{"id":15470,"date":"2025-06-27T11:27:24","date_gmt":"2025-06-27T11:27:24","guid":{"rendered":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/?p=15470"},"modified":"2025-06-27T11:27:24","modified_gmt":"2025-06-27T11:27:24","slug":"caritas-rwanda-yakanguriye-abiga-mu-ishuri-rikuru-ryubuzima-rya-ruli-gukomeza-mu-nzira-nziza-yo-kwitangira-abatishoboye","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/caritas-rwanda-yakanguriye-abiga-mu-ishuri-rikuru-ryubuzima-rya-ruli-gukomeza-mu-nzira-nziza-yo-kwitangira-abatishoboye\/","title":{"rendered":"Caritas Rwanda yakanguriye abiga mu Ishuri Rikuru ry&#8217;Ubuzima rya Ruli gukomeza mu nzira nziza yo kwitangira abatishoboye"},"content":{"rendered":"<p>Muri gahunda yayo yo gukangurira abantu bose kugira umutima witangira abakene n&#8217;abandi bababaye, kuri uyu wa 26\/06\/2025, bamwe mu bakozi ba Caritas Rwanda bagiranye ikiganiro n&#8217;abanyeshuri n\u2019abayobozi b&#8217;Ishuri Rikuru ry&#8217;Ubuzima rya Ruli.<\/p>\n<p>Mu ijambo rifungura ku mugaragaro ibi biganiro, Eric Karera, Umuyobozi w\u2019iri shuri wungirije yahaye ikaze itsinda ryaturutse muri Caritas Rwanda, ashishikariza abanyeshuri gukurikira ikiganiro cyane ko icyivugo cyabo \u201cByose mu Rukundo rwa Kristu\u201d (In caritate Christi) kijyanye n\u2019ikiganiro kiri butangwe.<\/p>\n<p>Mu kiganiro yatanze, Soeur Gaudiose Nyiraneza wari uyoboye itsinda riturutse muri Caritas Rwanda, yagaragaje intego 3 ziri muri Gahunda ya Caritas Rwanda y\u2019imyaka 6 (2025-2030), zirebana no kwita ku batishoboye n\u2019ubutabazi ari zo zikurikira:<\/p>\n<ul>\n<li>Kumenyekanisha Caritas\u00a0n\u2019ubutumwa bwayo;<\/li>\n<li>Kuzamura imibereho y\u2019abatishoboye\u00a0;<\/li>\n<li>Gutabara abahuye n\u2019ibiza.<\/li>\n<\/ul>\n<p>Soeur Gaudiose kandi yasobanuriye abitabiriye ibi biganiro ibijyanye n\u2019Ukwezi k\u2019Urukundo n\u2019Impuhwe, aho abakiristu n\u2019abandi bantu b\u2019umutima mwiza batanga inkunga yo gufasha abatishoboye. Abanyeshuri bagaragaje ko batari bazi iyi gahunda maze bahabwa ibisobanuro birambuye, banerekwa uko Diyosezi zakusanyije umusaruro w\u2019Ukwezi k\u2019Urukundo n\u2019Impuhwe mu mwaka ushize wa 2024. Abayobozi n\u2019abanyeshuri bagaragaje ibyishimo by\u2019iki gikorwa cyashyizweho n\u2019Abepiskopi ba Kiriziya Gatorika.<\/p>\n<figure id=\"attachment_15472\" aria-describedby=\"caption-attachment-15472\" style=\"width: 2560px\" class=\"wp-caption alignnone\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-full wp-image-15472\" src=\"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-content\/uploads\/2025\/06\/162A3662-scaled.jpg\" alt=\"\" width=\"2560\" height=\"1707\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-15472\" class=\"wp-caption-text\">Soeur Gaudiose ubwo yageza ikiganiro ku banyeshuri n&#8217;abayobozi b&#8217;Ishuri Rikuru ry&#8217;Ubuzima rya Ruli.<\/figcaption><\/figure>\n<p>Uretse ibivuzwe aha haruguru, Soeur Gaudiose yagaragaje ibyo Caritas Rwanda yagezeho mu ishami ryo kwita ku batishoboye mu gihe cy\u2019imyaka itanu ishize (2020-2024), akangurira abanyeshuri kujya bagira iteganyabikorwa ry\u2019ibyo bashaka gukora mu kwita ku bakene n\u2019ababaye, nyuma bakareba ko babigezeho cyangwa ko batasubiye inyuma.<\/p>\n<p>Eric Karera, umuyobozi wungirije w\u2019Ishuri Rikuru ry&#8217;Ubuzima rya Ruli yavuze ko ibi ari urugero rwiza bagiye kujya bakurikiza.<\/p>\n<p><strong>Ibikorwa by\u2019urukundo bikorwa mu Ishuri Rikuru ry&#8217;Ubuzima rya Ruli<\/strong><\/p>\n<p>Nk\u2019uko aba banyeshuri babisobanuye, bashyigikiwe n&#8217;ubuyobozi bw&#8217;ishuri basanzwe bakora ibikorwa by&#8217;urukundo birimo gusura abarwayi, kubagurira ibikoresho bikenewe, gufasha bagenzi babo n&#8217;abatuye hafi y&#8217;ishuri, binyuze mu muryago bashinze witwa <em>\u201cHumura Turi Kumwe\u201d<\/em>.<\/p>\n<p>Anitha Niyogisubizo uhagarariye abanyeshuri bo mu mwaka wa mbere icyiciro cyatangiye muri Nzeli 2024, avuga ko buri wa gatanu ku mugoroba bigomwa ifunguro, bakajya gusura abarwayi bari mu bitaro bya Ruli, abo basanze bakeneye ibikoresho cyangwa amafaranga yo kwivuza bakabakusanyiriza inkunga. N\u2019ubwo abanyeshuri bose batari muri uyu muryango Humura Turi Kumwe, Anitha avuga ko iyo babakanguriye gutanga inkunga babyitabira: <em>\u201cTugira group (soma gurupe) ya Whatsapp (soma Wotsapu), iyo dufite igikorwa turabwirana, abanyamuryango nabo bakamenyesha abandi batayirimo, kandi inkunga barayitanga iyo ikenewe\u201d<\/em>.<\/p>\n<p>Jean Pierre Nkurikiyumugisha umwarimu ukuriye agashami k\u2019Ubuvuzi Rusange (General Nursing) muri iri shuri, we avuga ko gufasha bitagarukira ku bantu bari hanze gusa, ahubwo ko binyuze muri Humura Turi Kumwe abanyeshuri, abarimu n\u2019ubuyobozi bw\u2019ishuri bafasha abanyeshuri bafite ibibazo. Yatanze urugero agira ati: <em>\u201cNk\u2019ubu hari umunyeshuri wigeze kurwara kandi kumubaga bisaba amafaranga ari hejuru ya Frw 1.000.000. Twarayakusanyije aravuzwa akomeza kwiga kandi ubu ameze neza\u201d<\/em>.<\/p>\n<figure id=\"attachment_15473\" aria-describedby=\"caption-attachment-15473\" style=\"width: 2560px\" class=\"wp-caption alignnone\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-full wp-image-15473\" src=\"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-content\/uploads\/2025\/06\/162A3645-scaled.jpg\" alt=\"\" width=\"2560\" height=\"1707\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-15473\" class=\"wp-caption-text\">Bamwe mu banyeshuri bo mu Ishuri Rikuru ry&#8217;Ubuzima rya Ruli, bari bitabiriye iki kiganiro.<\/figcaption><\/figure>\n<p>Umuyobozi wungirije w\u2019iri shuri, Eric Karera, we avuga ko ibikorwa by\u2019urukundo bitagarukira ku barwayi n\u2019abanyeshuri gusa, ahubwo ko ubuyobozi bw\u2019ishuri bugendeye ku kivugo <em>Byose mu Rukundo rwa Kristu<\/em>, bushishikariza abanyeshuri kujya kwigisha abaturage ibijyanye no kwita ku isuku ndetse no gutegura indyo yuzuye, kuko nabyo ari ibikorwa by\u2019urukundo. Bwana Eric yagize ati: <em>\u201cKandi iyo basanze harimo utishoboye, bamutegurira akarima k\u2019igikoni bakanamwubakira agatanda k\u2019amasahani iyo atabifite\u201d<\/em>. Ibi bikorwa babikora ku bufatanye n\u2019inzego z\u2019ibanze.<\/p>\n<p>Eric Karera yongeraho ko gufasha bidasaba kuba umuntu atunze byinshi, ahubwo ko bisaba kuba yarabyigishijwe akanamenyeshwa inzira yabinyuzamo.<\/p>\n<p>Caritas Rwanda yaherukaga gukora ubukangurambaga nk\u2019ubu muri iri shuri mu Ukwakira 2023, ubuyobozi bwaryo bukaba bwasabye ko bwajya bukorwa buri mwaka kuko abanyeshuri bahindura kenshi bakajya kwimenyereza umwuga hanze. Bikozwe buri mwaka, abataragize amahirwe yo gukurikira ikiganiro muri uyu mwaka bazagikurikira umwaka utaha.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Muri gahunda yayo yo gukangurira abantu bose kugira umutima witangira abakene n&#8217;abandi bababaye, kuri uyu wa 26\/06\/2025, bamwe mu bakozi ba Caritas Rwanda bagiranye ikiganiro n&#8217;abanyeshuri n\u2019abayobozi b&#8217;Ishuri Rikuru ry&#8217;Ubuzima rya Ruli. Mu ijambo rifungura ku mugaragaro ibi biganiro, Eric Karera, Umuyobozi w\u2019iri shuri wungirije yahaye ikaze itsinda ryaturutse muri Caritas Rwanda, ashishikariza abanyeshuri gukurikira &hellip; <a href=\"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/caritas-rwanda-yakanguriye-abiga-mu-ishuri-rikuru-ryubuzima-rya-ruli-gukomeza-mu-nzira-nziza-yo-kwitangira-abatishoboye\/\" class=\"more-link\">Continue reading <span class=\"screen-reader-text\">Caritas Rwanda yakanguriye abiga mu Ishuri Rikuru ry&#8217;Ubuzima rya Ruli gukomeza mu nzira nziza yo kwitangira abatishoboye<\/span><\/a><\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":15471,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[30],"tags":[],"class_list":["post-15470","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-news"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/15470","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=15470"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/15470\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":15474,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/15470\/revisions\/15474"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/media\/15471"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=15470"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=15470"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=15470"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}