Hi, How Can We Help You?

Blog

June 19, 2026

Ibyavuye mu bushakashatsi ku mpinduka umushinga wa ECD wazanye mu Karere ka Gatsibo, Bugesera na Nyaruguru byaremejwe

Caritas Rwanda, ku bufatanye na Plan International Rwanda, yateguye inama zo kwemeza ibyavuye mu bushakashatsi bwakozwe hagamijwe gupima uruhare rw’Umushinga wa ECD mu Turere twa Gatsibo (16 Kamena), Bugesera (17 Kamena) na Nyaruguru (18 Kamena). Ubu bushakashatsi bwasesenguye ibikorwa by’umushinga byakozwe hagati ya 2022 na 2025.

Izi nama zahuje abayobozi b’uturere, abahagarariye Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Umwana (NCDA), abafatanyabikorwa mu iterambere, abakora ibikorwa bijyanye n’imbonezamikurire y’abana bato, abakozi b’umushinga, abarezi b’abana bato ndetse n’abahagarariye abafatanyabikorwa shingiro.

Mu ijambo yagiye ageza ku bitabiriye buri nama, Christine Kayitesi, umuyobozi w’Umushinga wa ECD yasobanuye ko ubu bushakashatsi bwakozwe kugira ngo niba nyuma y’imyaka itatu, ibikorwa by’umushinga wa ECD byarateje imbere imbere umwana, niba abarezi babifitiye ubushobozi, niba ibyo umushinga ukora bijyanye na gahunda y’igihugu ya 2 yo kwihutisha iterambere (NST2). Ikindi, ni ukugira ngo ibyagezweho bisigasirwe, ibitagenda neza bishyirwemo imbaraga.

Intambwe ishimishije yatewe mu nkingi zose z’iterambere ry’umwana

Ibyavuye muri ubu bushakashatsi byagaragaje ko ibikorwa by’ingo mbonezamikurire byagize uruhare rugaragara mu guteza imbere umwana mu buryo bwuzuye muri utu turere uko ari dutatu.

Uturere twa Gatsibo na Bugesera twagaragaje umusaruro ushimishije cyane mu bijyanye n’integanyanyigisho no gutegura umwana kujya mu ishuri, imirire ndetse n’ubushobozi bw’abarezi, aho ibipimo bimwe na bimwe byageze ku manota 100%.

Akarere ka Nyaruguru na ko kagaragaje umusaruro mwiza cyane cyane mu bijyanye n’ubushobozi bw’abarezi n’uburezi bw’ababyeyi (100%), imirire (93,3%) ndetse n’ubuzima (83,3%).

Muri utu turere twose, ubushakashatsi bwemeje ko habayeho impinduka nziza mu buryo ababyeyi barera abana babo, mu mirire y’abana, mu kwitabira serivisi z’ubuzima, no mu bwiza bwa serivisi zihabwa abana bato. Kimwe mu byagezweho byagaragaye cyane ni ukwiyongera kw’uruhare rw’ababyeyi, cyane cyane abagabo, mu kurera no kwita ku bana babo.

Ubushakashatsi bwanagaragaje ko ingo mbonezamikurire zifashwa n’umushinga wa  ECD zarengje impuzandengo y’ibipimo ku rwego rw’igihugu mu nkingi nyinshi z’iterambere ry’umwana, bikerekana ko uburyo bushingiye ku ruhare rw’abaturage bugira uruhare runini mu guteza imbere imibereho myiza n’iterambere ry’abana.

Ibisobanuro birambuye ku byavuye muri ubu bushakashatsi biboneka mu mbonerahamwe ikurikira:

Ibyashyirwamo imbaraga kugira ngo ibyagezweho birambe

N’ubwo bishimiye intambwe imaze guterwa, abitabiriye inama bagaragaje ko hakiri ibice bimwe na bimwe bisaba gukomeza gushyirwamo imbaraga kugira ngo ibyagezweho birusheho kuramba.

Mu byifuzo byatanzwe harimo gushyiraho uburyo bwo gukurikirana iterambere ry’umwana n’ibyo ageraho, kunoza uburyo bwo gushyigikira no kugumana abarezi, kongerera ubushobozi amatsinda yo kwizigamira no kugurizanya (VSLA) kugira ngo afashe mu gutera inkunga ibikorwa bya ECD, kuzamura ubumenyi n’impamyabushobozi by’abarezi hakurikijwe amabwiriza ya NCDA, ndetse no kunoza ibikorwa remezo by’amazi, isuku n’isukura (WASH) n’ibijyanye no kurengera umwana.

Abitabiriye inama banashimangiye akamaro ko gushyiraho no gukomeza amatsinda y’ababyeyi b’abagabo no guteza imbere uburyo bwatuma abagabo barushaho kugira uruhare mu kurera no guteza imbere abana babo.

Mu biganiro byabaye, abayobozi b’inzego z’ibanze basabye ko bazagezwaho raporo ya nyuma y’ubu bushakashatsi nimara gutunganywa, kugira ngo ibyavuye muri bwo n’inama zatanzwe bibafashe mu bikorwa byabo byo guteza imbere umwana.

Uhereye ibumoso ugana iburyo: RURANGIRWA Fred, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kamabuye; KADAFI Aimable, umunyamabanga nshingwabikorwa wumurenge wa Kamabuye; na Ruth Kemirembe, umuyobozi w’ubuzima mu karere ka Bugesera, mu nama yo kwemeza ibyavuye mu bushakashatsi yabereye mu Karere ka Bugesera.

Umushinga wa ECD ushyirwa mu bikorwa na Caritas Rwanda ku nkunga ya Plan International Rwanda, ukaba ugamije guteza imbere imibereho myiza n’iterambere ryuzuye ry’abana bato binyuze mu ngo mbonezamikurire. Uyu mushinga ushingiye ku nkingi esheshatu z’iterambere ry’umwana, ari zo: (1) kwigisha umwana no kumutegura kujya mu ishuri, (2) ubuzima, (3) imirire, (4) kurengera umwana no kutagira uwo usiga inyuma, (5) amazi, isuku n’isukura (WASH), ndetse (6) n’uburezi bw’ababyeyi.

Leave a Reply

Your email address will not be published.

This field is required.

You may use these <abbr title="HyperText Markup Language">html</abbr> tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

*This field is required.