Hi, How Can We Help You?

Blog

April 14, 2025

Amatsinda yo kubitsa no kugirizanya afasha ababyeyi bafite abana mu marerero kubagaburira indyo yuzuye no kwiteza imbere

Ubuhamya bw’itsinda UBUMWE

Nyuma y’aho umushinga wa ECD uterwa inkunga na Plan International Rwanda ubahaye amahugurwa ku mikorere y’amatsinda yo kubitsa no kugurizanya, ababyeyi 30 b’abana bo mu rugo mbonezamikurire rwa Tuganire bibumbiye mu itsinda ryitwa Ubumwe, batangira korora inkoko kugira ngo babashe kubona indyo yuzuye baha abana babo, ndetse baniteze imbere.

Iri tsinda ryatangiye ryizigama Frw 200 buri cyumweru kuri buri munyamuryango, rifite intego yo kugurira inkoko buri mubyeyi. Hagati aho baje kugira igitekerezo cyo kugura ihene, maze ababyeyi babiri bagurirwa ihene, izindi bazishyira hamwe zikororerwa kuri umwe muri bo ari iz’itsinda.

Abanyamuryango baje kubona ko korora ihene bitunguka cyane, bahita bajya mu bworozi bw’inkoko, ibi bibafungurira imiryango yo kujya bazigurisha nabo baziguze mu itsinda, bakazorora igihe gito mbere yo kuzigurisha. Ubuhamya burambuye bw’iri tsinda murabusanga muri video ikurikira.

 

 

Leave a Reply

Your email address will not be published.

This field is required.

You may use these <abbr title="HyperText Markup Language">html</abbr> tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

*This field is required.