{"id":14847,"date":"2023-05-31T22:14:03","date_gmt":"2023-05-31T22:14:03","guid":{"rendered":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/?p=14847"},"modified":"2023-05-31T22:14:03","modified_gmt":"2023-05-31T22:14:03","slug":"abakuriye-ishami-ryibikorwa-byurukundo-muri-caritas-za-diyoseze-na-caritas-rwanda-bakoze-inama-nyunguranabitekerezo","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/abakuriye-ishami-ryibikorwa-byurukundo-muri-caritas-za-diyoseze-na-caritas-rwanda-bakoze-inama-nyunguranabitekerezo\/","title":{"rendered":"Abakuriye ishami ry\u2019ibikorwa by\u2019urukundo muri Caritas za Diyoseze na Caritas Rwanda bakoze inama nyunguranabitekerezo"},"content":{"rendered":"<p>Abakozi ba Caritas za Diyoseze na Caritas Rwanda bakora mu ishami ryita ku batishoboye bakoze inama nyunguranabitekerezo y\u2019umunsi umwe kuri uyu wa kabiri tariki 30 Gicurasi 2023, aho barebeye hamwe uko barushaho kugirana imikoranire myiza n\u2019uburyo bashyira imbaraga mu bukangurambaga buhamagarira abantu kurushaho gukora ibikorwa by\u2019urukundo.<\/p>\n<p>Abari muri iyi nama basangiye amakuru ku buryo bakora ibikorwa by\u2019urukundo n\u2019ubutabazi ndetse n\u2019ubukangurambaga muri Diyoseze babarizwamo. Muri rusange, ubukangurambaga bukorwa binyuze mu nzego zose za Caritas uhereye mu miryangoremezo, mu mashuri no mu bitangazamakuru bya Kiliziya Gatorika ari byo Radio Maria Rwanda, Kinyamateka na Pacis TV.<\/p>\n<p>Muri Caritas za Diyoseze, abahagarariye Caritas mu miryango remezo n\u2019ama paruwasi barahugurwa ku buryo bakora umurimo w\u2019ubukangurambaga neza. Nk\u2019uko abafashe ijambo bagiye babisobanura, mu bukangurambaga basobanurira abantu ko Caritas idasobanuye umuryango udaharanira inyungu, ko ahubwo ari \u201cumuntu na mugenzi we bishyira hamwe bagakemura ibibazo undi mugenzi\/umuvandimwe wabo ubabaye afite.<\/p>\n<p>Mu ijambo rifungura iyi nama ku mugaragaro, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda Padiri Oscar Kagimbura yibukije ko Caritas ari wo mutima wa Kiliziya, kuko Caritas bivuga urukundo. Ati\u00a0: <em>\u201cMu byo Kiliziya ikora haramutse habuzemo urukundo byaba ari uguta igihe. Ni yo mpamvu Kiliziya ikomeye kuri Caritas\u201d<\/em>.<\/p>\n<figure id=\"attachment_14849\" aria-describedby=\"caption-attachment-14849\" style=\"width: 570px\" class=\"wp-caption aligncenter\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-medium wp-image-14849\" src=\"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-content\/uploads\/2023\/05\/162A2331-570x430.jpg\" alt=\"\" width=\"570\" height=\"430\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-14849\" class=\"wp-caption-text\">Padiri Oscar Kagimbura, Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda ni we wafunguye iyi nama ku mugaragaro.<\/figcaption><\/figure>\n<p>Yongeyeho ko hari igihe abaterankunga babura mu mishinga, abantu bakibwira ko nta Caritas ihari, ariko ko atari ko bimeze. Nk\u2019uko Padiri Oscar yakomeje abisobanura, ibikorwa bitandukanye abakristu bakora bigaragaza urukundo, yaba umuntu ku giti cye cyangwa bishyize hamwe, ni yo Caritas.<\/p>\n<p>Mu bitekerezo abari mu nama bunguranye, harimo gushyira imbaraga mu bukangurambaga mu mashuri bahereye ku bayobozi b\u2019ibigo by\u2019amashuri bagahurizwa hamwe, bakongera kuganira kuri Caritas iyo ariyo n\u2019ubutumwa bwayo ndetse no muri za Kaminuza za Kiriziya Gatorika. Nyuma nabo bagakora ubukangurambaga mu bigo by\u2019amashuri Abashinzwe ishami ry\u2019ibikorwa by\u2019urukundo muri Caritas kandi bafashe ingamba nshya zo gukomeza ubukangurambaga, kungurana ibitekerezo no gusangira ubunararibonye kugira ngo imirimo bakora irusheho kunozwa.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>On the 3rd of June, the steering committee meeting of the Slovenia Government and Karitas Slovenija-funded Tube Aheza, Amazi Hafi Project was held at Home Saint-Jean. The meeting was graced by the Karongi district Vice Mayor in charge of Finance and Economic Development Mr NIRAGIRE Th\u00e9ophile, Mr NIYONSABA Cyriack, the Executive Secretary of the Rugabano sector and priests from the Gisovu, Nyange and Mukungu parishes located in the sectors<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":14848,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[30],"tags":[7,10],"class_list":["post-14847","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-news","tag-business","tag-travel"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/14847","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=14847"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/14847\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":14850,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/14847\/revisions\/14850"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/media\/14848"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=14847"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=14847"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=14847"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}