Hi, How Can We Help You?

Blog

June 27, 2025

Caritas Rwanda yakanguriye abiga mu Ishuri Rikuru ry’Ubuzima rya Ruli gukomeza mu nzira nziza yo kwitangira abatishoboye

Muri gahunda yayo yo gukangurira abantu bose kugira umutima witangira abakene n’abandi bababaye, kuri uyu wa 26/06/2025, bamwe mu bakozi ba Caritas Rwanda bagiranye ikiganiro n’abanyeshuri n’abayobozi b’Ishuri Rikuru ry’Ubuzima rya Ruli.

Mu ijambo rifungura ku mugaragaro ibi biganiro, Eric Karera, Umuyobozi w’iri shuri wungirije yahaye ikaze itsinda ryaturutse muri Caritas Rwanda, ashishikariza abanyeshuri gukurikira ikiganiro cyane ko icyivugo cyabo “Byose mu Rukundo rwa Kristu” (In caritate Christi) kijyanye n’ikiganiro kiri butangwe.

Mu kiganiro yatanze, Soeur Gaudiose Nyiraneza wari uyoboye itsinda riturutse muri Caritas Rwanda, yagaragaje intego 3 ziri muri Gahunda ya Caritas Rwanda y’imyaka 6 (2025-2030), zirebana no kwita ku batishoboye n’ubutabazi ari zo zikurikira:

  • Kumenyekanisha Caritas n’ubutumwa bwayo;
  • Kuzamura imibereho y’abatishoboye ;
  • Gutabara abahuye n’ibiza.

Soeur Gaudiose kandi yasobanuriye abitabiriye ibi biganiro ibijyanye n’Ukwezi k’Urukundo n’Impuhwe, aho abakiristu n’abandi bantu b’umutima mwiza batanga inkunga yo gufasha abatishoboye. Abanyeshuri bagaragaje ko batari bazi iyi gahunda maze bahabwa ibisobanuro birambuye, banerekwa uko Diyosezi zakusanyije umusaruro w’Ukwezi k’Urukundo n’Impuhwe mu mwaka ushize wa 2024. Abayobozi n’abanyeshuri bagaragaje ibyishimo by’iki gikorwa cyashyizweho n’Abepiskopi ba Kiriziya Gatorika.

Soeur Gaudiose ubwo yageza ikiganiro ku banyeshuri n’abayobozi b’Ishuri Rikuru ry’Ubuzima rya Ruli.

Uretse ibivuzwe aha haruguru, Soeur Gaudiose yagaragaje ibyo Caritas Rwanda yagezeho mu ishami ryo kwita ku batishoboye mu gihe cy’imyaka itanu ishize (2020-2024), akangurira abanyeshuri kujya bagira iteganyabikorwa ry’ibyo bashaka gukora mu kwita ku bakene n’ababaye, nyuma bakareba ko babigezeho cyangwa ko batasubiye inyuma.

Eric Karera, umuyobozi wungirije w’Ishuri Rikuru ry’Ubuzima rya Ruli yavuze ko ibi ari urugero rwiza bagiye kujya bakurikiza.

Ibikorwa by’urukundo bikorwa mu Ishuri Rikuru ry’Ubuzima rya Ruli

Nk’uko aba banyeshuri babisobanuye, bashyigikiwe n’ubuyobozi bw’ishuri basanzwe bakora ibikorwa by’urukundo birimo gusura abarwayi, kubagurira ibikoresho bikenewe, gufasha bagenzi babo n’abatuye hafi y’ishuri, binyuze mu muryago bashinze witwa “Humura Turi Kumwe”.

Anitha Niyogisubizo uhagarariye abanyeshuri bo mu mwaka wa mbere icyiciro cyatangiye muri Nzeli 2024, avuga ko buri wa gatanu ku mugoroba bigomwa ifunguro, bakajya gusura abarwayi bari mu bitaro bya Ruli, abo basanze bakeneye ibikoresho cyangwa amafaranga yo kwivuza bakabakusanyiriza inkunga. N’ubwo abanyeshuri bose batari muri uyu muryango Humura Turi Kumwe, Anitha avuga ko iyo babakanguriye gutanga inkunga babyitabira: “Tugira group (soma gurupe) ya Whatsapp (soma Wotsapu), iyo dufite igikorwa turabwirana, abanyamuryango nabo bakamenyesha abandi batayirimo, kandi inkunga barayitanga iyo ikenewe”.

Jean Pierre Nkurikiyumugisha umwarimu ukuriye agashami k’Ubuvuzi Rusange (General Nursing) muri iri shuri, we avuga ko gufasha bitagarukira ku bantu bari hanze gusa, ahubwo ko binyuze muri Humura Turi Kumwe abanyeshuri, abarimu n’ubuyobozi bw’ishuri bafasha abanyeshuri bafite ibibazo. Yatanze urugero agira ati: “Nk’ubu hari umunyeshuri wigeze kurwara kandi kumubaga bisaba amafaranga ari hejuru ya Frw 1.000.000. Twarayakusanyije aravuzwa akomeza kwiga kandi ubu ameze neza”.

Bamwe mu banyeshuri bo mu Ishuri Rikuru ry’Ubuzima rya Ruli, bari bitabiriye iki kiganiro.

Umuyobozi wungirije w’iri shuri, Eric Karera, we avuga ko ibikorwa by’urukundo bitagarukira ku barwayi n’abanyeshuri gusa, ahubwo ko ubuyobozi bw’ishuri bugendeye ku kivugo Byose mu Rukundo rwa Kristu, bushishikariza abanyeshuri kujya kwigisha abaturage ibijyanye no kwita ku isuku ndetse no gutegura indyo yuzuye, kuko nabyo ari ibikorwa by’urukundo. Bwana Eric yagize ati: “Kandi iyo basanze harimo utishoboye, bamutegurira akarima k’igikoni bakanamwubakira agatanda k’amasahani iyo atabifite”. Ibi bikorwa babikora ku bufatanye n’inzego z’ibanze.

Eric Karera yongeraho ko gufasha bidasaba kuba umuntu atunze byinshi, ahubwo ko bisaba kuba yarabyigishijwe akanamenyeshwa inzira yabinyuzamo.

Caritas Rwanda yaherukaga gukora ubukangurambaga nk’ubu muri iri shuri mu Ukwakira 2023, ubuyobozi bwaryo bukaba bwasabye ko bwajya bukorwa buri mwaka kuko abanyeshuri bahindura kenshi bakajya kwimenyereza umwuga hanze. Bikozwe buri mwaka, abataragize amahirwe yo gukurikira ikiganiro muri uyu mwaka bazagikurikira umwaka utaha.

Leave a Reply

Your email address will not be published.

This field is required.

You may use these <abbr title="HyperText Markup Language">html</abbr> tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

*This field is required.