Mu bukangurambaga bugamije guhamagarira ababyeyi b’abagabo kwita ku burere n’imikurire y’abana babo bwateguwe n’umushinga wa ECD wa Caritas Rwanda uterwa inkunga na Plan International Rwanda ku wa 21 Werurwe 2025 mu Karere ka Bugesera, ababyeyi b’urumuri bo mu Murenge wa Kamabuye batsinze penariti 4 kuri 3 z’ikipe yo mu murenge wa Ngeruka.
Nyuma y’umukino, abayobozi baho batanze imbwirwaruhame ku ruhare rukomeye ababyeyi b’abagabo bagira mu mikurire y’abana babo. Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Ngeruka, Bwana Kadafi Aimable, mu ijambo rye yashimiye byimazeyo ababyeyi bitabiriye kujyana abana babo mu marerero, anahamagarira abatarabazana kubazana kugira ngo bunguke ibyiza byinshi byaho. Uyu muyobozi yanashimiye Caritas Rwanda na Plan International Rwanda ku nkunga batera ingo mbonezamikurire mu Karere ka Bugesera.
Bamurange Appollinarie, ushinzwe uburinganire n’iterambere mu Karere ka Bugesera, yatanze ikiganiro gihamagarira ababyeyi bose kwita ku bana babo birinda kubahanana uburakari, ahubwo bakabashyigikira kugira ngo bigirire icyizere, bubaka ubucuti n’abana babo, babatega amatwi, babagaragariza icyo babifuzaho, kubashimira igihe bakoze neza kandi bakabera abana babo icyitegererezo.
Nyuma y’ibiganiro, habajijwe ibibazo bigendanye n’imbonezamikurire y’abana babo, abatsinze bahembwa imipira yo kwambara. Amakipe yombi yahawe ibikombe by’ishimwe, kuko icyari kigenderewe cyari ugutanga ubutumwa kurusha kurushanwa.
a kurushanwa.