{"id":10987,"date":"2019-06-13T08:48:51","date_gmt":"2019-06-13T08:48:51","guid":{"rendered":"https:\/\/liviza-demo.pbminfotech.com\/?p=10987"},"modified":"2023-01-23T14:06:07","modified_gmt":"2023-01-23T14:06:07","slug":"ukwezi-kurukundo-nimpuhwe-umwanya-mwiza-wo-kwitagatifuza-binyuze-mu-bikorwa-byurukundo","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/ukwezi-kurukundo-nimpuhwe-umwanya-mwiza-wo-kwitagatifuza-binyuze-mu-bikorwa-byurukundo\/","title":{"rendered":"Ukwezi k\u2019Urukundo n\u2019Impuhwe: Umwanya mwiza wo kwitagatifuza binyuze mu bikorwa by\u2019urukundo"},"content":{"rendered":"<p><b>Ukwezi k\u2019Urukundo n\u2019Impuhwe: Umwanya mwiza wo kwitagatifuza binyuze mu bikorwa by\u2019urukundo\u00a0<\/b><\/p>\n<p><span style=\"font-weight: 400;\">\u2018\u2019Ufite ijisho rirebana impuhwe azahabwa umugisha, kuko agabanya ku mugati we, agaha umukene\u2019\u2019 (Imigani 22,9). Ukwezi k\u2019Urukundo n\u2019Impuhwe ni igihe Kiliziya Gatolika mu Rwanda yashyiriyeho umukirisitu Gatolika by\u2019umwihariko, ndetse n\u2019undi muntu wese w\u2019umutima mwiza, kugira\u00a0 ngo yitagatifuze binyuze mu bikorwa by\u2019urukundo.<\/span><\/p>\n<p><span style=\"font-weight: 400;\">Kiliziya Gatolika mu Rwanda yifuje ko ukwezi kw\u2019Impuhwe n\u2019Urukundo kwaba mu kwa munani buri mwaka kuko aribwo abakirisitu baba babonye umusaruro bityo bakabasha gusangira ibyo bafite n\u2019abakene. Ni muri uku kwezi kandi turushaho kwiyubakira Caritas Nyarwanda ishingiye mbere na mbere ku bushobozi bw\u2019abakirisitu bayo.<\/span><\/p>\n<p><span style=\"font-weight: 400;\">Ukwezi k\u2019urukundo n\u2019impuhwe kwashyizweho mu nama y\u2019Inteko rusange ya Caritas Rwanda yateranye mu kwezi kwa 12\/1997, kimenyeshwa amaparuwasi yose mu kwezi kwa Nyakanga 1998 ko muri uku kwezi hagomba kubaho ibikorwa byo gufasha ababaye kugirango hirindwe umuco wo gusabiriza. Ibyo bikaba bihuje n\u2019itegeko rya Nyagasani Yezu aho agira\u00a0 ati:\u201cNimubahe ibyo kurya mwebwe ubwanyu\u201d (Mt 14, 16).<\/span><\/p>\n<p><span style=\"font-weight: 400;\">Bimaze kwinjira mu muco w\u2019abakristu Gatolika mu Rwanda ko muri uku\u00a0 kwezi buri wese akora iyo bwabaga kugira ngo agire icyo yigomwa abigirira gutabara abari mu kaga haba mu\u00a0 Rwanda cyangwa mu mahanga.<\/span><\/p>\n<p><span style=\"font-weight: 400;\">Muri uku kwezi k\u2019urukundo n\u2019impuhwe kandi, abakirisitu gatolika ndetse n\u2019abandi b\u2019umutima mwiza basabwa kwamamaza Ivanjili y\u2019urukundo ya Yezu Kirisitu.Ubu butumwa bukorwa mu buryo butandukanye ariko ubw\u2019ingenzi ubu ni ugushishishikariza abandi kugira umutima wo gufasha abakene n\u2019abatishoboye, kugira icyo utanga nawe ubwawe, ndetse no kwifatanya n\u2019abandi gukora ibikorwa by\u2019urukundo nko kubakira abatishoye, gusura abarwayi n\u2019imfungwa, gutega amatwi no kugira inama ababaye n\u2019abihebye, n\u2019ibindi bikorwa byo gufasha abari mu kaga.<\/span><\/p>\n<p><span style=\"font-weight: 400;\">Mu gukusanya inkunga igenewe abakene n\u2019abatishobye, si amafaranga gusa akenerwa, hakenerwa n\u2019ibikoresho bitandukanye birimo imyenda, ibikoresho byo mu rugo, ibikoresho by\u2019isuku, n\u2019ikindi cyose umuntu yabona kandi cyagirira akamaro ugihawe.<\/span><\/p>\n<p><span style=\"font-weight: 400;\">Mu by\u2019ukuri, Nyagasani Yezu asaba abantu kumusanga\u00a0 mu bababaye n\u2019abari mu kaga ku isi, nk\u2019uko mu ivanjiri ya Yezu ibitubwira muri Mt 25, 31-40 hagira hati\u00ab Nari nshonje muramfungurira, mfite inyota mumpa icyo kunywa, nambaye ubusa muranyambika, ndwaye muransura, ndi imbohe muza kundeba,\u2026\u201d). Ibi byose umuntu ushaka kwitagatifuza imbere y\u2019Imana iri jambo niryo rizamuherekeza igihe azaba avuye mu buzima bwa hano kw\u2019isi.<\/span><\/p>\n<p><span style=\"font-weight: 400;\">Ivanjiri kandi ikomeza kudushishikariza kwitanga dufasha abababaye aho igira iti \u201c Mube abanyampuhwe nk\u2019uko so wo mu ijuru ari umunyampuhwe\u201dLK6,36. \u201cUtanga arahirwa kuruta uhabwa\u201d. (Ibyakozwe n\u2019Intumwa 20,35).<\/span><\/p>\n<p><span style=\"font-weight: 400;\">Muri uko kwezi rero, aba ari umwanya mwiza wo kugaragaza ukwemera kwacu mu bikorwa by\u2019urukundo. Umusaruro wose uturutse mu nzego zose za Paruwasi, Caritas ya Paruwasi isigarana kimwe cya kane cyawo (1\/4) kigafasha abakene n\u2019abatishoboye bo muri paruwasi, naho bitatu bya kane (3\/4) bisaranganywa ku rwego rwa Caritas ya Diyosezi na Caritas Rwanda ku buryo bungana kugira ngo hafashwe n\u2019abahandi batari ab\u2019iwacu gusa.<\/span><\/p>\n<p><span style=\"font-weight: 400;\">Kuri izo nzego zose za Kiliziya, ibyabonetse bifasha abanyeshuri batishoboye mu myigire yabo, abahuye n\u2019ibiza bitandukanye, abatagira icumbi, abadafite ifunguro rya buri munsi, abatabasha kwivuza, kubakira bamwe mu batishoboye n\u2019ibindi kandi bigakorwa mu nzego zose.<\/span><\/p>\n<p><span style=\"font-weight: 400;\">Usibye rero inkunga y\u2019ibikoresho n\u2019amafaranga, muri uku kwezi dushobora no gufasha abakene n\u2019abatishoboye ku bundi buryo\u00a0 nko kubaha umubyizi mu buhinzi bwabo, kubasura tukabafasha kuva mu bwigunge, gusura abarwayi kwa muganga, gusura imfungwa, n\u2019ibindi.<\/span><\/p>\n<p><span style=\"font-weight: 400;\">Mubikorwa byo gufasha abakene n\u2019abatishoboye, nta kurobanura kugomba kubamo, buri wese ukeneye ubufasha agomba gufashwa hatitawe ku idini, ururimi, ibara ry\u2019igihugu cyangwa aho akomoka.<\/span><\/p>\n<p><span style=\"font-weight: 400;\">Aha ni naho umuntu ahera ashishikariza abantu bafite umutima mwiza wuzuye impuhwe n\u2019urukundo ndetse n\u2019abakirisitu gatorika kwitanga kuko aribyo bizabaha umugisha mu mirimo y\u2019amaboko yabo nka wa mupfakazi wasangiye agafu gake asigaranye n\u2019Umuhanuzi w\u2019Uhoraho, niwo kandi watumye wa mugore atanga ituro ry\u2019igiceri yari afite cyakamutunze.<\/span><\/p>\n<p><span style=\"font-weight: 400;\">Ni ngombwa kwigiramo umutima ufasha abandi umuntu ahereye kubo aturanye nabo ariko ntibigarukire aho ahubwo umuntu agafasha n\u2019abandi ahereye kuri abo babaye, abashonje, abarwayi badafite kirwaza, n\u2019abandi bose badafite shinge na rugero. \u2018\u2019Ibyo mwagiriye umwe muri abo bavandimwe banjye baciye bugufi, ni njye mwabaga mubigiriye\u2019\u2019 (MT 25,40).<\/span><\/p>\n<p><span style=\"font-weight: 400;\">.<\/span><\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>\u2018\u2019Ufite ijisho rirebana impuhwe azahabwa umugisha, kuko agabanya ku mugati we, agaha umukene\u2019\u2019 (Imigani 22,9). Ukwezi k\u2019Urukundo n\u2019Impuhwe ni igihe Kiliziya Gatolika mu Rwanda yashyiriyeho umukirisitu Gatolika by\u2019umwihariko, ndetse n\u2019undi muntu wese w\u2019umutima mwiza, kugira\u00a0 ngo yitagatifuze binyuze mu bikorwa by\u2019urukundo.<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":14738,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"footnotes":""},"categories":[30],"tags":[],"class_list":["post-10987","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-news"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/10987","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=10987"}],"version-history":[{"count":6,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/10987\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":14575,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/10987\/revisions\/14575"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/media\/14738"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=10987"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=10987"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/caritasrwanda.org\/kiny\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=10987"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}