{"id":14944,"date":"2023-08-22T06:32:21","date_gmt":"2023-08-22T06:32:21","guid":{"rendered":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/?p=14944"},"modified":"2023-08-22T06:32:21","modified_gmt":"2023-08-22T06:32:21","slug":"caritas-rwanda-yasuye-ibikorwa-byimishinga-yayo-ikorera-mu-karere-ka-burera","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/caritas-rwanda-yasuye-ibikorwa-byimishinga-yayo-ikorera-mu-karere-ka-burera\/","title":{"rendered":"Caritas Rwanda yasuye ibikorwa by\u2019imishinga yayo ikorera mu Karere ka Burera"},"content":{"rendered":"<p>Ku wa 3 tariki 16 Kanama 2023, Caritas Rwanda yasuye ibikorwa byayo biri mu Karere ka Burera, aho yabonanye n\u2019abayobozi b\u2019Akarere, impande zombi zishimira imikoranire myiza iri hagati y\u2019abakozi b\u2019iyi mishinga n\u2019ubuyobozi bw\u2019Akarere.<\/p>\n<p>Gahunda ya Gikuriro kuri Bose (GKB) ishyirwa mu bikorwa na Caritas Rwanda igaterwa inkunga na USAID mu bikorwa bitandukanye ikora harimo kurwanya imirire mibi. Nk\u2019uko byavuzweho ubwo abayobozi b\u2019Akarere ka Burera bahuraga n\u2019abakozi ba Caritas Rwanda kuri uyu wa 16 Kanama, ikibazo cy\u2019igwingira ku bana bari munsi y\u2019imyaka 5 kirimo kugenda gikemuka. Mu ibarura ry\u2019abaturage ryo mu 2019-2020, abana bagwingiye mu Karere ka Burera babarirwa kuri 41%.<\/p>\n<p>Umuyobozi w\u2019Akarere ka Burera wungirije ushinzwe imibereho myiza y\u2019abaturage Mwanangu Th\u00e9ophile, yavuze ko Caritas Rwanda ari umufatanyabikorwa mwiza, kuko ibikorwa ikora byivugira. Yagize ati: <em>\u201cGKB \u00a0yaje ikenewe cyane ko twari dufite ikibazo cy\u2019igwingira ku bana muri aka Karere. Ibikorwa badufashije ni byinshi ariko bazanye agashya katamenyerewe ko kubaka ingo mbonezamikurire y\u2019abana bato zifite ibiro by\u2019Umuyobozi w\u2019Umudugudu, kugira ngo afashe mu gucunga uru rugo\u201d<\/em>. Yongeyeho ko GKB yafashije mu kwita ku bikoni by\u2019imidugudu no gushyiraho komite zishinzwe kurwanya igwingira ry\u2019abana. Uyu muyobozi yongeyeho ko izi ngo mbonezamikurire zigeze kuri buri mudugudu byarushaho gufasha mu kurandura burundu igwingira ry\u2019abana.<\/p>\n<figure id=\"attachment_14946\" aria-describedby=\"caption-attachment-14946\" style=\"width: 570px\" class=\"wp-caption aligncenter\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-medium wp-image-14946\" src=\"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-content\/uploads\/2023\/08\/162A5421-570x430.jpg\" alt=\"\" width=\"570\" height=\"430\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-14946\" class=\"wp-caption-text\">Itsinda ryaturutse muri Caritas Rwanda riyobowe na Padiri Oscar Kagimbura, ubwo ryahuraga n&#8217;Ubuyobozi bw&#8217;Akarere ka Burera.<\/figcaption><\/figure>\n<p>Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda yashimiye cyane ubufatanye Akarere ka Burera gakomeje kugaragaza mu ishyirwa mu bikorwa ry\u2019imishinga ya Caritas Rwanda. Ati: <em>\u201cIyo habayeho ubufatanye bituma abantu bagera kuri byinshi. Gushyira hamwe imbaraga bitanga umusaruro ugaragara\u201d<\/em>.<\/p>\n<p>Nyuma yo kuganira n\u2019Ubuyobozi bw\u2019Akarere ka Burera, itsinda ryari riturutse kuri Caritas Rwanda riyobowe n\u2019Umunyamabanga Mukuru wayo Padiri Oscar Kagimbura ryasuye urugo mbonezamikurire y\u2019abana ruri mu mudugudu wa Gatovu, Akagali ka Rugari, Umurenge wa Rwerere. Padiri Oscar yasabye ababyeyi bari bateraniye kuri uru rugo gukomeza kwita kuri iki gikorwa cy\u2019indashyikirwa batangiye, bagashyigikira abarezi kugira ngo batazacika intege. Ati: <em>\u201cNimukomeza mutya, uru rugo ruzatera imbere cyane ndetse haze n\u2019ibindi bikorwa by\u2019iterambere\u201d<\/em>.<\/p>\n<figure id=\"attachment_14947\" aria-describedby=\"caption-attachment-14947\" style=\"width: 570px\" class=\"wp-caption aligncenter\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-medium wp-image-14947\" src=\"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-content\/uploads\/2023\/08\/162A5549-570x430.jpg\" alt=\"\" width=\"570\" height=\"430\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-14947\" class=\"wp-caption-text\">Itsinda rya Caritas Rwanda ryasuye urugo mbonezamikurire y\u2019abana ruri mu mudugudu wa Gatovu, Akagali ka Rugari, Umurenge wa Rwerere.<\/figcaption><\/figure>\n<p>Iri tsinda rya Caritas Rwanda kandi ryasuye abaturage basenyewe n\u2019ibiza byo ku itariki 2 na 3 Gicurasi 2023, bahawe ubufasha n\u2019umushinga wa Caritas Rwanda wa RRF. Aba baturage batanze ubuhamya bw\u2019ukuntu inkunga bahawe yabafashije kongera kwisuganya, bakabona ibyo kurya, imyambaro, udukoresho tw\u2019ingenzi two mu rugo ndetse bamwe muri bo bakongera kugura amatungo azabafasha kwikenura no kubona ifumbire. Umwe muri bo witwa Twizerimana Marcelline watanze ubuhamya, yagize ati: <em>\u201cTurashimira Caritas Rwanda n\u2019abandi batanze iyi nkunga. Rwose turanezerewe, ubu turarya, turambaye, twaguze udukoresho dutangira ubuzima. Imana izabahe umugisha\u201d<\/em>. Umukozi w\u2019Akarere ushinzwe Ibiza mu Karere ka Burera Bwana Blaise Turahirwa yibukije abatewe inkunga ko iyi nkunga yari iyo kubafasha kongera kwiyubaka, ko badakwiye guheranwa n\u2019ibibazo batewe n\u2019ibiza, ahubwo bagashakisha icyabafasha gutera imbere.<\/p>\n<figure id=\"attachment_14948\" aria-describedby=\"caption-attachment-14948\" style=\"width: 570px\" class=\"wp-caption aligncenter\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-medium wp-image-14948\" src=\"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-content\/uploads\/2023\/08\/162A5683-570x430.jpg\" alt=\"\" width=\"570\" height=\"430\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-14948\" class=\"wp-caption-text\">Itsinda rya Caritas Rwanda ryasuye abaturage bahuye n&#8217;ibiza bagahabwa ubufasha binyuze mu mushinga wa EA17-2023\/RRF.<\/figcaption><\/figure>\n<p>Twibutse ko imiryango igera ku 2000 yo mu turere twa Rubavu, Rutsiro, Nyabihu, Ngororero na Karongi, ni yo yafashijwe na Caritas Rwanda binyuze mu mushinga wa RRF; byumwihariko, muri aka Karere ka Burera, imiryango igera kuri 562 yahuye n\u2019ibiza niyo yabonye ubu bufasha. Muri buri Karere, buri muryango ukaba warahawe inkunga ya Frw 92.000.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>On the 3rd of June, the steering committee meeting of the Slovenia Government and Karitas Slovenija-funded Tube Aheza, Amazi Hafi Project was held at Home Saint-Jean. The meeting was graced by the Karongi district Vice Mayor in charge of Finance and Economic Development Mr NIRAGIRE Th\u00e9ophile, Mr NIYONSABA Cyriack, the Executive Secretary of the Rugabano sector and priests from the Gisovu, Nyange and Mukungu parishes located in the sectors<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":14945,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[30],"tags":[7,10],"class_list":["post-14944","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-news","tag-business","tag-travel"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/14944","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=14944"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/14944\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":14949,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/14944\/revisions\/14949"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/media\/14945"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=14944"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=14944"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=14944"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}