{"id":15395,"date":"2025-03-28T17:45:04","date_gmt":"2025-03-28T17:45:04","guid":{"rendered":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/?p=15395"},"modified":"2025-04-03T07:34:37","modified_gmt":"2025-04-03T07:34:37","slug":"inteko-rusange-caritas-rwanda-yateranye-ku-nshuro-ya-28","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/inteko-rusange-caritas-rwanda-yateranye-ku-nshuro-ya-28\/","title":{"rendered":"Inteko Rusange Caritas Rwanda yateranye ku nshuro ya 28"},"content":{"rendered":"<p>Kuva tariki 24 kugeza kuri 25 Werurwe 2025, muri Centre Saint Vincent Pallotti i Gikondo, hateraniye Inteko Rusange ya Caritas Rwanda ku nshuro ya 28. Iyi nama yari igamije gusuzuma ishyirwa mu bikorwa ry\u2019imyanzuro \u00a0y\u2019Inteko Rusange ya 27, kugaragaza raporo y&#8217;ibikorwa byakozwe mu 2024, kumurika igenabikorwa ry\u2019umwaka wa 2025, gahunda irambye y\u2019ibikorwa bya Caritas Rwanda 2025-2030, ndetse no gushyiraho imyanzuro y\u2019umwaka wa 2025.<\/p>\n<p>Mu ijambo rifungura iyi nteko ku mugaragaro, Musenyeri Anaclet Mwumvaneza, Umushumba wa Diyosezi ya Nyundo akaba na Perezida wa Caritas Rwanda, yavuze ko ari ngombwa guhuza imbaraga, cyane cyane muri iyi minsi aho inkunga z\u2019amahanga zigenda zigabanuka hakaba n\u2019aho zahagaze. Musenyeri Anaclet yagize ati: <em>\u201cTugomba rero guhuza imbaraga zacu kurusha ikindi gihe cyose kugira ngo twongere ubushobozi bwacu bwo gutunga abakene, tubereke byinshi mu bikorwa byacu by&#8217;urukundo\u201d<\/em>. Musenyeri Anaclet yongeyeho ko gukora ibikorwa by\u2019ubugiraneza bidaherekejwe n\u2019isengesho \u00a0\u00a0bishobora kurangirira mu gutanga gusa ibishira, nk&#8217;uko Papa Fransisiko yabigarutseho mu gihe cyo kwizihiza Umunsi mpuzamahanga w\u2019abakene ku nshuro ya 8 ku ya 17 Ugushyingo 2024.<\/p>\n<figure id=\"attachment_15397\" aria-describedby=\"caption-attachment-15397\" style=\"width: 570px\" class=\"wp-caption aligncenter\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-medium wp-image-15397\" src=\"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-content\/uploads\/2025\/03\/162A2237-570x430.jpg\" alt=\"\" width=\"570\" height=\"430\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-15397\" class=\"wp-caption-text\">Musenyeri Anaclet Mwumvaneza, Perezida wa Caritas Rwanda akaba n&#8217;umushumba mukuru wa Diyosezi ya Nyundo ni we wafunguye iyi nteko ku mugaragaro.<\/figcaption><\/figure>\n<p>Perezida wa Caritas Rwanda kandi yashimiye Caritas mu nzego zayo ko yijihije uyu munsi neza (Umunsi w\u2019umukene) basengana bakanasangira n\u2019abakene mu bitaro n\u2019amavuriro ya Kiliziya Gatolika, mu maparuwasi no mu miryango remezo.<\/p>\n<figure id=\"attachment_15396\" aria-describedby=\"caption-attachment-15396\" style=\"width: 570px\" class=\"wp-caption aligncenter\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-medium wp-image-15396\" src=\"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-content\/uploads\/2025\/03\/162A2211-570x430.jpg\" alt=\"\" width=\"570\" height=\"430\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-15396\" class=\"wp-caption-text\">Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda ubwo yagezaga ku bitabiriye Inteko Rusange ya Caritas Rwanda ya 28 gahunda iteganijwe.<\/figcaption><\/figure>\n<p>Padiri Thomasz Gdula, Umunyamabanga w\u2019ibiro by\u2019Intumwa ya Papa mu Rwanda, yasobanuye ko mu mateka yayo, Caritas yakemuye ibibazo bikomeye ku isi inashyigikira impinduka \u00a0\u00a0zigamije kurandura ubukene. Padiri Thomasz yashimiye imiryango nyarwanda n\u2019imiryango mpuzamahanga, ndetse n\u2019abandi bantu b\u2019umutima mwiza bifatanya na Caritas mu gufasha abatagira kivurira.<\/p>\n<figure id=\"attachment_15398\" aria-describedby=\"caption-attachment-15398\" style=\"width: 570px\" class=\"wp-caption aligncenter\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-medium wp-image-15398\" src=\"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-content\/uploads\/2025\/03\/162A2241-570x430.jpg\" alt=\"\" width=\"570\" height=\"430\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-15398\" class=\"wp-caption-text\">Padiri Thomasz Gdula, umunyamabanga w\u2019ibiro by\u2019Intumwa ya Papa mu Rwanda ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye Inteko Rusange ya Caritas Rwanda yateranye ku nshuro ya 28.<\/figcaption><\/figure>\n<p>Mu Nteko Rusange ya Caritas Rwanda ya 28, raporo y&#8217;ibikorwa ya 2024 yatanzwe binyuze mu mashami 4 ya Caritas Rwanda (Ishami ry\u2019Ubuyobozi n\u2019Imari, Ishami ry\u2019Imibereho Myiza \u00a0n\u2019Ubutabazi, Ishami ry\u2019Ubuzima n\u2019Ishami ry\u2019Amajyambere).<\/p>\n<p>Ikindi, muri iyi Nteko, hagaragajwe ko umusaruro w\u2019ukwezi k\u2019Urukundo n\u2019Impuhwe wa 2024 ari Frw 165.534.676, Caritas ya Diyosezi ya Ruhengeri ikaba ari yo yaje ku mwanya wa mbere na Frw 35.197.623, ikurikirwa na Caritas ya Diyosezi ya Cyangugu yakusanyije Frw 21.313.555.<\/p>\n<p><strong>Imyanzuro y\u2019umwaka wa 2025 <\/strong><\/p>\n<p>Mu myanzuro y\u2019Inteko Rusange ya Caritas Rwanda yateranye ku nshuro ya 28, harimo gushimangira ubufatanye hagati ya k Komisiyo zitandukanye za C.EP.R., ubufatanye no gushyira hamwe hagati ya Caritas Rwanda na Komisiyo na Serivisi zose z\u2019Abepiskopi na serivisi z\u2019Abepisikopi zikora ibikorwa bijyanye n\u2019iterambere risesuye rya muntu, ndetse no gushimangira ingamba z\u2019ubukangurambaga bugamije kongera umutungo wa Caritas kugira ngo yigire.<\/p>\n<figure id=\"attachment_15401\" aria-describedby=\"caption-attachment-15401\" style=\"width: 570px\" class=\"wp-caption aligncenter\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-medium wp-image-15401\" src=\"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-content\/uploads\/2025\/03\/162A2438-570x430.jpg\" alt=\"\" width=\"570\" height=\"430\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-15401\" class=\"wp-caption-text\">Habayeho n&#8217;inama zinyuranye mu matsinda. Aha abayobozi ba Caritas za diyosezi bari mu nama n&#8217;Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda.<\/figcaption><\/figure>\n<p>Mu myanzuro kandi harimo gukora ikenurabushyo ryo mu magororero mu nzego zose; gushyiraho umuco wo kwigenzura muri za Caritas n\u2019amavuriro yazo (FOSA); gushyiraho uburyo bunyuranye bwo kongera umusaruro w\u2019ukwezi k\u2019Urukundo n\u2019Impuhwe, gushyiraho shapeli muri buri vuriro kugira ngo abarwayi n\u2019imiryango yabo babone aho basengera, ndetse no gushyira imbaraga mu bukangurambaga ku kugira umutima wuje urukundo n&#8217;impuhwe \u00a0mu bikorwa byayo byose o (ibijyanye no kwita ku batishoboye n\u2019ubutabazi, ibijyanye n\u2019ubuzima n\u2019ibijyanye n\u2019amajyambere).<\/p>\n<figure id=\"attachment_15400\" aria-describedby=\"caption-attachment-15400\" style=\"width: 570px\" class=\"wp-caption aligncenter\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-medium wp-image-15400\" src=\"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-content\/uploads\/2025\/03\/162A2330-570x430.jpg\" alt=\"\" width=\"570\" height=\"430\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-15400\" class=\"wp-caption-text\">Father Andrew Small, umuyobozi wa Missio Invest.<\/figcaption><\/figure>\n<p>Inteko Rusange ya Caritas Rwanda ya 28 kandi yabaye umwanya wo guha ikaze Perezida w\u2019ikigo Missio Invest, Padiri Andrew Small, watanze ikiganiro kigufi ku mahirwe atandukanye atangwa n\u2019iki kigo mu gutanga inguzanyo ku bikorwa byo kwiteza imbere mu nzego za Kiliziya Gatolika hagamijwe kwigira.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Kuva tariki 24 kugeza kuri 25 Werurwe 2025, muri Centre Saint Vincent Pallotti i Gikondo, hateraniye Inteko Rusange ya Caritas Rwanda ku nshuro ya 28. Iyi nama yari igamije gusuzuma ishyirwa mu bikorwa ry\u2019imyanzuro \u00a0y\u2019Inteko Rusange ya 27, kugaragaza raporo y&#8217;ibikorwa byakozwe mu 2024, kumurika igenabikorwa ry\u2019umwaka wa 2025, gahunda irambye y\u2019ibikorwa bya Caritas Rwanda &hellip; <a href=\"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/inteko-rusange-caritas-rwanda-yateranye-ku-nshuro-ya-28\/\" class=\"more-link\">Continue reading <span class=\"screen-reader-text\">Inteko Rusange Caritas Rwanda yateranye ku nshuro ya 28<\/span><\/a><\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":15393,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[30],"tags":[],"class_list":["post-15395","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-news"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/15395","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=15395"}],"version-history":[{"count":4,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/15395\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":15410,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/15395\/revisions\/15410"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/media\/15393"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=15395"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=15395"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=15395"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}