Hi, How Can We Help You?

Blog

March 18, 2025

Gatsibo: Caritas Rwanda yakoze ubukangurambaga buhamagarira ababyeyi b’abagabo kugira uruhare mu kwita ku burere bw’abana babo

Hagamijwe gukangurira ababyeyi b’abagabo kurushaho kugira uruhare mu burere bw’abana babo, Caritas Rwanda ibinyujije mu mushinga wayo wa ECD uterwa inkunga na Plan International Rwanda, yateguye umukino w’umupira w’amaguru wahuje ababyeyi b’urumuri b’abagabo bo mu murenge wa Murambi n’abo mu murenge wa Kiziguro. Ni igikorwa cyabereye ku kibuga cy’umupira w’amaguru cya Groupe Scolaire Rwimitereri mu murenge wa Murambi mu Karere ka Gatsibo ku ya 14 Werurwe 2025.

Iki gikorwa cyari gifite intego zihariye zikurikira:

– Guteza imbere uruhare rw’ababyeyi, hibandwa cyane cyane ku babyeyi b’abagabo, mu kwita ku bana babo, gufatanya mu kuzuza inshingano mu muryango;

– Gukoresha umupira nk’uburyo bwo guteza imbere imibanire myiza hagati y’ababyeyi n’abana babo;

– Gushyiraho ihuriro ry’ababyeyi b’abagabo bakigira ku babyeyi b’urumuri b’abagabo, kugira ngo bongere ubumenyi mu bijyanye no gutanga uburere buboneye ku bana babo;

– Kwigisha abaturage ibyiza byo gufatanya kw’ababyeyi bombi mu kurera abana, ibi bikaba bishobora kugabanya ibibazo birimo guta ishuri kw’abana, ihohoterwa rikorerwa mu ngo, n’ibibazo by’imyitwarire mibi y’abana mu gihe kizaza.

Muri ubu bukangurambaga bwo guteza imbere uburere buboneye, ikipe y’ababyeyi b’urumuri b’abagabo ya Murambi yatsinze iya Kiziguro ibitego 5 ku busa. Amakipe yombi yahawe ibikombe by’ishimwe kuko icyari kigamijwe cyane cyari ugutanga ubutumwa si ukurushanwa.

Mu gice cya kabiri, abayobozi b’inzego z’ibanze n’abakozi b’umushinga wa ECD batanze ubutumwa bugaragaza uruhare rukomeye ababyeyi b’abagabo bafite mu mbonezamikurire y’abana babo. Nyuma y’ubu butumwa, habaye umwanya w’ibibazo n’ibisubizo, abatsinze bahembwa imipira yo kwambara.

Abasubije neza ibibazo bijyanye n’imbonezamikurire y’abana bato bahembwe imipira yo kwambara.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iki gikorwa, Mukagasana Naomy, umukozi w’Akarere ka Gatsibo ushinzwe uburinganire n’iterambere ry’umuryango, yasabye ababyeyi (abagabo n’abagore) kwita ku bana babo babaha urukundo, babarera mu buryo bukwiye kandi bagashyiraho imbibi z’ibyo bemerewe gukora n’ibyo batemerewe, babafasha kwigirira icyizere, babarinda ingaruka z’ikoranabuhanga, kandi ababyeyi bombi bagakundana kugira ngo abana babafatireho icyitegererezo.

Mukagasana Naomy, umukozi w’Akarere ka Gatsibo ushinzwe uburinganire n’iterambere ry’umuryango.

Ubu bukangurambaga buzakorerwa kandi no muri Nyaruguru ku itariki 18 Werurwe 2025 no mu Bugesera ku ya 21 Werurwe 2025.

Kayitesi Christine, umuhuzabikorwa w’umushinga wa ECD.

Leave a Reply

Your email address will not be published.

This field is required.

You may use these <abbr title="HyperText Markup Language">html</abbr> tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

*This field is required.