Abakozi 15 bakora mu mishinga ya Caritas Rwanda yita ku mwana bongerewe ubumenyi ngiro mu bijyanye n’imbonezamikurire y’abana bato (ECD), binyuze mu mahugurwa yabaye kuva tariki 17 kugeza kuri 21 Kanama 2026, abera kuri Sainte Famille Hôtel mu Karere ka Nyarugenge.
Aya mahugurwa yateguwe n’umushinga wa ECD wa Caritas Rwanda, uterwa inkunga na Plan International Rwanda. Yibanze ku kongerera abayitabiriye ubumenyi n’ubushobozi bwo gusobanukirwa no gukoresha neza igitabo cya Kabiri n’icya gatatu Twitegure Ishuri gikoreshwa mu mashuri y’incuke, Integanyanyigisho ishingiye ku Bushobozi (CBC) y’amashuri y’inshuke, uburyo bwo kwigisha no kwiga, imfashanyigisho, gahunda za buri munsi mu ngo mbonezamikurire y’abana bato ndetse n’uburyo bukwiye bwo gusuzuma iterambere ry’abana.
Abitabiriye kugira uruhare muri aya mahugurwa, burimo ibiganiro mu matsinda, imyitozo ngiro, kumurika ibyakozwe, imyigishirize y’igerageza (micro-teaching), kungurana ibitekerezo, ibikorwa byo kwigira imbere mu nzu no hanze. Ibi byabafashije guhuza ubumenyi bahawe mu buryo bw’imyigishirize n’uko bushyirwa mu bikorwa mu ngo no mu mashuri mbonezamikurire.

Umusaruro w’amahugurwa wagaragaye no mu bizamini byakozwe mbere na nyuma yayo. Amanota mpuzandengo yazamutse ava kuri 9,3 kuri 15 (61,8 %) mbere y’amahugurwa, agera kuri 12,1 kuri 15 (80,4 %) nyuma y’amahugurwa, bikaba bigaragaza izamuka rya hafi ya 30 %. Ikindi, amanota make yari 6 kuri 15 mbere y’amahugurwa, aza kugera kuri 10 kuri 15 nyuma yayo, mu gihe umwe mu bitabiriye amahugurwa yujuje 15 kuri 15.
Ku musozo w’amahugurwa, abitabiriye bari bamaze kugira ubushobozi bwisumbuyeho bwo kuyobora ibikorwa by’ingo mbonezamikuririre, gusobanukirwa Integanyanyigisho ishingiye ku Bushobozi y’amashuri y’inshuke (CBC) n’ibice by’ingenzi biyigize, gutandukanya imfashanyigisho zitandukanye zifashishwa mu burezi bw’amashuri y’inshuke, no gushyira mu bikorwa amahame y’imbonezamikurire y’abana bato hagamijwe iterambere ryuzuye ry’umwana.
Abitabiriye amahugurwa bagaragaje ko iminsi itanu itari ihagije kugira ngo CBC yigweho mu buryo bwimbitse, cyane cyane ko aya ari yo mahugurwa yabo ya mbere yibanze kuri iyi nteganyanyigisho. Bityo, basabye ko mu gihembwe gitaha hakorwa andi mahugurwa yo gusubiramo no kongera kubaka ubumenyi n’ubushobozi bungukiye muri aya mahugurwa.
Nyuma yo guhugurwa, aba bakozi batangiye kugeza ubumenyi ku barezi bo mu ngo mbonezamikurire zifasha n’imishinga bakoramo (24 kugeza kuri 27 Kanama 2026).



