Hi, How Can We Help You?

Blog

March 9, 2026

Inama Mpuzamahanga y’Ibikorwa by’Ubutabazi bya Caritas ya 2026 yabereye i Kigali

Kuva ku wa 3 kugeza ku wa 5 Werurwe 2026, abayobozi baturutse mu bice bitandukanye by’Umuryango wa Caritas Internationalis bateraniye i Kigali mu Nama Mpuzamahanga y’Ibikorwa by’Ubutabazi ya 2026, yari ifite insanganyamatsiko igira iti: 𝗠𝘂 𝗿𝘂𝗸𝘂𝗻𝗱𝗼 𝘁𝘂𝗯𝗮𝘀𝗵𝗮 𝗴𝘂𝗵𝗮𝗻𝗴𝗮𝗻𝗮 𝗻𝗶𝗺𝗯𝗼𝗴𝗮𝗺𝗶𝘇𝗶: 𝗨𝗯𝘂𝘁𝗮𝗯𝗮𝘇𝗶 𝗯𝘄𝗮 𝗖𝗮𝗿𝗶𝘁𝗮𝘀 𝗺𝘂 𝗜𝘀𝗶 𝗶𝗵𝗶𝗻𝗱𝗮𝗴𝘂𝗿𝗶𝗸𝗮.”

Iyi nama yamaze iminsi itatu yahuje abahagarariye Caritas z’ibihugu hirya no hino ku isi kugira ngo baganire ku mpinduka ziri kuba mu rwego rw’ibikorwa by’ubutabazi no kurushaho gukomeza ubufatanye hagati y’abagize iri huriro. Mu gihe ibibazo byugarije isi bigenda birushaho gukomera no kuba byinshi, iyi nama yabaye umwanya wo gusangira ubunararibonye, kuganira ku mbogamizi ziri kuvuka, no gushaka ingamba zatuma Caritas ikomeza gukora neza kandi ikagendera ku mahame yayo mu butumwa bwayo bwo gufasha abari mu kaga.

Musenyeri Anaclet Mwumvaneza ni we wafunguye iyi nama ku mugaragaro.

Abitabiriye iyi nama bagaragaje ko urwego rw’ibikorwa by’ubutabazi ku isi ruri kunyura mu mpinduka zikomeye. Kwiyongera kw’amakimbirane ya politiki mpuzamahanga, ibiza biterwa n’imihindagurikire y’ikirere, gukura abantu mu byabo, ndetse n’intambara zimara igihe kirekire, byose bituma ibikenewe mu butabazi birushaho kwiyongera. Muri iki gihe kandi, imiryango ikora ibikorwa by’ubutabazi ihura n’imbogamizi zirimo kugabanuka kw’umwanya w’imiryango itegamiye kuri Leta mu mikorere yayo, iterambere ry’ikoranabuhanga ryihuta, ndetse n’impinduka mu buryo abaterankunga bashyiramo imbaraga.

Muri uru rwego, imiryango ya Caritas irasabwa guhindura uburyo ikoramo, ariko igakomeza gushingira ku ntego yayo yo kwita ku batishoboye kurusha abandi. Bitewe n’uko Caritas ikorera mu baturage kandi ikiyemeza guteza imbere iterambere ryuzuye ry’umuntu, ihuriro rya Caritas rifite amahirwe yihariye yo guhangana n’izi mbogamizi riyobowe n’impuhwe, rihanga udushya no gukorera mu bufatanye.

Umunsi wa mbere w’iyi nama wibanze ku gusuzuma impinduka mu rwego rwa politiki mpuzamahanga n’urw’ibikorwa by’ubutabazi, ndetse n’ingaruka zabyo ku bikorwa bya Caritas.

Abitabiriye ibiganiro basesenguye uburyo imihindagurikire y’isi ihindura imikorere y’ibikorwa by’ubutabazi, banaganira ku buryo ihuriro rya Caritas rishobora guhuza ingamba zaryo n’izo mpinduka kugira ngo rikomeze gukora rishingiye ku mahame arigenga, rikore neza kandi mu buryo buhamye. Ibiganiro byagaragaje kandi akamaro ko gukomeza gushimangira ubufatanye hagati y’abagize Caritas kugira ngo bashobore gutanga ubutabazi bwihuse kandi bufite umusaruro ufatika ku bahura n’ibiza n’ibibazo hirya no hino ku isi.

Ifoto y’urwibutse / Inama y’ibikorwa by’ubutabazi bya Caritas Internationalis 2026.

Umunsi wa kabiri wibanze ku gushyira imbere imiryango yo mugihugu imbere n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze (localisation and local leadership) mu bikorwa by’ubutabazi, hagaragazwa uruhare rukomeye rw’imiryango ya Caritas ikorera mu bihugu ndetse no hagati mu baturage mu gutabara abahuye n’ibibazo.

Abitabiriye iyi nama bashimangiye ko ari ingenzi gushyira ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ku isonga ry’ibikorwa by’ubutabazi, kuko akenshi ari bo babanza kugera ku baturage mu gihe cy’ibiza. Kongerera ubushobozi izi nzego, kumvikanisha ijwi ryazo mu biganiro byo ku rwego mpuzamahanga, no guteza imbere ubufatanye bungana hagati y’abafatanyabikorwa, byagaragajwe nk’ibintu by’ingenzi bizibandwaho mu gihe kiri imbere.

Kwizihiza no gusangizanya imikorere myiza

Umunsi wa nyuma w’iyi nama wahariwe kwishimira no gusangizanya imikorere myiza mu bikorwa by’ubutabazi ikorwa n’imiryango ya Caritas mu bice bitandukanye by’isi.

Abitabiriye iyi nama bagaragaje ingero z’ibikorwa bishya n’imishinga yatanze umusaruro mwiza mu nzego zitandukanye z’ikorwa ry’ubutabazi, bituma habaho kwigiranaho no kungurana ibitekerezo hagati y’abagize ihuriro. Ibi byagaragaje ubudashyikirwa, ukwihangana n’umuhate w’imiryango ya Caritas ikorera mu bice bitandukanye by’isi.

Iyi nama mpuzamahanga yasojwe abayitabiriye biyemeje gushimangira ubufatanye hagati y’imiryango ya Caritas no kongera ubushobozi bw’iri huriro mu gutabara no gufasha abakeneye ubufasha bwihuse.

Ishingiye ku mpuhwe kandi iyobowe n’indangagaciro zubahiriza agaciro ka muntu n’ubutabera mu mibereho, Caritas ikomeje guhagarara ku ruhande rw’abanyantege nke hirya no hino ku isi. Ibyaganiriweho n’imyanzuro yafatiwe muri iyi nama bizafasha gutanga icyerekezo cy’ibikorwa by’ubutabazi bya Caritas mu myaka iri imbere, kugira ngo ikomeze kuba umufatanyabikorwa wizewe kandi ukomeye mu guhangana n’ibibazo byiyongera mu rwego rw’ubutabazi ku isi.

Leave a Reply

Your email address will not be published.

This field is required.

You may use these <abbr title="HyperText Markup Language">html</abbr> tags and attributes: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

*This field is required.