Hi, How Can We Help You?

Blog

January 25, 2025

Caritas yakoze inama yo gusuzuma byagezweho, Mutarama 23-24 2024

Mu rwego rwo kwitegura Intego Rusange yayo ya 2024, abayobozi ba Caritas Rwanda na Caritas za Diyosezi 10 bahuriye mu nama y’iminsi ibiri yo kureba ibyakozwe mu mwak wa 2024. Iyi nama yabereye kuri Centre d’Accueil Bonne Esperance Kicukiro kuri 23 na 24 Mutarama 2025. Ni inama yaranzwe no gutanga ibitekerezo ku bitabiriye nk’uko byagarutsweho n’abayobozi b’amashami atandukanye muri Caritas ari yo: Ishami ry’imiyoborere n’icungamari, Ishami ryo gufasha abatishoboye n’ubutabazi, Isha lmi ry’ubuzima n’ishami ry’amajyambere.

Mu ijambo risoza iyi nama, Padiri Oscar KAGIMBURA, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda yashimiye abayitabiriye bose. Padiri Oscar yagize ati: “Kwitegura neza bizafasha kugabanya igihe Inteko Rusange ya Caritas Rwanda yamaraga, kive kuva ku minsi ibiri kigere ku munsi umwe mu gihe kizaza”. Amashami agize Caritas yibukijwe gukomeza gufatanya mu gushakisha umutungo wo gukoresha mu bikorwa, gukomeza umubano mwiza n’abafatanyabikorwa basanzwe ndetse n’abashya binyuze mu guhanahana amakuru mu buryo busobanutse kandi bunyuze mu mucyo, ndetse no kubaka icyizere.

Gahunda nshya ya Caritas Rwanda ya  2025-2030 izafasha gukomeza gutera inkunga abatishoboye. Padiri Oscar yashimangiye kandi akamaro ko guhora twiteguye kugira icyo dukora mu gihe cyihutirwa kandi yibutsa abitabiriye iyi nama ko mu minsi ya vuba hazemezwa “Gahunda y’ibikorwa by’ubutabazi bw’ibanze”, ahamagarira abo bireba kuyikora vuba bishoboka. Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwand yagize ati: “Uyu ni umurimo w’amashami yose ya Caritas kuko ibiza bigira ingaruka kuri gahunda zanyu zose”.

Abitabiriye inama bibukijwe kandi gushyigikira Abanyarwanda kugira ngo bagere ku iterambere risesuye binyuze mu kubamenyesha amahirwe ariho, kubafasha kugera kuri serivisi batanga n’ibindi. Amashami yahawe inshingano yo guhuza n’izindi komisiyo z’Inama y’Abepiskopi, Gatolika mu Rwanda, ishami ry’iterambere rikaba rigomba gushakisha uburyo bwo kuzamura umutungo wa Kiliziya Gatolika rigira uruhare runini mu kongera umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi hagamijwe kwihaza mu biribwa no kurwanya inzara, gukoresha ububiko buriho n’ibindi bikorwa remezo bitunganya umusaruro nyuma y’isarura.

Leave a Reply

Your email address will not be published.

This field is required.

You may use these <abbr title="HyperText Markup Language">html</abbr> tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

*This field is required.