Hi, How Can We Help You?

Blog

December 29, 2024

Abakozi ba Caritas Rwanda bakoze umwiherero usoza umwaka

Ku itariki 24 Ukuboza 2024, kuri Centre Saint Vincent Palotti i Gikondo, abakozi ba Caritas Rwanda bakoze umwiherero w’umunsi umwe, mu rwego rwo gutekereza ku mwaka urangiye, gusenga no kwitegura umunsi mukuru wa Noheli.

Uko umwaka utashye, umwiherero nk’uyu usanzwe ukorwa, ukaba uhuza abakozi bose ba Caritas Rwanda, baba abakorera ku cyicaro gikuru ndetse n’abakorera hirya no hino mu gihugu. Habamo ibikorwa binyuranye birimo: kumva inyigisho yagenewe uyu munsi, gushengerera, guhabwa penetensiya, gutura igitambo cy’Ukarisitiya no gusangira.

Padiri Emmanuel Nsengiyumva ni we watanze inyigisho.

Mu nyigisho yatanze muri uyu mwiherero, Padiri Emmanuel Nsengiyumva, umuyobozi w’Ikigo cy’Ubushakashatsi n’ubwiyunge bwuzuye bwa muntu cya Kiliziya Gatolika muri Arikiyediyosezi ya Kigali, yasabye abari mu mwiherero guhora batekereza impamvu bari muri Caritas Rwanda, impamvu ari bo Imana yatoranije ngo bahakore, ibi bikazabafasha gusohoza inshingano zabo neza. Padiri Emmanuel yagize ati: “Abantu bose dutumwaho, tugatumwa kugira icyo tubakorera, tuba twabaye abagaragu babo. Uko uzamurwa mu ntera, ni ko ugomba guca bugufi ukabakorera. Agaciro ka mbere ni ugukora izo nshingano neza, icyubahiro cy’icyo wakoze kirakugarukira”.

Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda.

Mu gusoza uyu mwiherero, Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda yashimiye Padiri Emmanuel Nsengiyumva wateguye inyigisho yibutsa abakozi ba Caritas Rwanda ko bafite uruhare rukomeye cyane mu gukwirakwiza hose urukundo rw’Imana binyuze mu bikorwa bya Caritas, kuko bigaragaza urukundo ku barukeneye ari bo abakene n’abandi bababaye. Padiri Oscar yabishimangiye agira ati: “Iyo tubikoze neza, rwa rukundo ruragaragara. Abantu iyo babonye ibikorwa bya Caritas Rwanda barabishima. Uyu akaba ari umwanya wo gushimira abakozi bari mu mirimo idandukanye ya Caritas Rwanda”. Padiri Oscar yanaboneyeho n’umwanya wo kwifuriza abakozi bose Noheli Nziza n’umwaka mushya muhire wa 2025.

 

Leave a Reply

Your email address will not be published.

This field is required.

You may use these <abbr title="HyperText Markup Language">html</abbr> tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

*This field is required.