya 2024.

Perezida wa Caritas Rwanda yanasobanuye ko Caritas iri mu mwaka wa nyuma w’iteganyabikorwa rya 2020-2024, isuzuma ry’igihe ryo hagati rikaba ryarerekanye ko ishyirwa mu bikorwa riri mu nzira nziza. Ati: Uruhare rwanyu ruracyacyenewe kugira ngo iri teganyabikorwa risozwe neza. Umusanzu wanyu kandi uzakenerwa ubwo tuzaba tugiye gukora irindi teganyabikorwa ry’imyaka itanu rya 2025-2029”.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye Inteko Rusange ya Caritas Rwanda, intumwa ya Papa mu Rwanda Mgr Arnaldo Catalan yavuze ko Caritas idakora imishinga no gushakisha ibisubizo birebana no kwita ku batishoboye, ko ahubwo inagira uruhare mu nzira yo gukomeza ubusabane, y’urukundo, muri buri gihugu. Yagize ati : “ Caritas, irihariye, ifite itandukaniro n’indi miryango cyangwa ibigo byo ku isi. Ndabashimira ubwitange bwanyu kandi Imana ihe umugisha ibyo muzakora muri 2024. Ni ngombwa ko muhora musubira ku isoko y’umurimo mwahawe, ari rwo rukundo Imana idukunda n’umuhamagaro wo gukunda abandi. Inkomoko ya Caritas ishingiye ku butumwa yahawe muri uru rukundo rw’Imana n’urukundo rwa Kiliziya ku bantu bose”.

intumwa ya Papa mu Rwanda Mgr Arnaldo Catalan

Raporo y’ibikorwa byo muri 2023 yatanzwe binyuze mu mashami 4 ya Caritas Rwanda ari yo : irishinzwe Imiyoborere n’Imari, irishinzwe ibikorwa byo kwita ku batishoboye, irishinzwe ubuzima, n’ishinzwe iterambere. Muri rusange, ibikorwa byari biteganijwe gukorwa muri 2023 byagezweho ku kigereranyo kiri hejuru ya 90%.

Mu bindi byaganiriweho n’Inteko Rusange ya 2024, harimo kurushaho gukangurira abakristu n’abandi bantu b’umutima mwiza kwitabira gutanga inkunga yo gufasha abatishoboye mu kwezi k’urukundo n’impuhwe (ukwezi kwa 8 kwa buri mwaka) ndetse no kuyishyikiriza ku bo igenewe. Mu mwaka wa 2023, Caritas ya Diyosezi ya Ruhengeri yaje ku isonga mu gutanga raporo ku gihe kandi no kwegeranya inkunga itubutse ni yo yabashije gukusanya inkunga nyinshi mu kwezi k’urukundo n’impuhwe (25.198.908 Frw), ikurikirwa na Caritas ya Diyosezi ya Kigali (21.265.925 Frw).

Gahunda yo guteganya imbyaro hakoreshejwe uburyo bwa kamere (PFN) nayo iri mu byaganiriweho muri iyi Nteko Rusange ya Caritas Rwanda. Nk’uko byagaragajwe muri raporo y’ibikorwa birebana n’ubuzima bya 2023, imiryango 37.237 imaze guhabwa serivisi ya PFN, hakaba harimo imiryango 6.544 mishya yayihawe uyu mwaka. Inteko Rusange yavuze ko abakoresha ubu buryo batarahabwa amakarita yerekana ko ari bwo bakoresha bayahabwa, ku buryo n’iyo bajya ahandi kwa muganga bakabazwa uburyo bakoresha bayerekana.

Muri iyi Nteko Rusange ya Caritas Rwanda hafatiwemo imyanzuro inyuranye, harimo irebana n’imikoranire hagati ya Caritas n’inzego zinyuranye za Kiliziya, kongera imbaraga mu bikorwa bisanzweho, gushakisha ingamba zo kongera umutungo bwite wa Caritas kugirango ishobore kwigira idategereje inkunga z’amahanga, kwizihiza umunsi wa Caritas / Umunsi w’umukene ku nzego zose, gushyira imbaraga mu gukangurira abantu kwitabira ibikorwa by’iterambere hibandwa cyane cyane ku rubyiruko, n’ibindi.

March 18, 2024

Kuva tariki 27/02 kugeza kuri 15/03/2024, Caritas Rwanda ifatanije na Caritas za Diyosezi uko ari 10, yateguye inama zo kungurana ibitekerezo ku byagezweho muri gahunda yo guteganya imbyaro hakoreshejwe uburyo bwa Kamere (PFN) muri 2022/2023 n’imbogamizi ku ishyirwa mu bikorwa ryayo.

Izi nama zabereye muri buri Diyosezi ku minsi itandukanye, zateguwe mu rwego rwo kungurana ibitekerezo ku byagezweho muri gahunda yo guteganya imbyaro hakoreshejwe uburyo bwa kamere (PFN) mu mwaka wa 2022/2023, imbagamizi ku ishyirwa mu bikorwa ry’iyi gahunda no kuganira ku ngamba z’igihe kirambye, zikaba zarabaye n’umwanya mwiza wo kuganira ku bikorwa biteganyijwe gukorwa mu mwaka wa 2023/2024.

Izi nama zateguwe ku nkunga ya Ministeri y’ubuzima n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima RBC, binyuze mu kigo cy’Ababiligi gishinzwe iterambere Enabel.

Inama yiga ku ishyirwa mu bikorwa rya gahunda yo guteganya imbyaro mu buryo bwa kamere, yabereye muri Caritas ya Nyundo/Kibuye tariki 15/03/2024.

Izi nama ni ngaruka mwaka, iya buri kuri buri Diyosezi ikaba ihuza Padiri  Umuyobozi wa Caritas ya Diyosezi, Padiri  Umuyobozi wa Komisiyo y’umuryango ku rwego rwa Diyosezi, Padiri  mukuru wa paruwasi (bose), abayobozi b’ibitaro n’ibigo nderabuzima bya Kiliziya Gatolika, ndetse n’abakozi bakora muri serivisi yo guteganya imbyaro ku buryo bwa kamere mu bitaro n’ibigo nderabuzima bya Kiliziya Gatolika.

March 4, 2024

Ku nshuro ya kabiri, amatsinda yo kuzigama no kugurizanya yo mu nkambi ya Nyabiheke afashwa n’umushinga wa PRM/PAC yagabanye ubwizigame n’inyungu z’inguzanyo bingama na Frw 97.193.695 ku itariki 29/0 2/2024. Ni ibirori byabereye kuri stade ya Nyabiheke.

 

Amatsinda 27 (19 yo mu nkambi na 8 yo hanze y’inkambi), yarashe ku ntego agizwe n’abanyamuryango 583 akaba aterwa inkunga n’Umushinga PRM/PAC ushyirwa mu bikorwa na Caritas Rwanda.

 

Mu gihe cy’umwaka, amatsinda yose yizigamye Frw 67.198.000, guhera muri Werurwe 2023 kugeza kuri 29/02/2024. Kuko ari amatsinda yo kuzigama no kugurizanya barashe ku ntego bamaze kugeza ku Frw 97.193.695.

 

Itsinda ryo mu Nkambi ryagabanye amafaranga menshi ryagabanye Frw 10.800.000  (Dukundane Q7A) naho itsinda ryo hanze y’inkambi ryagabanye menshi ryabonye Frw 4.338.330 Rwf (Hindukawigire Mugera).

 

Umunyamuryango w’itsinda wagabanye menshi mu nkambi ni uwitwa Nyirangirimana Aline wo mu itsinda Korawigire Q3 yagabanye Frw 793.600 naho uwo hanze y’inkambi ni Ugirikirezi Claire wo mu itsinda Tuzamurane Agakomeye, wagabanye Frw 368.160.

February 26, 2024

Nyuma yo kubona ibyiza abana babo bungutse haba mu bwenge no mu myitwarire, ababyeyi bafite abana barererwa mu ngo mbonezamikurire zifashwa na gahunda ya Gikuriro Kuri Bose (GKB) bavuga ko n’ubwo inkunga iha izi ngo yahagarara, izi ngo zakomeza gukora. Ibi babivuze ubwo basurwaga n’abashyitsi baturutse muri CRS na Caritas Rwanda kuva tariki 20 kugeza kuri 22 Gashyantare 2024, mu turere GKB ikoreramo ari two Burera, Nyabihu na Rulindo.

Gahunda ya Gikuriro Kuri Bose igamije ukuzamura ubuzima, imikorere, imirire, n’imibereho myiza y’abagore bari mu myaka yo kubyara ndetse n’abana bari munsi y’imyaka itanu, hibandwa ku iminsi 1.000 ya mbere, kongera imbaraga mu kudaheza abana n’abakuze babana n’ubumuga, no guteza imbere ibyiza byo kurera neza ndetse n’imikurire y’abana.

Mu bijyanye no kurera, GKB ifasha ingo mbonezamikurire 55 zo mu turere twa Burera (22), Nyabihu (10) na Rulindo (23). Mu gutangira GKB ibubakira inyubako, ikabaha ibikinisho by’abana, ibikoresho byo mu ishuri no mu gikoni, igahugura abarezi ndetse igatanga ifu y’igikoma yunganira iy’ababyeyi n’imirama yo gukora uturima tw’ibikoni. Hari kandi kubumbira ababyeyi mu matsinda yo kuzigama no kugurizanya, ndetse no kubahugurira gukora ubukorikori, bagahabwa inkunga ya Frw 30.000 yo kugura ibikoresho ngo batangire gukora bagurisha. GKB bose kandi ikomeza gusura no gutanga ubujyanama kuri izi ngo mbonezamikurire.

Abashyitsi basuye ingo mbonezamikurire zifashwa na Gikuriro Kuri Bose ni abashinzwe gukusanya amakuru no kuyatangaza muri Catholic Relief Service – CRS (ku rwego rw’igihugu no ku rwego rw’Akarere) n’uwa Caritas Rwanda. Babasuye mu rwego rwo kureba ibyagezweho na Gikuriro kuri Bose kugira ngo ibyiza yagezeho bisangizwe abandi babe babyigiraho. Ingo mbonezamikurire zasuwe ni urwo mu mudugudu wa Gatovu (Burera), urwo mu wa Pfundo (Nyabihu) na Gaseke (muri Rulindo).

Nk’uko aba babyeyi babisobanura, mbere y’uko GKB itangiza izi ngo mbonezamikurire, abana batarageza imyaka 7 basigaraga mu ngo bagiye guhinga cyangwa gushaka ibitunga umuryango, bagasigara bazerera, ababyeyi bataha bagasanga rimwe na rimwe abana bakomeretse kubera kwitura hasi. Bongeraho ko abana bashoboraga kwandura indwara mu buryo bworoshye kuko nta muntu mukuru wabaga uri hafi ngo abiteho.

Ababyeyi bagira umunsi wo gufasha abarezi mu ngo mbonezamikurire.

Uwitonze Betty ni umwe mu babyeyi barerera ku rugo mbonezamikurire rwo mu mudugudu wa Gatovu, Akagali ka Bugari, umurenge wa Rwerere ho mu Karere ka Burera. Avuga ko nyuma yo gutangira kurererwa muri uru rugo, umwana we w’imyaka 3 n’igice yajijutse ku buryo butangaje.  Yagize ati: “Inyajwi n’ingombajwi zose arazizi, arabara ati one, two, three, four (rimwe, kabiri, gatatu, kane mu Cyongereza) kugeza ku icumi ukabona birashimishije. Bityo mbona ejo he ari heza, kuko najya mu mashuri abanza atazatakara”.

Nyuma yo kubona ibi byiza byinshi, aba babyeyi bavuga ko n’ubwo inkunga bahabwa na Gikuriro Kuri Bose yahagarara izi ngo zakomeza gukora neza kuko bamaze kubaka imikorere itajegajega. Bashyizeho uburyo basimburana mu gufasha abarezi gutegura ibyo abana bafungura, bamenyereye gukusanya ifu itekwamo igikoma cy’abana ntawe ubibabwirije, kandi bahamya ko amatsinda abafasha kubona amafaranga yo kwifashisha mu gihe akenewe ku rugo mbonezamikurire cyangwa kugurira imiryango yabo ibikenewe mu gutegura indyo yuzuye. Muri aya matsinda bahakorera ibikorwa by’ubukorikori binyuranye bakabigurisha, bakabona amafaranga yo kugura ibikomoka ku matungo bagaburira abana babo.

Ababyeyi bahuriye mu itsinda ryo kubitsa no kugurizanya

Gikuriro Kuri Bose ni gahunda y’imyaka 5 iterwa inkunga na USAID (2021-2026) ikaba ishyirwa mu bikorwa na Caritas Rwanda ku bufatanye na CRS Rwanda (nk’umuhuzabikorwa w’ishyirwa mu bikorwa ryayo). Iri mu turere 10 ari two Nyarugenge, Kicukiro, Rwamagana, Kayonza, Ngoma, Nyamasheke, Nyanza, Nyabihu, Burera na Rulindo. Caritas Rwanda ishyira mu bikorwa iyi gahunda mu turere 3: Rulindo, Burera na Nyabihu. Abandi bashyira mu bikorwa uyu mushinga mu turere dusigaye ni: AEE (Rwamagana, Kicukiro na Nyarugenge); YWCA (Ngoma na Kayonza) na DUHAMIC ADRI (Nyamasheke na Nyanza).

February 26, 2024
February 26, 2024

Kuva ku ya 12 kugeza kuri 23 Gashyantare 2024, muri Centre Saint Paul de Kigali, Caritas Rwanda ibinyujije muri Gahunda yayo ya Igire-Gimbuka, ku bufatanye n’abandi bafatanyabikorwa 3 ba Igire iterwa inkunga na PEPFAR binyuze muri USAID Rwanda, yahuguye abakangurambaga 24 ba Gahunda Umuryango ni ingenzi! (FMP). Abakandida 9 kuri 24 ni bo babonye impamyabumenyi za burundu.

Nyuma y’iminsi 6 batangiye amahugurwa kuri FMP, abakandida 16 gusa ni bo batsinze ibizamini bagiye bahabwa buri munsi, bakaba ari bo bakomeje mu cyiciro cy’iminsi 5 cyakurikiyeho cyo gukora imyitozo ku kwigisha gahunda Umuryango ni ingenzi! 9 gusa muri bo nibo babashije gutsinda muri iki cyiciro babona impamyabumenyi za burundu. Abandi batatu bahawe impamyabumenyi z’agateganyo bikaba biteganijwe ko bazakira iza burundu nibamara kuzuza ibyo basabwe gukora.

Aya mahugurwa yakozwe hagamijwe kongera umubare w’abakangurambaga ba FMP mu turere twose dukorerwamo gahunda za OVC – DREAMS (Abana b’imfubyi n’abandi bugarijwe n’ibibazo – abangavu n’abakobwa/abagore bato). Abandi bafatanyabikorwa bafatanije na Caritas Rwanda gutegura aya mahugurwa ni FXB, YWCA na DUHAMIC ADRI.

Amahugurwa y’Umuryango ni Ingenzi.

Nyuma y’amahugurwa, abakangurambaga ba FMP bazatanga amasomo ya FMP yongerera ubushobozi ababyeyi / abarezi ba b’imfubyi n’abana bugarijwe n’ibibazo/Abangavu, abakobwa n’abagore bato ku buryo bwiza bwo kurera, ibiganiro ku buzima bw’imyororokere hagati ababyeyi baganiriza abana,  ibi bikaba bigira uruhare mu gukumira ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA no gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina (GBV) mu rubyiruko (abakobwa n’abahungu) n’abagore bakiri bato bo bakurikiranwa b’abafatanyabikorwa batandukanye bashyira mu bikorwa gahunda ya IGIRE.

Nk’abakangurambaga bazatoza abandi, abahuguwe kuri gahunda ya FMP bahawe ubumenyi bwimbitse burebana n’ukuntu gahunda y’Umuryango ni ingenzi ikora, hagamijwe kubategura gutanga amahugurwa y’abandi batoza ba FMP. Aya mahugurwa agizwe n’uruhererekane rw’amasomo arenana n’inyigisho zikoreshwa muri FMP, imfashanyigisho za FMP, inshingano z’abatoza n’ibyo bazakora, umwitozo wo gukora muri abatoza babiri, uburyo bwo kwigisha abakuze, n’ubumenyi ku gukusanya no gusangiza abandi amakuru.

Uretse ibi bivuzwe hejuru, abahuguwe bize ibirebana n’ubuzima bw’imyororokere nk’uko bikoreshwa mu burere bwiza hagati y’ababyeyi n’umwana, ibiganiro byimbitse no gusobanukirwa ibijyanye no gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

February 14, 2024

Kugira ngo imibereho y’abagenerwabikorwa b’imishinga na gahunda zayo izamuke mu birebana n’ubukungu, Caritas Rwanda yibanda ku kubateza imbere binyuze mu matsinda yo kuzigama no kugurizanya. Abagize aya matsinda bahabwa ubumenyi bukenewe mu guhitamo, gutegura, no gucunga imishinga ibyara inyungu. Muri ibi bikorwa ndetse n’ibindi ikora, Caritas ikorana n’abagenerwabikorwa runaka, imyirondoro n’umubare byabo bikabikwa neza. Uretse ibi, hari ababona inyungu ku musaruro w’ibi bikorwa n’ubwo baba batabazwe mu bagenerwabikorwa. Bamwe muri bo, baturuka muri gahunda z’urubyiruko za Youth for Youth (Y4Y) na Gera Ku Ntego (GKN), babitangamo ubuhamya.

Ibyiza byo kwitabira amatsinda yo kuzigama no kugurizanya birivugira, nk’uko byemezwa na Nyiramahoro Josephine. Uyu ni umunyamuryango w’itsinda ryo kuzigama no kugurizanya ryitwa Twitezimbere Rubyiruko ryo mu karere ka Rusizi, umurenge wa Muganza, akagari ka Gakoni, mu mudugudu wa Muhuta. Mu 2022, yatangiye ubucuruzi bw’ifu y’imyumbati atangije igishoro cya Frw 50.000 yari yagujije muri iri tsinda. Binyuze muri ubu bucuruzi, yafashaje umugabo we ukora akazi ko guhinga, mu kwita ku byo abana babo batanu bakenera. Yishimira ibyo yagezeho, cyane cyane kuba abana babo babiri bararangije amashuri yisumbuye.  Kuri ubu yamaze kwishyura umwenda wose wa yarafashe ajya gutangira ubucuruzi bwe, kandi afite igishoro cya Frw 80.000. Yagize ati: “Ukurikije ko dukoresha amafaranga menshi mu byo dukenera mu buzima bwa buri munsi, ibyo nagezeho ni byinshi”.

Abagize rimwe mu matsinda yo kuzigama no kugurizanya bari kumwe n’abakozi ba Caritas Rwanda bo mu Isahimi rishinzwe Amajyambere.

Abajijwe ibyiza byo kugira umubyeyi uri mu itsinda ryo kuzigama no kugurizanya, Tuyizere Lydie, ufite imyaka 22, yavuze ko umuryango we wateye imbere mu buryo bugaragara. Kuva umubyeyi we Nyirangiramahoro Joséphine yakwinjira mu itsinda ryo kuzigama no kugurizanya, ntibakicwa ntibakiburara nk’uko byari bimeze mbere. Byongeye kandi, kuba muri iri tsinda byinjije mu muryango wabo umuco wo gukora cyane no kuzigama, bidaturutse ku kugira ibisaga, ahubwo biturutse ku kwigombwa. Nyuma yo gusoza amashuri yisumbuye, Lydie yatangiye gukorana na nyina mu bucuruzi bwe bw’ifu yimyumbati, ibi bikaba bimufasha kwinjiza amafaranga make no kuzigama Frw 6.000 mu kwezi mu itsinda rye ryo kuzigama no kugurizanya Dukorerehamwe. Ati: “Ibi nabyigiye kuri mama”.

Uwizeyimana Olivier ni umunyamuryango w’itsinda Duterimbererubyiruko ryo mu karere ka Rusizi, umurenge wa Kamembe, akagari ka Cyangugu, umudugudu wa Karangiro. Ku myaka 25, Olivier ukomoka mu muryango w’abana 11, yafashe icyemezo cyo korohereza umutwaro umuryango we. Uretse kurihira amafaranga y’ishuri barumuna be (batanu muri bo barakiga), yishyurira n’abo mu muryango we amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza, kuko umuryango we utunzwe no guca inshuro.

Mbere yo kwinjira mu itsinda ryo kuzigama no kugurizanya, Olivier yari yarazigamye Frw 500.000 mu kazi yakoreraga umuntu ucuruza. Muri Nzeri 2021, yinjiye mu itsinda rya Duterimbererubyiruko, aho yagujije Frw 300.000 ayongera ku yo yari yarazigamye kugira ngo ashinge iduka rifite agaciro ka Frw 800.000. Yagujije kandi Frw 119.000 kugira ngo yongere ibicuruzwa biboneka mu iduka rye. Yishyuye neza inguzanyo, none ubu iduka rye rifite agaciro ka Frw 3.000.000. Mu gihe kiri imbere, Olivier arateganya kuzubaka inzu ifite agaciro ka Frw 10.000.000.

Olivier mu iduka rye.

Izi nkuru z’ibyiza Oliver, Joséphine na Lydie bagezeho zerekana uburyo amatsinda yo kuzigama no kugurizanya yagura icyerekezo cy’abanyamuryango bayo kandi akabafasha kwiteza imbere. Kimwe mu biranga iterambere ni amahitamo anyuranye ku bantu. Nta gushidikanya ko amatsinda yo kuzigama no kugurizanya afite ubushobozi bwo gutanga aya mahitamo ku banyamuryango babo, inzira y’iterambere ryabo n’imiryango yabo. Nk’uko intego ya Caritas Rwanda ari ugufasha abantu bababaye no kubateza imbere iterambere, ntakindi cyaba cyiza nko gufasha abagenerwabikorwa b’imishinga na gahunda zayo kwigira binyuze mu matsinda yo kuzigama no kugurizanya.

Uwiragiye Emmanuel

Umuyobozi w’Ishami Rishinzwe Amajyambere / Caritas Rwanda