{"id":14806,"date":"2023-04-03T10:09:48","date_gmt":"2023-04-03T10:09:48","guid":{"rendered":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/?p=14806"},"modified":"2023-04-05T15:39:07","modified_gmt":"2023-04-05T15:39:07","slug":"inteko-rusange-ya-caritas-rwanda-ya-2023-irishimira-ibyagezweho-muri-2022","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/inteko-rusange-ya-caritas-rwanda-ya-2023-irishimira-ibyagezweho-muri-2022\/","title":{"rendered":"Inteko rusange ya Caritas Rwanda ya 2023 irishimira ibyagezweho muri 2022"},"content":{"rendered":"<p>Kuva ku wa mbere tariki 27\/03 kugeza kuri 28\/03\/2023 Inteko rusange ya Caritas Rwanda yateraniye kuri Hotel Cenetra i Kabuga, aho yishimiye ko ibyari byateganijwe gukorwa mu mwaka ushize wa 2022 byagezweho ku kigero cya 98%.<\/p>\n<p>Mu ijambo rifungura ku mugaragaro iyi nteko rusange, Perezida wa Caritas Rwanda akaba na Musenyeri wa Diyoseze ya Nyundo Musenyeri Anaclet Mwumvaneza yavuze ko Caritas Rwanda yakomeje ubutumwa bwayo bwo kwita ku bakene n&#8217;abababaye n&#8217;ubwo hariho ingaruka z&#8217;icyorezo cya COVID-19, ndetse n&#8217;izamuka ry&#8217;ibiciro ryatewe n&#8217;intambara ya Ukraine.<\/p>\n<p>Umunyamabanga wa Nonciature mu Rwanda, Padiri Thomasz Gdula, yibukije ibyo Nyir\u2019ubutungane Papa Fransisko yavuze mu ijambo yagejeje ku bagize Caritas Italiana agira ati: &#8220;Uko ibihe bigenda bihinduka, ibibazo n&#8217;ingorane ni byinshi, abakene bararushaho kwiyongera, n\u2019&#8217;ibihe bigoye ni byinshi cyane ku isi&#8221;.<\/p>\n<p>Kugira ngo ibi bibazo bikemuke nk\u2019uko Padiri Thomasz Gdula abivuga, hari inzira 3 Papa Fransisko yatanze. Hari inzira yo kwita ku bakene bababaye kurusha abandi, hakaba inzira y\u2019Ivanjiri kuko imurikiwe n\u2019urukundo rwa kivandimwe, ndetse n\u2019inzira ya gatatu ari yo yo gushakisha igisubizo mu gukemura ibibazo by\u2019ubuzima hagamijwe gufasha abakene.<\/p>\n<p>Inzego zinyuranye za Caritas Rwanda zerekanye ibyagezweho mu mwaka wa 2022, hakurikijwe imyanzuro y\u2019Inteko rusange ya Caritas Rwanda ya 2022. \u00a0Muri rusange, imyanzuro yashyizwe mu bikorwa ku kigero gishimishije (98%).<\/p>\n<figure id=\"attachment_14808\" aria-describedby=\"caption-attachment-14808\" style=\"width: 570px\" class=\"wp-caption aligncenter\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-medium wp-image-14808\" src=\"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-content\/uploads\/2023\/04\/162A0116-A-570x430.jpg\" alt=\"\" width=\"570\" height=\"430\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-14808\" class=\"wp-caption-text\">Mgr Anaclet Mwumvaneza, Prezida wa Caritas Rwanda ni we wafunguye iyi nama ku mugaragaro.<\/figcaption><\/figure>\n<p>Mu ishami rishinzwe imiyoborere n\u2019imari, habayeho gusana inyubako zisanzwe; umusanzu mu kigega cy\u2019abakozi umaze kugera kuri miliyoni 95 z\u2019amafaranga y\u2019u Rwanda, imikoranire n\u2019abafaranyabikorwa yarashimangiwe mu gihe ubushobozi bwo gukurikirana no gutanga raporo nabwo bwongerewe ingufu, nko gutegura igenzura ry\u2019imari, gusuzuma imishinga, gukusanya, gusesengura no kubika amakuru.<\/p>\n<p>Ku bijyanye n\u2019ibikorwa by\u2019urukundo, ibikorwa bikurikira ni byo byagezweho\u00a0:<\/p>\n<p>-Abatishoboye bitaweho;<\/p>\n<p>-Mbere na mbere hakozwe ubukangurambaga ku bakristu n\u2019abandi bantu b\u2019umutima mwiza ku bikorwa by\u2019urukundo n\u2019impuhwe binyuze mu bitangazamakuru bya Kiriziya Gatorika ndetse no gusanga abantu aho bari.<\/p>\n<p>-Mu nkambi z\u2019impunzi bamwe bahawe ubushobozi ngo bashobore kwikura mu bukene bateze imiryango yabo imbere<\/p>\n<p>-Habayeho kwizihiza umunsi mpuzamahanga w&#8217;abakene muri Paruwasi zose;<\/p>\n<p>&#8211; Caritas Byumba yafunguye ikigo Incubation Centre cyo gusubiza mu buzima busanzwe urubyiruko ruva muri gereza;<\/p>\n<p>&#8211; Imfubyi n\u2019abana bo mu miryango itishoboye (OVC) basoje amashuri y\u2019imyuga (TVET) mu bijyanye no guteka;<\/p>\n<p>-Habayeho guha ibikoresho by&#8217;ishuri imfubyi n\u2019abana bo mu miryango itishoboye muri gahunda ya USAID \/ GIMBUKA;<\/p>\n<p>&#8211; Umuco wo gufasha ababaye wageze no mu bigo by\u2019amashuri, aho abana bafashije bagenzi babo bo mu miryango itishoboye.<\/p>\n<p>Muri make abakene bafashijwe mu ngeri zose bagera kuri 271,056 hakoreshejwe hafi miliyari 8 z\u2019amafranga y\u2019uRwanda.<\/p>\n<p><strong>\u00a0<\/strong><\/p>\n<p>Mu ishami ry\u2019ubuzima, umunsi w\u2019abarwayi wizihijwe ku rwego rwa Caritas Rwanda (mu bitaro bya Ruli) no ku rwego rwa Caritas za Diyosezi. Abantu 22.700 bahawe amasomo agamije kuzamura imirire yabo, mu gihe abantu 2.327 bafite imirire mibi ikabije boherejwe mu bigo nderabuzima ngo bitabweho. Mu ishami ry\u2019ubuzima kandi, ingo 39,309 bagejejweho serivise zo guteganya imbyaro hakoreshejwe uburyo bwa kamere (NFP). PFN<\/p>\n<p>Mu bijyanye n\u2019iterambere, abagenerwabikorwa bongereye umusaruro w\u2019ubuhinzi-bworozi, bongererwa ubushobozi bwo kwihangira imirimo no kongera imari, kimwe no guhangana n\u2019imihindagurikire y\u2019ikirere. Aha hakoreshejwe 357.250.150 Frw.<\/p>\n<p>Mu byifuzo by\u2019Inteko Rusange ya Caritas Rwanda ya 2023, harimo guhuza no gushyira imbaraga mu bukangurambaga bahereye ku rubyiruko, ubufatanye hagati ya komisiyo y\u2019Abepiskopi ishinzwe ubuzima na Caritas Rwanda, gushimangira ubufatanye n\u2019imikoranire hagati ya Caritas Rwanda, Komisiyo y\u2019Abepiskopi ishinzwe umuryango na Serivisi ishinzwe ibikorwa by\u2019umuryango (SNAF), ndetse no kuvugurura ibikorwa by\u2019iterambere no gushyigikira Caritas za Diyosezi muri ibi bikorwa.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>On the 3rd of June, the steering committee meeting of the Slovenia Government and Karitas Slovenija-funded Tube Aheza, Amazi Hafi Project was held at Home Saint-Jean. The meeting was graced by the Karongi district Vice Mayor in charge of Finance and Economic Development Mr NIRAGIRE Th\u00e9ophile, Mr NIYONSABA Cyriack, the Executive Secretary of the Rugabano sector and priests from the Gisovu, Nyange and Mukungu parishes located in the sectors<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":14807,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[30],"tags":[7,10],"class_list":["post-14806","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-news","tag-business","tag-travel"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/14806","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=14806"}],"version-history":[{"count":2,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/14806\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":14810,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/14806\/revisions\/14810"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/media\/14807"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=14806"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=14806"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=14806"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}