Ku itariki ya 4 n’iya 5 Kamena 2026, abakozi ba Caritas Rwanda hamwe n’abafatanyabikorwa 9 batanga serivisi bahuriye muri Hoteli Savana mu Karere ka Bugesera basuzumira hamwe ibikorwa byagezweho mu mezi atanu ya mbere by’umushinga PATHs.
Isuzuma ryagaragaje ko ibikorwa byose byari biteganyijwe byashyizwe mu bikorwa neza. Abaryitabiriye banateguye gahunda y’ibikorwa by’amezi atatu ari imbere, hashingiwe ku bikenewe byagaragajwe n’abimukira ndetse n’abaturiye inkambi ya ETM Gashora.
Guhera muri uku kwezi kwa Kamena, Caritas Rwanda izakomeza gahunda zisanzwe zo guhugura abantu mu myuga itandukanye, ndetse inatangize andi mahugurwa y’ubumenyingiro muri ETM Gashora mu bijyanye no gusudira (Welding), ibijyanye no gukora amazi (Plumbing), gutegura amafunguro (Culinary Arts) ndetse no kuboha imyenda hifashishijwe imashini (Machine Knitting).

Mu rwego rwo guteza imbere udushya no gushyigikira abasoje amahugurwa y’ubumenyingiro, abantu 12 bitwaye neza bo mu cyiciro cyahuguwe mbere (Cohort I), barimo abimukira n’abaturiye inkambi barangije amasomo yo kogosha no gutunganya imisatsi ndetse no kudoda, batoranyijwe kugira ngo bahabwe inkunga ibafasha gutangiza imishinga ibyara inyungu (Income-Generating Activities- IGAs).
Iyi nkunga izabafasha gushyira mu bikorwa ubumenyingiro bahawe, kwigira no kwiteza imbere, ndetse no kuzamura imibereho yabo mu gihe bagitegereje kwimurirwa ahandi.
Uretse gufasha aba batoranyijwe, ibi bikorwa bizababera n’urugero rwiza kandi bishishikarize abandi gukoresha ubumenyi bafite mu kwihangira imirimo, bityo babashe kwigira no bagire n’ubushobozi bwo guhangana n’ibibazo by’ubuzima.


