{"id":14993,"date":"2023-11-03T10:56:07","date_gmt":"2023-11-03T10:56:07","guid":{"rendered":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/?p=14993"},"modified":"2023-11-08T06:51:04","modified_gmt":"2023-11-08T06:51:04","slug":"umurimo-wabakozi-ba-caritas-ni-umurimo-wifatanyabutumwa-musenyeri-visenti-harorimana","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/umurimo-wabakozi-ba-caritas-ni-umurimo-wifatanyabutumwa-musenyeri-visenti-harorimana\/","title":{"rendered":"\u201cUmurimo w\u2019abakozi ba Caritas, ni umurimo w\u2019ifatanyabutumwa\u201d \u2013 Musenyeri Visenti Harolimana"},"content":{"rendered":"<p>Kuva tariki 29 Ukwakira kugeza tariki 3 Ugushyingo 2023, abakozi 19 ba Caritas Rwanda bafite inshingano zinyuranye bahuriye hamwe mu Karere ka Musanze, basuzumira hamwe uko hanozwa kurushaho imirongo migari isanzwe igenderwaho ya Caritas Rwanda ndetse n\u2019indi mishya yakongerwaho kugira ngo irusheho kugendana n\u2019ibikorwa bitandukanye Caritas Rwanda, ifasha gushyira mu bikorwa ku bufatanye n\u2019inzego zitandukanye zaba iza Kiliziya Gatolika, iza Leta ndetse n\u2019iz\u2019abandi bafatanyabikorwa bayo. Aba bakozi kandi banasuwe na Perezida wa Caritas Rwanda wungirije, Musenyeri Visenti Harolimana, wabasabye kurushaho kwita ku mukene.<\/p>\n<p>Imirongo irenga makumyabiri irimo irebana n\u2019imyitwarire y\u2019abakozi, kubaka ubushobozi bw\u2019abakozi, itangwa ry\u2019amasoko, kurwanya ruswa, gukemura amakimbirane, ikoranabuhanga, gukusanya no gutangaza amakuru ya Caritas Rwanda ndetse n\u2019indi yagiye yigwaho mu matsinda n\u2019abakozi bitabiriye iki gikorwa.<\/p>\n<figure id=\"attachment_14995\" aria-describedby=\"caption-attachment-14995\" style=\"width: 570px\" class=\"wp-caption aligncenter\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-medium wp-image-14995\" src=\"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-content\/uploads\/2023\/11\/162A7518-570x430.jpg\" alt=\"\" width=\"570\" height=\"430\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-14995\" class=\"wp-caption-text\">Buri gitondo, aba bakozi bahuriraga hamwe bagasangizanya ibyo baganiriyeho mu matsinda.<\/figcaption><\/figure>\n<p>Ku wa kuwa kane tariki 2 Ugushyingo, aba bakozi basuwe na Perezida wa Caritas Rwanda wungirije, Musenyeri wa Diyosezi Gatorika ya Ruhengeri Visenti Harolimana wabashimiye umurimo unoze bakora, ariko abibutsa ko ibyo bakora atari akazi gasanzwe ahubwo ari umurimo w\u2019ifatanyabutumwa na Kiliziya Gatolika; bakaba bakwiye kuwukora neza kugira ngo abantu bakeneye urukundo bagerweho ari benshi kandi barusheho kubona isura y\u2019urukundo rw\u2019Imana biciye muri ibyo bikorwa bitandukanye bakora umunsi ku munsi.<\/p>\n<p>Musenyeri Visenti Harolimana yagarutse ku myanzuro y\u2019inama ya Sinodi y\u2019uyu mwaka yabaye kuva tariki 4 kugeza kuri 29 Ukwakira 2023, aho yavuze ko \u201c<strong>Umukene\u201d<\/strong> akwiriye kuba ku isonga y\u2019ubutumwa bwa Caritas. Yavuze ko ibikorwa bifasha kwita ku mukene bikeneye kwaguka kurushaho bikagera no ku bindi byiciro by\u2019abantu nabo bakeneye kugaragarizwa urukundo kurushaho. Muri bo harimo: abahohotewe cyane cyane biganjemo abagore n\u2019abakobwa, abakuze, abakorewe icuruzwa ry\u2019abantu, abana bari mu nda n\u2019abandi.<\/p>\n<figure id=\"attachment_14996\" aria-describedby=\"caption-attachment-14996\" style=\"width: 570px\" class=\"wp-caption aligncenter\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-medium wp-image-14996\" src=\"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-content\/uploads\/2023\/11\/162A7541-570x430.jpg\" alt=\"\" width=\"570\" height=\"430\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-14996\" class=\"wp-caption-text\">Musenyeri Visenti Harorimana yibukije abakozi ba Caritas Rwanda ko ubutumwa bahawe budasanzwe, ari ifatanyabutumwa.<\/figcaption><\/figure>\n<p>Mu rwego rwo kuvugurura ku buryo bujyanye n\u2019igihe, buri myaka itanu habaho igikorwa cyo kuvugurura imirongo migari ya politiki ya Caritas Rwanda iyari isanzwe iriho hakongeramo ingingo nshya iyo bibaye ngombwa. Muri aya matsinda, hasuzumwe imiyoboro 15 yari isanzweho, biga 2 mishya ndetse n\u2019andi mabwiriza n\u2019inyandiko bikoreshwa muri Caritas Rwanda.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>On the 3rd of June, the steering committee meeting of the Slovenia Government and Karitas Slovenija-funded Tube Aheza, Amazi Hafi Project was held at Home Saint-Jean. The meeting was graced by the Karongi district Vice Mayor in charge of Finance and Economic Development Mr NIRAGIRE Th\u00e9ophile, Mr NIYONSABA Cyriack, the Executive Secretary of the Rugabano sector and priests from the Gisovu, Nyange and Mukungu parishes located in the sectors<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":14994,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[30],"tags":[7,10],"class_list":["post-14993","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-news","tag-business","tag-travel"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/14993","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=14993"}],"version-history":[{"count":2,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/14993\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":14998,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/14993\/revisions\/14998"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/media\/14994"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=14993"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=14993"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=14993"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}