Mu gihe Porogaramu ya Igire-Gimbuka yenda gusoza bikorwa byayo, Caritas Rwanda yateguriye abayikoramo umwanya wo kuruhuka, gutekereza ku byo bagezeho, kongera guhura no kwishimira uruhare bagize mu bikorwa by’uyu mushinga. Ibi byari bikubiyemo amahugurwa ku mibereho myiza no guhangana n’umuhangayiko, ndetse n’imikino ya gicuti yahuje amakipe ya Igire-Gimbuka n’aya Caritas Rwanda, kuva kuri 27 kugeza ku ya 28 Kanama 2026 i Kigali.
Ku itariki ya 27 Kanama 2026, i Nyamirambo mu kigo cy’Umuryango w’Ababikira b’Abakarumeri, habereye ibiganiro byibanze ku mibereho myiza y’abakozi no guhangana n’umuhangayiko. Ku munsi wakurikiyeho, tariki ya 28 Kanama 2026, ku kibuga cy’imikino cya Mumena, habereye imikino ya gicuti ya ruhago na volleyball.
Kuganira ku mibereho myiza no guhangana n’umuhangayiko
Abakozi baganiriye ku bitera umuhangayiko, ibimenyetso biwuranga n’uburyo butandukanye bakoresha mu guhangana n’igitutu cy’ubuzima n’akazi.
Ibiganiro byagaragaje ko umuhangayiko ushobora guterwa n’inshingano nyinshi z’akazi, kutamenya neza ibizakurikiraho ku bijyanye n’akazi, ndetse n’ibibazo bishobora kubaho mu muryango.
Ubutumwa bw’ingenzi bwatanzwe ni uko ari ngombwa kugira umuntu wizewe wo kuganiriza mu gihe umuntu ahuye n’ibibazo cyangwa ibihe bikomeye, uwo bakunze kwita “mingo.” Abakozi bashishikarijwe gukomeza kubaka no kurinda umubano mwiza ushingiye ku gufashanya hagati yabo, inshuti ndetse n’abagize imiryango yabo, kuko ari isoko y’imbaraga no kwihangana mu bihe bikomeye.
Gushimira abantu bagize uruhare mu bikorwa
Muri iyi gahunda, abakozi bafite inshingano zitandukanye bahawe impamyabushobozi zo kubashimira ku bw’umurimo bakoze.
Buri mukozi yashimiwe ku giti cye kubera ubwitange, ubushobozi n’uruhare yagize mu ishyirwa mu bikorwa bya Porogaramu ya Igire-Gimbuka.
Iki gikorwa cyo gushimira abakozi cyabibukije ko inyuma y’ibyagezweho na buri gahunda haba hari abantu bitanga kandi bagakorana umwete kugira ngo ibyo bikorwa bigerweho.
Caritas Rwanda ni umuryango
Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda, yitabiriye igikorwa cyo gusoza umunsi wa mbere maze ashimira abakozi ba Igire-Gimbuka uruhare bagize mu ishyirwa mu bikorwa ry’iyi porogaramu.
Yagaragaje ko Igire-Gimbuka ari imwe muri porogaramu nini kandi zagize uruhare rukomeye mu bikorwa bya Caritas Rwanda, cyane cyane mu gufasha abantu n’imiryango itishoboye, ndetse no mu guteza imbere ubushobozi bw’umuryango wa Caritas Rwanda.
Yashishikarije abakozi guhangana n’umuhangayiko mu buryo bwubaka, anibutsa ko isengesho n’ukwemera bikwiye kugira umwanya mu buzima bwa buri munsi.
Yagize ati: “Imana ntijya ibura, Imana ntitinda; umuntu ni we utihangana.”
Yongeye kwibutsa abakozi ko “Caritas Rwanda ari umuryango”, abasobanurira ko n’iyo amasezerano y’akazi arangiye, umubano wabo na Caritas Rwanda ukomeza.
Gukomeza ubufatanye binyuze muri siporo
Umunsi wa kabiri wahuje abakozi ku kibuga cy’imikino cya Mumena, aho bakinnye imikino ya gicuti ya ruhago na volleyball, ihuza abakozi baturuka muri gahunda zitandukanye za Caritas Rwanda.
Mu mukino wa ruhago, ikipe ya Igire-Gimbuka yatsinze ikipe ya Caritas Rwanda ibitego 2–1.
Mu mukino wa volleyball, Caritas Rwanda yatsinze Igire-Gimbuka amaseti 2 ku busa.



