Hi, How Can We Help You?

Blog

June 14, 2024

Mahama: Amatsinda yo kubitsa ni kugurizanya afashwa n’umushinga wa Graduation yagabanye asaga Frw miliyoni 285

Nyuma y’umwaka atangiye kwizigama, ku itariki 5 Kamena 2024, amatsinda yo kuzigama no kugurizanya 48 agizwe n’abagenerwabikorwa 944 b’umushinga wa Graduation uterwa inkunga na HCR yagabanye Frw 285.519.800. Aya mafaranga arimo ubwizigame bwa Frw 225.149.230 n’inyungu z’inguzanyo bahanahanye hagati muri bo ya Frw 60.370.570. Aya matsinda yanatangiye urugendo rwo guhinduka akaba koperative, mu rwego rwo kwigira.

Umwe mu bagenerwabikorwa batanze ubuhamya, Azabe Sosthène, yavuze ko mbere yo gutoranywa n’umushinga wa Graduation we n’umuryango we bari babayeho ubuzima bubi cyane, ku buryo hari n’igihe yavuye mu nkambi akajya gushaka akazi k’ubuyede mu Bugesera, agakora amezi abiri, ahava yaratakaje ibiro 10. Ariko amaze guhabwa inkunga y’amafaranga, ubuzima bwarahindutse. Sosthène yagize ati: “Ya Frw 800.000 nayashoye mu gucuruza ubuki, sezame, amavuta ya Olive n’ibindi, nkajya kubirangura i Kigali. Mu minsi ishize twarashe ku ntego, nsanga nizigamye Frw 600.000, yabyaye inyungu ya Frw 185.000”.

Azabe Sosthène, umwe mu bagenerwabikorwa b’umushinga wa Graduation Project, yashoye amafaranga yahawe n’uyu mushinga mu bucuruzi bw’ubuki, sesame n’amavuta ya Olive.

Naho Umukiza Solange umwe mu bagenerwabikorwa b’umushinga wa Graduation baturiye inkambi ya Mahama, yavuze ko n’ubwo yize ubuvuzi bw’amatungo ariko yabanje kubura akazi, n’igihe akaboneye kamuhemba intica ntikize. Nyuma yo guhabwa inkunga, muri uyu mwaka, Solange yizigamiye Frw 655.500, kandi ubucuruzi bw’imiti y’amatungo yatangije burimo kunguka. Nk’uko yabitanzemo ubuhamya, we n’abandi banyamuryango b’itsinda 19 bishyize hamwe bashinga koperative y’ubuhinzi bw’ibigori, none ubu kuri konti ya banki yabo bamaze kugezaho Frw 510.000.

Muri ibi birori, abanyamuryango b’aya batsinda bibukijwe ko uburyo bwo Gucutsa bukoreshwa n’umushinga wa Graduation bumara imyaka itatu, umushinga ugahugura umugenerwabikorwa, ukamuha inkunga y’amafaranga, ugatanga ubujyanama ku matsinda no mu mishinga mito ibyara inyungu buri mugenerwabikorwa aba yaratangije. Mu mpanuro yahaye abagize aya matsinda, Bigirimana Samuel, umukozi wa HCR ushinzwe kurengera impunzi mu nkambi ya Mahama, yagize ati: “Nyuma y’imyaka itatu ntabwo uba ugisabiriza. Ntabwo uba uvuga ngo ndabaho nte? Ntabwo uba uvuga ngo baramfasha iki? Ahubwo mu myaka itatu tureba umuntu utanga akazi, wibeshaho, akabeshaho n’abandi”.

Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Mukandayisenga Janvière, yavuze ko hari imiryango myinshi itegamiye kuri Leta (NGO) cyangwa imishinga myinshi iha abagenerwabikorwa amafaranga cyangwa ubundi bufasha bugamije kubakura mu bukene, ariko bikarangirira aho. Ati: “Turashimira mwe Caritas Rwanda binyuze muri iyi Graduation, kuko mwazanye ubufasha bw’amafaranga, ariko mugashyiraho umurongo wo kwibumbira mu matsinda. Ni nayo mpamvu uyu munsi mubona birimo kubyara umusaruro mwiza. Iyo abantu bataza kwibumbira mu matsinda, ntabwo twari bubone uyu musaruro”.

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe Imibereho Myiza, Mukandayisenga Janvière, yashimiye Caritas Rwanda kuko uretse gutanga inkunga y’amafaranga, inafasha aabagenerwabikorwa kwibumbira mu matsinda yo kubitsa no kugurizanya bikabafasha gutera imbere.

Padiri Nteziryayo Emmanuel, Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Kiyanzi, yasabye abari bitabiriye iki gikorwa, gukora cyane kugira ngo batere imbere ariko muri byose bakibuka gusenga Imana. Ati: “Byombi bigomba kujyana. Mutagatifu Benedigito umukuru w’abamonaki ni we wabwiraga abamonaki ati: senga kandi ukore, kuko hejuru ya byose, hari Imana”.

Itsinda ryagabanye ubwizigame bwinshi ni Abadahigwa Saruhembe ryagabanye Frw 11.464.800 rikaba rigizwe n’abaturiye inkambi ya Mahama. Iryo mu nkambi ryagabanye menshi ryitwa Ejoheza Mahama V15, rigabana ubwizigame bwa Frw 8.443.000 Umunyamuryango w’itsinda wahize abandi kwizigama amafaranga menshi, ni Etane Jean Bosco, wizigamye Frw 1.242.250, kandi ubucuruzi bwe bw’imbuto nabwo buragenda neza. Uwagabanye macye yabonye Frw 180.000.

Uyu ubaye umwaka wa kabiri amatsinda yo mu kambi ya Mahama no mu nkengero zayo arasa ku ntego, hakabamo arashe ku ntego ku nshuro ya mbere, andi akaba arashe ku nshuro ya kabiri. Ubwizigame bwabonetse muri iyi myaka yose ibiri ni Frw 395.000.000.

Abanyamuryango 944 b’aya matsinda 48 barimo 669 b’impunzi z’Abarundi n’Abakongomani (bari mu matsinda 36) na 287 b’Abanyarwanda baturiye inkambi (bari mu matsinda 12).

Leave a Reply

Your email address will not be published.

This field is required.

You may use these <abbr title="HyperText Markup Language">html</abbr> tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

*This field is required.