July 17, 2026

Muri iki gihe cy’imyiteguro y’ubukangurambaga ku kwezi kw’Urukundo n’Impuhwe, Caritas Rwanda na Caritas za diyosezi zahuriye i Huye ku itariki 13 Nyakanga 2026, mu nama yo gusuzuma ibikorwa by’imyaka ishize, gusangira ubuhamya no gushyiraho ingamba nshya zo gukora ubukangurambaga bugamije kuzamura umusanzu w’ukwezi kw’Urukundo n’Impuhwe.

Mu ijambo rifungura iyi nama ku mugaragaro, Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga wa Mukuru wa Caritas Rwanda yavuze ko iyi nama yari igamije “Kwiyibutsa inshingano dufite nka Caritas, kugira ngo abayirimo barebere hamwe uko barushaho gushyira mu bikorwa ivanjiri binyuze mu bikorwa bifatika by’urukundo”.

Padiri Oscar kandi yagarutse ku butumwa buri mu rwandiko rwa Papa Fransis “Dignita Infinita”, buvuga ko umukene atagomba kuba umugenerwabikorwa mu bikorwa mu by’urukundo akorerwa, ahubwo akwiriye ko akwiriye kuba umufatanyabikorwa.

Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda, ubwo yafunguraga ku mugaragaro iyi nama.

Gusangira ubuhamya ku buryo ubukangurambaga bukorwa muri Diyosezi ya Butare

Nyuma yo kugaragaza uko umusaruro w’ukwezi kw’Urukundo n’Impuhwe wagiye utangwa kuva mu 1998, abari muri iyi nama basangizanije ubuhamya ku bijyanye n’uburyo bakoresha mu kuzamura umusaruro w’ukwezi kw’Urukundo n’Impuhwe. Habanje abo muri Diyosezi ya Butare yazamuye umusaruro ku kigero ya 241% (wavuye kuri 3M ugera kuri 10M).

Muri Paruwasi ya Mugombwa yaje ku mwanya wa mbere mu gutanga umusaruro w’ukwezi kw’Urukundo n’Impuhwe muri Diyosezi ya Butare, bavuze ko n’ubwo ifite impunzi nyinshi bitababujije kubona uyu musaruro. Muri strategies bakoresha harimo kwiyegereza abakangurambaga bakabakorera umunsi mukuru muri cya ¼ paruwasi isigarana, ibi bikabatera imbaraga zo gukomeza gukora ubukangurambaga. Ikindi bavuze ko bitewe n’uko mu kwezi kwa 8 amashuri aba ari mu kiruhuko, gukora ubukangurambaga mu mashuri no kwegeranya umusaruro bikorwa mbere y’uko bajya mu biruhuko.

Paruwasi zo muri Diyosezi ya Butare zagize umusaruro mucye zavuze ko byaturutse ku musaruro mucye w’imyaka abakristu bagize, kuba hari paruwasi zafungiwe insengero, ahandi abakristu bakitotombera ko basabwa na Caritas gutanga inkunga y’ukwezi kw’Urukundo n’Impuhwe, mugihe bakagombye kubaka paruwasi zabo zafungiwe, aya mutuelle n’ibindi. Kuri bo bumva ahubwo Caritas ari yo yakagombye kubafasha. Abari mu nama bavuze ko hakenewe ubukangurambaga bagasobanurirwa impamvu yo kwiyubakira Caritas Nyarwanda. Muri iyi nama kandi ibigo by’abihayimana byanenzwe gutanga umusanzu muto kandi harimo ibiba bifite ibikorwa bifatika byinjiza amafaranga.

Padiri François Habimana, ubwo yasangizaga abari mu nama ingamba Paruwasi ya Mugombwa yakoresheje mu kuzamura umusanzu w’ukwezi kw’Urukundo n’Impuhwe.

Ubuhamya bwa Diyosezi za Kabgayi, Gikongoro, Nyundo ndetse na Arikidiyosezi ya Kigali

Nyuma ya Diyosezi ya Butare, iya Kabgayi, Gikongoro, Nyundo na Arikidiyosezi ya Kigali ba zavuze ingamba zakoresheje mu kuzamura umusaruro w’ukwezi kw’Urukundo n’Impuhwe. Zimwe muri zo ni izi zikurikira:

  • Gukorana inama n’abapadiri bayobora amaparuwasi kugira ngo barusheho kugira uruhare no kumva ko ari inshingano yabo;
  • Gutegura ibikorwa by’urukundo mu cyumweru cya Caritas, bagatambutsamo ubutumwa buhamagarira abantu kwitabira igikorwa cy’ukwezi kw’Urukundo n’Impuhwe;
  • Abasenyeri babigizemo uruhare;
  • Gukangurira abacuruzi n’abakora ibikorwa by’ubucuruzi kubigiramo uruhare;
  • Gukora ubukangurambaga bwo gusura imiryango urugo ku rundi binyuze mu minryango remezo;
  • Kwegera by’umwihariko abaterankunga bakomeye hakoreshejwe ubutumwa bwihariye;
  • Gukoresha abakorerabushake babiri babiri basura imiryango kandi bakuzuza ku ifishi inkunga zatanzwe mu mucyo;
  • Gutangaza ku mugaragaro umusaruro wabonetse ku rwego rwa paruwasi, diyosezi no ku rwego rw’igihugu.

Izi gahunda zagaragaje ko kwegera abaturage, gukorera mu mucyo no kugira ubuyobozi bukomeye ari bimwe mu by’ingenzi bituma ubukangurambaga bugenda neza.

Gufasha abahuye n’ibiza n’ibindi bibazo by’ubutabazi

Nyuma y’ubu buhamya, Padiri Oscar Kagimbura yasobanuye uko umusaruro w’Ukwezi kw’Urukundo n’impuhwe ukoreshwa: 1/4 cyawo gisigara kuri Paroisse, ¾ bisigaye bigabanywamo kabiri, ½ kigasigara kuri Diocese, ikindi ½ kikaza muri Caritas Rwanda. Uyu musaruro ugamije gutabara abahuye n’ibiza haba mu Rwanda cyangwa mu mahanga.

Abitabiriye biyemeje kongera imbaraga mu mwaka wa 2026

Hashingiwe ku musaruro mwiza w’ubukangurambaga bw’umwaka ushize, aho inkunga yakusanyijwe yiyongereye ku kigero kiri hejuru 20% yari yashyizweho, abitabiriye iyi nama biyemeje gushyiraho intego yo kongera umusaruro w’umwaka ushize ku kigero cya 25% muri buri Diyosezi.

Nyiricyubahiro Musenyeri Jean Bosco Ntagungira, Umushumba wa Diyosezi ya Butare ni we wari umushyitsi mukuru.

Mu ijambo yavuze asoza iyi nama, Musenyeri Jean Bosco ntagungira wari umushyitsi mukuru muri iyi nama, yemeye kugira uruhare mu bukangurambaga bw’ukwezi kw’Urukundo n’Impuhwe nk’uko muri Diyosezi ya Ruhengeri bikorwa. Abwira abari muri iyi nama, yagize ati: “Tuzi imvune mugira. Ariko ntimugacike intege”. Yongeyeho ko umuntu yakwitanga uko ashoboye kuko n’ubwo yakumva ari umukene ariko hari undi arusha ubushobozi yafasha, kandi ibi yumva bimuhesheje agaciro iyo umusabye inkunga.

Inama yasojwe n’imyanzuro itandukanye irimo gushimangira imiyoborere ya Caritas ku rwego rwa paruwasi, kunoza uburyo bwo gutanga raporo, kongera ubukangurambaga mbere y’igihe cyo gukusanya inkunga, gukomeza guhugura komite za Caritas muri za paruwasi, kugira uruhare rugaragara rw’abayobozi ba Kiliziya ku nzego zose ndetse no kongera uruhare rw’abakozi mu gutanga umusanzu w’ukwezi kw’Urukundo n’Impuhwe.