Ku itariki 24 Werurwe 2025, urubyiruko rwibumbiye mu itsinda ryo kubitsa no kugurizanya “Imbaduko y’Iterambere – Murambi” rifashwa n’umushinga wa Gera Ku Ntego (GKN) rwubakiye inzu Nteziryayo Eric, umugabo wubatse ufite n’abana babiri, akaba atuye mu Mudugudu wa Murambi, Akagali ka Ntanga, Umurenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma ho mu ntara y’Iburasirazuba.
Igitekerezo cyo kubakira Eric cyatanzwe n’umwe mu banyamuryango b’iri tsinda, abandi basanga ni cyiza baragishyigikira, 12 mu banyamuryango bajya kumwubakira ariko bafashijwe n’abandi 5 bo mu rubyiruko rw’aho hafi rutari mu itsinda. Eric wubakiwe yari aherutse gusenyerwa n’ibiza byatewe n’imvura, igisenge kiraguruka n’inkuta ziragwa.
Inzu yubatswe ingana na metero 4 kuri 5, ikaba ifite ibyumba bibiri byo kuraramo, uruganiriro n’ikirongozi. Isakajwe amabati 12. Mu kuyubaka, uru rubyiruko nta bindi bikoresho rwaguze uretse imbingo, ahubwo rwatanze umuganda wo gucukura itaka, kuvoma amazi, gukata urwondo, guparata no guhoma inkuta. Ibyakozwe byose hamwe bifite agaciro na Frw 78.000.
Nyuma y’iki gikorwa, umufashamyumvire w’uyu mushinga (GKN) mu murenge wa Mugesera Niyimenya Florence yashimiye abitabiriye anabasaba gukomeza gukora ibikorwa by’urukundo no kwibumbira mu matsinda yo kwizigama no kugurizanya mu rwego rwo kugabanya umubare w’urubyiriko rwishora mu biyobyabwenge n’izindi ngeso mbi, dore ko urubyiruko ari imbaraga z’igihugu zubaka kandi vuba.
Umushinga w’urubyiruko Gera Ku Ntego (GKN) uterwa inkunga na CRS, ukaba ugamije gushimangira inzira irambye yo guteza imbere urubyiruko hitabwa ku bikenewe, amahirwe, ndetse n’ibyihutirwa mu Rwanda.
Uyu mushinga ushyirwa mu bikorwa na Caritas 4 za Diyosezi (Butare, Cyangugu, Byumba na Nyundo) ku bufatanye n’ihuzabikorwa rya Caritas Rwanda, kandi ugashingira ku mubano usanzweho n’abafatanyabikorwa barimo Leta, abikorera, ndetse na Kiliziya, kugira ngo bahuze imbaraga mu gutuma haboneka imari no kwihangira imirimo, ari zo nzitizi zikomeye mu guhanga imishinga mito n’iciriritse ndetse no guteza imbere urubyiruko mu Rwanda.
Mu rwego rwo kubafasha kuva mu bukene no kwigira, Caritas Rwanda ibinyujije mu mushinga wayo wa Graduation uterwa inkunga na HCR, yateye inkunga impunzi 50 z’Abanyasudani n’abandi baba mu nkambi y’impunzi ya Mahama ibaha amahugurwa atandukanye, arimo gutangiza no gucunga amatsinda yo kuzigama no kugurizanya, inaha buri wese Frw 800.000, kugira ngo babashe gushyira mu bikorwa imishinga yabo ibabyarira inyungu.
Nyuma y’amahugurwa, izi mpunzi zashinze amatsinda yo kuzigama no kugurizanya abiri. Buri tsinda rya rigizwe n’abanyamuryango 25, rimwe rikaba ririmo abagore, irindi rikaba ir’abagabo. Abanyamuryango bahura kenshi mu itsinda mu gihe bumvikanyeho kugira ngo bizigame, abashaka inguzanyo zo gukoresha mu mishinga yabo ibyara inyungu cyangwa mu gukemura ibibazo byabo byihariye bakazihabwa.
Mu mpera za Werurwe 2025 (nyuma y’amezi 4 batangiye kwizigama mu matsinda), bamaze kugira ubwizigame Bungana na Frw 1.448.350 kandi bamenye gukoresha inguzanyo zo mu itsinda. Kuri ubu, inguzanyo zose zahawe abanyamuryango zingana na Frw 1.092.200.
Ubuhamya bw’umwe mu Banyasudani bari mu matsinda
Amatsinda yo kwizigama no kugurizanya azwi ku mpine SILC, agira uruhare runini mu guteza imbere ubukungu no kwigira ku mpunzi n’abasaba ubuhunzi. Aya matsinda ameze nk’irembo ryo kwiteza imbere mu bukungu, afasha abantu kwzigamira, kubona inguzanyo yo mu itsinda, no kwigira.
Ibrahim Altayib Namriyn ni umwe mu banyamuryango b’itsinda ryitwa Entrepreneur Passages SILC Group, rigizwe n’abagabo b’Abanyasudani n’izindi mpunzi nke. Iri tsinda ryagize uruhare runini mu kwagura ubucuruzi bwe. Ibrahim abisobanura muri aya magambo: “Kuba muri iri tsinda ni ingenzi cyane kuri njye. Aho kuguza amafaranga inshuti zanjye, natse inguzanyo ya Frw 60.000 muri tsinda ngura imiti yica udukoko. Nayishyuye nongeyeho inyungu nke. Ubu ndateganya kongera gusabamo inguzanyo yisumbuyeho kugira ngo nagure umushinga wanjye”.
Ibrahim Altayib Namriyn na Isaac Rwamucyo (umukozi wa Caritas Rwanda mu mushinga wa Graduation) ubwo bari mu murima w’amashu wa Ibrahim, hafi y’uruzi rwa Akagera.
Nyuma yo guhugurwa ku kwihangira imirimo no gukora ubuhinzi bwa kijyambere, Ibrahim yahawe n’umushinga wa Graduation Frw 800.000; ayashora mu guhinga imboga. Bitewe n’uko yashyizeho uburyo bwo kuhira mu murima akodesha Frw 250.000 ku mwaka, ubuhinzi bwe buzajya bukomeza kumwinjiriza amafaranga no mu gihe cy’izuba. Mu gihe cya vuba, arateganya kwinjiza byibuze Frw 3.400.000 mu musaruro we wa mbere w’amashu na gombo.
Nyuma y’aho umushinga wa ECD uterwa inkunga na Plan International Rwanda ubahaye amahugurwa ku mikorere y’amatsinda yo kubitsa no kugurizanya, ababyeyi 30 b’abana bo mu rugo mbonezamikurire rwa Tuganire bibumbiye mu itsinda ryitwa Ubumwe, batangira korora inkoko kugira ngo babashe kubona indyo yuzuye baha abana babo, ndetse baniteze imbere.
Iri tsinda ryatangiye ryizigama Frw 200 buri cyumweru kuri buri munyamuryango, rifite intego yo kugurira inkoko buri mubyeyi. Hagati aho baje kugira igitekerezo cyo kugura ihene, maze ababyeyi babiri bagurirwa ihene, izindi bazishyira hamwe zikororerwa kuri umwe muri bo ari iz’itsinda.
Abanyamuryango baje kubona ko korora ihene bitunguka cyane, bahita bajya mu bworozi bw’inkoko, ibi bibafungurira imiryango yo kujya bazigurisha nabo baziguze mu itsinda, bakazorora igihe gito mbere yo kuzigurisha. Ubuhamya burambuye bw’iri tsinda murabusanga muri video ikurikira.
Kuva tariki 24 kugeza kuri 25 Werurwe 2025, muri Centre Saint Vincent Pallotti i Gikondo, hateraniye Inteko Rusange ya Caritas Rwanda ku nshuro ya 28. Iyi nama yari igamije gusuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro y’Inteko Rusange ya 27, kugaragaza raporo y’ibikorwa byakozwe mu 2024, kumurika igenabikorwa ry’umwaka wa 2025, gahunda irambye y’ibikorwa bya Caritas Rwanda 2025-2030, ndetse no gushyiraho imyanzuro y’umwaka wa 2025.
Mu ijambo rifungura iyi nteko ku mugaragaro, Musenyeri Anaclet Mwumvaneza, Umushumba wa Diyosezi ya Nyundo akaba na Perezida wa Caritas Rwanda, yavuze ko ari ngombwa guhuza imbaraga, cyane cyane muri iyi minsi aho inkunga z’amahanga zigenda zigabanuka hakaba n’aho zahagaze. Musenyeri Anaclet yagize ati: “Tugomba rero guhuza imbaraga zacu kurusha ikindi gihe cyose kugira ngo twongere ubushobozi bwacu bwo gutunga abakene, tubereke byinshi mu bikorwa byacu by’urukundo”. Musenyeri Anaclet yongeyeho ko gukora ibikorwa by’ubugiraneza bidaherekejwe n’isengesho bishobora kurangirira mu gutanga gusa ibishira, nk’uko Papa Fransisiko yabigarutseho mu gihe cyo kwizihiza Umunsi mpuzamahanga w’abakene ku nshuro ya 8 ku ya 17 Ugushyingo 2024.
Musenyeri Anaclet Mwumvaneza, Perezida wa Caritas Rwanda akaba n’umushumba mukuru wa Diyosezi ya Nyundo ni we wafunguye iyi nteko ku mugaragaro.
Perezida wa Caritas Rwanda kandi yashimiye Caritas mu nzego zayo ko yijihije uyu munsi neza (Umunsi w’umukene) basengana bakanasangira n’abakene mu bitaro n’amavuriro ya Kiliziya Gatolika, mu maparuwasi no mu miryango remezo.
Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda ubwo yagezaga ku bitabiriye Inteko Rusange ya Caritas Rwanda ya 28 gahunda iteganijwe.
Padiri Thomasz Gdula, Umunyamabanga w’ibiro by’Intumwa ya Papa mu Rwanda, yasobanuye ko mu mateka yayo, Caritas yakemuye ibibazo bikomeye ku isi inashyigikira impinduka zigamije kurandura ubukene. Padiri Thomasz yashimiye imiryango nyarwanda n’imiryango mpuzamahanga, ndetse n’abandi bantu b’umutima mwiza bifatanya na Caritas mu gufasha abatagira kivurira.
Padiri Thomasz Gdula, umunyamabanga w’ibiro by’Intumwa ya Papa mu Rwanda ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye Inteko Rusange ya Caritas Rwanda yateranye ku nshuro ya 28.
Mu Nteko Rusange ya Caritas Rwanda ya 28, raporo y’ibikorwa ya 2024 yatanzwe binyuze mu mashami 4 ya Caritas Rwanda (Ishami ry’Ubuyobozi n’Imari, Ishami ry’Imibereho Myiza n’Ubutabazi, Ishami ry’Ubuzima n’Ishami ry’Amajyambere).
Ikindi, muri iyi Nteko, hagaragajwe ko umusaruro w’ukwezi k’Urukundo n’Impuhwe wa 2024 ari Frw 165.534.676, Caritas ya Diyosezi ya Ruhengeri ikaba ari yo yaje ku mwanya wa mbere na Frw 35.197.623, ikurikirwa na Caritas ya Diyosezi ya Cyangugu yakusanyije Frw 21.313.555.
Imyanzuro y’umwaka wa 2025
Mu myanzuro y’Inteko Rusange ya Caritas Rwanda yateranye ku nshuro ya 28, harimo gushimangira ubufatanye hagati ya k Komisiyo zitandukanye za C.EP.R., ubufatanye no gushyira hamwe hagati ya Caritas Rwanda na Komisiyo na Serivisi zose z’Abepiskopi na serivisi z’Abepisikopi zikora ibikorwa bijyanye n’iterambere risesuye rya muntu, ndetse no gushimangira ingamba z’ubukangurambaga bugamije kongera umutungo wa Caritas kugira ngo yigire.
Habayeho n’inama zinyuranye mu matsinda. Aha abayobozi ba Caritas za diyosezi bari mu nama n’Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda.
Mu myanzuro kandi harimo gukora ikenurabushyo ryo mu magororero mu nzego zose; gushyiraho umuco wo kwigenzura muri za Caritas n’amavuriro yazo (FOSA); gushyiraho uburyo bunyuranye bwo kongera umusaruro w’ukwezi k’Urukundo n’Impuhwe, gushyiraho shapeli muri buri vuriro kugira ngo abarwayi n’imiryango yabo babone aho basengera, ndetse no gushyira imbaraga mu bukangurambaga ku kugira umutima wuje urukundo n’impuhwe mu bikorwa byayo byose o (ibijyanye no kwita ku batishoboye n’ubutabazi, ibijyanye n’ubuzima n’ibijyanye n’amajyambere).
Father Andrew Small, umuyobozi wa Missio Invest.
Inteko Rusange ya Caritas Rwanda ya 28 kandi yabaye umwanya wo guha ikaze Perezida w’ikigo Missio Invest, Padiri Andrew Small, watanze ikiganiro kigufi ku mahirwe atandukanye atangwa n’iki kigo mu gutanga inguzanyo ku bikorwa byo kwiteza imbere mu nzego za Kiliziya Gatolika hagamijwe kwigira.
Mu bukangurambaga bugamije guhamagarira ababyeyi b’abagabo kwita ku burere n’imikurire y’abana babo bwateguwe n’umushinga wa ECD wa Caritas Rwanda uterwa inkunga na Plan International Rwanda ku wa 21 Werurwe 2025 mu Karere ka Bugesera, ababyeyi b’urumuri bo mu Murenge wa Kamabuye batsinze penariti 4 kuri 3 z’ikipe yo mu murenge wa Ngeruka.
Nyuma y’umukino, abayobozi baho batanze imbwirwaruhame ku ruhare rukomeye ababyeyi b’abagabo bagira mu mikurire y’abana babo. Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Ngeruka, Bwana Kadafi Aimable, mu ijambo rye yashimiye byimazeyo ababyeyi bitabiriye kujyana abana babo mu marerero, anahamagarira abatarabazana kubazana kugira ngo bunguke ibyiza byinshi byaho. Uyu muyobozi yanashimiye Caritas Rwanda na Plan International Rwanda ku nkunga batera ingo mbonezamikurire mu Karere ka Bugesera.
Ku bufatanyije n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima RBC – ishami rishinzwe kurwanya Malariya hamwe n’itsinda ryaturutse ku Karere ka Nyamasheke, kuva ku ya 10 kugeza ku ya 21 Werurwe 2025, Caritas Rwanda yakoze ubugenzuzi mu gihe cy’ibyumweru bibiri bwo kurebwa uko Malariya ihagaze mu mirenge ishyuha cyane ya Macuba, Kirimbi, na Kagano yo mu Karere ka Nyamasheke.
Iki gikorwa cyari kigamije kumenya uduce twiganjemo Malariya cyane no gushyira mu bikorwa ingamba zigamije kuyirwanya. Mu gihe cy’ibyumweru bibiri, Caritas Rwanda yasuye urugo ku rundi ibice byibasirwa cyane na Malariya, itanga inyigisho z’ingirakamaro mu kuyikumira no kuyirwanya.
Abakozi ba Caritas Rwanda hamwe n’umukozi ushinzwe guteza imbere ubuzima no gukumira indwara mu Karere ka Nyamasheke, mu gikorwa cyo gutanga ubutumwa bw’ingenzi ku bijyanye no kwirinda Malariya binyuze mu nteko z’abaturage.
Ikindi, binyuze mu nteko z’abaturage, hakozwe ubukangurambaga bugamije gukangurira abayobozi mu nzego z’ibanze n’abaturage muri rusange kugira uruhare mu kurwanya Malariya. Ubu bufatanye bwibanze ku gushyiraho uburyo bunoze bwo kwirinda no kurwanya malariya mu midugudu yibasiwe nayo.
Ku itariki 18 Werurwe 2025, Caritas Rwanda ibinyujije mu mushinga wayo wa ECD uterwa inkunga na Plan Rwanda International yateguye umukino w’umupira w’amaguru wahuje ikipe y’ababyeyi b’urumuri (abagabo) ba Rusenge n’aba Gikunzi mu Karere ka Nyaruguru. Ikipe ya Rusenge yatsinze iya Gikunzi penariti 5 kuri 4. Uyu mukino wateguwe mu rwego rwo gukangurira ababyeyi b’abagabo kwita ku mikurire n’uburere bw’abana babo.
Amakipe yo mbi yanganyine igitego kimwe kuri kimwe, bituma batera penariti.
Muri uyu mukino ikipe zombi zanganyije ibitego (kimwe kuri kimwe), habaho gutera penariti. Nyuma y’umukino, Nsabumuremyi Janvier ushinzwe ihuzabikorwa ry’amarerero mu Karere ka Nyaruguru yibukije inkingi 6 z’imbonezamikurire y’abana bato ari zo: (i) Imirire myiza, (ii) Ubuzima, (iii) Isuku n’isukura, (iv) Kurinda no kurengera umwana (v)Gutegurira umwana kujya ku ishuri hakiri kare, (vi) Uburere buboneye.
Nsabumuremyi Janvier ushinzwe ihuzabikorwa ry’amarerero mu Karere ka Nyaruguru, ubwo yatangaga ikiganiro ku bitabiriye iki gikorwa.
Bwana Nsanzumuremyi yaboneyeho guhamagarira abagabo guharanira ko izi nkingi zishyirwa mu bikorwa batabihariye ababyeyi b’abagore gusa, ashimira Caritas Rwanda na Plan International Rwanda nk’abaterankunga bagira uruhare mu bikorwa by’iterambere mu Karere ka Nyaruguru, by’umwihariko kwita ku marerero batanga ibikoresho binyuranye, bahugura abarezi no kunganira ababyeyi mu gushakira ibyo kurya abana babo.
Habayeho umwanya w’ibibazo birebana n’uruhare rw’abagabo mu mbonezamikurire y’abana bato.
Nyuma y’uyu mukino kandi, hanabayeho umwanya wo kubaza ibibazo birebana n’imbonezamikurire y’abana bato, aho abatsinze bahembwe imipira yo kwambara. Ikindi, buri kipe yahawe igikombe cy’ishimwe kuko icyari kigamijwe mbere na mbere ari ugutanga ubutumwa ukurushanwa.
Abatsinze ibibazo byabajijwe bahembwe imipira yo kwambara.
Igikorwa nk’iki cyebereye no mu karere ka Gatsibo ku itariki ya 14 Werurwe 2025, kikaba giteganijwe no kubera mu Karere ka Bugesera kuri 21 Werurwe 2025.
Abatsinze umukino ni Ikipe y’Ababyeyi b’Urumuri ba Rusenge.
Hagamijwe gukangurira ababyeyi b’abagabo kurushaho kugira uruhare mu burere bw’abana babo, Caritas Rwanda ibinyujije mu mushinga wayo wa ECD uterwa inkunga na Plan International Rwanda, yateguye umukino w’umupira w’amaguru wahuje ababyeyi b’urumuri b’abagabo bo mu murenge wa Murambi n’abo mu murenge wa Kiziguro. Ni igikorwa cyabereye ku kibuga cy’umupira w’amaguru cya Groupe Scolaire Rwimitereri mu murenge wa Murambi mu Karere ka Gatsibo ku ya 14 Werurwe 2025.
Iki gikorwa cyari gifite intego zihariye zikurikira:
– Guteza imbere uruhare rw’ababyeyi, hibandwa cyane cyane ku babyeyi b’abagabo, mu kwita ku bana babo, gufatanya mu kuzuza inshingano mu muryango;
– Gushyiraho ihuriro ry’ababyeyi b’abagabo bakigira ku babyeyi b’urumuri b’abagabo, kugira ngo bongere ubumenyi mu bijyanye no gutanga uburere buboneye ku bana babo;
– Kwigisha abaturage ibyiza byo gufatanya kw’ababyeyi bombi mu kurera abana, ibi bikaba bishobora kugabanya ibibazo birimo guta ishuri kw’abana, ihohoterwa rikorerwa mu ngo, n’ibibazo by’imyitwarire mibi y’abana mu gihe kizaza.
Mu rwego rwo kwitegura Intego Rusange yayo ya 2024, abayobozi ba Caritas Rwanda na Caritas za Diyosezi 10 bahuriye mu nama y’iminsi ibiri yo kureba ibyakozwe mu mwak wa 2024. Iyi nama yabereye kuri Centre d’Accueil Bonne Esperance Kicukiro kuri 23 na 24 Mutarama 2025. Ni inama yaranzwe no gutanga ibitekerezo ku bitabiriye nk’uko byagarutsweho n’abayobozi b’amashami atandukanye muri Caritas ari yo: Ishami ry’imiyoborere n’icungamari, Ishami ryo gufasha abatishoboye n’ubutabazi, Isha lmi ry’ubuzima n’ishami ry’amajyambere.
Mu ijambo risoza iyi nama, Padiri Oscar KAGIMBURA, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda yashimiye abayitabiriye bose. Padiri Oscar yagize ati: “Kwitegura neza bizafasha kugabanya igihe Inteko Rusange ya Caritas Rwanda yamaraga, kive kuva ku minsi ibiri kigere ku munsi umwe mu gihe kizaza”. Amashami agize Caritas yibukijwe gukomeza gufatanya mu gushakisha umutungo wo gukoresha mu bikorwa, gukomeza umubano mwiza n’abafatanyabikorwa basanzwe ndetse n’abashya binyuze mu guhanahana amakuru mu buryo busobanutse kandi bunyuze mu mucyo, ndetse no kubaka icyizere.
Gahunda nshya ya Caritas Rwanda ya 2025-2030 izafasha gukomeza gutera inkunga abatishoboye. Padiri Oscar yashimangiye kandi akamaro ko guhora twiteguye kugira icyo dukora mu gihe cyihutirwa kandi yibutsa abitabiriye iyi nama ko mu minsi ya vuba hazemezwa “Gahunda y’ibikorwa by’ubutabazi bw’ibanze”, ahamagarira abo bireba kuyikora vuba bishoboka. Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwand yagize ati: “Uyu ni umurimo w’amashami yose ya Caritas kuko ibiza bigira ingaruka kuri gahunda zanyu zose”.
Abitabiriye inama bibukijwe kandi gushyigikira Abanyarwanda kugira ngo bagere ku iterambere risesuye binyuze mu kubamenyesha amahirwe ariho, kubafasha kugera kuri serivisi batanga n’ibindi. Amashami yahawe inshingano yo guhuza n’izindi komisiyo z’Inama y’Abepiskopi, Gatolika mu Rwanda, ishami ry’iterambere rikaba rigomba gushakisha uburyo bwo kuzamura umutungo wa Kiliziya Gatolika rigira uruhare runini mu kongera umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi hagamijwe kwihaza mu biribwa no kurwanya inzara, gukoresha ububiko buriho n’ibindi bikorwa remezo bitunganya umusaruro nyuma y’isarura.
Ku bufatanye n’Akarere ka Burera, ku ya 9 Mutarama 2024 Caritas Rwanda yafunguye ku mugaragaro irerero rya Rwabageni, ryubatswe ku nkunga y’Umuryango wa Dennis na Jane Reese, mu Kagari ka Kiringa, Umurenge wa Kagogo, Akarere ka Burera mu Ntara y’Uburengerazuba. Iri rerero rizafasha abana 80 bari munsi y’imyaka 7 kubona uburere ku rwego rw’umudugudu.
Usibye guteza imbere uburezi bw’abana bato, irerero rya Rwabageni rizaba ihuriro ryigishirizwamo kunoza imirire ku barituriye, iki gikorwa bakazajya bagifashwamo na gahunda ya USAID Gikuriro Kuri Bose, hagamijwe kurwanya igwingira ry’abana bato.
Mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro irerero rya Rwabageni, abashyitsi basuye ibyumba bibiri byigiramo abana bafite imyaka iri hagati ya 3-4 na 5-6, maze birebera uburyo abaturage babitewemo inkunga na USAID Gikuriro Kuri Bose bagira uruhare mu myigire y’abana bato, Uburere buboneye, imikino y’abana no gukangura ubwonko bw’umwana, no kudaheza abafite ubumuga.
Nyuma yo gusobanura ko ibikorwa bya Caritas Rwanda bikubiye mu byiciro bitatu ari byo gufasha abatishoboye, ubuzima n’iterambere, Padiri Oscar Kagimbura, Mmunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda yashimiye Umuryango wa Dennis na Jane Reese kuba waratanze inkunga yo kubaka irerero rya Rwabageni anasaba ababyeyi ko bagira iki gikorwa icyabo kugira ngo kizakomeze gukora neza.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Madamu Mukamana Soline, yavuze ko irerero rya Rwabageni rihuje na gahunda y’igihugu y’imbonezamikurire y’abana bato, igamije kwita ku mikurire y’abana kuva bagisamwa kugeza ku myaka itandatu. Madamu Mukamana Soline yagize ati: “Twe abayobozi tuba twifuza igikorwa nk’iki kirambye tugasigara dukora igenzura, aho kugira ngo ibikorwa birangirane n’umushinga ntumenye ko wahigeze”.
Aron James wari uhagarariye Umuryango wa Dennis na Jane Reese muri uyu muhango, yashimiye ubuyobozi bw’ibanze ku bufatanye bagaragaje mu kubaka iri rerero, anavuga ko yishimiye kubona ababyeyi bitabira cyane ibikorwa by’irerero. Aron yijeje ko umuryango wa Dennis na Jane Reese yaje ahagarariye uzakomeza ubufatanye mu gushyigikira iki gikorwa.
Aron James, wari uhagarariye umuryango wa Dennis and Jane Reese Foundation mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro irerero rya Rwabageni.
Ibi birori kandi byabaye umwanya mwiza wo gukangurira abantu kurwanya ingwingira mu bana bato. Mu ijambo rye, Dr. Umurungi Serubibi Yvonne, umuyobozi wa gahunda ya USAID Gikuriro Kuri Bose ku rwego rw’igihugu, yibukije ababyeyi bitabiriye iki gikorwa ko bagomba kwipimisha inshuro 8 mu gihe batwite, konsa abana babo amezi 6 nta kindi babavangiye, nyuma y’amezi 6 bagatangira kubaha indyo yuzuye nk’uko babyigishijwe.
Mu gufungura ku mugaragaro iri rerero, habayeho igikorwa cyo kugaburira abana ifunguro ryujuje intungamubiri.