{"id":14934,"date":"2023-08-11T08:15:46","date_gmt":"2023-08-11T08:15:46","guid":{"rendered":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/?p=14934"},"modified":"2023-08-11T08:15:46","modified_gmt":"2023-08-11T08:15:46","slug":"karongi-caritas-rwanda-nabandi-bafatanyabikorwa-bakoze-ubukangurambaga-bwo-kurwanya-inda-ziterwa-abangavu","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/karongi-caritas-rwanda-nabandi-bafatanyabikorwa-bakoze-ubukangurambaga-bwo-kurwanya-inda-ziterwa-abangavu\/","title":{"rendered":"Karongi: Caritas Rwanda n\u2019abandi bafatanyabikorwa bakoze ubukangurambaga bwo kurwanya inda ziterwa abangavu"},"content":{"rendered":"<p>Ku bufatanye n\u2019Akarere ka Karongi n\u2019amatorero n\u2019amadini akorera mu Murenge wa Ruganda, kuri uyu wa kane tariki 10 Kanama 2023, Caritas Rwanda yakoze ubukangurambaga bushishikariza abantu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina ndetse n\u2019inda ziterwa abangavu. Insanganyamatsiko yagiraga iti<em>: \u201cKurwanya ihohoterwa bihera kuri njye\u201d<\/em>.<\/p>\n<p>Ubu bukangurambaga bwari bufite intego zikurikira:<\/p>\n<p>-Gutanga inyigisho ku bwoko butandukanye bw\u2019ihohoterwa, ingaruka rigira ku barikorewe n\u2019akamaro ko kurirwanya;<\/p>\n<p>-Guhuza imbaraga n\u2019amadini n\u2019amatorero hagamijwe kuyakangurira guhamagarira abantu kurwanya ubusambanyi n\u2019ihohoterwa rikorerwa abana kuko ari wo muzi w\u2019inda ziterwa abangavu;<\/p>\n<p>-Kurwanya umuco utari mwiza n\u2019imyitwarire bishishikariza ihohoterwa rishingiye ku gitsina;<\/p>\n<p>-Kumenyekanisha serivisi zihabwa abakorewe ihohoterwa, zirimo isanamitima, ubufasha mu mategeko, n\u2019ubuvuzi;<\/p>\n<p>-Guhamagarira abagabo n\u2019abahungu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina kuko atari ikibazo ku bagore n\u2019abakobwa gusa. Aha hazamo no kurwanya imirimo ivunanye iharirwa abagore n\u2019abakobwa.<\/p>\n<p>Mukankuranga Jacqueline, umuvugabutumwa wigishije muri iki giterane, yatanze ubuhamya bw\u2019ukuntu yananiranye kandi afite ababyeyi agatangira kunywa ibiyobyabwenge afite imyaka 9 kuko ababyeyi be bari bafitanye amakimbirane, nyuma aza no gukora uburaya. Yaje kumva ijambo ry\u2019Imana, rimuvana mu gukora ibibi. Yahamagariye imiryango kwirinda amakimbirane yo mu ngo kuko ajya aba imbarutso y\u2019uko abana bishora mu bibi, ndetse akangurira abana b\u2019abakobwa kwirinda kwishora mu busambanyi n\u2019ubwo baba barimo guca mu bihe bigoye.<\/p>\n<figure id=\"attachment_14936\" aria-describedby=\"caption-attachment-14936\" style=\"width: 570px\" class=\"wp-caption aligncenter\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-medium wp-image-14936\" src=\"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-content\/uploads\/2023\/08\/162A5076-570x430.jpg\" alt=\"\" width=\"570\" height=\"430\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-14936\" class=\"wp-caption-text\">Mukankuranga Jacqueline, umuvugabutumwa wigishije muri iki giterane.<\/figcaption><\/figure>\n<p>Abandi bafashe ijambo barimo umuyobozi w\u2019umurenge w\u2019umurenge wa Ruganda, uhagarariye RIB mu Karere ka Karongi, umuyobozi wungirije wa gahunda ya Igire-Gimbuka bagarutse ku kwirinda inda ziterwa abangavu, buri wese akumva ko iki kibazo kimureba kandi ko agomba kubigiramo uruhare kugira ngo bicike.<\/p>\n<p>Ukuriye RIB Karere ka Karongi Kamari Remy yatanze ibisobanuro ku bwoko butandukanye bw\u2019ihohoterwa, naho Ntakirutimana Jean, umuyobozi wungirije wa Gahunda ya Igire-Gimbuka ahamagarira abantu bose kugira urukundo, uko bakunze cyangwa bita ku bana babo akaba ari ko bita no ku b\u2019abandi.\u00a0 Ibi bizatuma inda ziterwa abangavu zicika kuko buri wese azaba yahagaze mu nshingano zo kurerera igihugu.<\/p>\n<p>Uyu munsi waranzwe n\u2019imbyino, imivugi n\u2019imikino y\u2019umupira w\u2019amaguru ya gicuti yahuje amakipe 16 yo mu tugari 8 tw\u2019Umurenge wa Ruganda, mu kwitegura ubu bukangurambaga. Harimo amakipe 8 y\u2019abakobwa n\u2019amakipe 8 y\u2019abahungu. Insanganyamatsiko yagiraga iti: <em>\u201cKurwanya ihohoterwa, bihera kuri njye\u201d<\/em>.<\/p>\n<p>Mu mikino yabaye uyu munsi ari nayo yasoje ubu bukangurambara, ikipe y\u2019umupira w\u2019amaguru y\u2019abakobwa bo mu Kagari ka Rubona yatwaye igikombe itsinze iy\u2019akagali ka Rugobagoba igitego kimwe kuri zeru. Mu bahungu, Akagali ka Rugobagoba katsinze aka Kabingo igitego kimwe kuri zeru.<\/p>\n<figure id=\"attachment_14937\" aria-describedby=\"caption-attachment-14937\" style=\"width: 570px\" class=\"wp-caption aligncenter\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-medium wp-image-14937\" src=\"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-content\/uploads\/2023\/08\/162A5280-570x430.jpg\" alt=\"\" width=\"570\" height=\"430\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-14937\" class=\"wp-caption-text\">Ikipe y&#8217;umupira w&#8217;amaguru y&#8217;abahungu b&#8217;Akagali ka Rugobagoba yatsinze ab&#8217;akagali ka Kabingo igitego kimwe kuri zeru.<\/figcaption><\/figure>\n<p>&nbsp;<\/p>\n<figure id=\"attachment_14938\" aria-describedby=\"caption-attachment-14938\" style=\"width: 570px\" class=\"wp-caption aligncenter\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-medium wp-image-14938\" src=\"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-content\/uploads\/2023\/08\/162A5250-570x430.jpg\" alt=\"\" width=\"570\" height=\"430\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-14938\" class=\"wp-caption-text\">Ikipe y\u2019umupira w\u2019amaguru y\u2019abakobwa bo mu Kagari ka Rubona yatwaye igikombe itsinze iy\u2019akagali ka Rugobagoba igitego kimwe kuri zeru.<\/figcaption><\/figure>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>On the 3rd of June, the steering committee meeting of the Slovenia Government and Karitas Slovenija-funded Tube Aheza, Amazi Hafi Project was held at Home Saint-Jean. The meeting was graced by the Karongi district Vice Mayor in charge of Finance and Economic Development Mr NIRAGIRE Th\u00e9ophile, Mr NIYONSABA Cyriack, the Executive Secretary of the Rugabano sector and priests from the Gisovu, Nyange and Mukungu parishes located in the sectors<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":14935,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[30],"tags":[7,10],"class_list":["post-14934","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-news","tag-business","tag-travel"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/14934","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=14934"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/14934\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":14939,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/14934\/revisions\/14939"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/media\/14935"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=14934"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=14934"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=14934"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}