Ibyo dukora
Ishami ry’imibereho myiza
Iri shami rishinzwe gufasha abatishoboye kugira ngo nabo bashobore kugira icyo bimarira, itabara abagwiriwe n’ibiza, rikora kandi ubukangurambaga ku byerekeye urukundo n’impuhwe.
Ishami ry’Ubuzima
Iri shami rishinzwe guteza imbere ibikorwa by’ubuzima, guhangana n’indwara z’ibyorezo nka Sida, Malariya, igituntu, kunoza imirire, kuboneza urubyaro hubahirizwa uburyo bwa kamere. Rishinzwe kandi guhuza ibikorwa no gukorera ubuvugizi ibigo nderabuzima 108 n’ibitaro 10 bya Kiliziya Gatolika ribinyujije muri Caritas za Diyosezi.
Ishami ry’amajyambere
Iri shami rishinzwe guteza imbere abaturage mu buhinzi n’ubworozi by’umwuga kugira ngo bashobore kwihaza mu biribwa, hakoreshejwe uburyo bukwiye bwo kongera umusaruro w’ubuhinzi n’uwamatungo bijyana no kubungabunga ibidukikije.