Hi, How Can We Help You?

Monthly Archives: February 2026

February 17, 2026

Ku bufatanye n’Akarere ka Kirehe, Caritas Rwanda na Caritas Kibungo batangije umushinga Tunga w’imyaka 3 watewe inkunga na Ministeri y’Ububanyi n’Amahanga ya Slovenia na Caritas Slovenia, ukaba uzateza imbere imibereho y’imiryango itishoboye 3.500. Ni igikorwa cyabereye mu cyumba cy’inama cy’Akarere ka Kirehe ku wa 13 Gashyantare 2026.

Umushinga Tunga ugamije kongerera ubushobozi abagore n’abakobwa, ndetse n’urubyiruko, no kubungabunga ubuzima bw’imiryango itishoboye yo mu mirenge ya Mahama, Mushikiri na Kigarama (yo mu Karere ka Kirehe), binyuze mu kurwanya imirire mibi, kongerera abahinzi ubushobozi bwo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere, kubaka ubushobozi bw’imiryango mu bijyanye n’ubukungu, kuyegereza amazi meza no kwimakaza isuku, ndetse no gukumira no kurwanya ihohotera mu miryango.

Uyu mushinga watangiye muri Mutarama 2026 ukaba uzasozwa muri Nzeli 2028. Uzagera ku miryango 3.500 itishoboye, irimo 500 y’impunzi zo mu Nkambi ya Mahama, na 3.000 yo mu mirenge ya Mahama, Kigarama, Mushikiri mu Karere ka Kirehe.

Mu bikorwa biteganijwe nk’uko byagaragajwe n’umuhuzabikorwa w’uyu mushinga, Emmanuel Uwiragiye, harimo gutanga amahugurwa ku buhinzi bwa kijyambere (abafatanyabikorwa kamara bakigira mu mirima shuri), gutanga amatungo n’imbuto zo guhinga, gushinga amatsinda yo kuzigama no kugurizanya, gutanga igishoro cyo gukora imishinga ibyara inyungu ndetse no kubegereza amazi meza.

Muri ubu buhinzi bwa kijyambere, hazifashishwa drones mu gufata ibipimo, ku buryo abahinzi bazajya babasha kubonera amakuru ku gihe, abafasha guhinga bakurikije uko ikirere kimeze.

Emmanuel Uwiragiye, umuhuzabikorwa w’uyu mushinga, ubwo yagaragazaga ibikorwa biteganijwe.

Ibiganiro byagaragaje ko abitabiriye bishimiye umushinga Tunga

Nyuma yo kugaragaza ibizakorwa n’uyu mushinga, abari muri uyu muhango babajije ibibazo byinshi birimo kumenya uburyo abazafashwa n’uyu mushinga bazatoranywa, niba mu kwegereza abantu amazi umushinga Tunga uzakorana n’ikigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza amazi (WASAC), no kumenya niba mu gutoranya abagenerwabikorwa hazarebwa abafite ubutaka buhagije ku buryo bwahuzwa.

Mu gusubiza, abakozi b’umushinga Tunga n’ikipe yaturutse muri Caritas Rwanda basubije ko gutoranya abafatanyabikorwa kamara bizakorwa ku bufatanye n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, bakareba abatishoboye kurusha abandi. Mu kwegereza abaturage amazi, umushinga Tunga uzakorana na WASAC kandi ibiganiro byaratangiye. Ku birebana no kuba abazafashwa bazaba bafite ubutaka bunini ku buryo bwahuzwa, basubijwe ko atari cyo kigenderewe, kuko abafashwa nyine ari abatishoboye, ubuhinzi bwa kijyambere bize bakazajya babukorera no mu mirima mito bafite.

Abitabiriye uyu muhango babajije ibibazo byinshi, bagaragaza ko bishimiye uyu mushinga.

Abari mu nama kandi babajije uburyo ibikorwa bimwe bizagera ku batishoboye gusa kandi ari rusange (urugero nk’imiyoboro y’amazi) aha basubizwa ko n’ubwo ari bo bagenderewe ariko hari n’ibikorwa n’abandi baturage bazungukiramo nk’iyo miyoboro y’amazi.

Ku bijyanye n’uburyo impunzi zizahinga kandi zitagira umurima, abakozi b’umushinga Tunga basubije ko hazabaho imirima shuri abafatanyabikorwa kamara bazajya bigiramo ariko bakajya gushyira mu bikorwa ibyo bize. Aha rero impunzi zishobora gukodesha imirima hanze y’inkambi zigahinga.

Ubufatanye: urufunguzo kugira ngo umushinga ugere ku ntego

Mu ijambo yavuze, Sebagenzi Prosper, ushinzwe porogaramu muri Caritas Rwanda, yashimye ubufatanye Caritas Rwanda isanzwe ifitanye n’ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe n’inzego z’ibanze, yibutsa ko ubu bufatanye ari ngombwa mu gushyira mu bikorwa uyu mushinga, kandi yizeza ko inyunganizi zatanzwe zizafasha mu kuwubyaza umusaruro.

Prosper Sebagenzi, ushinzwe porogaramu muri Caritas Rwanda.

Bwana Prosper yagarutse ku nyandiko ya Papa Fransisiko “Laudato Si” ihamagarira abantu kutangiza isi bumva ko uburyo abandi bazaza nyuma bazabaho bitabareba. Ibi bisobanuye ko buri wese asabwa kubungabunga ibidukikije, umushinga Tunga rero ukaba waratekerejwe muri uru rwego.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’agateganyo w’Akarere ka Kirehe, Bwana Ndayambaje Joel, yavuze ko igikorwa gikozwe na Kiliziya Gatolika kiba kizewe 90%, ibyo bikaba bisobanuye ko nta gushidikanya ko umusaruro muri uyu mushinga uzaba mwiza. Yijeje kandi ubufatanye agira ati: “Nk’inzego z’ubuyobozi turabizeza ubufatanye kandi turi kumwe twese hamwe n’inzego z’umutekano nta cyatunanira. Muduhe ibikorwa biteganijwe tujye dukurikirana”.

Bwana Ndayambaje Joel, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’Akarere ka Kirehe.

Bwana Ndayambaje yongeyeho ko uyu mushinga nugira umusaruro witezwe uzafasha Akarere ka Kirehe kwesa imihigo irebana na gahunda ya kabiri y’igihugu yo kwihutisha iterambere NST2 (2024-2029).

February 3, 2026

Mu rwego rwo gutegura raporo y’ibikorwa bya 2025 no gutegura ibizakorwa muri 2026, kuva kuri 29 kugeza kuri 30 Mutarama 2026, kuri Centre d’Accueil Bonne Espérance Kicukiro habereye inama yahuje Caritas Rwanda na Caritas 10 za diyosezi. Ibi kandi byari biri mu rwego rwo gushimangira imikoranire mu muryango mugari wa Caritas.

Iyi nama ihuza abayobozi n’abakozi mu mashami 4 ari yo (i) Ishmai ry’Ubuyobozi n’Imari, (ii) Ishami rishinzwe Kwita ku Batishoboye, (iii) Ishami ry’Ubuzima (iv) n’Ishami ry’Iterambere muri Caritas Rwanda na Caritas 10 za diyosezi kugira ngo bahuze ibikorwa by’ingenzi byakozwe, bateganye ibiri imbere, ndetse no banashimangire ubufatanye mu muryango wa Caritas.

Mu ijambo yavuze, uwari uhagarariye Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda, ubwo yafunguraga iyi nama ku mugaragaro, Padiri Emmanuel Bamporineza, Umunyamabanga Mukuru wungirije wa Caritas Rwanda yavuze ko ari byiza ko umuryango mugari wa Caritas Rwanda utahiriza umugozi umwe kuko intego n’intumbero ya buri Caritas iba ari imwe. Ati: “Iki rero ni igikorwa cy’ingirakamaro kidufasha kugira ngo dukomeze twuzuzanye tubashe kugera ku ntego tuba twariyemeje cyangwa twarahawe n’Abepiskopi. Ndetse biranadufasha kugira ngo dutegure Inteko Rusange ya Caritas Rwanda iteganyijwe muri Werurwe uyu mwaka”.

Padiri Emmanuel Bamporineza, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda Wungirije, ubwo yafunguraga ku mugaragaro iyi nama.

Padiri Emmanuel yasoje aha ikaze abitabiriye inama, avuga ko mu rwego rwo kugira ngo igikorwa cyabazanye kigende neza, buri wese asabwa gutanga umusanzu we, imbaraga ze, n’ igihe cye uko bishoboka.

Mu gukora raporo y’ibikorwa bya 2025 no guteganya ibizakorwa muri 2026, abitabiriye iyi nama bakoreye mu matsinda bakurikije amashami 4 ya Caritas, basuzuma ibyari biteganijwe mu ntego 7 Caritas Rwanda yihaye mu cyerecyezo 2025 – 2030[1].

Nk’uko byagaragaye mu kwerekana ibyagezweho byakusanyijwe mu matsinda, ibikorwa byari biteganijwe muri 2025 ibyinshi byagezweho, keretse aho imishinga yagiye ihagarara idasojwe bitewe no guhagarika inkunga ziva hanze byabayeho muri 2025.

Abitabiriye inama bakoreye mu matsinda hakurikijwe amashami 4 ya Caritas. Iri ni itsinda ryo mu Ishami ry’Ubuzima.

Abari mu nama bibukijwe ko hari Ububiko bw’amakuru (Base de donnée / Data base) ya Caritas yateguwe, Caritas zose za Diyosezi na Caritas Rwanda zikaba zigomba kujya zuzuzamo amakuru, binyuze mu mashami 4 yavuzwe hejuru.

Mu gusoza iyi nama y’iminsi ibiri, Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga wa Caritas Rwanda yibukije ko Caritas Internationalis ari umuryango mugari wa Kiliziya Gatolika ku isi hose uhuriyemo za Caritas 162 zo mu bihugu. Caritas Rwanda nk’ihagarariye Caritas za diyosezi kumanuka kugera kuri Caritas z’imiryango remezo mu Rwanda, itanga imisanzu muri Caritas Internationalis. Ibi bituma ifatwa nk’ikitegerezo, haba uko gutanga imisanzu uko bikwiriye, kwitabira ibikorwa bitandukanye muri za komite n’amatsinda yo gukoreramo ya Caritas Internationalis.

Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda, ubwo yasozaga iyi nama ku mugaragaro.

Padiri Oscar Kagimbura yabishimangiye agira ati: “Mu nama zitandukanye Caritas Rwanda yitabira, baba bashaka ko itanga ubuhamya abandi bakayigiraho. Iyo turimo guhuriza hamwe gutya rero biduha imbaraga, bikaduha n’isura nziza mu bandi, bituma tubasha gukorana n’abafatanyabikorwa batandukanye”.

Abari muri iyi nama bemeranije ko bagiye kunoza raporo y’ibyo bakoze, bitarenze 16 Werurwe 2026 ikaba yamaze gutunganywa neza.

[1] https://caritasrwanda.org/wp-content/uploads/2025/03/SPlan-Caritas-Rwanda-FNL-2530-20032025-Final-compressed.pdf paji ya 11.