Hi, How Can We Help You?

Category Archives: News

August 20, 2024

Ku itariki 26/07/2024, umushinga wa PRM/PAC wari umaze imyaka itatu ushyirwa mu bikorwa mu nkambi ya Kiziba wasojwe ku mugaragaro, nyuma yo gufasha abafatanyabikorwa 580 gukora imishinga ibabyarira inyungu kugira ngo bave mu bukene biteze imbere.

Uyu mushinga PAC watangiye gukorera mu nkambi ya Kiziba ku itariki ya 1 Kanama 2021, ibikorwa byawo bikaba byarasojwe kuri 31 Nyakanga 2024.

Ibikorwa by’umushinga byari biteganijwe kugera ku bafatanyabikorwa 700 harimo 500 b’impunzi na 200 b’Abanyarwanda baturiye inkambi. Bitewe na gahunda yo kwimurira impunzi mu gihugu cya 3, abagezweho n’ibikorwa ni 580 kuko harimo abagiye hanze.

Nyuma yo gutoranywa, abafatanyabikorwa bahawe amahugurwa atandukanye, bahabwa inkunga ya Frw 800.000 buri wese kugira ngo bakore imishinga mito ibabyarira inyungu, kandi bakangurirwa kwibumbira mu matsinda yo kubitsa no kugurizanya kugira ngo barusheho kwiteza imbere. Amatsinda agera kuri 24 (17 yo mu nkambi ya Kiziba na 7 yo hanze y’ inkambi) ni yo yashinzwe, agizwe n’abanyamuryango 580. Kugeza uyu munsi amafaranga angana na 113.661.003 Frw yanyuze mu ntoki z’aya matsinda.

Imishinga yashyizwe mu bikorwa n’abafatanyabikorwa b’umushinga irimo iy’ubuhinzi n’ubworozi 259, iy’ubucuruzi 329, ijyanye n’ubumenyingiro 35, ijyanye no gutwara abantu kuri moto 15, na 20 ijyanye no gutanga serivisi zinyuranye (mobile money, serivisi z’ irembo).

Mu kwiteza imbere abafatanyabikorwa b’umushinga wa PRM/PAC baguze amatungo arimo inka 130, ingurube 235, ihene 273, inkoko 256, abandi 57 biyubakira amazu mu rwego rwo kwibonera aho kuba hababereye.

Mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye umuhango wo gusoza ibikorwa by’umushinga PRM/PAC mu nkambi ya Kiziba, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda, Padiri Oscar Kagimbura, yashimiye Leta y’u Rwanda kuko yakoze ibishoboka byose impunzi zikabona umutekano, zikabasha no gukora ibiziteza imbere, anashima ubufatanye bw’inzego zose mu gufasha impunzi.

Umushinga PRM/PAC washyizwe mu bikorwa na Caritas Rwanda mu nkambi za Kiziba na Nyabiheke, ku bufatanye na World Vision Rwanda, ku nkunga y’ ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe guteza imbere impunzi n’abimukira (BPRM). Intego y’uyu mushinga yari iyo gufasha impunzi n’Abanyarwanda baturiye inkambi kwivana mu bukene bukabije.

August 7, 2024

Ku itariki 29/07/2024, abakozi ba Caritas Rwanda n’aba Caritas Butare bakoranye inama y’umunsi umwe, igamije kuganira ku byakorwa ngo ibikorwa bya Caritas birusheho gutangazwa, ingamba zo kuzamura umusaruro w’ukwezi k’urukundo n’impuhwe, gusuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro y’Inteko Rusange ya Caritas Rwanda ya 2023 irebana n’Ishami ryo gufasha abatishoboye n’ubutabazi n’ibikorwa byari biteganijwe muri Mutarama-Kamena 2024.

Mu bijyanye no kugaragaza ibikorwa bya Caritas, abari mu nama bumvikanye ko inkuru zigomba kwandikwa ku bikorwa binyuranye by’amashami ya Caritas, kimwe no ku bindi bikorwa bya Kiliziya bijyanye no kwita ku batishoboye.

Padiri Boniface Kamulegeya, umuyobozi wa Caritas Butare wari uyoboye iyi nama yavuze ko hakwiriye ko abakozi ba Caritas Butare bakeneye amahugurwa ku gukora raporo nziza zaherwaho mu gukora inkuru zanditse. Aha yasabye abakozi ba Caritas Butare gutanga raporo zirimo amakuru yuzuye n’amafoto. Kuri iyi ngingo, abari mu nama bahise baganira ku bwiza bwo gukora inkuru yanditse.

Ku birebana umwanzuro w’inteko Rusange ya Caritas Rwanda, uvuga ku kwizihiza umunsi wa Caritas n’uw’umukene, abari mu nama basanze iyi minsi yizihizwa uko bikwiriye. Muri iyi nama kandi havuzwe ku gikorwa Caritas Butare imaze iminsi ikora cyo gusura Caritas za Paruwasi, komite zazo zikuzuzwa, kandi izisinziriye zikongera kubyutswa.

Uku gusura Caritas za Paruwasi bizajya bikorwa kabiri mu mwaka bikazafasha kuzamura umusaruro w’ukwezi k’urukundo n’impuhwe. Kuri ubu Caritas ya Butare imaze gusura 21 kuri 26, abakozi bayo bakaba barabwiwe n’abakristu ko ibihe byahindutse, umusaruro mwinshi basigaye bawubona mu kwezi kwa 2.

Mu bijyanye n’ubukangurambaga burebana n’iterambere ryuzuye rya muntu, Caritas Butare yahaye inkunga y’amafaranga bamwe mu bakene yafashaga kugira ngo bakore udushinga duto tubabyarira inyungu, inabafasha kwibumbira mu matsinda yo kubitsa no kugurizanya. 20 kuri 48 by’ababonye inkunga y’amafaranga barimo gukora neza biteza imbere. Abahawe inkunga kandi bahabwa n’inyigisho zigamije guhindura imyumvire, kugira ngo bave mu bukene. Buri wese yahawe inkunga iri hagati ya Frw 26.000 na Frw 20.000.

Mu bikorwa byari biteganijwe muri Mutarama-Kamena 2024, abakozi ba Caritas Butare bavuze ko ubukangurambaga kuri Caritas mu mashuri ari bwo butakozwe, ariko ko bizakorwa abana nibatangira ishuri.

Kuganira ku bikorwa bizajya muri gahunda ya Caritas Rwanda ya 2025-2030, abari mu nama banzuye ko bizaganirwaho mu nama izabahuza kuri 12 na 13 Kanama 2024 ku rwego rw’igihugu.

Nyuma y’inama, abari mu nama basuye Home Saint Raphaël iherereye mu Karere ka Gisagara, yita ku bageze mu za bukuru n’abafite ubumuga batishoboye.
August 7, 2024
August 7, 2024

Hagamijwe gusangira ibitekerezo ku gutangaza ibikorwa bya Caritas, gusuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro y’Inteko Rusange ya Caritas Rwanda (ku birebana n’Ishami ry’imibereho myiza n’ubutabazi) n’ibikorwa byari biteganijwe muri Mutarama-Kamena 2024, abakozi ba Caritas Rwanda na Caritas Ruhengeri bakoze inama kuri 25/07/2024.

Iyi nama yari igamije no kwibutsa gutangira gutekereza ku bikorwa bizashyirwa muri gahunda ya Caritas Rwanda ya 2025-2030.

Nyuma y’isengesho ryayobowe na Padiri Narcisse Ngirimana, umuyobozi wa Caritas Ruhengeri, Caritas Ruhengeri yatanze ishusho y’ibikorwa ikora binyuze mu mashami 4 ari yo Ubuyobozi n’icungamutungo, Ishami ryita ku batishoboye, iry’ubuzima n’iry’amajyambere.

Soeur Gaudiose Nyiraneza umuyobozi w’agateganyo w’ishami ryo gufasha abatishoboye n’ubutabazi muri Caritas Rwanda, mu ijambo rye yavuze ko ubuyobozi bwa Caritas Rwanda bushimira Caritas Ruhengeli, kubera ibikorwa byiza ikora birimo kuba iya mbere mu gukusanya inkunga y’ukwezi k’urukundo n’impuhwe 2023, gutangira amaraporo ku gihe n’ibindi.

Muri iyi nama, Caritas Ruhengeri yashimiwe na none gutanga inkuru n’ibiganiro bivuga ku bikorwa ikora uko bikwiriye (binyura kuri Radio Maria Rwanda, n’inkuzu za Caritas Contact). Aha, abari mu nama bahise baganira mu ncamake uburyo bwiza bwo gukora inkuru yanditse, kugira ngo amashami yose ajye aturukamo inkuru zijya muri Kinyamateka no mu kanyamakuru ka Caritas Rwanda kitwa Caritas Contact.

Ikipe ya Caritas Rwanda na Caritas Ruhengeri ubwo bari mu nama le 25/07/2024.

Mu birebana no gukomeza kongera umusaruro w’Ukwezi k’urukundo n’impuhwe, abari mu nama basanze ari ngombwa gukomeza gukora ubukangurambaga hirya no hino.

Iyi nama yanaganiriye ku kwizihiza umunsi wa Caritas n’uw’umukene, aho yasanze iyi minsi yizihizwa muri Diyoseze ya Ruhengeri.

Abari mu nama banaganiriye ku mwanzuro w’Inteko Rusange ya Caritas Rwanda ya 2023, uvuga ku gushyira imbaraga mu bukangurambaga burebana n’iterambere ryuzuye rya muntu, hibandwa cyane cyane ku rubyiruko, aho Caritas ya Ruhengeri ijya mu mashuri gukora ubukangurambaga. Inama yanzuye ko ibi bikorwa bigomba gukomeza gushyirwamo imbaraga.

Mu birebana n’ibikorwa byari biteganijwe muri Mutarama-Kamena 2024, ibitarakozwe ni ingendoshuri hagati ya Caritas z’amaparuwasi, ariko Caritas Ruhengeri irateganya kuzazikora.

Kureba ibikorwa bizajya muri gahunda ya Caritas Rwanda ya 2025-2030, abari mu nama banzuye ko bizigwaho mu nama ya 12 na 13/07/2024.

Mu tuntu n’utundi, inama yanenze umuco utari mwiza w’abafashwa mu bikorwa runaka ntibabigire ibyabo bagakomeza kuvuga ko ari ibya Caritas, hagira icyo bakenera bakumva ko ari yo igomba kukibaha. Aha abari mu nama bavuze ko hagomba gukorwa ubukangurambaga kugira ngo imyumvire nk’iyi ihinduke.

Mu ijambo yavuze asoza iyi nama, Padiri Narcisse Ngirimana, uyobora Caritas Ruhengeri, yavuze ko cyera umukene yabaga ari umuntu udafite icyo kurya, icyo kwambara se, n’ibindi bigaragara inyuma. Kuri ubu nk’uko yakomeje abisobanura, hari n’abakene batabigaragaza inyuma, bugarijwe n’ibindi bibazo bibaremereye, urubyiruko rwize rukabura akazi, n’ibindi bitagaragara inyuma.  Yongeyeho ko ibi bisaba gushishoza, umuntu agafashwa ku cyo akeneye, umubiri na roho bikamera neza.

Abakozi ba Caritas Ruhengeri na Caritas Rwanda basuye abana b’impfubyi bafite ubumuga, batabwaho muri Centre Saint Vincent Ruhengeri.

Nyuma y’inama, abari mu nama basuye Centre Saint Vincent Ruhengeri, yita ku bana b’imfubyi bafite ubumuga.

July 30, 2024

Nyuma y’imyaka itatu ushyirwa mu bikorwa na Caritas Rwanda ku bufatanye na World Vision Rwanda, umushinga wa PRM/PAC wasojwe ku mugaragaro mu kambi ya Nyabiheke ku itariki 23 Nyakanga 2024.

Uyu mushinga wa PRM/PAC wari ufite intego yo gufasha abafatanyabikorwa 800, barimo 550 b’impunzi na 250 baturiye inkambi, hakoreshejwe uburyo bwo kubafasha kwigira bakazacutswa buzwi ku izina rya “Graduation” mu rurimi rw’Icyongereza. Muri aba, 768 bibumbiye mu matsinda yo kubitsa no kugurizanya 27 ni bo bafashijwe, kuko abandi 32 babonye ibihugu bibakira umushinga utarasoza. 721 muri bo barahuguwe banahabwa inkunga ya Frw 800.000 buri wese, babasha gushyira mu bikorwa imishinga bize, abandi 47 bafashwa kwiga imyuga bahabwa n’ibikoresho.

Hari n’imiryango 65 irimo iy’impunzi 25 n’iy’abaturiye inkambi 40 yahabwaga amafaranga yo gutunga abayigize kugira ngo badakora ku gishoro bahawe. Mirongo cyenda na gatanu ku ijana (95 %) by’imishinga ibyara inyungu yatangijwe n’abafatanyabikorwa ikora neza.

Kuva muri Mata 2023 kugeza muri Werurwe 2024, amatsinda yo kubitsa no kugurizanya 27 yagabanye Frw 97.193.690 arimo inyungu za Frw 11.386.984 yaturutse mu nguzanyo abanyamuryango bagiye bafata. Buri tsinda ryahujwe n’ikigo cy’imari, rifunguza konti.

Ahadi Espérance, umufatanyabikorwa w’umushinga PRM/PAC watanze ubuhamya mu muhango wo gusoza uyu mushinga, yavuze ko nyuma yo guhugurwa agahabwa n’amafaranga ibihumbi magana inani yatangiye ubucuruzi bw’ibintu bitandukanye (alimentation) kuri ubu akaba afite igishoro cya Frw 3.500.000. Ati: “Twatangiye amatsinda twizigama Frw 200, ariko ubu twizigama nka Frw 6.000, Frw 10.000, gutyo gutyo”.

Nyuma yo guhabwa amahugurwa n’inkunga ya Frw 800.000, Espérance yafunguye iduka. Kuri ubu, afite igishoro cya Frw 3.500.000.

Undi mufatanyabikorwa witwa Habarukize Jean De Dieu wakoze umushinga w’ubuhinzi, yavuze ko yahinze urusenda yarusarura agakuramo Frw 4.000.000. Nyuma yaje no guhinga imboga imboga zinyuranye. Jean De Dieu avuga ko inkunga yahawe yahinduye ubuzima bwe: “Ubu nubatse inzu nziza mva mu manegeka, inzu ibereye umufatanyabikorwa wa PAC”.

Muri uyu muhango, abagiye bafata ijambo bagarutse kuri gahunda yo gucutsa yakoreshejwe muri uyu mushinga wa PRM/PAC, bibutsa abafatanyabikorwa bahawe amafararanga ko icyari kigamijwe ari ukubafasha kwigira, bakaba basabwa gukomeza mu murongo mwiza batangiye wo kwiteza imbere no gukorera mu matsinda yo kubitsa no kugurizanya.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iki gikorwa, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda, Padiri Oscar Kagimbura, yashimiye abafatanyabikorwa batandukanye batanze umusanzu wabo kugira ngo umushinga wa PRM/PAC ushyirwe mu bikorwa. Padiri Oscar yasobanuriye abitabiriye iki gikorwa ko Caritas bivuga “urukundo” kandi ko n’ubwo uyu mushinga usojwe, Caritas izahoraho, ikaba ikorera hose kugera ku rwego rw’umuryango remezo.

Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda, yahamagariye abafatanyabikorwa b’umushinga wa PRM?PAC kwibumbira mu makoperative.

Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda kandi yasabye abafatanyabikorwa bakora ibikorwa bisa kwibumbira mu makoperative no kugana ibigo by’imari, asaba buri wese gusigasira ibikorwa byagezweho. Yagize ati: “Inzego z’Akarere kugeza ku rwego rw’umudugudu, abayobozi b’inzego z’’umutekano, aba bantu mubabe hafi kugira ngo ibi bikorwa batangiye bitazasubira inyuma. Ubwo bafite amatsinda yo kubitsa no kugurizanya, muzabafashe kwibumbira mu makoperative”.

Nzayisenga Gilbert wari uhagarariye Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, yashimiye abafatanyabikorwa batangiye gutanga akazi, avuga ko ubuyobozi buzakomeza gukurikirana ibikorwa bagezeho kugira ngo bidasubira inyuma, cyane ko baba bafite urutonde rw’abahawe inkunga. Uyu muyobozi yahamagariye aba bafatanyabikorwa gusangiza abandi ibyiza bagezeho kugira ngo babigireho.

Nzayisenga Gilbert wari uhagarariye Umuyobozi w’akarere ka Gatsibo, muri uyu muhango.

Muri uyu muhango, abakorerabushake 27 bakoreraga muri uyu mushinga wa PRM/PAC beguriwe amagare yaborohereza gukora ingendo mu kazi. Ku musozo w’iki gikorwa, abitabiriye basuye imurikabikorwa ry’abafatanyabikorwa b’umushinga wa PRM/PAC.

Ibirambuye ku muhango wo gusoza umushinga wa PRM/PAC mu nkambi ya Nyabiheke, wabireba ukanze aha hakurikira:

https://youtu.be/KULS0-o4gLo?si=Vy2gJfKrB7Isyb3K

 

July 25, 2024

Mu rwego rwo gusangira ibitekerezo ku ngamba zo gukusanya inkunga y’ukwezi k’urukundo n’impuhwe (Kamena 2024), gusuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro y’Inteko Rusange ya Caritas Rwanda 2023 (irebana n’Ishami ryita ku batishoboye n’ubutabazi), gusuzuma Gahunda y’ibikorwa bya Caritas ya 2020-2024 no gutangira gutekereza ku bizashyirwa muri Gahunda ya 2025-2030, abakozi ba Caritas Rwanda n’aba Caritas ya Byumba bakoranye inama kuri 17 Nyakanga 2024.

Indi ngingo yari igenderewe, ni ukureba uburyo ibikorwa bya Caritas byarushaho gutangazwa. Abitabiriye iyi nama bumvikanye ko Caritas ya Diyosezi ya Byumba izajya yandika inkuru ku bikorwa byakozwe bikanyuzwa mu kanyamakuru ka Caritas kitwa Caritas Contact gasohoka buri mwaka, no muri Kinyamateka icapye cyangwa inyuze kuri murandasi. Gucisha ibiganiro kuri Radio Maria, Caritas Byumba isanzwe ibikorwa kimwe n’izindi Caritas za Diyoseze.

Mu bijyanye no kumenyekanisha Caritas kandi, inama yagarutse ku mwanzuro w’Inteko Rusange ya Carita Rwanda uvuga ku kwizihiza umunsi wa Caritas n’umunsi w’umukene aho yasanze ko henshi iyi minsi yizihirizwa rimwe kubera ikibazo cy’amikoro. Abari mu nama bavuze ko umunsi wa Caritas ugamije gushimira abakorerabushake no gukangurira urubyiruko kwitabira Caritas n’ubukorerabushake.

Ku munsi w’umukene hakorwa ibikorwa 3 by’ingenzi ari byo: Igitambo cya Misa hamwe n’abakene batoranijwe, gusangira nabo (amafunguro) no kubaremera, byose bigamije kubasubiza agaciro.

Iyi nama yasabye ko abantu bagomba kwibutswa iyi minsi muri za paruwasi igategurwa kandi ikizihizwa neza.

Mu rwego rwo gushimira no gushyikigira abakorerabushake bayo, Caritas ya Byumba ifite gahunda yo kubakorera umwambaro (utujire 1500). Urubyiruko rwavuye muri gereza rwigishijwe kudoda rwemeye gutanga umusanzu wo kuzayidoda.

Ku birebana n’umwanzuro wo gushyira imbaraga mu bukangurambaga burebana n’iterambere ryuzuye rya muntu, hibandwa cyane cyane ku bana n’urubyiruko mu mashuri makuru na Kaminuza, abakozi ba Caritas ya Byumba bavuze ko mu mashuri Caritas zikorwa, ariko ko atari zose zifite komite. Caritas ya Diyosezi ya Byumba ikaba iri mu gikorwa cyo guhuza abakorerabushake n’abayobozi b’amashuri kugira ngo babashe kujya bahakora ubukangurambaga.

Abari mu nama banaganiriye ku ngamba zo kongera umusaruro w’ukwezi k’urukundo n’impuhwe, bahavuga ko zizafasha mu kongera umusaruro, bwaba ubukangurambaga, no guhanahana amakuru y’ibyakozwe.

Indi ngamba yo kuzamura umusaruro w’ukwezi k’urukundo n’impuhwe ni ugukora ibiganiro kuri Radio Maria Rwanda, kuri Pacis TV n’ahandi hashoboka.

Iyi nama kandi yanaganiriye ku bikorwa byateganijwe gukorwa muri 2024 mu Ishami ryo gufasha abatishoboye n’ubutabazi, abakozi ba Caritas ya Byumba bakaba bavuze ko batarabasha kwegeranya raporo zose ku buryo hakorwa isuzuma aho ibyari biteganijwe bigeze. Ku itariki ya 12 n’iya 13 Kanama hazakorwa inama yo gusuzuma ibyakozwe.

Ku birebana na gahunda itaha y’ibikorwa bya Caritas 2025-2030, hatanzwe ibitekerezo ko ibikorwa bigomba kuzahuzwa na gahunda ya Leta, kuko umukirisitu ari n’umuturage wa Leta, iyi gahunda ikagirwa ngufi ku buryo kuyisoma byoroha (canevas de rapportage).

Mu tuntu n’utundi, abakozi ba Caritas ya Byumba bifuje ko mu bikorwa bimwe na bimwe Caritas Rwanda yajya ibatera inkunga.

Abakozi ba Caritas Rwanda na Caritas ya Byumba ikigo cya Home Sainte Thérèse de l’Enfant Jésus, cyita ku bakuze batishoboye ndetse n’abafite ubumuga.

Nyuma y’iyi nama, itsinda rya Caritas Rwanda na Caritas ya Byumba ryasuye ikigo cya Home Sainte Thérèse de l’Enfant Jésus, cyita ku bakuze batishoboye ndetse n’abafite ubumuga. Abitabwaho n’iki kigo batanze ubutumwa bukora ku mutima, babwira abakozi ba Caritas bari babazaniye ubutumwa bw’urukundo n’ihumure ko muri iki kigo bahaboneye urukundo n’impuhwe, binyuze mu babikira b’Abizeramariya babitaho.

July 18, 2024

Kuva tariki 9 Nyakanga 2024, Caritas Rwanda yateguye inama y’iminsi 2 yahuje abahuzabikorwa b’iterambere muri Caritas 10 za Diyosezi  n’umuyobozi w’Ishami ry’Amajyambere muri Caritas Rwanda. Iyi nama yari igamije gusuzuma ibyagezweho kuva muri Mutarama kugeza muri Kamena 2024, no kureba aho gahunda y’ibikorwa bya Caritas Rwanda ya 2020-2024 mu rwego rw’amajyambere igeze ishyirwa mu bikorwa.

Mu ijambo ritangiza iyi nama, Sebagenzi Prosper, Umuyobozi wa Gahunda muri Caritas Rwanda yasabye abahuzabikorwa b’iterambere kongera imbaraga mu gufasha abantu bakennye mu bice bakoreramo kwikura mu bukene.

Sebagenzi Prosper yashimangiye ko gahunda nshya y’ibikorwa bya Caritas Rwanda izamara igihe cy’imyaka itandatu (ubusanzwe yabaga 5), kuva 2025 kugeza 2030, kugira ngo ihuzwe na gahunda y’ibikorwa ya Caritas Internationalis. Ati: “Uku guhuza kuzadushoboza gukora mu murongo umwe na Caritas ku isi hose kugira ngo tugere ku ntego dusangiye”.

Sebagenzi Prosper, ushinzwe gahunda y’ibikorwa bya Caritas Rwanda, ni we wafunguye iyi nama ku mugaragaro.

Iyi nama yashojwe na Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda. Yagarutse ku nsanganyamatsiko ya Sinodi ari yo “Kugendera hamwe”, asaba abitabiriye inama gushimangira ubufatanye buriho kugira ngo abakene n’abatishoboye basubizwe agaciro.

Umunyamabanga Mukuru yashimangiye kandi akamaro ko kudaheza, asaba abitabiriye inama kureba ko nta muntu n’umwe usigazwa inyuma cyangwa ngo yirengagize. Ibi biramutse bihari, byaba binyuranije n’ubutumwa bwa Caritas bwo kugarura agaciro abantu bakambuwe n’ubukene n’ibindi bibazo. Byongeye kandi, Padiri Oscar yahamagariye abahuzabikorwa b’ishami ry’amajyambere muri za Caritas kwibanda ku kubakira ubushobozi abakene n’abandi batishoboye, hagamijwe kugira ngo bigire aho gukomeza kubeshwaho n’imfashanyo. Kugarura agaciro harimo no gufata inshingano z’ubuzima bwe.

Kubijyanye n’aho gahunda y’ibikorwa bya Caritas Rwanda 2020–2024 igeze ishyirwa mu bikorwa, n’ibyari biteganijwe kuva muri Mutarama kugeza muri Kamena 2024, byose byashyizwe mu bikorwa uko bikwiriye n’ubwo bitari ku rwego rumwe kuko ibikorwa byinshi bikenerwa inkunga ituruka hanze. Abitabiriye inama basabye ko hakorwa ibi bikorwa bishya:

  1. Kongerera ubumenyi urubyiruko mu bijyanye no kwihangira imirimo;
  2. Guteza imbere uruhare rw’urubyiruko mu buhinzi bwinjiza amafaranga;
  3. Guteza imbere amahugurwa y’imyuga, kwimenyereza umwuga, no kwitoza mu rubyiruko;
  4. Kugira uruhare mu gukwirakwiza amashanyarazi mu cyaro binyuze mu gukoresha umuriro utari uw’amashanyarazi, no kubaka cyangwa gusana imiyoboro y’amazi.

Muri iyi nama, abayitabiriye bahuguwe ku gusigasira amakuru, biga uburyo bwo gukoresha neza no kurinda amakuru y’abagenerwabikorwa, banahugururwa ku ihame ry’uburinganire no guteza imbere ubuzima budaheza.

Aheza.

July 12, 2024

Ku itariki 5 Nyakanga 2024, umushinga Tubeho Neza Aheza ugamije guteza imbere ubuzima bwiza n’uburinganire hatangizwa ibidukikije mu Rwanda, watangijwe ku mugaragaro na Umuhoza Pascasie, umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage. Uyu mushinga uterwa inkunga na Caritas Siloveniya na Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Siloveniya, uzashyirwa mu bikorwa na Caritas Nyundo/Kibuye ku bufatanye na Caritas Rwanda.

Umushinga wa Tubeho Neza Aheza ugamije gukemura ibibazo bijyanye no kubona umutungo kamere n’imari no kugabanya ubusumbane bushingiye ku gitsina n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina (GBV), hibandwa ku bagore n’abakobwa mu ngo 1.595 zikennye zo mu mirenge ya Rugabano, Gashari, Rwankuba na Mutuntu.

Iyi gahunda yatangijwe n’isengesho rigufi riyobowe na Padiri Elie Hatangimbabazi, Umuyobozi wa Caritas Nyundo/Kibuye, wanavuze ijambo ry’ikaze. Nyuma y’isengesho, hatanzwe ikiganiro kivuga ku bikorwa by’ingenzi bitandatu bizakorwa muri uyu mushinga:

  1. Gutezimbere ibikorwa by’ubuhinzi birambye kandi bitangiza ikirere hagamijwe kongera umusaruro w’ibiribwa bikungahaye ku ntungamubiri ku bantu bugarijwe n’ibibazo;
  2. Gukangurira abantu kurengera ibidukikije no gushyiraho uburyo bunoze bwo kubona ibikoresho n’ibikoresho biteza imbere imikoreshereze y’umutungo kamere mu buryo burambye, bityo ibyuka bihumanya ikirere bikaganuka;
  3. Gukoresha neza no kugenzura imikoreshereze y’umutungo w’amazi uhari, guteza imbere itangwa ry’amazi meza yo kunywa, isuku, isukura no kuhira imyaka;
  4. Kongera ubushobozi n’ubumenyi bw’abantu bugarijwe n’ibibazo, n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze mu kugenzura no gukoresha umutungo kamere neza mu bikorwa bibabyarira inyungu;
  5. Gufasha urubyiruko n’abantu bakuze batishoboye, cyane cyane abagore n’abakobwa, kugera ku bikorwa bibabyarira umutungo bw’imari kugira ngo batange umusanzu ku bikenerwa n’imiryango yabo;
  6. Kongera ubumenyi n’ibisubizo ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ubundi buryo bw’ihohoterwa, ndetse no gukemura amakimbirane binyuze mu biganiro.

Muri ibi birori, Visi Meya Madamu Umuhoza Pascasie yagaragaje ko yishimiye uruhare rw’umushinga mu kuzamura imibereho y’abagenerwabikorwa binyuze mu bikorwa byateganijwe. Yashimiye Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Siloveniya, Caritas Siloveniya, Caritas Rwanda, na Caritas Nyundo/Kibuye kubera uruhare rwabo mu guteza imbere ubuzima bw’abaturage bo mu Karere ka Karongi. Madamu Pascasie yijeje kandi ubufatanye bw’Akarere mu ishyirwa mu bikorwa ry’uyu mushinga.

Umuyobozi w’Akarere ka Karongi Wungirije ushinzwe imibereho myiza Pascasie Umuhoza, ubwo yafunguraga ku mugaragaro umushinga Tubeho Neza Aheza.

Ibi birori byitabiriwe n’abantu batandukanye bakomeye barimo ushinzwe ubuhinzi n’ubworozi mu Karere ka Karongi, abahagarariye imirenge ine (Rugabano, Gashari, Mutuntu, na Rwankuba), abapadiri ba Paruwasi baturutse Birambo, Mubuga, Nyange, Mukungu na Gisovu, ndetse n’abahagarariye ababikira bo mu muryango wa Soeurs Fille de la Charité, harimo n’uwaturutse muri Siloveniya.

Mu bandi bitabiriye harimo Padiri Hatangimbabazi Elie, umuyobozi wa Caritas Nyundo/Kibuye, umuhuzabikorwa w’ishami rishinzwe iterambere rya Caritas Nyundo/Kibuye, umukozi ushinzwe guteza imbere uburinganire n’ubuzima budaheza muri Caritas Nyundo-Kibuye hamwe n’abakozi b’umushinga Tubeho Neza Aheza.

July 3, 2024

Mu rwego rwo gukangurira urubyiruko kwipimisha kare virusi itera Sida, gufata imiti igabanya ubukana bw’iyi virusi ku basanze baranduye no kurwanya akato n’ihezwa bikorerwa abanduye virusi itera Sida, Caritas Rwanda yakoze ubukangurambaga buvuga ku byiza byo kwipimisha virusi itera Sida hakiri kare mu banyeshuri biga mu mashuri yisumbuye mu Karere ka Karongi ku itariki 27 na 28 Kamena 2024.

Ubu bukangurambaga bwanyujijwe mu mikino y’umupira w’amaguru, ikinamico, ibiganiro mpaka n’imivugo by’abanyeshuri baturuka mu bigo bikurikira: Urwunge rw’amashuri rwa Saint Michel rwo mu murenge wa Mubuga, Urwunge rw’amashuri rwa Saint Nicholas rwo mu Murenge wa Bwishyura, Urwunge rw’amashuri rwa Saint Joseph Birambo rwo mu murenge wa Gashari n’Ishuri ryisumbuye rya TSS Ngoma ryo mu murenge wa Rugabano.

Abakozi ba Caritas Rwanda bari muri iki gikorwa, bakanguriye uru rubyiruko kwipimisha vurusi itera Sida ruherekejwe n’ababyeyi babo ku bataruzuza imyaka 18, kugira ngo bamenye uko bahagaze, nibasanga hari uwanduye afate imiti igabanya ubukana bwa virusi itera Sida hakiri kare. Aba bakozi banatanze ubutumwa bushishikariza urubyiruko kwifata nk’uburyo bwiza bwo kwirinda kwandura virus itera sida n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsinda n’inda zitateganyijwe, ndetse no kurwanya akato n’ihezwa rikorerwa abafite virusi itera Sida.

Umwe mu bakozi ba Caritas Rwanda, Manirareba Jeanne, ubwo yatangaga ubutumwa bujyanye n’umunsi ku kibuga cy’umupira cya Karora.

Mu mukino w’umupira w’amaguru wabereye ku kibuga cya Karora kuri 27/06/2024, Urwunge rw’amashuri rwa Saint Michel rwatsinze urwa Saint Nicholas ibitego 4 kuri 0. N’aho ku itariki 28/06/2024, Urwunge rw’amashuri rwa Saint Joseph Birambo rutsinda ishuri ryisumbuye rya TSS Ngoma ku ntsinzi y’ibitego 7 kuri 0 mu mukino wabereye ku kibuga cy’umupira w’amaguru cya Birambo. Amakipe yatsinze yahawe igikombe cy’ishimwe n’umupira wo gukina.

Muri ubu bukangurambaga, mu kiganiro-mpaka cyerekanywe na club anti-Sida y’Urwunge rw’amashuri rwa Saint Joseph ku kibuga cy’umupira w’amaguru cya Birambo, uruhande rwari rushyigikiye ko “Kwifata, ari bwo buryo bwizewe bwo kwirinda virusi itera Sida mu rubyiruko”, rwatsinze uruhande ruhakana. Ni ubukangurambaga buhamagarira abanyeshuri kwipimisha ku bushake kare iyi virusi

Ubu bukangurambaga bukorwa binyuze mu mushinga Faith Initiative uterwa inkunga ya Caritas Internationalis binyujijwe muri Gahunda ya Perezida wa Amerika yo kurwanya Sida PEPFAR. Ukorera mu bihugu bine ari byo: Côte d’Ivoire, Nigeria, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda.

July 2, 2024

Kuva ku itariki 19 kugeza kuri 21 Kamena 2024, i Karongi habereye inama y’ihuzabikorwa rya serivisi z’ubuzima za Kiliziya Gatolika mu Rwanda ikaba yari ifite intego nyamukuru yo gusuzuma ishyirwa mu bikorwa rya gahunda y’ibikorwa bya Caritas Rwanda 2020-2024 mu rwego rw’ubuzima, no gukusanya ibitekerezo bizaherwaho mu gushyiraho gahunda y’ibikorwa nshya ya 2025-2030.

Iyi nama kandi yari igamije gusangira ibyagezweho biciye mu mishinga y’ubuzima ishingiye ku baturage, gusuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’ibyifuzo bijyanye n’ubuzima byaturutse mu Nteko Rusange ya Caritas Rwanda 2023, no kungurana ibitekerezo ku mikorere n’imikoranire hagati ya komisiyo y’ikenurabushyo ry’ubuzima n’amavuriro ya Kiliziya Gatolika.

Ubwo yafunguraga iyi nama ku mugaragaro, Nyiricyubahiro Myr Mwumvaneza Anaclet, Umushumba wa Diyosezi ya Nyundo akaba na Perezida wa Caritas Rwanda, yavuze ko ku bufatanye na Leta y’u Rwanda, Kiliziya Gatolika igira uruhare mu kunoza uburyo bwo kwivuza no kubona ubuvuzi bwiza ku baturage binyuze mu mavuriro yayo arimo ibigo nderabuzima 110 n’ibitaro 10. Akaba ari muri uru rwego Kiliziya ifitanye amasezerano y’ubufatanye na Minisiteri y’Ubuzima. Musenyeri Anaclet yanavuze ko Kiliziya ikomeje kwishimira ubufatanye bwiza buriho hagati yayo n’iyi Minisiteri mu ishyirwa mu bikorwa rya politiki y’igihugu igenga ubuzima, anibutsa ko: “Ubutumwa bwa Kiliziya mu mavuriro bushingiye ku guteza imbere ubuzima bwa muntu nta kuvangura”.

Nyiricyubahiro Myr Mwumvaneza Anaclet, Umushumba wa Diyosezi ya Nyundo akaba na Perezida wa Caritas Rwanda, ni we wafunguye iyi nama ku mugaragaro.

Bwana Bajyanama Donatien, wari uhagarariye Minisiteri y’ubuzima muri iyi nama, mu ijambo rye yavuze ko iyi nama yateguwe mu gihe cyiza kuko muri uku kwezi kwa Kamena 2024 Guverinoma irimo gusoza igenamigambi ry’ubuzima rya kane HSSP 4 na gahunda y’igihugu yo kwihutisha iterambere mu cyiciro cyayo cya mbere (NST1), Leta ikazahita itangira ibindi bishya. Bwana Donatien yavuze ko nyuma yo kureba ibyagezweho na Kiliziya Gatolika mu rwego rw’ubuzima, kureba imbogamizi n’ibitaragezweho, bizafasha Leta mu igenambigambi ry’ubuzima rishya na gahunda ya NST2 hakazitabwa gushyiramo ibitaragezweho no gushakira umuti imbogamizi zatumye bitagerwaho.

Iyi ntumwa ya Minisiteri y’ubuzima muri iyi nama kandi yavuze ko hari agahimbazamusyi kagiye kujya gahabwa abakozi b’amavuriro bakorera mu bice bigoye kugeramo kugira ngo bajye batanga serivisi bishimye. Yagize ati: “Mu gihe cya vuba ibizahabwa abo bakozi bizagaragarizwa ibigo nderabuzima biri kure. Ibijyanye n’inyubako zishaje, tuzakomeza ubufatanye kugira ngo zigende zivugururwa kuko tutishimiye gutangira serivisi ahantu hatameze neza”. Uyu muyobozi yongeyeho ko Kiliziya isabwa kugira ibishushanyo mbonera by’inyubako z’ibitaro n’ibigo nderabuzima byayo yifuza ko bivugururwa kugira ngo nibiba ngombwa ko bivugururwa biherweho.

Mu kiganiro kirebana n’imikoranire hagati ya komisiyo y’ikenurabushyo ry’ubuzima n’amavuriro ya Kiliziya Gatolika cyayobowe na Padiri Senani Callixte Umunyamabanga w’iyi komisiyo, cyaranzwe n’ibibazo n’ibisubizo, hibukijwe ko mu mavuriro abarwayi, abarwaza n’abakozi bakeneye ubufasha mu bya roho n’isanamitima (appui spirituel et moral). Muri iki kiganiro kandi hafashwe umwanzuro ko amavuriro yose ya Kiliziya akwiriye kugira shapele; adafite ubushobozi akaba ashatse icyumba gisimbura iyo shapele abantu bari kwa muganga bajya basengeramo.

Bwana Bajyanama Donatien, wari uhagarariye Minisiteri y’ubuzima muri iyi nama.

Ku birebana na komite z’ubuzima, abari mu nama basabye ko abaturutse muri Kiliziya baba 50% abo hanze nabo bakaba 50%. N’ubwo mu kiganiro yatanze uwari uhagarariye Minisiteri y’ubuzima yari yavuze ko muri komite ncungamutungo y’ibitaro hatakirimo uhagarariye nyir’ikigo kubera impungenge ko yagaruka no muri komite z’ubuzima, kandi inzego zombi zifatirwamo ibyemezo, abari mu nama basabye ko yasubizwamo, ahubwo akaba ushinzwe gukurikirana ubuzima bwa roho mu mavuriro (chaplain).

Ku bijyanye n’abafasha b’ingo, iyi nama yanzuye ko ku rwego rwa Paruwasi abafasha b’ingo bazajya batoranywa hagendewe ku bushake bagaragaje, hanyuma bubakirwe ubushobozi.

Iyi nama yanarebeye hamwe imyanzuro y’inama y’Inteko Rusange ya Caritas Rwanda ya 2023, aho basanze irimo gushyirwa mu bikorwa neza.

Abari bitabiriye inama ubwo yafungurwaga ku mugaragaro.

Uwari uhagarariye ikigo PMSS Ltd (ikigo gicuruza imiti Kiliziya Gatolika ifitemo imigabane) yatanze ikiganiro kirebana n’uko ishoboramari rya Kiliziya Gatolika ryifashe n’ibiteganijwe mu gihe kizaza. Abari bahagarariye RSSB batanze ikiganiro ku mavugurura ku kwakira no kwishyura inyemezabwishyu z’ubwisungane mu kwivuza z’amavuriro. Abari bitabiriye inama bagaragaje ko aya makuru bari bayakeneye babaza ibibazo byinshi, bituma basobanukirwa impamvu hari igihe bishyuza bigatinda.  Basanze kenshi biterwa n’uko baba batakurikije ibisabwa.

Muri iyi nama kandi habayeho kugaragaza ibyagezweho mu mishinga y’ubuzima itandukanye, ndetse abayitabiriye bahabwa amahugurwa magufi ku kurinda amakuru (Data Protection), kugira ngo babashe gusigasira amakuru y’abantu bakira umunsi kuw’undi.

Nyuma yo gusuzuma ishyirwa mu bikorwa rya gahunda y’ibikorwa bya Caritas Rwanda 2020-2024 mu rwego rw’ubuzima, aho basanze yarashyizwe mu bikorwa neza ku rwego rushimishije, habayeho gukusanya ibitekerezo bizaherwaho mu gushyiraho gahunda y’ibikorwa nshya ya 2025-2030 mu rwego rw’ubuzima.

June 14, 2024

Nyuma y’umwaka atangiye kwizigama, ku itariki 5 Kamena 2024, amatsinda yo kuzigama no kugurizanya 48 agizwe n’abagenerwabikorwa 944 b’umushinga wa Graduation uterwa inkunga na HCR yagabanye Frw 285.519.800. Aya mafaranga arimo ubwizigame bwa Frw 225.149.230 n’inyungu z’inguzanyo bahanahanye hagati muri bo ya Frw 60.370.570. Aya matsinda yanatangiye urugendo rwo guhinduka akaba koperative, mu rwego rwo kwigira.

Umwe mu bagenerwabikorwa batanze ubuhamya, Azabe Sosthène, yavuze ko mbere yo gutoranywa n’umushinga wa Graduation we n’umuryango we bari babayeho ubuzima bubi cyane, ku buryo hari n’igihe yavuye mu nkambi akajya gushaka akazi k’ubuyede mu Bugesera, agakora amezi abiri, ahava yaratakaje ibiro 10. Ariko amaze guhabwa inkunga y’amafaranga, ubuzima bwarahindutse. Sosthène yagize ati: “Ya Frw 800.000 nayashoye mu gucuruza ubuki, sezame, amavuta ya Olive n’ibindi, nkajya kubirangura i Kigali. Mu minsi ishize twarashe ku ntego, nsanga nizigamye Frw 600.000, yabyaye inyungu ya Frw 185.000”.

Azabe Sosthène, umwe mu bagenerwabikorwa b’umushinga wa Graduation Project, yashoye amafaranga yahawe n’uyu mushinga mu bucuruzi bw’ubuki, sesame n’amavuta ya Olive.

Naho Umukiza Solange umwe mu bagenerwabikorwa b’umushinga wa Graduation baturiye inkambi ya Mahama, yavuze ko n’ubwo yize ubuvuzi bw’amatungo ariko yabanje kubura akazi, n’igihe akaboneye kamuhemba intica ntikize. Nyuma yo guhabwa inkunga, muri uyu mwaka, Solange yizigamiye Frw 655.500, kandi ubucuruzi bw’imiti y’amatungo yatangije burimo kunguka. Nk’uko yabitanzemo ubuhamya, we n’abandi banyamuryango b’itsinda 19 bishyize hamwe bashinga koperative y’ubuhinzi bw’ibigori, none ubu kuri konti ya banki yabo bamaze kugezaho Frw 510.000.

Muri ibi birori, abanyamuryango b’aya batsinda bibukijwe ko uburyo bwo Gucutsa bukoreshwa n’umushinga wa Graduation bumara imyaka itatu, umushinga ugahugura umugenerwabikorwa, ukamuha inkunga y’amafaranga, ugatanga ubujyanama ku matsinda no mu mishinga mito ibyara inyungu buri mugenerwabikorwa aba yaratangije. Mu mpanuro yahaye abagize aya matsinda, Bigirimana Samuel, umukozi wa HCR ushinzwe kurengera impunzi mu nkambi ya Mahama, yagize ati: “Nyuma y’imyaka itatu ntabwo uba ugisabiriza. Ntabwo uba uvuga ngo ndabaho nte? Ntabwo uba uvuga ngo baramfasha iki? Ahubwo mu myaka itatu tureba umuntu utanga akazi, wibeshaho, akabeshaho n’abandi”.

Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Mukandayisenga Janvière, yavuze ko hari imiryango myinshi itegamiye kuri Leta (NGO) cyangwa imishinga myinshi iha abagenerwabikorwa amafaranga cyangwa ubundi bufasha bugamije kubakura mu bukene, ariko bikarangirira aho. Ati: “Turashimira mwe Caritas Rwanda binyuze muri iyi Graduation, kuko mwazanye ubufasha bw’amafaranga, ariko mugashyiraho umurongo wo kwibumbira mu matsinda. Ni nayo mpamvu uyu munsi mubona birimo kubyara umusaruro mwiza. Iyo abantu bataza kwibumbira mu matsinda, ntabwo twari bubone uyu musaruro”.

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe Imibereho Myiza, Mukandayisenga Janvière, yashimiye Caritas Rwanda kuko uretse gutanga inkunga y’amafaranga, inafasha aabagenerwabikorwa kwibumbira mu matsinda yo kubitsa no kugurizanya bikabafasha gutera imbere.

Padiri Nteziryayo Emmanuel, Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Kiyanzi, yasabye abari bitabiriye iki gikorwa, gukora cyane kugira ngo batere imbere ariko muri byose bakibuka gusenga Imana. Ati: “Byombi bigomba kujyana. Mutagatifu Benedigito umukuru w’abamonaki ni we wabwiraga abamonaki ati: senga kandi ukore, kuko hejuru ya byose, hari Imana”.

Itsinda ryagabanye ubwizigame bwinshi ni Abadahigwa Saruhembe ryagabanye Frw 11.464.800 rikaba rigizwe n’abaturiye inkambi ya Mahama. Iryo mu nkambi ryagabanye menshi ryitwa Ejoheza Mahama V15, rigabana ubwizigame bwa Frw 8.443.000 Umunyamuryango w’itsinda wahize abandi kwizigama amafaranga menshi, ni Etane Jean Bosco, wizigamye Frw 1.242.250, kandi ubucuruzi bwe bw’imbuto nabwo buragenda neza. Uwagabanye macye yabonye Frw 180.000.

Uyu ubaye umwaka wa kabiri amatsinda yo mu kambi ya Mahama no mu nkengero zayo arasa ku ntego, hakabamo arashe ku ntego ku nshuro ya mbere, andi akaba arashe ku nshuro ya kabiri. Ubwizigame bwabonetse muri iyi myaka yose ibiri ni Frw 395.000.000.

Abanyamuryango 944 b’aya matsinda 48 barimo 669 b’impunzi z’Abarundi n’Abakongomani (bari mu matsinda 36) na 287 b’Abanyarwanda baturiye inkambi (bari mu matsinda 12).