{"id":14741,"date":"2023-01-25T08:00:01","date_gmt":"2023-01-25T08:00:01","guid":{"rendered":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/?p=14741"},"modified":"2023-01-25T10:40:37","modified_gmt":"2023-01-25T10:40:37","slug":"karongi-caritas-rwanda-yakoranye-inama-nabafatanyabikorwa-bumushinga-wayo-wa-graduation","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/karongi-caritas-rwanda-yakoranye-inama-nabafatanyabikorwa-bumushinga-wayo-wa-graduation\/","title":{"rendered":"Karongi: Caritas Rwanda yakoranye inama n\u2019abafatanyabikorwa b\u2019umushinga wayo wa Graduation"},"content":{"rendered":"<p>Ku ya 19 Mutarama 2023, Caritas Rwanda ibinyujije mu mu mushinga wayo wa Graduation yagiranye inama n\u2019abafatanyabikorwa bayo mu nkambi y\u2019impunzi ya Kiziba (mu Karere ka Karongi) kugira ngo baganire ku bikorwa by&#8217;ingenzi uyu mushinga wagezeho muri 2020-2022 na gahunda y&#8217;ibikorwa biteganijwe mu 2023.<\/p>\n<p>Nk\u2019uko Caritas yabisangije abitabiriye inama, mu 2022 umushinga wageze ku miryango 235 (impunzi 165 n\u2019abaturiye inkambi 70). Abagenerwabikorwa 235 batoranijwe barahuguwe, kandi bafashwa kwiga imishinga ibateza imbere. Ingo 233 ni zo zabonye inkunga y\u2019amafaranga angana na Frw 800.000 kuri buri rugo, kandi abagenerwabikorwa bazirimo bashyira mu bikorwa imishinga ibyara inyungu. Impamvu harimo ikinyuranyo cy\u2019ingo ebyiri, ni uko hari babiri batarangije amashuri y\u2019imyuga bari baratangiye kwiga, bibaturutseho (muri TVET).<\/p>\n<p>Muri 2022 kandi, abagenerwabikorwa 233 bibumbiye mu matsinda 10 ya SILC (8 bo mu nkambi y\u2019impunzi na 2 bo mu baturage baturiye inkambi). Kuva mu 2020 kugeza mu 2022, amatsinda 30 ya SILC yashinzwe n\u2019abagenerwabikorwa 665 bose hamwe, aho bizigamiye 31.784.500 Frw mu myaka itatu.<\/p>\n<figure id=\"attachment_14743\" aria-describedby=\"caption-attachment-14743\" style=\"width: 570px\" class=\"wp-caption aligncenter\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-medium wp-image-14743\" src=\"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-content\/uploads\/2023\/01\/162A8420-570x430.jpg\" alt=\"\" width=\"570\" height=\"430\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-14743\" class=\"wp-caption-text\">Abakozi b&#8217;umushinga wa Graduation basobanuye ibikorwa byagezweho muri 2022, ndetse n&#8217;ibiteganijwe muri 2023.<\/figcaption><\/figure>\n<p>Mu bikorwa biteganijwe muri 2023, abagenerwabikora 422 ni bo bazatoranywa (impunzi 295 n\u2019abaturage 127 bazakira), kandi bahugurwe ku birebana n\u2019amatsinda yo kuzigama no kugurizanya, ibijyanye n\u2019imari, kwihangira imirimo, igenamigambi ry\u2019ubucuruzi, n\u2019ubuhinzi n\u2019ubworozi. Abagenerwabikorwa kandi bazahuzwa n&#8217;ibigo by&#8217;imari kugira ngo bakorane nabyo.<\/p>\n<p>Abitabiriye amahugurwa bashimye ibyagezweho mu mushinga wa Graduation mu myaka itatu ishize, basaba ko hakomeza gushyirwa imbaraga mu gutoranya neza abagenerwabikorwa nk\u2019uko byagenze mu myaka ishize, umushinga wa Graduation ukazafatanya n\u2019inzego z\u2019ibanze ndetse n\u2019ubuyobozi bw\u2019impunzi muri iki gikorwa.<\/p>\n<p>Abitabiriye inama kandi basabye ko n\u2019abantu bakuze barengeje imyaka 59 ariko bagifite imbaraga zo gukora bajya bahabwa amahirwe mu mushinga wa Graduation. Ibi babihereye ku kuba abagenerwabikorwa ba Graduation baba bafite hagati y\u2019imyaka 18 na 59. Abakozi b\u2019umushinga wa Graduation basubije ko umugenerwabikorwa urengeje iyi myaka adahezwa, ahubwo ahitamo umuntu mu muryango we ukiri muto bagafatanya gukora umushinga.<\/p>\n<figure id=\"attachment_14745\" aria-describedby=\"caption-attachment-14745\" style=\"width: 570px\" class=\"wp-caption aligncenter\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-medium wp-image-14745\" src=\"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-content\/uploads\/2023\/01\/162A8456-570x430.jpg\" alt=\"\" width=\"570\" height=\"430\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-14745\" class=\"wp-caption-text\">Abafatanyabikorwa batanze ibitekerezo binyuranye, byafasha umushinga wa Graduation kurushaho kuzana impinduka nziza mu bagenerwabikorwa.<\/figcaption><\/figure>\n<p>&nbsp;<\/p>\n<p>Muri iyi nama kandi abagenerwabikorwa 2 batanze ubuhamya. Umwe ni Niyibizi Habimana umwe mu mpunzi ziba mu nkambi ya Kiziba wakoze umushinga w\u2019ubucuruzi, akaba ari n\u2019umu agent wa Equity. Avuga ko mbere yo gutangira uyu mushinga, umuryango we wari ubayeho mu bukene bukabije, dore ko n\u2019amafaranga bahabwa atashoboraga kubatunga ukwezi kose. Nyuma yo gutangira gucuruza rero ubuzima bwarahindutse. Inkunga y\u2019amafaranga yahawe n\u2019umushinga wa Graduation ndetse n\u2019itsinda abarizwamo ryo kwizigama no kugurizanya byagize uruhare runini muri izi mpinduka nziza.<\/p>\n<figure id=\"attachment_14744\" aria-describedby=\"caption-attachment-14744\" style=\"width: 570px\" class=\"wp-caption aligncenter\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"size-medium wp-image-14744\" src=\"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-content\/uploads\/2023\/01\/162A8433-570x430.jpg\" alt=\"\" width=\"570\" height=\"430\" \/><figcaption id=\"caption-attachment-14744\" class=\"wp-caption-text\">Uwiringiyimana Agn\u00e8s, umwe mu bagenerwabikorwa ba Graduation baturiye inkambi, yiteje imbere.<\/figcaption><\/figure>\n<p>Naho Uwiringiyimana Agn\u00e8s, umwe mu bagenerwabikorwa baturiye inkambi, yavuze ko yari afite akaduka gato karimo utuntu duke (gafite agaciro ka 200.000 Frw), ariko we n\u2019umuryango we bakaba bari babayeho mu bukene. Nyuma yo guhugurwa, yahawe inkunga yongera ibicuruzwa mu iduka rye, akaba yavuze ko ubu rifite agaciro karenze 1,500,000 Frw.<\/p>\n<p>Umushinga wa Graduation ushyirwa mu bikorwa na Caritas Rwanda, ugaterwa inkunga n\u2019Ishami ry\u2019Umuryango w\u2019Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR).<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>On the 3rd of June, the steering committee meeting of the Slovenia Government and Karitas Slovenija-funded Tube Aheza, Amazi Hafi Project was held at Home Saint-Jean. The meeting was graced by the Karongi district Vice Mayor in charge of Finance and Economic Development Mr NIRAGIRE Th\u00e9ophile, Mr NIYONSABA Cyriack, the Executive Secretary of the Rugabano sector and priests from the Gisovu, Nyange and Mukungu parishes located in the sectors<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":14742,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[30],"tags":[7,10],"class_list":["post-14741","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-news","tag-business","tag-travel"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/14741","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=14741"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/14741\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":14746,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/14741\/revisions\/14746"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/media\/14742"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=14741"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=14741"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=14741"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}