Ku wa 21 Kamena 2026, Caritas Rwanda ku bufatanye n’Akarere ka Nyanza yateguye igikorwa cyo gukangurira urubyiruko kurwanya ubwandu bushya bwa Virusi itera SIDA (VIH) n’inda zitateganyijwe mu bangavu. Ni igikorwa Caritas Rwanda ifasha Ministeri y’Ubuzima gushyira mu bikorwa, biciye mu kigo cy’Igihugu cy’ubuzima (RBC) ku nkunga y’ikigega cy’Isi kirwanya igituntu, SIDA na Malaria. (Global Fund).
Muri ubu bukangurambaga, umukino w’umupira w’amaguru wakoreshejwe nk’uburyo bwo kwegera urubyiruko no kurugezaho ubutumwa. Umukino wahuje abanyeshuri n’abafana b’ibigo bya ESCLM Louis de Montfort na ES Saint Esprit, urangira ESCLM Louis de Montfort itsinze ES Saint Esprit ibitego 2 kuri 1. Witabiriwe n’abanyeshuri baturutse mu bigo bitandukanye byo mu Karere ka Nyanza ndetse n’abayobozi b’akarere, harimo abafite mu nshingano ubuzima n’uburezi.
Mbere no mu gihe cy’umukino, urubyiruko rwagejejweho ubutumwa burushishikariza gufata ibyemezo biboneye, kwirinda SIDA no kwitandukanya n’imyitwarire ishobora kurukururira inda zitateganyijwe.
Nyuma y’intsinzi y’iki gikorwa muri Nyanza, Caritas Rwanda izakomeza ubu bukangurambaga mu cyumweru gitangira ku wa 22 Kamena 2026 mu Turere twa Huye na Gisagara, aho uyu mushinga na wo ushyirwa mu bikorwa. Binyuze muri ibi bikorwa, Caritas Rwanda ikomeje gushyigikira gahunda z’Igihugu zigamije kubaka urubyiruko rufite ubuzima bwiza, rufite amakuru ahagije kandi rushoboye kugira uruhare mu iterambere ry’imiryango n’Igihugu muri rusange.
Iki gikorwa kizakomeza mu cyumweru cyo kuva kuri 22 kugeza kuri 28/06/2026, gikorerwe mu tundi turere tubiri uyu mushinga ukoreramo ari two Huye na Gisagara.


