{"id":15266,"date":"2024-11-14T19:12:25","date_gmt":"2024-11-14T19:12:25","guid":{"rendered":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/?p=15266"},"modified":"2024-11-14T19:13:20","modified_gmt":"2024-11-14T19:13:20","slug":"uruhare-rwiterambere-mu-mirire-myiza-amatsinda-yo-kwizigama-no-kugurizanya-aterwa-inkunga-na-usaid-gkb-yigaragaje-ku-munsi-mpuzamahanga-wo-kwizigama","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/uruhare-rwiterambere-mu-mirire-myiza-amatsinda-yo-kwizigama-no-kugurizanya-aterwa-inkunga-na-usaid-gkb-yigaragaje-ku-munsi-mpuzamahanga-wo-kwizigama\/","title":{"rendered":"Uruhare rw\u2019iterambere mu mirire myiza: Amatsinda yo Kwizigama no kugurizanya aterwa inkunga na USAID GKB yigaragaje ku munsi mpuzamahanga wo kwizigama"},"content":{"rendered":"<p>Umunsi mpuzamahanga wo kwizigama, usanzwe wizihizwa ku rwego mpuzamahanga ku wa 31 Ukwakira, ushimangira akamaro ko kwizigama mu baturage na sosiyete muri rusange. Mu bice by\u2019icyaro by\u2019u Rwanda nka Nyabihu, Burera na Rulindo, aho serivisi z\u2019imari zikiri nke, amatsinda yo kwizigama (Saving and Internal Lending Communities = SILC groups) ni ingenzi cyane mu guteza imbere imirire myiza no kuzamura ubushobozi bw\u2019abaturage. Mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo kwizigama, Umushinga USAID Gikuriro Kuri Bose watanze inkunga y\u2019amafaranga n\u2019ibitekerezo mu kugaragaza uruhare rukomeye SILC zigira mu guteza imbere imirire myiza n\u2019imibereho myiza muri rusange.<\/p>\n<p><strong>SILC zabaye umusemburo w\u2019imirire myiza n\u2019iterambere, bizigama make make, ariko umusaruro uratangaje <\/strong><\/p>\n<p>Mu bice by\u2019icyaro, SILC zashinzwe ku nkunga ya USAID GKB ni ingenzi mu kwegereza imari abaturage bituma bashora guhanga imishinga mito ibyara inyungu \u201cNshore nunguke\u201d ariko izana impinduka ku mirire n\u2019ubuzima byabo. Kwizigama bifasha abanyamuryango b\u2019amatsinda kubona inguzanyo, bagashora mu bikorwa bizamura ubushobozi bwo kubona indyo yuzuye na serivisi z\u2019ubuzima no kwita ku bana. SILC zabaye umusemburo wo kwigira, bituma abanyamuryango bashobora kubona ibiribwa igihe cyose cyane cyane igihe habaye ibibazo by\u2019ubukungu.<\/p>\n<p><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\" wp-image-15269 aligncenter\" src=\"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-content\/uploads\/2024\/11\/3.png\" alt=\"\" width=\"574\" height=\"338\" \/><\/p>\n<p><strong>Ibikorwa byagezweho ku nkunga ya USAID Gikuriro Kuri Bose birivugira<\/strong><\/p>\n<p>Ku bufatanye n\u2019inzego z\u2019ibanze n\u2019abandi bafatanyabikorwa, USAID Gikuriro Kuri Bose itanga inkunga mu kubaka ubushobozi bw\u2019abayobozi b\u2019amatsinda n\u2019abanyamuryango bayo mu bijyanye no kuzigama, igenamigambi n\u2019ishoramari ndetse ikanagira uruhare mu kubahuza n\u2019ibigo by\u2019imari ndetse n\u2019amasoko. Guhuriza hamwe inkunga y\u2019amafaranga no kongera ubumenyi bizamura ku buryo bufatika uruhare rw\u2019amatsinda mu guteza imbere ubuhinzi n\u2019ubworozi, kongera umusaruro no kuzamura imibereho myiza y\u2019abaturage.<\/p>\n<p><strong>Turizihiza tunashimangira ejo heza: \u201cZigama, Shora Imari Witeze imbere\u201d<\/strong><\/p>\n<p>Uyu mwaka, uruhare rwa USAID Gikuriro Kuri Bose mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo kwizigama rushimangira ibyagezweho n\u2019amatsinda ya SILC mu guhindura ubuzima bw\u2019abanyamuryango bayo na sosiyete binyuze mu kuzamura iterambere n\u2019imirire myiza. Mu gihe twizihiza ibyagezweho, turaharanira kuba umusemburo w\u2019iterambere rirambye mu kubona ibiribwa, kwigira, ubuzima bwiza bw\u2019abana n\u2019udushya mu iterambere. USAID Gikuriro Kuri Bose izakomeza gushyigikira aya matsinda binyuze mu bikorwa bitandukanye harimo amahugurwa, kuyakurikirana, kuyafasha guhanga no gushyira mu bikorwa imishinga mito ibyara inyungu, kuyafasha kuzamura urwego rw\u2019imikoranire n\u2019ibigo by\u2019imari ndetse no kuyagezaho inkunga y\u2019amafanga mu gihe bizaba bishoboka mu rwego rwo gukomeza gusigasira uruhare rwayo ku mirere myiza n\u2019ubuzima. Uyu mwaka, turizihiza impinduka zihambaye zazanywe n\u2019amatsinda ya SILC kandi USAID GKB izakomeza ubufatanye bwiza mu gushimangira ejo heza tumurikiwe n\u2019insanganyamatsiko yashyizweho ariyo: \u201cZigama, Shora Imari witeze imbere\u201d.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umunsi mpuzamahanga wo kwizigama, usanzwe wizihizwa ku rwego mpuzamahanga ku wa 31 Ukwakira, ushimangira akamaro ko kwizigama mu baturage na sosiyete muri rusange. Mu bice by\u2019icyaro by\u2019u Rwanda nka Nyabihu, Burera na Rulindo, aho serivisi z\u2019imari zikiri nke, amatsinda yo kwizigama (Saving and Internal Lending Communities = SILC groups) ni ingenzi cyane mu guteza imbere &hellip; <a href=\"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/uruhare-rwiterambere-mu-mirire-myiza-amatsinda-yo-kwizigama-no-kugurizanya-aterwa-inkunga-na-usaid-gkb-yigaragaje-ku-munsi-mpuzamahanga-wo-kwizigama\/\" class=\"more-link\">Continue reading <span class=\"screen-reader-text\">Uruhare rw\u2019iterambere mu mirire myiza: Amatsinda yo Kwizigama no kugurizanya aterwa inkunga na USAID GKB yigaragaje ku munsi mpuzamahanga wo kwizigama<\/span><\/a><\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":15267,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[30],"tags":[],"class_list":["post-15266","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-news"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/15266","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=15266"}],"version-history":[{"count":3,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/15266\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":15271,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/15266\/revisions\/15271"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/media\/15267"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=15266"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=15266"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=15266"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}