Hi, How Can We Help You?

Blog

April 24, 2025

Amatsinda yo kuzigama no kugurizanya, inzira yo kwiteza imbere ku Banyasudani

Mu rwego rwo kubafasha kuva mu bukene no kwigira, Caritas Rwanda ibinyujije mu mushinga wayo wa Graduation uterwa inkunga na HCR, yateye inkunga impunzi 50 z’Abanyasudani n’abandi baba mu nkambi y’impunzi ya Mahama ibaha amahugurwa atandukanye, arimo gutangiza no gucunga amatsinda yo kuzigama no kugurizanya, inaha buri wese Frw 800.000, kugira ngo babashe gushyira mu bikorwa imishinga yabo ibabyarira inyungu.

Nyuma y’amahugurwa, izi mpunzi zashinze amatsinda yo kuzigama no kugurizanya abiri. Buri tsinda rya rigizwe n’abanyamuryango 25, rimwe rikaba ririmo abagore, irindi rikaba ir’abagabo. Abanyamuryango bahura kenshi mu itsinda mu gihe bumvikanyeho kugira ngo bizigame, abashaka inguzanyo zo gukoresha mu mishinga yabo ibyara inyungu cyangwa mu gukemura ibibazo byabo byihariye bakazihabwa.

Mu mpera za Werurwe 2025 (nyuma y’amezi 4 batangiye kwizigama mu matsinda), bamaze kugira ubwizigame Bungana na Frw 1.448.350 kandi bamenye gukoresha inguzanyo zo mu itsinda. Kuri ubu, inguzanyo zose zahawe abanyamuryango zingana na Frw 1.092.200.

Ubuhamya bw’umwe mu Banyasudani bari mu matsinda

Amatsinda yo kwizigama no kugurizanya azwi ku mpine SILC, agira uruhare runini mu guteza imbere ubukungu no kwigira ku mpunzi n’abasaba ubuhunzi. Aya matsinda ameze nk’irembo ryo kwiteza imbere mu bukungu, afasha abantu kwzigamira, kubona inguzanyo yo mu itsinda, no kwigira.

Ibrahim Altayib Namriyn ni umwe mu banyamuryango b’itsinda ryitwa Entrepreneur Passages SILC Group, rigizwe n’abagabo b’Abanyasudani n’izindi mpunzi nke. Iri tsinda ryagize uruhare runini mu kwagura ubucuruzi bwe. Ibrahim abisobanura muri aya magambo: “Kuba muri iri tsinda ni ingenzi cyane kuri njye. Aho kuguza amafaranga inshuti zanjye, natse inguzanyo ya Frw 60.000 muri tsinda ngura imiti yica udukoko. Nayishyuye nongeyeho inyungu nke. Ubu ndateganya kongera gusabamo inguzanyo yisumbuyeho kugira ngo nagure umushinga wanjye”.

Ibrahim Altayib Namriyn na Isaac Rwamucyo (umukozi wa Caritas Rwanda mu mushinga wa Graduation) ubwo bari mu murima w’amashu wa Ibrahim, hafi y’uruzi rwa Akagera.

Nyuma yo guhugurwa ku kwihangira imirimo no gukora ubuhinzi bwa kijyambere, Ibrahim yahawe n’umushinga wa Graduation Frw 800.000; ayashora mu guhinga imboga. Bitewe n’uko yashyizeho uburyo bwo kuhira mu murima akodesha Frw 250.000 ku mwaka, ubuhinzi bwe buzajya bukomeza kumwinjiriza amafaranga no mu gihe cy’izuba. Mu gihe cya vuba, arateganya kwinjiza byibuze Frw 3.400.000 mu musaruro we wa mbere  w’amashu na gombo.

Leave a Reply

Your email address will not be published.

This field is required.

You may use these <abbr title="HyperText Markup Language">html</abbr> tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

*This field is required.