June 27, 2025

Muri gahunda yayo yo gukangurira abantu bose kugira umutima witangira abakene n’abandi bababaye, kuri uyu wa 26/06/2025, bamwe mu bakozi ba Caritas Rwanda bagiranye ikiganiro n’abanyeshuri n’abayobozi b’Ishuri Rikuru ry’Ubuzima rya Ruli.

Mu ijambo rifungura ku mugaragaro ibi biganiro, Eric Karera, Umuyobozi w’iri shuri wungirije yahaye ikaze itsinda ryaturutse muri Caritas Rwanda, ashishikariza abanyeshuri gukurikira ikiganiro cyane ko icyivugo cyabo “Byose mu Rukundo rwa Kristu” (In caritate Christi) kijyanye n’ikiganiro kiri butangwe.

Mu kiganiro yatanze, Soeur Gaudiose Nyiraneza wari uyoboye itsinda riturutse muri Caritas Rwanda, yagaragaje intego 3 ziri muri Gahunda ya Caritas Rwanda y’imyaka 6 (2025-2030), zirebana no kwita ku batishoboye n’ubutabazi ari zo zikurikira:

  • Kumenyekanisha Caritas n’ubutumwa bwayo;
  • Kuzamura imibereho y’abatishoboye ;
  • Gutabara abahuye n’ibiza.

Soeur Gaudiose kandi yasobanuriye abitabiriye ibi biganiro ibijyanye n’Ukwezi k’Urukundo n’Impuhwe, aho abakiristu n’abandi bantu b’umutima mwiza batanga inkunga yo gufasha abatishoboye. Abanyeshuri bagaragaje ko batari bazi iyi gahunda maze bahabwa ibisobanuro birambuye, banerekwa uko Diyosezi zakusanyije umusaruro w’Ukwezi k’Urukundo n’Impuhwe mu mwaka ushize wa 2024. Abayobozi n’abanyeshuri bagaragaje ibyishimo by’iki gikorwa cyashyizweho n’Abepiskopi ba Kiriziya Gatorika.

Soeur Gaudiose ubwo yageza ikiganiro ku banyeshuri n’abayobozi b’Ishuri Rikuru ry’Ubuzima rya Ruli.

Uretse ibivuzwe aha haruguru, Soeur Gaudiose yagaragaje ibyo Caritas Rwanda yagezeho mu ishami ryo kwita ku batishoboye mu gihe cy’imyaka itanu ishize (2020-2024), akangurira abanyeshuri kujya bagira iteganyabikorwa ry’ibyo bashaka gukora mu kwita ku bakene n’ababaye, nyuma bakareba ko babigezeho cyangwa ko batasubiye inyuma.

Eric Karera, umuyobozi wungirije w’Ishuri Rikuru ry’Ubuzima rya Ruli yavuze ko ibi ari urugero rwiza bagiye kujya bakurikiza.

Ibikorwa by’urukundo bikorwa mu Ishuri Rikuru ry’Ubuzima rya Ruli

Nk’uko aba banyeshuri babisobanuye, bashyigikiwe n’ubuyobozi bw’ishuri basanzwe bakora ibikorwa by’urukundo birimo gusura abarwayi, kubagurira ibikoresho bikenewe, gufasha bagenzi babo n’abatuye hafi y’ishuri, binyuze mu muryago bashinze witwa “Humura Turi Kumwe”.

Anitha Niyogisubizo uhagarariye abanyeshuri bo mu mwaka wa mbere icyiciro cyatangiye muri Nzeli 2024, avuga ko buri wa gatanu ku mugoroba bigomwa ifunguro, bakajya gusura abarwayi bari mu bitaro bya Ruli, abo basanze bakeneye ibikoresho cyangwa amafaranga yo kwivuza bakabakusanyiriza inkunga. N’ubwo abanyeshuri bose batari muri uyu muryango Humura Turi Kumwe, Anitha avuga ko iyo babakanguriye gutanga inkunga babyitabira: “Tugira group (soma gurupe) ya Whatsapp (soma Wotsapu), iyo dufite igikorwa turabwirana, abanyamuryango nabo bakamenyesha abandi batayirimo, kandi inkunga barayitanga iyo ikenewe”.

Jean Pierre Nkurikiyumugisha umwarimu ukuriye agashami k’Ubuvuzi Rusange (General Nursing) muri iri shuri, we avuga ko gufasha bitagarukira ku bantu bari hanze gusa, ahubwo ko binyuze muri Humura Turi Kumwe abanyeshuri, abarimu n’ubuyobozi bw’ishuri bafasha abanyeshuri bafite ibibazo. Yatanze urugero agira ati: “Nk’ubu hari umunyeshuri wigeze kurwara kandi kumubaga bisaba amafaranga ari hejuru ya Frw 1.000.000. Twarayakusanyije aravuzwa akomeza kwiga kandi ubu ameze neza”.

Bamwe mu banyeshuri bo mu Ishuri Rikuru ry’Ubuzima rya Ruli, bari bitabiriye iki kiganiro.

Umuyobozi wungirije w’iri shuri, Eric Karera, we avuga ko ibikorwa by’urukundo bitagarukira ku barwayi n’abanyeshuri gusa, ahubwo ko ubuyobozi bw’ishuri bugendeye ku kivugo Byose mu Rukundo rwa Kristu, bushishikariza abanyeshuri kujya kwigisha abaturage ibijyanye no kwita ku isuku ndetse no gutegura indyo yuzuye, kuko nabyo ari ibikorwa by’urukundo. Bwana Eric yagize ati: “Kandi iyo basanze harimo utishoboye, bamutegurira akarima k’igikoni bakanamwubakira agatanda k’amasahani iyo atabifite”. Ibi bikorwa babikora ku bufatanye n’inzego z’ibanze.

Eric Karera yongeraho ko gufasha bidasaba kuba umuntu atunze byinshi, ahubwo ko bisaba kuba yarabyigishijwe akanamenyeshwa inzira yabinyuzamo.

Caritas Rwanda yaherukaga gukora ubukangurambaga nk’ubu muri iri shuri mu Ukwakira 2023, ubuyobozi bwaryo bukaba bwasabye ko bwajya bukorwa buri mwaka kuko abanyeshuri bahindura kenshi bakajya kwimenyereza umwuga hanze. Bikozwe buri mwaka, abataragize amahirwe yo gukurikira ikiganiro muri uyu mwaka bazagikurikira umwaka utaha.

June 20, 2025

Mu rwego rwo gukomeza kugabanya ikwirakwizwa rya virusi itera SIDA no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu rubyiruko rutishoboye, Caritas Rwanda ibinyujije muri Gahunda ya Igire-Gimbuka yakoze ubukangurambaga mu kigo ngororamuco cy’Iwawa giherereye mu karere ka Rutsiro, ku ya 18 Kamena 2025. Iyi gahunda yakozwe ku bufatanye n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro na Diyosezi ya Nyundo.

Ubukangurambaga bwari bugamije kwigisha urubyiruko ruri i Iwawa ibijyanye no kwirinda virusi itera SIDA no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsinda, bashishikarizwa kwipimisha virusi itera SIDA ku bushake no gufata imiti igabanya ubukana mu gihe basanze baranduye.

Ubukangurambaga bwabimburiwe n’igitambo cya Misa cyatangiwemo amasakramentu y’ibanze, aho abasore 41 bahawe Isakramentu rya batisimu, 5 bahabwa Ukaristiya ya mbere, 31 barakomezwa naho 8 bagarukira Imana.

Abasore 41 bahawe isakaramentu rya Batisimu.

Impanuro z’umunsi

Ubutumwa bwatanzwe n’abafashe ijambo muri ubu bukangurambaga, bwagarutse ku isanamitima, ku gushima iki gikorwa, gukangurira uru rubyiruko kuzitwara neza nirusohoka no kwipimisha ku bushake virusi itera SIDA, abasanze baranduye bagahita batangira gufata miti igabanya ubukana.

Padiri Eugène Niyonzima, umuyobozi w’umuryango w’Abapalotini mu Karere k’ibiyaga bigari n’Ububiligi akaba n’Umuyobozi w’Ihuriro ry’Imiryango y’Abihayimana mu Rwanda (COSUMAR), yahumurije urubyiruko ruri i Wawa, arwibutsa ko n’ubwo ibikomeretsa bitabura mu buzima bwa muntu, cyangwa nawe agakora ibibi bituma bamwita amazina atamuhesheje agaciro, Imana yo yandika ibigororotse ku mirongo igoramye, ikabikorera ahiherereye ikoresheje ikaramu yitwa “imbabazi”. Padiri Eugène yongeyeho ko igihe cyose bafite umutima wo kwicuza imbere y’Imana, nayo yiteguye kubababarira no kubahindura.

Padiri Eugène Niyonzima yatanze ubutumwa bw’ihumure.

Umuhuzabikorwa w’Ikigo ngororamuco cy’Iwawa Dr Jean Damascène Nshimiyimana yashimiye abashyitsi kuko batekereje gusura urubyiruko ruri Iwawa, bakaruzanira ifunguro rya Roho n’impano zinyuranye zirufasha kurushaho kugira ubuzima bwiza. Yagize ati: “Njye nemera ko imiti ikora ikoranye. Iyobokamana n’ivugabutumwa bigira uruhare rukomeye mu igororamuco. Turabashimira ko mwasize za ntama 99, mukaza kureba 1 yazimiye”.

Dr Jean Damascène Nshimiyimana, umuhuzabikorwa w’Ikigo ngororamuco cy’Iwawa.

Musenyeri Anaclet Mwumvaneza, Umushumba wa Diyosezi ya Nyundo akaba na Perezida wa Caritas Rwanda, yabwiye uru rubyiruko ko rukwiye gukurikiza imvugo bakoresha Iwawa igira iti: Uwari Sawuli yahindutse Pawulo, rukareka kuba nka Sawuli watotezaga abantu b’Imana bagahinduka ba Pawulo bavuga ubutumwa bwiza bw’Imana.

Musenyeri Anaclet Mwumvaneza.

Ubutumwa bwari bwamanitswe hirya no hino ahabereye iki gikorwa, bwakanguriraga urubyiruko kwirinda ku bushake virusi itera SIDA, kugira ngo bamenye uko bahagaze, abasanze baranduye batangire gufata imiti igabanya ubukana bwa SIDA.

Muri ubu bukangurambaga kandi, Caritas Rwanda ibinyujije muri gahunda ya Igire-Gimbuka yatanze imyenda y’abakinnyi b’umupira w’amaguru ku  makipe abiri n’imipira 2 yo gukina, Paruwasi ya Congo Nil itanga imipira yo gukina umukino w’amaboko (basketball), ihuriro ry’Abihayimana ritanga impano zirimo imyenda n’inkweto (ku bari Iwawa bakennye kurusha abandi), Bibiliya, udutabo tunyuranye n’amashapule (ku bahawe amasakaramentu y’ibanze).

Igire-Gimbuka ni gahunda y’imyaka 5 (2022-2027) ishyirwa mu bikorwa mu turere twa Karongi, Nyamasheke, Rubavu na Rutsiro, ku nkunga ya Guverinoma ya Amerika.

June 16, 2025

Hagamijwe kubafasha guhangana n’umujagararo ndetse no kwita ku buzima bwo mu mutwe bwabo n’ubw’imiryango yabo, kuva tariki 12 kugeza kuri 13 Kamena 2025, Caritas Rwanda yateguye umwiherero w’abakozi bayo bakorera ku cyicaro gikuru. Uyu mwiherero wabereye kuri Hôtel Cenetra i Kabuga, waranzwe no kumenya icyo umujagararo ari cyo, kumenya kwitekerezaho, ibiganiro bya babiri babiri bagafashanya gukira ibyakomerekeje ubuzima bwabo, ibikorwa byo mu matsinda n’udukino tubafasha kuruhuka mu mutwe.

Nk’uko Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda Padiri Oscar Kagimbura yabisobanuye afungura uyu mwiherero ku mugaragaro, roho nzima itura mu mubiri muzima, akaba ari yo mpamvu Caritas Rwanda yawubateguriye, ashishikariza buri wese gukurikira kugira ngo yunguke ibyiza birimo.

Dr Uwihoreye Chaste wafashije abakozi ba Caritas Rwanda muri iki gikorwa, yasobanuye ko ubuzima bwo mu mutwe bugaragara mu byiciro bine byo guhangana n’umujagararo ari byo (i) kuba umuntu yumva ameze neza kandi afite ubudaheranwa mu byo yaciyemo bigoye, (ii) kuba afite ibyo acamo bigoye ariko akigerageza gukemura, (iii) kuba aca mu bikomeye kandi yagowe no kubikemura no (iv) kuba yagize uburwayi bukomoka ku bibazo yaciyemo.

Ibyiciro bibiri bya nyuma nk’uko Dr Chaste abisobanura, bikenera kwitabwaho n’abahanga mu kwita ku buzima bwo mu mutwe, kandi iyo umuntu yitaweho neza kenshi arakira (3% bw’indwara zifata ubuzima bwo mu mutwe ni zo zidakira).

Dr Uwihoreye Chaste, inzobere mu kwita ku buzima bwo mu mutwe, ni we wayoboye uyu mwiherero.

Uyu mwiherero ntiwatanze inyigisho z’abahanga mu buzima bwo mu mutwe gusa, ahubwo wibanze no kwigisha uburyo umuntu yasura ibitekerezo bye, uburyo abantu babiri bafashanya mu gukira ibyakomerekeje ubuzima babisangizanya, imikoro yo mu matsinda ndetse n’imyitozo iruhura ubwonko. Ibi byose byari bigamije guteza imbere ubuzima bwo mu mutwe, kubaka ubushuti mu bitabiriye no kunguka ubumenyi ku kwita ku buzima bwo mu mutwe.

Imyitozo yo mu matsinda.

Guhangana n’umujagararo birashoboka

Nyuma yo gukora imyitozo itandukanye, yaba kwitekerezaho, kuganira na mugenzi wawe umubwira ibyakubayeho nawe akagufasha kubisohokamo n’imyitozo yo mu matsinda, Dr Chaste yakanguriye buri wese witabiriye uyu mwiherero kujya yitekerezaho byibura inshuro ebyiri ku munsi, kuko bifasha kugira ubuzima bwo mu mutwe bwiza. Dr Chaste yongeyeho ko ari byiza kurena umuganga w’impuguke mu buzima bwo mu mutwe umuntu atararwara kurusha uko yaba yarwaye.

Ubwo abakozi ba Caritas Rwanda bakoraga imyitozo iruhura ubuzima, babaga bagaragaza ibyishimo. Muri iyi mikino harimo ibahuza n’umujagararo ku buryo bafata ibyemezo vuba biwukemura kandi banarutse vuba. Icyari kigamijwe muri iyi mikino ni ukubereka ko umujagararo wose atari mubi ahubwo ko ikibi ari igihe utinze mu buzima. Niba ushaka kureba imyitozo iruhura ubwonko abari mu mwiherero bakoze, kanda hano.

Mu rwego rwo guhangana n’umujagararo (waba uwakomotse mu kazi, mu muryango cyangwa ahandi), ni ngombwa gukora ibintu 6 bikurikira:

  • Kuryama amasaha 8 ku munsi;
  • Gukoresha umubiri (imyitozo ngororamubiri, akazi);
  • Kuba mu bandi;
  • Kwitekerezaho kenshi bishoboka;
  • Kwiyoroshya;
  • Gukora gahunda y’ibyo bashoboye.

Muri uyu mwiherero kandi uburyo bw’imyigishirize bwanibanze ku migani y’Ikinyarwanda yafasha urimo guca mu bibazo bimugoye kubisangiza abandi no kudaheranwa nabyo. Imwe muri iyi migani ni iyi ikurikira:

  • Iyo utazi aho uva, ntumenya iyo ujya;
  • Iyo utazi aho ujya, aho ugeze hose ugira ngo ni ho wajyaga;
  • Agahinda gasangiwe, karatuba;
  • Agahinda kadasangiwe karatumba;
  • Ahakomeye ni ho hava amakoma;
  • Agati gatwawe n’isuri, kajyana iteka n’agataka;
  • Iyo uciye ahakomeye, iyo hatagukomerekeje haragukomeza.
June 2, 2025

Ku wa gatatu tariki 28 Gicurasi 2025, bamwe mu bakozi ba Caritas Rwanda basuye Seminari Nkuru ya Nyakibanda baganira n’abafaratiri ndetse n’Abayobozi babo ku butumwa bwa Caritas bugamije gufasha muntu mu buryo bwuzuye.

Mu kiganiro cyatanzwe na Soeur Gaudiose Nyiraneza ushinzwe ubukangurambaga mu Ishami ryo kwita ku batishoboye muri Caritas Rwanda, yagaragaje ishusho ya Caritas n’ibikorwa ikora binyuze mu mashami atatu ari yo Kwita ku batishoboye, Ubuzima n’Amajyambere, asobanura ko byose bikorwa hagamijwe kugarurira agaciro umukene n’undi ubabaye.

Soeur Gaudiose kandi yasobanuye ibijyanye n’ukwezi k’urukundo n’impuhwe (ukwezi kwa 8) aho abakirisitu n’abandi bantu b’umutima mwiza bakusanya inkunga yo gufasha abakene, abakangurira kurushaho kwitabira icyo gikorwa no kubikangurira abo bagezaho ubutumwa. Soeur Gaudiose yanavuze ku munsi mpuzamahanga w’abakene aho usanga nk’umuyobozi wa Caritas n’abandi basangira n’abakene, ibi bikaba ari byo Papa Fransisiko yifuzaga ashyiraho uyu munsi: gusubiza agaciro umukene mu bikorwa 3 by’ingezi: Gusangira igitambo cya Misa, Gusangira ifunguro n’Abakene no kubaremera.

Soeur Gaudiose Nyiraneza, ubwo yatangaga ikiganiro mu Iseminari Nkuru ya Nyakibanda.

Nyuma y’iki kiganiro, abafaratiri babajije ibibazo byinshi byibanze ku gufasha umukene hagamijwe kwigira, ndetse n’ibijyanye kugabanuka no guhagarara kw’inkunga zituruka hanze.

Mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye ubu bukangurambaga, Padiri Michel Nsengumuremyi umurezi mu Iseminari Nkuru ya Nyakibanda akaba ashinzwe ibya roho yashimiye Caritas Rwanda kuba ibazirikana ikaza gukora ubukangurambaga nk’ubu mu rugo rwa Nyakibanda, kuko bibafasha gukomeza mu murongo mwiza wo gufasha abatishoboye no kuzabikomeza mu butumwa bwa gisaserdoti.

Padiri Michel Nsengumuremyi umurezi mu Iseminari Nkuru ya Nyakibanda akaba ashinzwe ibya roho.

Abafaratiri bari mu Iseminari Nkuru ya Nyakibanda basanzwe bakora ibikorwa by’urukundo

Mpayimana Fabien, umufaratiri wa Diyosezi ya Gikongoro akaba anashinzwe  guhuriza hamwe ibikorwa by’imuryango y’Agisiyo Gatorika Actions Catholiques muri Seminari Nkuru ya Nyakibanda yasobanuye ko abafaratiri bafatanije n’inzego z’ibanze basanzwe bakora ibikorwa by’urukundo birimo kubakira abatishoboye binyuze muri bikorwa byaapostolat” bakora buri wa mbere ikigoroba, gukusanya inkunga y’amafaranga bakishyurira abana bo mu miryango itishoboye ibikoresho by’ishuri no gukusanya inkunga bagafasha abari mu magororero (imyenda, ibikoresho,…)

Mu bijyanye no kubakira abakene, abafaratiri bakora umuganda bakubaka ariko nk’uko babisobanura, bitewe n’amikoro macye bagira imbogamizi yo gukora amasuku kugira ngo inzu ise neza nko gushyiramo sima. Jean Damascène Uwiringiyimana, umudiyakoni wa Diyosezi ya Nyundo yagize ati: “Ubushobozi buba bucye. Iyo batwitabaje dutanga ubutabazi butubangukiye dukoresheje amaboko yacu, tukagira imbogamizi yo kubona amikoro ahagije ngo inzu tuyikore neza uko bikwiye. Twabonye bibaye byiza habonetse ubushobozi bwo kugura sima abubakiwe bagatura ahantu hasa neza ntibagire iryo pfunwe byaba ari byiza kurushaho”.

Aba bafaratiri n’abayobozi babo bakangurira buri muntu wese gukora ibikorwa by’urukundo kuko Nyagasani Yezu abihamagarira buri wese ati: “Kuko nashonje mukamfungurira; nagize inyota mumpa icyo kunywa; naje ndi umugenzi murancumbikira; nari nambaye ubusa muranyambika; nari ndwaye muransura; nari imbohe muza kundeba”. (Matayo 25:35-36).

Ubu bukangurambaga bwishimiwe n’abari mu Iseminari Nkuru ya Nyakibanda.

Ubukangurambaga nk’ubu Caritas Rwanda ibukora muri Seminari Nkuru,no muri za Kaminuza. Bukorwa kandi binyuze no mu bitangazamakuru binyuranye bya Kiriziya. Caritas Rwanda irateganya no kwagura ibi bikorwa igakangurira abantu bose kugira umutima wo kwitangira abakene n’abandi bababaye, binyuze ku bitangazamakuru binyuranye, ibasanze aho bakorera n’ahandi hahurira abantu benshi.

May 15, 2025

Abahagarariye ibigo bya Kiliziya Gatolika mu Rwanda basaga 50 bahawe amahugurwa ku bijyanye n’amahame agenga imikoreshereze myiza y’ubwenge buhangano, yatanzwe n’ikigo EAiD (Ethical Artificial Intelligence for Human Development) giharanira imikoreshereze myiza y’ubwenge buhangano hagamijwe iterambere rya muntu gifatanije na Caritas Rwanda. Aya mahugurwa yabereye kuri Centre Saint Vincent Pallotti Gikondo, kuva kuri 13 kugeza kuri 14 Gicurasi 2025, akaba yari agamije gufasha abayitabiriye gusobanukirwa ubwenge buhangano (icyo ari cyo), kugira ngo babwifashishe mu kazi kabo ariko bikozwe mu buryo bwiza.

Mu ijambo rifungura amahugurwa ku mugaragaro, Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda, yagaragaje ko ubwenge buhangano ari kimwe mu bigize ubuzima bwa buri munsi, bukaba burimo guhindura cyane sosiyete, ibigo, ndetse n’ubuzima bwite bw’abantu. Yongeyeho ko muri urwo rwego, ari ngombwa ko Kiliziya, mu butumwa bwayo bw’iyogezabutumwa, igira uruhare rugaragara mu mikoreshereze yabwo, itanga ubushishozi bushingiye ku ndangagaciro gatolika kandi ikagira uruhare mu iterambere ry’ubwenge buhangano mu bikorwa biteza imbere muntu.

Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda, ubwo yafunguraga ku mugaragaro aya mahugurwa.

Padiri Oscar yagize ati: “Turi mu gihe gikomeye, aho gutekereza kuri tewolojiya n’amahame y’imyitwarire bigomba guhuzwa no guhanga udushya mu ikoranabuhanga kugira ngo ubwenge buhangano bukoreshwe mu nyungu z’abatishoboye bababaye kurusha abandi, cyane cyane abakene, abarwayi, impunzi, ndetse n’abandi bose Kiliziya iharanira kwitaho mu rukundo n’impuhwe.”

Mu gusoza, Padiri Oscar Kagimbura yashimangiye ko buri wese agomba guhora azirikana ihame shingiro ry’imyitwarire gatolika: ubwenge buhangano ntibugomba gusimbura abantu. Ibyemezo by’ingenzi birebana n’ubuzima bwa muntu n’agaciro ke bigomba buri gihe gufatwa n’abantu, bamurikiwe n’umutimanama wabo ndetse n’ukwemera kwabo.

Ifoto y’urwibutso y’abitabiriye amahugurwa ku ikoresha neza ry’ubwenge buhangano mu bigo bya Kiliziya Gatolika byo mu Rwanda.

Amahame agenga imikoreshereze y’ubwenge buhangano yashyizweho na Roma

Mu rwego rwo guteza imbere imyitwarire myiza y’ubwenge buhangano binyuze mu kwimakaza inshingano zihuriweho n’imiryango mpuzamahanga, za guverinoma, ibigo, n’abikorera ku giti cyabo, Kiliziya yashyizeho amahame atandatu yo kuyobora abo bose mu bijyanye no gushyiraho no gukoresha neza ubwenge buhangano. Ayo mahame ni aya akurikira:

  1. Gukorera mu mucyo: ubwenge buhangano bugomba gusobanurirwa abari mu bikorwa bijyanye nabwo.
  2. Kudaheza: ibikenerwa n’abantu bose bigomba kwitabwaho kugira ngo buri wese abwungukiremo kandi abantu bose bagomba koroherezwa mu buryo bwose bushoboka kugira ngo batange ibitekerezo banatere imbere.
  3. Kubazwa inshingano: abategura kandi bagatuma ubwenge buhangano bugera ku bandi bagomba gukorana ubushishozi no Gushaka irindi jambo riri appropriate
  4. Kutabogama: kwirinda gushyiraho cyangwa gukora ugendeye ku bitekerezo bibogamye, bityo ukabungabunga ubutabera n’agaciro ka muntu.
  5. Kwizerwa: Sisitemu y’ubwenge buhangano igomba kuba ishobora gukora neza.
  6. Umutekano n’ibanga: Sisitemu y’ubwenge buhangano igomba kubahiriza umutekano no kubaha imibereho bwite bw’abayikoresha.

Binyuze mu matsinda atandatu, abitabiriye amahugurwa basesenguye uburyo buri hame ryakoreshwa muri Afurika, ibiri mu muco wayo bishobora kuriteza (ihame) imbere cyangwa kurushaho kurisobanura, n’ibintu byihariye bikwiye guhinduka kugira ngo rirusheho kugira akamaro. Buri tsinda ryari ryahawe kwiga ku ihame rimwe, rigakora imyanzuro riyisangiza abandi.

Umwe mu bagize itsinda ubwo yasangizaga abari mu mahugurwa imyanzuro batanze.

Iyi myitozo yari igamije gufasha abahagarariye ibigo bya Kiliziya Gatolika gusobanukirwa neza uko ubwenge buhahano bukora no kubukoresha mu bushishozi hagamijwe inyungu z’abantu ibigo bakorera byitaho.

Amahugurwa kandi yabaye umwanya wo kumenya uburyo bumwe mu bwenge buhangano bukora, harimo ChatGpt (ubwenge buhangano bushobora kuganira n’umuntu, kwandika, no gukora imirimo imwe n’imwe bugendeye ku cyo umuntu yabusabye), Perplexy AI (butanga ibisubizo birasa ku ntego bukoresheje ishakisha kuri interineti), na Akinator (umukino ukubwira abantu, ikintu cyangwa inyamanswa byamenyekanye ku rwego rw’isi, ugendeye ku bibazo ugenda ukubaza).

Aya mahugurwa yateguwe ku nkunga ya Vatikani, atangwa n’ikigo cya EAiD, giharanira guteza imbere ishyirwa mu bikorwa ry’ubwenge buhangano mu buryo bwiza, hagamijwe kuzamura imibereho y’abatishoboye bababaye kurusha abandi mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere.

April 25, 2025

Ku itariki 24 Werurwe 2025, urubyiruko rwibumbiye mu itsinda ryo kubitsa no kugurizanya “Imbaduko y’Iterambere – Murambi” rifashwa n’umushinga wa Gera Ku Ntego (GKN) rwubakiye inzu Nteziryayo Eric, umugabo wubatse ufite n’abana babiri, akaba atuye mu Mudugudu wa Murambi, Akagali ka Ntanga, Umurenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma ho mu nNtara y’Iburasirazuba.

Igitekerezo cyo kubakira Eric cyatanzwe n’umwe mu banyamuryango b’iri tsinda, abandi basanga ni cyiza baragishyigikira, 12 mu banyamuryango bajya kumwubakira ariko bafashijwe n’abandi 5 bo mu rubyiruko rw’aho hafi rutari mu itsinda. Eric wubakiwe yari aherutse gusenyerwa   n’imvura, igisenge kiraguruka n’inkuta ziragwa.

Inzu yubatswe ingana na metero 4 kuri 5, ikaba ifite ibyumba bibiri byo kuraramo, uruganiriro n’ikirongozi. Isakajwe amabati 12. Mu kuyubaka, uru rubyiruko nta bindi bikoresho rwaguze uretse imbingo, ahubwo rwatanze umuganda wo gucukura itaka, kuvoma amazi, gukata urwondo, guparata no guhoma inkuta. Ibyakozwe byose hamwe bifite agaciro n ka Frw 78.000.

Nyuma y’iki gikorwa, umufashamyumvire w’uyu mushinga (GKN) mu mMurenge wa Mugesera Niyimenya Florence yashimiye abitabiriye anabasaba gukomeza gukora ibikorwa by’urukundo no kwibumbira mu matsinda yo kwizigama no kugurizanya mu rwego rwo kugabanya umubare w’urubyiriko rwishora mu biyobyabwenge n’izindi ngeso mbi, dore ko urubyiruko ari imbaraga z’igihugu zubaka kandi vuba.

Umushinga w’urubyiruko Gera Ku Ntego (GKN) uterwa inkunga na CRS, ukaba ugamije gushimangira inzira irambye yo guteza imbere urubyiruko hitabwa ku bikenewe, amahirwe, ndetse n’ibyihutirwa mu Rwanda.

Uyu mushinga ushyirwa mu bikorwa na Caritas 4 za Diyosezi (Butare, Cyangugu, Byumba na Nyundo zone Gisenyi) ku bufatanye n’ihuzabikorwa rya Caritas Rwanda, kandi ugashingira ku mubano usanzweho n’abafatanyabikorwa barimo Leta, abikorera, kugira ngo bahuze imbaraga mu gutuma haboneka imari no kwihangira imirimo, ari zo nzitizi zikomeye mu guhanga imishinga mito n’iciriritse ndetse no guteza imbere urubyiruko mu Rwanda.

April 24, 2025

Mu rwego rwo kubafasha kuva mu bukene no kwigira, Caritas Rwanda ibinyujije mu mushinga wayo wa Graduation uterwa inkunga na HCR, yateye inkunga impunzi 50 z’Abanyasudani n’abandi baba mu nkambi y’impunzi ya Mahama ibaha amahugurwa atandukanye, arimo gutangiza no gucunga amatsinda yo kuzigama no kugurizanya, inaha buri wese Frw 800.000, kugira ngo babashe gushyira mu bikorwa imishinga yabo ibabyarira inyungu.

Nyuma y’amahugurwa, izi mpunzi zashinze amatsinda yo kuzigama no kugurizanya abiri. Buri tsinda rya rigizwe n’abanyamuryango 25, rimwe rikaba ririmo abagore, irindi rikaba ir’abagabo. Abanyamuryango bahura kenshi mu itsinda mu gihe bumvikanyeho kugira ngo bizigame, abashaka inguzanyo zo gukoresha mu mishinga yabo ibyara inyungu cyangwa mu gukemura ibibazo byabo byihariye bakazihabwa.

Mu mpera za Werurwe 2025 (nyuma y’amezi 4 batangiye kwizigama mu matsinda), bamaze kugira ubwizigame Bungana na Frw 1.448.350 kandi bamenye gukoresha inguzanyo zo mu itsinda. Kuri ubu, inguzanyo zose zahawe abanyamuryango zingana na Frw 1.092.200.

Ubuhamya bw’umwe mu Banyasudani bari mu matsinda

Amatsinda yo kwizigama no kugurizanya azwi ku mpine SILC, agira uruhare runini mu guteza imbere ubukungu no kwigira ku mpunzi n’abasaba ubuhunzi. Aya matsinda ameze nk’irembo ryo kwiteza imbere mu bukungu, afasha abantu kwzigamira, kubona inguzanyo yo mu itsinda, no kwigira.

Ibrahim Altayib Namriyn ni umwe mu banyamuryango b’itsinda ryitwa Entrepreneur Passages SILC Group, rigizwe n’abagabo b’Abanyasudani n’izindi mpunzi nke. Iri tsinda ryagize uruhare runini mu kwagura ubucuruzi bwe. Ibrahim abisobanura muri aya magambo: “Kuba muri iri tsinda ni ingenzi cyane kuri njye. Aho kuguza amafaranga inshuti zanjye, natse inguzanyo ya Frw 60.000 muri tsinda ngura imiti yica udukoko. Nayishyuye nongeyeho inyungu nke. Ubu ndateganya kongera gusabamo inguzanyo yisumbuyeho kugira ngo nagure umushinga wanjye”.

Ibrahim Altayib Namriyn na Isaac Rwamucyo (umukozi wa Caritas Rwanda mu mushinga wa Graduation) ubwo bari mu murima w’amashu wa Ibrahim, hafi y’uruzi rwa Akagera.

Nyuma yo guhugurwa ku kwihangira imirimo no gukora ubuhinzi bwa kijyambere, Ibrahim yahawe n’umushinga wa Graduation Frw 800.000; ayashora mu guhinga imboga. Bitewe n’uko yashyizeho uburyo bwo kuhira mu murima akodesha Frw 250.000 ku mwaka, ubuhinzi bwe buzajya bukomeza kumwinjiriza amafaranga no mu gihe cy’izuba. Mu gihe cya vuba, arateganya kwinjiza byibuze Frw 3.400.000 mu musaruro we wa mbere  w’amashu na gombo.

April 14, 2025

Ubuhamya bw’itsinda UBUMWE

Nyuma y’aho umushinga wa ECD uterwa inkunga na Plan International Rwanda ubahaye amahugurwa ku mikorere y’amatsinda yo kubitsa no kugurizanya, ababyeyi 30 b’abana bo mu rugo mbonezamikurire rwa Tuganire bibumbiye mu itsinda ryitwa Ubumwe, batangira korora inkoko kugira ngo babashe kubona indyo yuzuye baha abana babo, ndetse baniteze imbere.

Iri tsinda ryatangiye ryizigama Frw 200 buri cyumweru kuri buri munyamuryango, rifite intego yo kugurira inkoko buri mubyeyi. Hagati aho baje kugira igitekerezo cyo kugura ihene, maze ababyeyi babiri bagurirwa ihene, izindi bazishyira hamwe zikororerwa kuri umwe muri bo ari iz’itsinda.

Abanyamuryango baje kubona ko korora ihene bitunguka cyane, bahita bajya mu bworozi bw’inkoko, ibi bibafungurira imiryango yo kujya bazigurisha nabo baziguze mu itsinda, bakazorora igihe gito mbere yo kuzigurisha. Ubuhamya burambuye bw’iri tsinda murabusanga muri video ikurikira.

 

 

March 28, 2025

Kuva tariki 24 kugeza kuri 25 Werurwe 2025, muri Centre Saint Vincent Pallotti i Gikondo, hateraniye Inteko Rusange ya Caritas Rwanda ku nshuro ya 28. Iyi nama yari igamije gusuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro  y’Inteko Rusange ya 27, kugaragaza raporo y’ibikorwa byakozwe mu 2024, kumurika igenabikorwa ry’umwaka wa 2025, gahunda irambye y’ibikorwa bya Caritas Rwanda 2025-2030, ndetse no gushyiraho imyanzuro y’umwaka wa 2025.

Mu ijambo rifungura iyi nteko ku mugaragaro, Musenyeri Anaclet Mwumvaneza, Umushumba wa Diyosezi ya Nyundo akaba na Perezida wa Caritas Rwanda, yavuze ko ari ngombwa guhuza imbaraga, cyane cyane muri iyi minsi aho inkunga z’amahanga zigenda zigabanuka hakaba n’aho zahagaze. Musenyeri Anaclet yagize ati: “Tugomba rero guhuza imbaraga zacu kurusha ikindi gihe cyose kugira ngo twongere ubushobozi bwacu bwo gutunga abakene, tubereke byinshi mu bikorwa byacu by’urukundo”. Musenyeri Anaclet yongeyeho ko gukora ibikorwa by’ubugiraneza bidaherekejwe n’isengesho   bishobora kurangirira mu gutanga gusa ibishira, nk’uko Papa Fransisiko yabigarutseho mu gihe cyo kwizihiza Umunsi mpuzamahanga w’abakene ku nshuro ya 8 ku ya 17 Ugushyingo 2024.

Musenyeri Anaclet Mwumvaneza, Perezida wa Caritas Rwanda akaba n’umushumba mukuru wa Diyosezi ya Nyundo ni we wafunguye iyi nteko ku mugaragaro.

Perezida wa Caritas Rwanda kandi yashimiye Caritas mu nzego zayo ko yijihije uyu munsi neza (Umunsi w’umukene) basengana bakanasangira n’abakene mu bitaro n’amavuriro ya Kiliziya Gatolika, mu maparuwasi no mu miryango remezo.

Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda ubwo yagezaga ku bitabiriye Inteko Rusange ya Caritas Rwanda ya 28 gahunda iteganijwe.

Padiri Thomasz Gdula, Umunyamabanga w’ibiro by’Intumwa ya Papa mu Rwanda, yasobanuye ko mu mateka yayo, Caritas yakemuye ibibazo bikomeye ku isi inashyigikira impinduka   zigamije kurandura ubukene. Padiri Thomasz yashimiye imiryango nyarwanda n’imiryango mpuzamahanga, ndetse n’abandi bantu b’umutima mwiza bifatanya na Caritas mu gufasha abatagira kivurira.

Padiri Thomasz Gdula, umunyamabanga w’ibiro by’Intumwa ya Papa mu Rwanda ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye Inteko Rusange ya Caritas Rwanda yateranye ku nshuro ya 28.

Mu Nteko Rusange ya Caritas Rwanda ya 28, raporo y’ibikorwa ya 2024 yatanzwe binyuze mu mashami 4 ya Caritas Rwanda (Ishami ry’Ubuyobozi n’Imari, Ishami ry’Imibereho Myiza  n’Ubutabazi, Ishami ry’Ubuzima n’Ishami ry’Amajyambere).

Ikindi, muri iyi Nteko, hagaragajwe ko umusaruro w’ukwezi k’Urukundo n’Impuhwe wa 2024 ari Frw 165.534.676, Caritas ya Diyosezi ya Ruhengeri ikaba ari yo yaje ku mwanya wa mbere na Frw 35.197.623, ikurikirwa na Caritas ya Diyosezi ya Cyangugu yakusanyije Frw 21.313.555.

Imyanzuro y’umwaka wa 2025

Mu myanzuro y’Inteko Rusange ya Caritas Rwanda yateranye ku nshuro ya 28, harimo gushimangira ubufatanye hagati ya k Komisiyo zitandukanye za C.EP.R., ubufatanye no gushyira hamwe hagati ya Caritas Rwanda na Komisiyo na Serivisi zose z’Abepiskopi na serivisi z’Abepisikopi zikora ibikorwa bijyanye n’iterambere risesuye rya muntu, ndetse no gushimangira ingamba z’ubukangurambaga bugamije kongera umutungo wa Caritas kugira ngo yigire.

Habayeho n’inama zinyuranye mu matsinda. Aha abayobozi ba Caritas za diyosezi bari mu nama n’Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda.

Mu myanzuro kandi harimo gukora ikenurabushyo ryo mu magororero mu nzego zose; gushyiraho umuco wo kwigenzura muri za Caritas n’amavuriro yazo (FOSA); gushyiraho uburyo bunyuranye bwo kongera umusaruro w’ukwezi k’Urukundo n’Impuhwe, gushyiraho shapeli muri buri vuriro kugira ngo abarwayi n’imiryango yabo babone aho basengera, ndetse no gushyira imbaraga mu bukangurambaga ku kugira umutima wuje urukundo n’impuhwe  mu bikorwa byayo byose o (ibijyanye no kwita ku batishoboye n’ubutabazi, ibijyanye n’ubuzima n’ibijyanye n’amajyambere).

Father Andrew Small, umuyobozi wa Missio Invest.

Inteko Rusange ya Caritas Rwanda ya 28 kandi yabaye umwanya wo guha ikaze Perezida w’ikigo Missio Invest, Padiri Andrew Small, watanze ikiganiro kigufi ku mahirwe atandukanye atangwa n’iki kigo mu gutanga inguzanyo ku bikorwa byo kwiteza imbere mu nzego za Kiliziya Gatolika hagamijwe kwigira.

March 24, 2025

Mu bukangurambaga bugamije guhamagarira ababyeyi b’abagabo kwita ku burere n’imikurire y’abana babo bwateguwe n’umushinga wa ECD wa Caritas Rwanda uterwa inkunga na Plan International Rwanda ku wa 21 Werurwe 2025 mu Karere ka Bugesera, ababyeyi b’urumuri bo mu Murenge wa Kamabuye batsinze penariti 4 kuri 3 z’ikipe yo mu murenge wa Ngeruka.

Nyuma y’umukino, abayobozi baho batanze imbwirwaruhame ku ruhare rukomeye ababyeyi b’abagabo bagira mu mikurire y’abana babo. Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Ngeruka, Bwana Kadafi Aimable, mu ijambo rye yashimiye byimazeyo ababyeyi bitabiriye kujyana abana babo mu marerero, anahamagarira abatarabazana kubazana kugira ngo bunguke ibyiza byinshi byaho. Uyu muyobozi yanashimiye Caritas Rwanda na Plan International Rwanda ku nkunga batera ingo mbonezamikurire mu Karere ka Bugesera.

Bamurange Appollinarie, ushinzwe uburinganire n’iterambere mu Karere ka Bugesera, yatanze ikiganiro gihamagarira ababyeyi bose kwita ku bana babo birinda kubahanana uburakari, ahubwo bakabashyigikira kugira ngo bigirire icyizere, bubaka ubucuti n’abana babo, babatega amatwi, babagaragariza icyo babifuzaho, kubashimira igihe bakoze neza kandi bakabera abana babo icyitegererezo.

Nyuma y’ibiganiro, habajijwe ibibazo bigendanye n’imbonezamikurire y’abana babo, abatsinze bahembwa imipira yo kwambara. Amakipe yombi yahawe ibikombe by’ishimwe, kuko icyari kigenderewe cyari ugutanga ubutumwa kurusha kurushanwa.

a kurushanwa.