Hi, How Can We Help You?

Monthly Archives: October 2025

October 29, 2025

Ku nkunga y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi binyujijwe muri World Vision Rwanda, Caritas Rwanda yatangije umushinga Dukore Twigire mu Karere ka Karongi ku itariki 15 Ukwakira 2025, kuri Centre d’Accueil Sainte Marie Karongi. Ibirori byo kuwutangiza byahuje abayobozi b’akarere ka Karongi n’abandi bafatanyabikorwa b’ingenzi mu ishyirwa mu bikorwa ryawo. Ku munsi wakurikiyeho (tariki 16 Ukwakira 2025) habayeho n’igikorwa cyo gutangiza uyu mushinga mu nkambi ya Kiziba, ari naho uyu mushinga uzakorera.

Umushinga Dukore Twigire (2025–2028) ugamije guteza imbere ubudaheranwa kwihangana no kwigira kw’impunzi ziba mu nkambi ya Kiziba ndetse n’abaturage bayituriye.  Uyu mushinga uzafasha ingo 598, zirimo ingo 419 z’impunzi na 179 z’abaturage baturiye inkambi, hibandwa cyane cyane ku bagore, urubyiruko, n’abafite ubumuga.

Inama y’abafatanyabikorwa ba Karongi yo ku wa 15 Ukwakira 2025 yatanze urubuga ku bayobozi b’inzego z’ibanze, abafatanyabikorwa banyuranye, n’abagize komite y’impunzi kugira ngo baganire ku ntego z’umushinga, ingamba zo kuwushyira mu bikorwa, ubufatanye, n’umusaruro witezwe.

Bamwe mu bafatanyabikorwa bari bitabiriye umuhango wo gutangiza umushinga Dukore Twigire mu Karere ka Karongi.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iyi nama, Padiri Emmanuel Bamporineza, Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa Caritas Rwanda yavuze ko iyi nama ari umwanya mwiza wo kungurana ibitekerezo no gukomeza ubufatanye kugira ngo ibikorwa bizagire akamaro kandi birambe biteza imbere imibereho y’abaturage bigenewe. Padiri Emmanuel yagize ati: “Duhamya ko mu gushyira hamwe kwacu dushobora guhindura ubuzima bw’imiryango, kuyongerera icyizere no gufasha abantu kwigira”.

Nyuma yo kugaragaza intego n’ibikorwa by’umushinga Dukore Twigire, byakozwe n’umuhuzabikorwa wawo Jerôme Sebaganwa, abari bitabiriye uyu muhango babajije ibibazo byinshi birimo ikirebana no kumenya niba inkunga ya Frw 1.000.000 izajya ihabwa buri muryango ngo witeze imbere ari yo izajya ikurwamo awutunga ku kwezi. Aha basubijwe ko hari ubufasha buzahabwa imiryango mu gihe cy’amezi 6, bungana n’ayo imiryango itishoboye isanzwe ihabwa mu nkambi, ariko butari muri ayo Frw 1.000.000.

Jerôme Sebaganwa, umuhuzabikorwa w’umushinga Dukore Twigire.

Abari mu nama kandi babajije niba abaziga imyuga bazayihitiramo, basubizwa buri muntu azihitiramo. Mu bijyanye n’inyunganizi, havuzwe ku gutoza abagenerwabikorwa ubunyangamugayo. Aha na none basubijwe ko abanyamuryango bahabwa amahugurwa yitwa Hinduka Wigire, aho bigishwa indangagaciro kugira ngo ubuzima bwabo buhinduke mu buryo bwuzuye.

Innocent Bihira wari uhagarariye umuyobozi w’Akarere ka Karongi, yashimiye abafatanyabikorwa bitabiriye iki gikorwa anizeza ubufatanye bw’Akarere mu ishyirwa mu bikorwa ryawo. Yongeyeho ko uyu mushinga uzahindura ubuzima bw’abatuye Karongi muri aya magambo: “Imyaka 3 izavamo umusaruro mwiza uzadufasha kugira ngo akarere kacu kave ku rutonde rw’uturere dukennye, kajye mu twifashije”.

Innocent Bihira, umukozi w’Akarere ka Karongi yavuze mu izina ry’Umuyobozi w’Akarere ka Karongi.

Umushinga Dukore Twigire, uzateza imbere impunzi zo mu nkambi ya Kiziba n’abaturage bayituriye binyuze mu bintu bitatu by’ingenzi:

  • Guteza imbere imibereho y’abagenerwabikorwa binyuze mu gutanga amahugurwa, inkunga y’amafaranga n’iy’ibitekerezo kugira ngo batangize cyangwa bagure imishinga ibyara inyungu.
  • Kunoza imibereho myiza, imibanire myiza, no guhindura imyitwarire ikaba myiza, binyunze mu guteza imbere ubuzima budaheza, kurinda no guteza imbere ubudaheranwa bw’impunzi n’abaturage baturiye inkambi.
  • Kongera uburyo bwo kwinjiza imari, binyuze mu gushinga amatsinda yo kuzigama no kugurizanya, kugezwa kuri serivisi z’imari no kubona amakuru ajyanye n’amasoko. kunoza serivisi zimari namakuru yisoko.

 

October 2, 2025

Binyuze muri Porogaramu ya Igire-Gimbuka, ku nkunga ya BK Foundation, ku itariki ya 1 Ukwakira 2025, Caritas Rwanda yashyikirije ibikoresho abana b’imfubyi n’abandi bugarijwe n’ibibazo (OVC) 40 bo mu Karere ka Nyamasheke, basoje amahugurwa y’ubumenyingiro (TVET), kugira ngo babashe kwihangira umurimo biteze imbere.

Uyu muhango witabiriwe n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, abakozi ba Caritas Rwanda, abanyeshuri n’ababyeyi babo ndetse n’abahagarariye BK Foundation. Ibi bikoresho byatanzwe hakurikijwe imyuga abanyeshuri bize, ari yo ubudozi, gutunganya imisatsi, ubukanishi bw’ibinyabiziga n’ubwubatsi.

Mukeshimana Grâce, umwe muri aba basoje imyuga kuri Rays of Hope TVET School, yashimiye Caritas Rwanda ibinyujije mu mushinga wayo wa Igire-Gimbuka na BK Foundation ndetse n’abayobozi b’ibigo aba banyeshuri bizeho kuko babafashije kwiga imyuga. Yongeyeho ko mu gihe cy’imenyerezamwuga amafaranga bamuhaga yayazigamaga kugira ngo azamugirire akamaro we n’umwana we.

Mugenzi we Nsabayesu Claude wize ubukanishi bw’imodoka kuri Samuduha Integrated College, yavuze ko amafaranga yasaguraga ku yo bamuhaye mu imenyerezamwuga yaguzemo ingurube. Yagize ati: “N’ubu umpaye Frw 200.000 ntabwo nayiguha”.

Nyirangirinshuti Judith wavuze mu izina ry’abandi babyeyi, yashimiye abafashije abana babo kuva mu burara bakiga imyuga none bakaba banabahaye ibikoresho bibafasha gutangira gukora. Nawe yavuze ko mu gihe cyo kwimenyereza umwuga umwana we yizigamye akabasha kugura inkoko 20.

Uretse guhabwa ibikoresho, abanyeshuri banahawe impamyabushobozi.

Impanuro abanyeshuri n’ababyeyi babo bahawe

Uwari uhagarariye umuyobozi wa BK Foundation, Uwayo Joel, yavuze ko imwe mu nkingi za BK Foundation ari ugushyigikira uburezi, ati: “Rwose mudufashe, izi mbaraga zashyizwe muri ubu bufatanye ntizizapfe ubusa”.

Ntakirutimana Jean, Umuyobozi wungirije wa Igire-Gimbuka ubwo yahaga ibikoresho umwe mu barangije kwiga imyuga.

Ntakirutimana Jean, umuyobozi wungirije wa porogaramu ya Igire-Gimbuka ya Caritas Rwanda, yabwiye aba barangije imyuga ko kwiga gushakisha amasoko ari ikintu kimwe no kuyabona ukayabyaza inyungu ari ikindi, abasaba kugira ubunyamwuga n’ubunyangamugayo mu byo bakora kugira ngo batere imbere.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye uyu muhango, Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Madamu Mukankusi Athanasie, yabwiye abanyeshuri ko badategetswe gukorera muri Nyamasheke gusa ahubwo bakazagura imbago bakagera n’ahandi. Uyu muyobozi yagize ati: “Uko mubona ako kantu kari ku ngofero zanyu kizunguza kakajya hose, ni ko namwe mukwiriye kugera hose mukora ibyo mwize kandi mukorera amafaranga”.

Madamu Mukankusi Athanasie, Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, ubwo yatangaga impanuro ku barangije kwiga n’ababyeyi babo.

Madame Athanasie kandi yabwiye ababyeyi ko aba bana babakeneye cyane kurusha mbere, bakaba bakwiye gukomeza kubaba hafi babagira inama kugira ngo biteze imbere.

Uyu ni umusaruro w’ubufatanye burambye

Iki gikorwa kibaye nyuma y’amasezerano y’ubufatanye hagati y’abafatanyabikorwa 5 bashyiraga mu bikorwa Porogaramu ya Igire-Gimbuka (kuko babiri ntibakiyikora) na BK Foundation yashyizweho umukono muri Kanama 2024, aho BK Foundation yiyemeje gufasha urubyiruko 200 ruturuka mu mirenge y’uturere twatoranyijwe  (Muhanga, Kayonza, Kicukiro, Rwamagana na Nyamasheke) kwiga imyuga (TVET) binyuze muri Igire-Gimbuka.

Ibirambuye kuri aya masezerano y’ubufatanye wabireba ku rubuga rwacu:

https://caritasrwanda.org/kiny/fondasiyo-ya-bk-igiye-gufasha-urubyiruko-200-kwiga-imyuga-binyuze-muri-gahunda-ya-igire-bitarenze-2027/

Kureba video y’iki gikorwa, kanda aha hakurikira:

https://www.youtube.com/watch?v=LtCAla_yeoE&t=376s