Hi, How Can We Help You?

Blog

February 3, 2026

Inama isuzuma ibyagezweho mu 2025 ikanategura ibikorwa bya 2026 yahuje Caritas Rwanda na Caritas za diyosezi

Mu rwego rwo gutegura raporo y’ibikorwa bya 2025 no gutegura ibizakorwa muri 2026, kuva kuri 29 kugeza kuri 30 Mutarama 2026, kuri Centre d’Accueil Bonne Espérance Kicukiro habereye inama yahuje Caritas Rwanda na Caritas 10 za diyosezi. Ibi kandi byari biri mu rwego rwo gushimangira imikoranire mu muryango mugari wa Caritas.

Iyi nama ihuza abayobozi n’abakozi mu mashami 4 ari yo (i) Ishmai ry’Ubuyobozi n’Imari, (ii) Ishami rishinzwe Kwita ku Batishoboye, (iii) Ishami ry’Ubuzima (iv) n’Ishami ry’Iterambere muri Caritas Rwanda na Caritas 10 za diyosezi kugira ngo bahuze ibikorwa by’ingenzi byakozwe, bateganye ibiri imbere, ndetse no banashimangire ubufatanye mu muryango wa Caritas.

Mu ijambo yavuze, uwari uhagarariye Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda, ubwo yafunguraga iyi nama ku mugaragaro, Padiri Emmanuel Bamporineza, Umunyamabanga Mukuru wungirije wa Caritas Rwanda yavuze ko ari byiza ko umuryango mugari wa Caritas Rwanda utahiriza umugozi umwe kuko intego n’intumbero ya buri Caritas iba ari imwe. Ati: “Iki rero ni igikorwa cy’ingirakamaro kidufasha kugira ngo dukomeze twuzuzanye tubashe kugera ku ntego tuba twariyemeje cyangwa twarahawe n’Abepiskopi. Ndetse biranadufasha kugira ngo dutegure Inteko Rusange ya Caritas Rwanda iteganyijwe muri Werurwe uyu mwaka”.

Padiri Emmanuel Bamporineza, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda Wungirije, ubwo yafunguraga ku mugaragaro iyi nama.

Padiri Emmanuel yasoje aha ikaze abitabiriye inama, avuga ko mu rwego rwo kugira ngo igikorwa cyabazanye kigende neza, buri wese asabwa gutanga umusanzu we, imbaraga ze, n’ igihe cye uko bishoboka.

Mu gukora raporo y’ibikorwa bya 2025 no guteganya ibizakorwa muri 2026, abitabiriye iyi nama bakoreye mu matsinda bakurikije amashami 4 ya Caritas, basuzuma ibyari biteganijwe mu ntego 7 Caritas Rwanda yihaye mu cyerecyezo 2025 – 2030[1].

Nk’uko byagaragaye mu kwerekana ibyagezweho byakusanyijwe mu matsinda, ibikorwa byari biteganijwe muri 2025 ibyinshi byagezweho, keretse aho imishinga yagiye ihagarara idasojwe bitewe no guhagarika inkunga ziva hanze byabayeho muri 2025.

Abitabiriye inama bakoreye mu matsinda hakurikijwe amashami 4 ya Caritas. Iri ni itsinda ryo mu Ishami ry’Ubuzima.

Abari mu nama bibukijwe ko hari Ububiko bw’amakuru (Base de donnée / Data base) ya Caritas yateguwe, Caritas zose za Diyosezi na Caritas Rwanda zikaba zigomba kujya zuzuzamo amakuru, binyuze mu mashami 4 yavuzwe hejuru.

Mu gusoza iyi nama y’iminsi ibiri, Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga wa Caritas Rwanda yibukije ko Caritas Internationalis ari umuryango mugari wa Kiliziya Gatolika ku isi hose uhuriyemo za Caritas 162 zo mu bihugu. Caritas Rwanda nk’ihagarariye Caritas za diyosezi kumanuka kugera kuri Caritas z’imiryango remezo mu Rwanda, itanga imisanzu muri Caritas Internationalis. Ibi bituma ifatwa nk’ikitegerezo, haba uko gutanga imisanzu uko bikwiriye, kwitabira ibikorwa bitandukanye muri za komite n’amatsinda yo gukoreramo ya Caritas Internationalis.

Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda, ubwo yasozaga iyi nama ku mugaragaro.

Padiri Oscar Kagimbura yabishimangiye agira ati: “Mu nama zitandukanye Caritas Rwanda yitabira, baba bashaka ko itanga ubuhamya abandi bakayigiraho. Iyo turimo guhuriza hamwe gutya rero biduha imbaraga, bikaduha n’isura nziza mu bandi, bituma tubasha gukorana n’abafatanyabikorwa batandukanye”.

Abari muri iyi nama bemeranije ko bagiye kunoza raporo y’ibyo bakoze, bitarenze 16 Werurwe 2026 ikaba yamaze gutunganywa neza.

[1] https://caritasrwanda.org/wp-content/uploads/2025/03/SPlan-Caritas-Rwanda-FNL-2530-20032025-Final-compressed.pdf paji ya 11.

 

Leave a Reply

Your email address will not be published.

This field is required.

You may use these <abbr title="HyperText Markup Language">html</abbr> tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

*This field is required.