{"id":14904,"date":"2023-07-21T11:02:34","date_gmt":"2023-07-21T11:02:34","guid":{"rendered":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/?p=14904"},"modified":"2023-07-21T11:09:32","modified_gmt":"2023-07-21T11:09:32","slug":"karongi-abakozi-ba-caritas-rwanda-nabakozi-ba-caritas-nyundo-kibuye-bakoranye-inama-yimikoranire-myiza","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/karongi-abakozi-ba-caritas-rwanda-nabakozi-ba-caritas-nyundo-kibuye-bakoranye-inama-yimikoranire-myiza\/","title":{"rendered":"Karongi : Abakozi ba Caritas Rwanda n\u2019aba Caritas Nyundo-Kibuye bakoranye inama y\u2019imikoranire myiza"},"content":{"rendered":"<p>Hagamijwe kunoza imikoranire myiza hagati ya Caritas Rwanda na Caritas za Diyoseze, abakozi ba Caritas Rwanda n\u2019abakozi ba Caritas ya Diyoseze ya Nyundo-Kibuye bakoranye inama kuri uyu wa kane tariki 13 Nyakanga 2023.<\/p>\n<p>Muri iyi nama, hasobanuwe muri rusange ibikorwa by\u2019imishinga ya Caritas Rwanda ikorera muri Diyoseze ya Nyundo-Kibuye, kugira ngo abakozi bose barusheho kumenya ibikorwa byayo. Nk\u2019uko byasobanuwe na Padiri Kagimbura Oscar, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda yavuze ko ikigenderewe muri iyi nama ari ugushimangira imikoranire myiza hagati ya Caritas zombi. Yagize ati\u00a0: <em>\u201c<\/em><em>Ikigenderewe ni ugushimangira imikoranire myiza hagati ya Caritas Rwanda na Caritas ya Diyoseze Nyundo-Kibuye. Twifuza ko imikoranire yarushaho kuba myiza kuko twese dusenyera umugozi umwe\u201d<\/em>.<\/p>\n<p>Ikindi, Padiri Oscar Kagimbura yasabye ko abakozi ba za za Caritas bakwimakaza imyitwarire myiza no kuba inyangamugayo mu byo bakora kugira ngo bakomeze kugaragaza isura nziza ya Caritas Rwanda.<\/p>\n<figure id=\"attachment_14906\" aria-describedby=\"caption-attachment-14906\" style=\"width: 570px\" class=\"wp-caption aligncenter\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-medium wp-image-14906\" src=\"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-content\/uploads\/2023\/07\/162A4153-570x430.jpg\" alt=\"\" width=\"570\" height=\"430\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-14906\" class=\"wp-caption-text\">Father Kagimbura Oscar, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda&#8217; (Iburyo) na Padiri Hatangimbabazi Elie, Umuyobozi wa Caritas Nyundo-Kibuye (Ibumoso) ubwo baganirizaga abakozi ba Caritas zombi.<\/figcaption><\/figure>\n<p>Abakozi batanze ubuhamya bw\u2019uburyo bagirana imikoranire myiza. Bavuze ko bakorana n\u2019abapadiri bakuru ba za paroisse aho bagiye hose gukorera, kandi bagatanga raporo muri Caritas ya Diyoseze ya Nyundo-Kibuye. Ikindi ni uko raporo ijya mu bafatanyabikorwa b\u2019Akarere ka Karongi (JADF Kibuye), bahuriza hamwe bagakora raporo 1 ikaba ari yo itangwa. Bavuze ko iyi mikoranire ikwiriye kugezwa n\u2019ahandi kuko ari byiza.<\/p>\n<p>Padiri Elie Hatangimbabazi, umuyobozi wa Caritas Nyundo-Kibuye yavuze ko kuba hari imishinga ingana gutya muri Diyoseze ya Nyundo-Kibuye ari umugisha, bikaba n\u2019amaboko kugira ngo abaturage b\u2019Akarere ka Karongi bitabweho. Ati\u00a0: <em>\u201cIyo haje umushinga mushya, kuwumenyesha Diyoseze biradufasha kuko hari igihe abakristu babitubaza natwe nta makuru tubifiteho. Bo ntibazi gutandukanya Caritas Rwanda na Caritas za Diyoseze. Kandi ni byo byiza turi umwe\u201d<\/em>.<\/p>\n<p>Padiri Elie Hatangimbabazi yongeyeho ko gutanga amakuru ku gihe biba byiza kuko hari igihe abakiristu bababaza ibibazo ku mishinga mishya kandi ari iya Caritas Rwanda nayo batayibonyeho amakuru.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>On the 3rd of June, the steering committee meeting of the Slovenia Government and Karitas Slovenija-funded Tube Aheza, Amazi Hafi Project was held at Home Saint-Jean. The meeting was graced by the Karongi district Vice Mayor in charge of Finance and Economic Development Mr NIRAGIRE Th\u00e9ophile, Mr NIYONSABA Cyriack, the Executive Secretary of the Rugabano sector and priests from the Gisovu, Nyange and Mukungu parishes located in the sectors<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":14905,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[30],"tags":[7,10],"class_list":["post-14904","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-news","tag-business","tag-travel"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/14904","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=14904"}],"version-history":[{"count":4,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/14904\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":14910,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/14904\/revisions\/14910"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/media\/14905"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=14904"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=14904"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=14904"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}